• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Perezida Kagame yakurikiye umukino wa UEFA Super Cup wahuje amakipe ya PSG na Aston Villa yamamaza u Rwanda   |   12 Aug 2026

  • Myugariro Imanishimwe Emmanuel watandukanye na AEL Limassol yo muri Chypre yerekeje mu ikipe ya Chennaiyin FC yo mu Buhinde   |   11 Aug 2026

  • Rayon Sports yaguze myugariro w’Umunya-Côte d’Ivoire, Mohamed Ouattara wakiniye Wydad Casablanca, Simba SC na Al Hilal   |   10 Aug 2026

  • Kuki Jean Bosco Gasasira yapfuye umuryango we ukabimenya nyuma y’icyumweru?     |   09 Aug 2026

  • Inganda z’inzoga zitujuje ubuziranenge nk’Ibyuma zarimo ibibazo byinshi bigira ingaruka ku buzima bw’abaturage   |   09 Aug 2026

  • AMAFOTO: Amateka aranditswe, bisabye imyaka 28 ngo Rayon Sports itware CECAFA Kagame Cup ya kabiri mu mateka yayo   |   07 Aug 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Umuvugabutumwa Eliane Niyonagira yaburiye urubyiruko rugaragara ku mbuga nkoranyambaga uburyo ibigarasha bikoresha mu kubiyegereza 

Umuvugabutumwa Eliane Niyonagira yaburiye urubyiruko rugaragara ku mbuga nkoranyambaga uburyo ibigarasha bikoresha mu kubiyegereza 

Ubwanditsi 13 Jul 2022 Amakuru, INKURU NYAMUKURU, Mu Mahanga

Mu kiganiro yakoreye ku rubuga rwa Twitter Space, umuvugabutumwa Eliane Niyonagira uba mu gihugu cy’u Bubiligi ariko akaba yari asanzwe aba mu Rwanda, yaburiye urubyiruko arubwira inzira abarwanya u Rwanda bakoresha bigarurira urubyiruko ngo barwinjize mu mitwe y’iterabwoba mu mashyamba ya Kongo bo bigaramiye bibereye Iburayi.

Eliane yitanzeho urugero avuga uburyo amaze kwamamara ku rubuga rwa YouTube, ibigarasha byahise bimwiyegereza cyane cyane Kayumba Rugema Gafirifiri ndetse n’abandi.

Eliane yasobanuye ko ibigarasha biba bihunahuna ku mbuga nkoranyambaga, wamenyekana bakagushukisha indonke. Ubwo yabahakaniraga ababwira ko nta mafaranga yabo akeneye, bamubwiye ko ataruta idamange ko nawe akwiye gufata bibiliya agakuraho ubutegetsi buriho. 

Ibi bigaragaza ko Idamange Iryamugwiza yizejwe ibitangaza n’ibigarasha byo mu burayi. Yagize ati   “Haje uwitwa Rugema Kayumba  aratangira aranyibwira ambwira amazina ye atangira ambwira ko yifuza ko hari ibyo twakorana. Akomeza avuga ngo ashaka ko dukorana mubyu murimo w’Imana kandi nawe nudutera inkunga…. nidukorana neza tuzagutera inkunga. Imana yagusabye gukiza Abanyarwanda bari kwicwa, bakakubwira ko uwo ariwe wese yishwe na FPR.  Iyo wanze gukorana nabo bagutera ubwoba” 

Ibi biramenyerewe cyane ku rubyiruko rushaka indonge. Usibye abasore gushukwa bakajyanwa mu mitwe y’iterabwoba, abakobwa bo babashukisha indonke babashora mu bikorwa by’ubusambanyi. 

Eliane ubwo yageraga mu Bubiligi agiye kuvuza umwana we, yakiraga buri munsi abashyitsi ariko ari abagamije kumwigarurira. Yaburiye cyane abajya muri za Whatsapp groups ndetse no kujya mu biterane birimo abantu benshi batazi kuko bashobora gusanga bitwaje iby’Imana naho bagiye mu bikorwa byo kurwanya igihugu. 

Eliane nta gishya yavuze kuko bizwi ko ibigarasha mu gutera u Rwanda hakoreshejwe ingufu za gisirikari byabananiye none basigaye bashukisha udufaranga urubyiruko dore ko bisigaye byarororshye kuyohereza usabwa numero ya telephone gusa. Uru rubyiruko baba barusaba gusebya Leta y’u Rwanda. Bigaragara ko hari abaryohewe naya mafaranga, barimo Agnes Nkusi Uwimana, Ntwali Williams, n’abandi. 

2022-07-13
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Umwaka urashize Paul Rusesabagina ageze mu butabera bw’u Rwanda: Urubanza rwaranzwe n’udushya no kurashya imigeri!

Umwaka urashize Paul Rusesabagina ageze mu butabera bw’u Rwanda: Urubanza rwaranzwe n’udushya no kurashya imigeri!

Ubwanditsi 24 Aug 2021
Abanyarwanda babiri batoterejwe muri Uganda bavuze akaga bahuriye nako muri gereza

Abanyarwanda babiri batoterejwe muri Uganda bavuze akaga bahuriye nako muri gereza

Ubwanditsi 03 Jan 2020
FERWABA yasinyanye amasezerano y’ubufatanye na NBA Africa agamije guteza imbere umukino w’intoki wa Basketball

FERWABA yasinyanye amasezerano y’ubufatanye na NBA Africa agamije guteza imbere umukino w’intoki wa Basketball

Ubwanditsi 26 May 2022
Impamvu y’uruzinduko rwa Sam Kutesa mu Rwanda

Impamvu y’uruzinduko rwa Sam Kutesa mu Rwanda

Ubwanditsi 26 Oct 2018

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Trump yasinye iteka rishya rikumira abimukira bo mu bihugu by’Abayisilamu
POLITIKI

Trump yasinye iteka rishya rikumira abimukira bo mu bihugu by’Abayisilamu

Ubwanditsi 08 Mar 2017
Gabiro : Perezida Kagame yasoje itorero ry’Indangamirwa ryinjije bamwe mu gisirikare
Mu Rwanda

Gabiro : Perezida Kagame yasoje itorero ry’Indangamirwa ryinjije bamwe mu gisirikare

Ubwanditsi 13 Jul 2017
Mpayimana Philippe yashyikirije NEC kandidatire ku mwanya w’Ubudepite
POLITIKI

Mpayimana Philippe yashyikirije NEC kandidatire ku mwanya w’Ubudepite

Ubwanditsi 25 Jul 2018

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Polisi y’u Rwanda Irakangurira Abanyatubari kongera gusubira ku muco wo gufunga bakurikije amasaha yagenwe

Polisi y’u Rwanda Irakangurira Abanyatubari kongera gusubira ku muco wo gufunga bakurikije amasaha yagenwe

05 Aug 2026
Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

01 Aug 2026
Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru