• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Harimo n’abazandikwa bishyuye Miliyoni Ebyiri, FERWAFA yashyizeho amabwiriza mashya yo kwandikisha abakinnyi n’abatoza muri BK Pro League 2026/2027   |   09 Jul 2026

  • AMAFOTO – Umutoza mukuru wa APR FC, Abderrahim Taleb, yongereye amasezerano y’umwaka umwe   |   07 Jul 2026

  • Kwigira Nyoninyinshi kwa Habyarimana yavuze ko bashakira amahoro abantu bose naho yahe yo kajya   |   07 Jul 2026

  • Kuvanaho Ingamba z’Ubwirinzi byaba ari Ubwiyahuzi   |   07 Jul 2026

  • Raporo ivuga ko FDLR yigabyemo ibice bitatu by’ingenzi ari byo FDLR-FOCA, FDLR-RUD na FDLR-FPP   |   06 Jul 2026

  • Ububabare bwa RPA/F bwashibutsemo icyizere n’agaciro; Mufulukye Fred   |   05 Jul 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Rwanda»Bomboli-Bomboli mu ishyirahamwe ry’Abamotari mu Rwanda

Bomboli-Bomboli mu ishyirahamwe ry’Abamotari mu Rwanda

Ubwanditsi 17 Mar 2018 Mu Rwanda

Uzayisaba Alex uherutse gukurwa ku bunyamabanga bw’Ishyirahamwe ry’abamotari mu Rwanda (FERWACOTAMO), yanze gukora ihererekanyabubasha n’uwamusimbuye.

Hashize igihe kitari gito, Uzayisaba yegujwe n’Ikigo cy’igihugu gishinzwe amakoperative (RCA) nyuma y’ubugenzuzi cyakoze kigasanga yarakoresheje nabi umutungo w’iri shyirahamwe.

Ibi byaje gutuma uyu mugabo anafungwa kugira ngo akurikiranweho ibyo byaha uretse ko yaje kurekurwa n’Urukiko rwisumbuye rwa Gasabo, bigaragaye ko ibyo yaregwagwa nta shingiro bifite.

Amaze gufungurwa, Uzayisaba yatangaje  ko yanze gukora ihererekanyabubasha n’uwamusimbuye kuko yashyizweho mu buryo bunyuranyije n’amategeko.

Yagize ati “ Njye nanze kubikora kuko n’uwo RCA yansimbuje yamushyizeho binyuranyije n’amategeko kubera ko ihererekanyabubasha rikorwa hari inteko rusange n’inama y’ubutegetsi nk’uko ingingo ya 49 y’itegeko rigenga koperative ivuga ko nteko ari yo ifata umwanzuro w’ibibazo biri muri koperative.”

Uzayisaba yakomeje avuga ko atiyumvisha uburyo RCA yamusimbuje Muvunyi Augustin wahoze ari Umugenzuzi wa FERWACOTAMO mu gihe manda ye yari yararangiye.

Uhagarariye RCA mu Mujyi wa Kigali, Abdoul Wahab, yabwiye IGIHE dukesha iyi nkuru  ko RCA yasabye ishyirahamwe ko rimuhagarika kuko biri mu nshingano zayo.

Yagize ati “RCA ni urwego rushinzwe kurebera amakoperative, twe iyo dukoze ubugenzunzi umuntu akagaragaraho imicungire mibi, ni mu bubasha bwacu ko twandikira inzego kugira ngo zihagarike uwo mukozi, n’aho ibyo kuvuga ngo bazane komite n’uko abizi ko nta ikiriho, yavuyeho.”

Yongeyeho ko FERWACOTAMO ari yo ikwiye kwitabaza izindi nzego zisumbuye kugira ngo akore ihererekanyabubasha kuko RCA idafite ububasha bwo gukoreha umuntu ikintu adashaka.

Umuyobozi w’agateganyo wa FERWACOTAMO, Bigirimana Salomon, avuga ko bagiye kwitabaza inzego z’ubutabera.

Yagize ati “ Kuba yaranze gukora ihererekanyabubasha hari byinshi birimo kwica kuko hari moto 116 zatanzwe ku banyamuryango tutari kumenya uko zishyurwa kandi n’ibyangombwa byazo birakingiranye. Ikindi hari n’abanyamuryango bishyuye imisanzu kugira ngo bahabwe moto ariko babuze uko bazihabwa.”

Kugeza ubu hari moto 50 zo muri gahunda ya ‘Twigire motari’ zikiri mu bubiko bwa MAGERWA ku buryo amafaranga zizishyura ngo zisohoke akomeje kwiyongera.

Mu Rwanda habarurwa abamotari barenga ibihumbi 19.

Uzayisaba Alex uherutse gukurwa ku bunyamabanga bw’Ishyirahamwe ry’abamotari mu Rwanda

Umuyobozi w’agateganyo w’Impuzamashyirahamwe y’abamotari, Bigirimana Salomon

2018-03-17
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Imyiteguro n’ishyirwamubikorwa by’u Rwanda mu gukumira icyorezo cya COVID-19 ishobora kuzarugeza ku ntsinzi

Imyiteguro n’ishyirwamubikorwa by’u Rwanda mu gukumira icyorezo cya COVID-19 ishobora kuzarugeza ku ntsinzi

Ubwanditsi 15 Apr 2020
Mu Mwaka wa 2019 u Burundi bwateguye igitero Interahamwe zagabye i Musanze

Mu Mwaka wa 2019 u Burundi bwateguye igitero Interahamwe zagabye i Musanze

RUSHYASHYA 05 Mar 2026
Barindwi mu bayoboke b’ Ishyaka FDU-Inkingi bakekwaho kurema umutwe wagisilikare bahamijwe mu buroko undi ararekurwa

Barindwi mu bayoboke b’ Ishyaka FDU-Inkingi bakekwaho kurema umutwe wagisilikare bahamijwe mu buroko undi ararekurwa

Ubwanditsi 25 Oct 2017
Ndimbati yagizwe ambasaderi w’uruganda rwenga inzoga mpuzamahanga rwa Sky Drop Industries

Ndimbati yagizwe ambasaderi w’uruganda rwenga inzoga mpuzamahanga rwa Sky Drop Industries

Ubwanditsi 28 Dec 2022

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Kiyovu SC na Gasogi United mu makipe yatangiye gutandukana nabakinnyi babo bitegura 2023-2024
Amakuru

Kiyovu SC na Gasogi United mu makipe yatangiye gutandukana nabakinnyi babo bitegura 2023-2024

Ubwanditsi 08 Jun 2023
“Ndi Umunyarwanda” iragarutse , umukoro ku ihuriro  Unity Club
ITOHOZA

“Ndi Umunyarwanda” iragarutse , umukoro ku ihuriro Unity Club

Ubwanditsi 26 Oct 2018
Akurikiranweho kwica umupasitoro akamurya, akanamugaburira abandi
Mu Rwanda

Akurikiranweho kwica umupasitoro akamurya, akanamugaburira abandi

Ubwanditsi 05 Sep 2017

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru