• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Ekenge si we kibazo nyamukuru, ikibazo ni urwango rwigishwa abakongomani rwo kwanga Abatutsi rukorwa n’ubutegetsi bwa Tshisekedi   |   29 Dec 2025

  • U Burundi: Jenerali Alain Guillaume Bunyoni akomeje kuremba, yimurirwa mu bitaro bya Kira i Bujumbura mu ibanga rikomeye   |   28 Dec 2025

  • Perezida Kagame yashimye Perezida wa FIFA, Gianni Infantino, wahisemo kwizihiriza Noheli mu Rwanda, mu buryo budasanzwe   |   26 Dec 2025

  • FERWACY yatangaje inzira za Tour du Rwanda 2026, Rubavu yakira isiganwa iminsi itatu, Nyamirambo iragaruka   |   22 Dec 2025

  • ABASIRIKARE B’ABARUNDI BAKOMEREKERA MURI KONGO, IGISHORO N’UBUTUNZI KURI PRIME NIYONGABO   |   16 Dec 2025

  • FDLR ikomeje kwica abaturage muri Walikale mu gihe Leta ya Congo ivuga ko itakiri ikibazo   |   16 Dec 2025

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Rwanda»Barafinda yinjiye mu ruhando rwa cinema nyarwanda

Barafinda yinjiye mu ruhando rwa cinema nyarwanda

Editorial 23 Jan 2018 Mu Rwanda

Iyo itangazamakuru rikwerekejeho camera n’ imfatamajwi impano ikurimo irigaragaza. Barafinda Sekikubo Fred wagerageje kwiyamamariza kuba Perezida w’ u Rwanda akamamara bitewe n’ amashengo yakinnye muri filime afata abatekamutwe. Iyo filime ngo nta gihindutse iragera hanze bitarenze ukwezi gutaha kwa Gashyantare.

Hafi ya buri muntu wese uri mu Rwanda azi cyangwa yumvise umugabo w’ imyaka 48 witwa Barafinda Sekikubo Fred. Uyu mugabo yamenyekanye bwa mbere tariki 12 Kamena 2017 ubwo yageraga kuri Komisiyo y’ amatora agiye gutanga kandidatire ngo aziyamamarize kuyobora u Rwanda, ibintu byarangiye bitamuhiriye.

Nyuma y’ uko iyi nzira itamuhiriye Barafinda yahise atangira kugaragaza mu bikorwa bitandukanye by’ ubuhanzi birimo indirimo na za byenda gusetsa. Kuri iyi nshuro noneho abakunzi be bagiye kumubona muri firime yitwa Barafindafinda aho yakinnye abafata abatekamutwe nk’ uko yabitangaje.

Yagize ati “Abantu bashyira imbere ibintu by’ ubwenge butaribwo bw’uburiganya kandi bakabaye bakoresha ubwenge bwabo bagakoresha ubuhanga n’ ikoranabuhanga abo usanga ngenda mbanyata…. Nzaba ndi umuyobozi ariko ntari umuyobozi ushyira imbere guhana ahubwo uza kwigisha”

Iyi filime izagaragamo umukinnyi wa filime Gasana Jean Pierre wamenyekanye nka RUKANIHENE kubera filime yakinnyemo yitwa iryo zina. Barafindafinda yanditswe na Arsene Nzanywayimana.

Nzanywayimana yatangaje ko impamvu bahisemo Barafinda ngo akine atahura abatekamutwe ari uko babonye ariwe muntu wabishobora kandi ngo babona amaze kwamamara mu Rwanda.

Nkuko yabibwiye itangazamakuru yagize ati “harimo ubucamanza, harimo no kugenza icyaha wabonaga mu by’ ukuri Barafinda ariwe ushobora kubikina. Afitemo ibikorwa byinshi, azaba ari mu bantu bazavumbura umugambi w’ abantu bashaka kurya umutungo w’ abandi…Twamuhisemo kuko urebye ubona amaze kumenyekana”

Mu gihe filime zo mu bihugu byateye imbere imwe ikorwa mu gihe kirenze umwaka iyi filime Barafindafinda yatangiye gukorwa mu Ugushyingo 2017, magingo aya ba nyirayo baravuga ko yarangiye hasigaye kuyimurikira Abanyarwanda nabyo bikaba bizakorwa bitarenze ukwezi gutaha kwa Gashyantare.

Uruganda rwa filime ni kimwe mu bishobora gutuma igihugu kimenyekana ku rwego mpuzamahanga Isi yose ikamenya umuco wacyo. Nzanywayimana wanditse filime Barafindafinda uzanayigaragaramo ari umuyobozi asaba Leta y’ u Rwanda gushyigikira uruganda rwa filime nk’ uko yashyigikira umupira w’ amaguru cyangwa umukino w’ amagare.

2018-01-23
Editorial

IZINDI NKURU

Amafoto – Byiringiro Lague na Ishimwe Anicet bakinira ikipe ya APR FC, buri umwe yongereye amasezerano y’imyaka ine akinira iyi ikipe y’ingabo z’igihugu

Amafoto – Byiringiro Lague na Ishimwe Anicet bakinira ikipe ya APR FC, buri umwe yongereye amasezerano y’imyaka ine akinira iyi ikipe y’ingabo z’igihugu

Editorial 08 Feb 2022
Minisitiri Busingye yatashye amacumbi agezweho yubakiwe abapolisi 1500, atwaye asaga miliyari 2

Minisitiri Busingye yatashye amacumbi agezweho yubakiwe abapolisi 1500, atwaye asaga miliyari 2

Editorial 03 Nov 2017
Ntwali John William: Mpemuke, Ndamuke mu kwangiza isura y’igihugu ukwirakwiza ibihuha wunguka iki?

Ntwali John William: Mpemuke, Ndamuke mu kwangiza isura y’igihugu ukwirakwiza ibihuha wunguka iki?

Editorial 24 Jul 2019
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Editorial 01 Oct 2024

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

BRD imaze kugaruza miliyari 10 muri 70 Frw yishyuza abarihiwe na leta muri Kaminuza
UBUKUNGU

BRD imaze kugaruza miliyari 10 muri 70 Frw yishyuza abarihiwe na leta muri Kaminuza

Editorial 18 Jul 2019
Umunyamakuru Shyaka Kanuma wafashwe atorotse  yasabiwe kuburana afunzwe
Mu Mahanga

Umunyamakuru Shyaka Kanuma wafashwe atorotse yasabiwe kuburana afunzwe

Editorial 11 Jan 2017
Bruxelles: Imbaga y’Abanyarwanda yitabiriye  kwakira Perezida Kagame
UBUKUNGU

Bruxelles: Imbaga y’Abanyarwanda yitabiriye kwakira Perezida Kagame

Editorial 01 Jun 2018

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru