• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Al Ahly SC yegukanye CAVB Men’s Club Championship 2026, Police VC na REG zegukana imidali yo ku rwego rwa Afurika i Kigali   |   03 May 2026

  • POLICE VC yanditse amateka, ihurira na Al Ahly SC ku mukino wa nyuma wa CAVB Men’s Club Championship 2026   |   02 May 2026

  • Amakipe ya Police, APR, REG na Kepler VC ahagaririye u Rwanda muri shampiyona Nyafurika iri kubera I Kigali yageze muri 1/8 cy’iri rushanwa   |   28 Apr 2026

  • Rwanda Premier League yasinyanye na Banki ya Kigali amasezerano yo kwitirirwa shampiyona y’u Rwanda mu gihe cy’imyaka 5 n’igice, afite agaciro k’arenga miliyari Eshatu z’amafaranga y’u Rwanda   |   24 Apr 2026

  • FERWAFA yafatiye ibihano abagaragayeho match-fixing’mu ikipe y’Amagaju FC n’uwa Gorilla wasutse ibitamenyekanye mu kibuga   |   24 Apr 2026

  • Perezida Paul Kagame yitabiriye itangizwa rya Shampiyona Nyafurika yʼAmakipe yʼAbagabo muri Volleyball, yatangiye APR VC yitwara neza   |   22 Apr 2026

 
You are at :Home»HIRYA NO HINO»Ese Umugore na we yatangiza igikorwa cy’imibonano mpuzabitsina?

Ese Umugore na we yatangiza igikorwa cy’imibonano mpuzabitsina?

Ubwanditsi 17 Apr 2017 HIRYA NO HINO

Marie Jeanne Mukaneza (izina twamuhimbye) utuye mu Karere ka Muhanga, avuga ko nta na rimwe aratangiza igikorwa cy’imibonano mpuzabitsina hagati ye n’umugabo we bashakanye, ubu babyaranye abana babiri.

Mukaneza avuga ko yabyakiriye ko ari umugabo ugomba gutangiza iki gikorwa. Mu buhamya bwihariye yahaye Izubarirashe.rw, dukesha iyi nkuru, Mukaneza yavuze ko yumva gutangiza ikiganiro cyo gukora imibonano nk’umugore yumva byaba atari umuco, akavuga ko n’abagore benshi bagenzi be baganira ari ko babifata.

“Hari ibyo umugore aba yumva bimureba n’ibyo aba yumva bitamureba. Umugore yumva ko kuba yateka ari ikintu kimureba, kuba imyenda imeshe ari ikintu kimureba ariko iyo bigeze ku bintu by’imibonano mpuzabitsina umugore yumva ko bireba umugabo akaba ari we ubitangiza.”

Yungamo ati “Nyine kuko ari ko umuntu aba yarabimenyereye binajyana wenda n’umuco umugabo ni we ufata inzira ya mbere akajya kurambagiza umugore, n’ubundi umugore n’ibyo ngibyo bitangizwa n’umugabo, umugore arabyakira ko ari umugabo ari we ugomba gutangiza igikorwa cy’imibonano kandi mbona nta kibazo biteye.”

Umubajije impamvu we atatangiza igikorwa cy’imibonano mpuzabitsina Mukaneza akubwira ko “akenshi usanga hari igihe biterwa n’isoni abagore baba bifitemo, cyangwa se bikanaterwa ahanini no kuba umugore avuga wenda ati ‘umugabo yagira ngo ‘iki?’ ‘Yangaya, yabifata ko ndi indaya se’, ibintu nk’ibyo.’”

Gusa Mukaneza avuga ko hari ubwo umugore abishaka, akifuza ko haba igikorwa cy’imibonano mpuzabitsina nyamara ntabibwire umugabo we, ati “abagore benshi bashiririramo bakabyihorera!”

Ibi bishimangirwa na Safari Byuma Alphonse, umugabo w’imyaka 40, utuye mu Karere ka Nyarugenge, mu Murenge wa Rwezamenyo muri Nyakabanda uvuga ko mu rugo rwe ari we uhora utangiza igikorwa cy’imibonano mpuzabitsina.

Agira ati “Ubundi uko mbibona muri rusange hagati y’umugabo n’umugore iyo bagiye gukora imibonano mpuzabitsina mbona y’uko abagabo ari bo bagombye kubanza kugira icyo basaba abagore babo. Nubwo n’abagore baba bafite ubwo burenganzira ubona iteka ryose bo bihagararaho ntibabivuge. Bishoboke ko ari mu muco nyarwanda, ndetse n’uw’Abanyafurika, mbona biri no muri kamere y’abagore aho bava bakagera.”

Byuma ashimangira ko anashingira ku ngero abona ku nyamanswa.

Agira ati “No mu nyamanswa tubona y’uko isake ari yo yirukanka iruhande rw’inkokokazi, ku ihene ruhaya niyo ihebeba, ku nka ikimasa nicyo kibanza mbese iteka ryose abagabo ni bo babanza gusaba abagore no mu nyamaswa ni uko mbona ari kamere y’umuntu Imana yashyizeho.”

Ku bw’uyu Byuma, ufite abana 5, nta kibazo ibi byakagombye gutera mu rugo ku bantu bajijutse, akagira ati “kuba umugabo ari we utangira icyo gikorwa ntacyo bitwaye icya ngombwa ni uko bigira iherezo ryiza, kandi byumvikanyweho.”

Undi mugabo witwa Munyaneza Théogene, w’imyaka 40, utuye mu Karere ka Kamonyi mu Murenge wa Runda mu kagari ka Ruyenzi na we avuga ko mu rugo rwe ari we utangiza iki gikorwa.

-6323.jpg

Gusa Munyaneza we avuga ko iyo umugore we yifuza ko iki gikorwa kiba hari uburyo abimwerekamo. Agira ati “Hari ibikorwa byinshi bishobora kwereka umugabo ko umugore we hari icyo ari gushaka. Umugore ashobora kuba ashaka gukora iyo mibonano mpuzabitsina ntatinyuke kuvuga ngo akwaturire nk’umugabo akubwire ko abishaka ariko akabikoresha ibikorwa runaka, ushobora gusanga yashashe uburiri, ugasanga yatetse yateguye neza, ugasanga na we ubwe yambaye neza, yakarabye… nawe yakoze ku buryo ugera mu rugo ukabona hari igituma uri bumushake.”

Munyaneza we asaba abagabo kumenya ko mu Rwanda ibijyanye n’ibitsina ari ikintu kidakunze kuvugwaho cyane, bikaba akarusho ku bagore ati “abagore gushaka imibonano mpuzabitsina burya si uko batavuga ahubwo bavugisha ibikorwa.”

Badacoka Richard, umukozi w’Umuryango nyarwanda uharanira iterambere n’imibereho myiza y’abagore mu Rwanda ‘Rwanda Women Network’ asobanura ko umugabo cyo kimwe n’umugore buri wese ashobora gutangiza igikorwa cy’imibonano mpuzabitsina, ko ibitari ibi ari ihohoterwa.

Agira ati “Dushingiye ko igikorwa cy’imibonano mpuzabitsina ari igikorwa ngirana twemera ko buri wese nk’umuntu ashobora kuba yakwifuza iki gikorwa.”

Badacoka avuga ko mu Rwanda bigaragara ko bisa nk’umuziro ko umugore aba yatinyuka ngo abwire umugabo ko yifuza icyo gikorwa agategereza ngo intambwe ya mbere ifatwe nk’umugabo, akagira ati “Dutekereza ko ibyo ngibyo na byo ubwabyo bishobora kugira ingaruka ku migendekere y’icyo gikorwa cyane ko uwagitekereje we buri gihe aza yiteguye.”

Uyu mukozi asaba abanyarwanda ko barenga urwego rwo gufata ko igihe umugore atangije iki gikorwa ari umuziro, ko ari uburenganzira bwe yemererwa n’amategeko.

Source : IZUBARIRASHE

2017-04-17
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Uganda: Umusirikare wa UPDF yibye umukozi wa mobile money amutunze imbunda

Uganda: Umusirikare wa UPDF yibye umukozi wa mobile money amutunze imbunda

Ubwanditsi 13 Oct 2018
Uganda: uko bamwe mu bashinzwe umutekano bari inyuma y’icuruzwa ry’abana b’abakobwa mu bihugu by’abarabu

Uganda: uko bamwe mu bashinzwe umutekano bari inyuma y’icuruzwa ry’abana b’abakobwa mu bihugu by’abarabu

Ubwanditsi 07 Jul 2019
Uganda:Abakobwa batari baryamana n’ Abasore (Amasugi) bagiye kujya bahembwa

Uganda:Abakobwa batari baryamana n’ Abasore (Amasugi) bagiye kujya bahembwa

Ubwanditsi 27 Jan 2017
Umuhanzikazi w’ikimero n’uburanga yatunguye benshi muri Jazz Junction

Umuhanzikazi w’ikimero n’uburanga yatunguye benshi muri Jazz Junction

Ubwanditsi 01 Apr 2018

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Gahanga na Nyamata: PL yaserukanye ubunararibonye ifite mu Nteko isaba icyizere
POLITIKI

Gahanga na Nyamata: PL yaserukanye ubunararibonye ifite mu Nteko isaba icyizere

Ubwanditsi 30 Aug 2018
Birababaje:Umugore yakase igitsina cy’ umugabo nyuma bamufata agiye kwiyahura [ REBA AMAFOTO]
SHOWBIZ

Birababaje:Umugore yakase igitsina cy’ umugabo nyuma bamufata agiye kwiyahura [ REBA AMAFOTO]

Ubwanditsi 06 May 2018
U Rwanda ruzongera kwitabira ibiganiro bya Luanda, ari uko Kongo iretse amacenga n’ubushotoranyi
Amakuru

U Rwanda ruzongera kwitabira ibiganiro bya Luanda, ari uko Kongo iretse amacenga n’ubushotoranyi

Ubwanditsi 16 Dec 2024

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru