• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Rayon Sports yaguze myugariro w’Umunya-Côte d’Ivoire, Mohamed Ouattara wakiniye Wydad Casablanca, Simba SC na Al Hilal   |   10 Aug 2026

  • Kuki Jean Bosco Gasasira yapfuye umuryango we ukabimenya nyuma y’icyumweru?     |   09 Aug 2026

  • Inganda z’inzoga zitujuje ubuziranenge nk’Ibyuma zarimo ibibazo byinshi bigira ingaruka ku buzima bw’abaturage   |   09 Aug 2026

  • AMAFOTO: Amateka aranditswe, bisabye imyaka 28 ngo Rayon Sports itware CECAFA Kagame Cup ya kabiri mu mateka yayo   |   07 Aug 2026

  • Jambo ASBL yongeye kwerekana ko ari umuvugizi wa FDLR, ntiyifuza ko uyu mutwe wamburwa intwaro ku ngufu   |   07 Aug 2026

  • FERWAFA yahagaritse Imurora Japhet imyaka itanu mu bikorwa byose bya ruhago   |   07 Aug 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Rwanda»Bomboli-Bomboli mu ishyirahamwe ry’Abamotari mu Rwanda

Bomboli-Bomboli mu ishyirahamwe ry’Abamotari mu Rwanda

Ubwanditsi 17 Mar 2018 Mu Rwanda

Uzayisaba Alex uherutse gukurwa ku bunyamabanga bw’Ishyirahamwe ry’abamotari mu Rwanda (FERWACOTAMO), yanze gukora ihererekanyabubasha n’uwamusimbuye.

Hashize igihe kitari gito, Uzayisaba yegujwe n’Ikigo cy’igihugu gishinzwe amakoperative (RCA) nyuma y’ubugenzuzi cyakoze kigasanga yarakoresheje nabi umutungo w’iri shyirahamwe.

Ibi byaje gutuma uyu mugabo anafungwa kugira ngo akurikiranweho ibyo byaha uretse ko yaje kurekurwa n’Urukiko rwisumbuye rwa Gasabo, bigaragaye ko ibyo yaregwagwa nta shingiro bifite.

Amaze gufungurwa, Uzayisaba yatangaje  ko yanze gukora ihererekanyabubasha n’uwamusimbuye kuko yashyizweho mu buryo bunyuranyije n’amategeko.

Yagize ati “ Njye nanze kubikora kuko n’uwo RCA yansimbuje yamushyizeho binyuranyije n’amategeko kubera ko ihererekanyabubasha rikorwa hari inteko rusange n’inama y’ubutegetsi nk’uko ingingo ya 49 y’itegeko rigenga koperative ivuga ko nteko ari yo ifata umwanzuro w’ibibazo biri muri koperative.”

Uzayisaba yakomeje avuga ko atiyumvisha uburyo RCA yamusimbuje Muvunyi Augustin wahoze ari Umugenzuzi wa FERWACOTAMO mu gihe manda ye yari yararangiye.

Uhagarariye RCA mu Mujyi wa Kigali, Abdoul Wahab, yabwiye IGIHE dukesha iyi nkuru  ko RCA yasabye ishyirahamwe ko rimuhagarika kuko biri mu nshingano zayo.

Yagize ati “RCA ni urwego rushinzwe kurebera amakoperative, twe iyo dukoze ubugenzunzi umuntu akagaragaraho imicungire mibi, ni mu bubasha bwacu ko twandikira inzego kugira ngo zihagarike uwo mukozi, n’aho ibyo kuvuga ngo bazane komite n’uko abizi ko nta ikiriho, yavuyeho.”

Yongeyeho ko FERWACOTAMO ari yo ikwiye kwitabaza izindi nzego zisumbuye kugira ngo akore ihererekanyabubasha kuko RCA idafite ububasha bwo gukoreha umuntu ikintu adashaka.

Umuyobozi w’agateganyo wa FERWACOTAMO, Bigirimana Salomon, avuga ko bagiye kwitabaza inzego z’ubutabera.

Yagize ati “ Kuba yaranze gukora ihererekanyabubasha hari byinshi birimo kwica kuko hari moto 116 zatanzwe ku banyamuryango tutari kumenya uko zishyurwa kandi n’ibyangombwa byazo birakingiranye. Ikindi hari n’abanyamuryango bishyuye imisanzu kugira ngo bahabwe moto ariko babuze uko bazihabwa.”

Kugeza ubu hari moto 50 zo muri gahunda ya ‘Twigire motari’ zikiri mu bubiko bwa MAGERWA ku buryo amafaranga zizishyura ngo zisohoke akomeje kwiyongera.

Mu Rwanda habarurwa abamotari barenga ibihumbi 19.

Uzayisaba Alex uherutse gukurwa ku bunyamabanga bw’Ishyirahamwe ry’abamotari mu Rwanda

Umuyobozi w’agateganyo w’Impuzamashyirahamwe y’abamotari, Bigirimana Salomon

2018-03-17
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Amafoto – Mu mukino wa gicuti ikipe ya AS Kigali yatsinze Musanze FC ibitego 4-1, harimo ibitego bitatu bya Hussein Shabalala

Amafoto – Mu mukino wa gicuti ikipe ya AS Kigali yatsinze Musanze FC ibitego 4-1, harimo ibitego bitatu bya Hussein Shabalala

Ubwanditsi 29 Sep 2021
Kwipimisha no kuba warakingiwe COVID-19 ni bimwe mu bizibandwaho kugirango abafana bazitabire imikino Nyafurika ya Baskeball na Volleyball izabera muri Kigali Arena

Kwipimisha no kuba warakingiwe COVID-19 ni bimwe mu bizibandwaho kugirango abafana bazitabire imikino Nyafurika ya Baskeball na Volleyball izabera muri Kigali Arena

Ubwanditsi 20 Aug 2021
Rubavu: Abanyekongo babiri basanganwe indwara ya kolera

Rubavu: Abanyekongo babiri basanganwe indwara ya kolera

Ubwanditsi 09 Jul 2017
Gambia: Ingabo z’amahanga ziyemeje gukura Kungufu Yahya Jameh ku butegetsi adashaka kurekura

Gambia: Ingabo z’amahanga ziyemeje gukura Kungufu Yahya Jameh ku butegetsi adashaka kurekura

Ubwanditsi 19 Jan 2017

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Uko Gen. Kabarebe yinjije  Kayumba mu gisirikare cya Uganda kikiri inyeshyamba mu 1985.
INKURU NYAMUKURU

Uko Gen. Kabarebe yinjije  Kayumba mu gisirikare cya Uganda kikiri inyeshyamba mu 1985.

Ubwanditsi 03 Sep 2019
Ese Umugore na we yatangiza igikorwa cy’imibonano mpuzabitsina?
HIRYA NO HINO

Ese Umugore na we yatangiza igikorwa cy’imibonano mpuzabitsina?

Ubwanditsi 17 Apr 2017
Addis Ababa : Perezida Kagame yitabiriye Ihuriro Nyafurika ry’Abashoramari n’Abikorera
INKURU NYAMUKURU

Addis Ababa : Perezida Kagame yitabiriye Ihuriro Nyafurika ry’Abashoramari n’Abikorera

Ubwanditsi 30 Jan 2018

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Polisi y’u Rwanda Irakangurira Abanyatubari kongera gusubira ku muco wo gufunga bakurikije amasaha yagenwe

Polisi y’u Rwanda Irakangurira Abanyatubari kongera gusubira ku muco wo gufunga bakurikije amasaha yagenwe

05 Aug 2026
Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

01 Aug 2026
Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru