• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Urukiko rwanzuye ko Nyuma y’imyaka 18, iperereza kuri Agathe Kanziga rigiye gukomeza   |   06 May 2026

  • Umukinnyi mwiza wa w’umwaka wa BK PRO LEAGUE azegukana imodoka ya miliyoni 15 Frw, Uko ibihembo bizatangwa   |   06 May 2026

  • Perezida Kagame yashimye Arsenal FC yageze ku mukino wa nyuma wa UEFA Champions League   |   05 May 2026

  • Al Ahly SC yegukanye CAVB Men’s Club Championship 2026, Police VC na REG zegukana imidali yo ku rwego rwa Afurika i Kigali   |   03 May 2026

  • POLICE VC yanditse amateka, ihurira na Al Ahly SC ku mukino wa nyuma wa CAVB Men’s Club Championship 2026   |   02 May 2026

  • Amakipe ya Police, APR, REG na Kepler VC ahagaririye u Rwanda muri shampiyona Nyafurika iri kubera I Kigali yageze muri 1/8 cy’iri rushanwa   |   28 Apr 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Umuvugabutumwa Eliane Niyonagira yaburiye urubyiruko rugaragara ku mbuga nkoranyambaga uburyo ibigarasha bikoresha mu kubiyegereza 

Umuvugabutumwa Eliane Niyonagira yaburiye urubyiruko rugaragara ku mbuga nkoranyambaga uburyo ibigarasha bikoresha mu kubiyegereza 

Ubwanditsi 13 Jul 2022 Amakuru, INKURU NYAMUKURU, Mu Mahanga

Mu kiganiro yakoreye ku rubuga rwa Twitter Space, umuvugabutumwa Eliane Niyonagira uba mu gihugu cy’u Bubiligi ariko akaba yari asanzwe aba mu Rwanda, yaburiye urubyiruko arubwira inzira abarwanya u Rwanda bakoresha bigarurira urubyiruko ngo barwinjize mu mitwe y’iterabwoba mu mashyamba ya Kongo bo bigaramiye bibereye Iburayi.

Eliane yitanzeho urugero avuga uburyo amaze kwamamara ku rubuga rwa YouTube, ibigarasha byahise bimwiyegereza cyane cyane Kayumba Rugema Gafirifiri ndetse n’abandi.

Eliane yasobanuye ko ibigarasha biba bihunahuna ku mbuga nkoranyambaga, wamenyekana bakagushukisha indonke. Ubwo yabahakaniraga ababwira ko nta mafaranga yabo akeneye, bamubwiye ko ataruta idamange ko nawe akwiye gufata bibiliya agakuraho ubutegetsi buriho. 

Ibi bigaragaza ko Idamange Iryamugwiza yizejwe ibitangaza n’ibigarasha byo mu burayi. Yagize ati   “Haje uwitwa Rugema Kayumba  aratangira aranyibwira ambwira amazina ye atangira ambwira ko yifuza ko hari ibyo twakorana. Akomeza avuga ngo ashaka ko dukorana mubyu murimo w’Imana kandi nawe nudutera inkunga…. nidukorana neza tuzagutera inkunga. Imana yagusabye gukiza Abanyarwanda bari kwicwa, bakakubwira ko uwo ariwe wese yishwe na FPR.  Iyo wanze gukorana nabo bagutera ubwoba” 

Ibi biramenyerewe cyane ku rubyiruko rushaka indonge. Usibye abasore gushukwa bakajyanwa mu mitwe y’iterabwoba, abakobwa bo babashukisha indonke babashora mu bikorwa by’ubusambanyi. 

Eliane ubwo yageraga mu Bubiligi agiye kuvuza umwana we, yakiraga buri munsi abashyitsi ariko ari abagamije kumwigarurira. Yaburiye cyane abajya muri za Whatsapp groups ndetse no kujya mu biterane birimo abantu benshi batazi kuko bashobora gusanga bitwaje iby’Imana naho bagiye mu bikorwa byo kurwanya igihugu. 

Eliane nta gishya yavuze kuko bizwi ko ibigarasha mu gutera u Rwanda hakoreshejwe ingufu za gisirikari byabananiye none basigaye bashukisha udufaranga urubyiruko dore ko bisigaye byarororshye kuyohereza usabwa numero ya telephone gusa. Uru rubyiruko baba barusaba gusebya Leta y’u Rwanda. Bigaragara ko hari abaryohewe naya mafaranga, barimo Agnes Nkusi Uwimana, Ntwali Williams, n’abandi. 

2022-07-13
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

CNLG yashyize hanze Ibikorwa by’ingenzi bigaragaza itegurwa rya Jenoside yakorewe Abatutsi byaranze ukwezi kwa Gashyantare 1991-1994

CNLG yashyize hanze Ibikorwa by’ingenzi bigaragaza itegurwa rya Jenoside yakorewe Abatutsi byaranze ukwezi kwa Gashyantare 1991-1994

Ubwanditsi 07 Feb 2017
Kirehe: Bane bafunzwe bazira kwiba mu mazu

Kirehe: Bane bafunzwe bazira kwiba mu mazu

Ubwanditsi 25 Aug 2016
Abasirikare babiri ba FARDC bishwe n’inyeshyamba za FDLR

Abasirikare babiri ba FARDC bishwe n’inyeshyamba za FDLR

Ubwanditsi 23 Jan 2020
Umuyobozi agira abantu be n’abandi batari abe gute?-Kagame

Umuyobozi agira abantu be n’abandi batari abe gute?-Kagame

Ubwanditsi 29 Mar 2018

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Name Change Request
KWAMAMAZA

Name Change Request

Ubwanditsi 22 Mar 2022
Victoire Ingabire si umunyapolitiki na FDU-Inkingi ikwiye gucibwa vuba
ITOHOZA

Victoire Ingabire si umunyapolitiki na FDU-Inkingi ikwiye gucibwa vuba

Ubwanditsi 26 Sep 2018
Gushima no kwishimira ibyagezweho
Mu Rwanda

Gushima no kwishimira ibyagezweho

Ubwanditsi 18 May 2017

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru