• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Baker Byatsi yafungiwe ubujura imyaka ine afungurwa kuko yisiramuje nabi muri gereza bikamugwa nabi-Mushiki wa Byatsi byose yabivuze   |   28 May 2026

  • AMAFOTO – Mu mukino wakurikiwe na Perezida Kagame, RSSB Tigers BBC yageze ku mukino wa nyuma wa BAL 2026 itsinze AL Ahyly yo mu Misiri   |   28 May 2026

  • Stephen Constantine yatangaje urutonde rw’abakinnyi 24 bazifashishwa mu mikino ibiri ya gicuti mpuzamahanga izahuza u Rwanda na Comoros ndetse na Tanzania   |   27 May 2026

  • Ambassadeur Thérence Ntahiraja yemeje ko u Rwanda rugomba guterwa   |   27 May 2026

  • Rayon Sports yatsinze Bugesera FC yiyongerera amahirwe yo kuzahagararira u Rwanda mu mikino Nyafurika   |   26 May 2026

  • Nyuma y’imyaka irindwi, APR VC yegukanye Igikombe cya Memorial Rutsindura itsinze REG VC ku mukino wa nyuma   |   26 May 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Rwanda»Bomboli-Bomboli mu ishyirahamwe ry’Abamotari mu Rwanda

Bomboli-Bomboli mu ishyirahamwe ry’Abamotari mu Rwanda

Ubwanditsi 17 Mar 2018 Mu Rwanda

Uzayisaba Alex uherutse gukurwa ku bunyamabanga bw’Ishyirahamwe ry’abamotari mu Rwanda (FERWACOTAMO), yanze gukora ihererekanyabubasha n’uwamusimbuye.

Hashize igihe kitari gito, Uzayisaba yegujwe n’Ikigo cy’igihugu gishinzwe amakoperative (RCA) nyuma y’ubugenzuzi cyakoze kigasanga yarakoresheje nabi umutungo w’iri shyirahamwe.

Ibi byaje gutuma uyu mugabo anafungwa kugira ngo akurikiranweho ibyo byaha uretse ko yaje kurekurwa n’Urukiko rwisumbuye rwa Gasabo, bigaragaye ko ibyo yaregwagwa nta shingiro bifite.

Amaze gufungurwa, Uzayisaba yatangaje  ko yanze gukora ihererekanyabubasha n’uwamusimbuye kuko yashyizweho mu buryo bunyuranyije n’amategeko.

Yagize ati “ Njye nanze kubikora kuko n’uwo RCA yansimbuje yamushyizeho binyuranyije n’amategeko kubera ko ihererekanyabubasha rikorwa hari inteko rusange n’inama y’ubutegetsi nk’uko ingingo ya 49 y’itegeko rigenga koperative ivuga ko nteko ari yo ifata umwanzuro w’ibibazo biri muri koperative.”

Uzayisaba yakomeje avuga ko atiyumvisha uburyo RCA yamusimbuje Muvunyi Augustin wahoze ari Umugenzuzi wa FERWACOTAMO mu gihe manda ye yari yararangiye.

Uhagarariye RCA mu Mujyi wa Kigali, Abdoul Wahab, yabwiye IGIHE dukesha iyi nkuru  ko RCA yasabye ishyirahamwe ko rimuhagarika kuko biri mu nshingano zayo.

Yagize ati “RCA ni urwego rushinzwe kurebera amakoperative, twe iyo dukoze ubugenzunzi umuntu akagaragaraho imicungire mibi, ni mu bubasha bwacu ko twandikira inzego kugira ngo zihagarike uwo mukozi, n’aho ibyo kuvuga ngo bazane komite n’uko abizi ko nta ikiriho, yavuyeho.”

Yongeyeho ko FERWACOTAMO ari yo ikwiye kwitabaza izindi nzego zisumbuye kugira ngo akore ihererekanyabubasha kuko RCA idafite ububasha bwo gukoreha umuntu ikintu adashaka.

Umuyobozi w’agateganyo wa FERWACOTAMO, Bigirimana Salomon, avuga ko bagiye kwitabaza inzego z’ubutabera.

Yagize ati “ Kuba yaranze gukora ihererekanyabubasha hari byinshi birimo kwica kuko hari moto 116 zatanzwe ku banyamuryango tutari kumenya uko zishyurwa kandi n’ibyangombwa byazo birakingiranye. Ikindi hari n’abanyamuryango bishyuye imisanzu kugira ngo bahabwe moto ariko babuze uko bazihabwa.”

Kugeza ubu hari moto 50 zo muri gahunda ya ‘Twigire motari’ zikiri mu bubiko bwa MAGERWA ku buryo amafaranga zizishyura ngo zisohoke akomeje kwiyongera.

Mu Rwanda habarurwa abamotari barenga ibihumbi 19.

Uzayisaba Alex uherutse gukurwa ku bunyamabanga bw’Ishyirahamwe ry’abamotari mu Rwanda

Umuyobozi w’agateganyo w’Impuzamashyirahamwe y’abamotari, Bigirimana Salomon

2018-03-17
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Indwara y’uburenge yongeye kugaragara mu Ntara y’Uburasirazuba

Indwara y’uburenge yongeye kugaragara mu Ntara y’Uburasirazuba

Ubwanditsi 02 Jul 2020
Uburyo umutekano ari inkingi ya mwamba y’iterambere rirambye

Uburyo umutekano ari inkingi ya mwamba y’iterambere rirambye

Ubwanditsi 24 Aug 2017
Apôtre Paul Gitwaza  yatinye gukandagiza ikirenge mu muhango wo gushyingura umuvandimwe we washyinguwe n’Abapasiteri barenga 100.

Apôtre Paul Gitwaza yatinye gukandagiza ikirenge mu muhango wo gushyingura umuvandimwe we washyinguwe n’Abapasiteri barenga 100.

Ubwanditsi 25 Mar 2016
Zambia ntiyisubize mu mwiryane nk’uwo muri za 90

Zambia ntiyisubize mu mwiryane nk’uwo muri za 90

Ubwanditsi 18 Aug 2016

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Abayoboke 8 ba Agathon Rwasa  bamaze gutabwa muri yombi  n’inzego z’umutekano
POLITIKI

Abayoboke 8 ba Agathon Rwasa bamaze gutabwa muri yombi n’inzego z’umutekano

Ubwanditsi 05 Sep 2018
Perezida Kagame yaburiye abashaka guhungabanya umutekano w’igihugu, abasaba kwitandukanya na byo mu maguru mashya
INKURU NYAMUKURU

Perezida Kagame yaburiye abashaka guhungabanya umutekano w’igihugu, abasaba kwitandukanya na byo mu maguru mashya

Ubwanditsi 14 Nov 2019
Gatsibo: Abazitabira itorero ry’igihugu batumwe inzitiramibu
Mu Mahanga

Gatsibo: Abazitabira itorero ry’igihugu batumwe inzitiramibu

Ubwanditsi 04 Jan 2016

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru