• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Rutahizamu Byiringiro Lague agiye kwerekeza muri Afurika y’Epfo aho yitegura gutangira akazi mu ikipe ya Durban City FC   |   31 Jul 2026

  • Senateri Mukabalisa Donatille yitabye Imana azize Uburwayi   |   30 Jul 2026

  • Ikipe y’igihugu y’u Rwanda batrengeje imyaka 18 begukanye igikombe cya Zone V   |   29 Jul 2026

  • Bwa mbere mu mateka u Rwanda rwabonye umudali mu Mikino ya Commonwealth   |   29 Jul 2026

  • Abarwanyi ba FDLR na Wazalendo bavurirwa mu Burundi ku ngengo y’igisirikare cy’u Burundi   |   24 Jul 2026

  • Ikipe y’igihugu y’Umukino wa Volleyball mu Bagabo yatangiye imyiteguro y’igikombe cya Afurika cyaherukaga kuba muri 2023   |   23 Jul 2026

 
You are at :Home»HIRYA NO HINO»Ese Umugore na we yatangiza igikorwa cy’imibonano mpuzabitsina?

Ese Umugore na we yatangiza igikorwa cy’imibonano mpuzabitsina?

Ubwanditsi 17 Apr 2017 HIRYA NO HINO

Marie Jeanne Mukaneza (izina twamuhimbye) utuye mu Karere ka Muhanga, avuga ko nta na rimwe aratangiza igikorwa cy’imibonano mpuzabitsina hagati ye n’umugabo we bashakanye, ubu babyaranye abana babiri.

Mukaneza avuga ko yabyakiriye ko ari umugabo ugomba gutangiza iki gikorwa. Mu buhamya bwihariye yahaye Izubarirashe.rw, dukesha iyi nkuru, Mukaneza yavuze ko yumva gutangiza ikiganiro cyo gukora imibonano nk’umugore yumva byaba atari umuco, akavuga ko n’abagore benshi bagenzi be baganira ari ko babifata.

“Hari ibyo umugore aba yumva bimureba n’ibyo aba yumva bitamureba. Umugore yumva ko kuba yateka ari ikintu kimureba, kuba imyenda imeshe ari ikintu kimureba ariko iyo bigeze ku bintu by’imibonano mpuzabitsina umugore yumva ko bireba umugabo akaba ari we ubitangiza.”

Yungamo ati “Nyine kuko ari ko umuntu aba yarabimenyereye binajyana wenda n’umuco umugabo ni we ufata inzira ya mbere akajya kurambagiza umugore, n’ubundi umugore n’ibyo ngibyo bitangizwa n’umugabo, umugore arabyakira ko ari umugabo ari we ugomba gutangiza igikorwa cy’imibonano kandi mbona nta kibazo biteye.”

Umubajije impamvu we atatangiza igikorwa cy’imibonano mpuzabitsina Mukaneza akubwira ko “akenshi usanga hari igihe biterwa n’isoni abagore baba bifitemo, cyangwa se bikanaterwa ahanini no kuba umugore avuga wenda ati ‘umugabo yagira ngo ‘iki?’ ‘Yangaya, yabifata ko ndi indaya se’, ibintu nk’ibyo.’”

Gusa Mukaneza avuga ko hari ubwo umugore abishaka, akifuza ko haba igikorwa cy’imibonano mpuzabitsina nyamara ntabibwire umugabo we, ati “abagore benshi bashiririramo bakabyihorera!”

Ibi bishimangirwa na Safari Byuma Alphonse, umugabo w’imyaka 40, utuye mu Karere ka Nyarugenge, mu Murenge wa Rwezamenyo muri Nyakabanda uvuga ko mu rugo rwe ari we uhora utangiza igikorwa cy’imibonano mpuzabitsina.

Agira ati “Ubundi uko mbibona muri rusange hagati y’umugabo n’umugore iyo bagiye gukora imibonano mpuzabitsina mbona y’uko abagabo ari bo bagombye kubanza kugira icyo basaba abagore babo. Nubwo n’abagore baba bafite ubwo burenganzira ubona iteka ryose bo bihagararaho ntibabivuge. Bishoboke ko ari mu muco nyarwanda, ndetse n’uw’Abanyafurika, mbona biri no muri kamere y’abagore aho bava bakagera.”

Byuma ashimangira ko anashingira ku ngero abona ku nyamanswa.

Agira ati “No mu nyamanswa tubona y’uko isake ari yo yirukanka iruhande rw’inkokokazi, ku ihene ruhaya niyo ihebeba, ku nka ikimasa nicyo kibanza mbese iteka ryose abagabo ni bo babanza gusaba abagore no mu nyamaswa ni uko mbona ari kamere y’umuntu Imana yashyizeho.”

Ku bw’uyu Byuma, ufite abana 5, nta kibazo ibi byakagombye gutera mu rugo ku bantu bajijutse, akagira ati “kuba umugabo ari we utangira icyo gikorwa ntacyo bitwaye icya ngombwa ni uko bigira iherezo ryiza, kandi byumvikanyweho.”

Undi mugabo witwa Munyaneza Théogene, w’imyaka 40, utuye mu Karere ka Kamonyi mu Murenge wa Runda mu kagari ka Ruyenzi na we avuga ko mu rugo rwe ari we utangiza iki gikorwa.

-6323.jpg

Gusa Munyaneza we avuga ko iyo umugore we yifuza ko iki gikorwa kiba hari uburyo abimwerekamo. Agira ati “Hari ibikorwa byinshi bishobora kwereka umugabo ko umugore we hari icyo ari gushaka. Umugore ashobora kuba ashaka gukora iyo mibonano mpuzabitsina ntatinyuke kuvuga ngo akwaturire nk’umugabo akubwire ko abishaka ariko akabikoresha ibikorwa runaka, ushobora gusanga yashashe uburiri, ugasanga yatetse yateguye neza, ugasanga na we ubwe yambaye neza, yakarabye… nawe yakoze ku buryo ugera mu rugo ukabona hari igituma uri bumushake.”

Munyaneza we asaba abagabo kumenya ko mu Rwanda ibijyanye n’ibitsina ari ikintu kidakunze kuvugwaho cyane, bikaba akarusho ku bagore ati “abagore gushaka imibonano mpuzabitsina burya si uko batavuga ahubwo bavugisha ibikorwa.”

Badacoka Richard, umukozi w’Umuryango nyarwanda uharanira iterambere n’imibereho myiza y’abagore mu Rwanda ‘Rwanda Women Network’ asobanura ko umugabo cyo kimwe n’umugore buri wese ashobora gutangiza igikorwa cy’imibonano mpuzabitsina, ko ibitari ibi ari ihohoterwa.

Agira ati “Dushingiye ko igikorwa cy’imibonano mpuzabitsina ari igikorwa ngirana twemera ko buri wese nk’umuntu ashobora kuba yakwifuza iki gikorwa.”

Badacoka avuga ko mu Rwanda bigaragara ko bisa nk’umuziro ko umugore aba yatinyuka ngo abwire umugabo ko yifuza icyo gikorwa agategereza ngo intambwe ya mbere ifatwe nk’umugabo, akagira ati “Dutekereza ko ibyo ngibyo na byo ubwabyo bishobora kugira ingaruka ku migendekere y’icyo gikorwa cyane ko uwagitekereje we buri gihe aza yiteguye.”

Uyu mukozi asaba abanyarwanda ko barenga urwego rwo gufata ko igihe umugore atangije iki gikorwa ari umuziro, ko ari uburenganzira bwe yemererwa n’amategeko.

Source : IZUBARIRASHE

2017-04-17
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Kigali: Umuhesha w’inkiko w’umwuga yatawe muri yombi akekwaho ubwambuzi bushukana

Kigali: Umuhesha w’inkiko w’umwuga yatawe muri yombi akekwaho ubwambuzi bushukana

Ubwanditsi 25 Jun 2018
Abandi bantu 17 bakize Coronavirus mu Rwanda, umubare w’abayanduye uba 127

Abandi bantu 17 bakize Coronavirus mu Rwanda, umubare w’abayanduye uba 127

Ubwanditsi 14 Apr 2020
Umunyarwanda warekuwe na Uganda yatanze ubuhamya bw’ubucakara yakoreshejwe n’uko hari abishwe n’uburozi

Umunyarwanda warekuwe na Uganda yatanze ubuhamya bw’ubucakara yakoreshejwe n’uko hari abishwe n’uburozi

Ubwanditsi 16 Sep 2019
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ubwanditsi 11 Apr 2024

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Itangazamakuru si inzira yo gushakiramo amaronko binyuze mu gukora ibyaha, ubutabera bugomba gukora akazi kabwo
Amakuru

Itangazamakuru si inzira yo gushakiramo amaronko binyuze mu gukora ibyaha, ubutabera bugomba gukora akazi kabwo

RUSHYASHYA 11 May 2026
Madamu Jeannette Kagame yatumiwe na mugenzi we w’u Burundi mu nama
Amakuru

Madamu Jeannette Kagame yatumiwe na mugenzi we w’u Burundi mu nama

Ubwanditsi 10 Oct 2023
Habonetse umwana uvuga ko ari uwa Fred Rwigema usaba Museveni imitungo ya Se
INKURU NYAMUKURU

Habonetse umwana uvuga ko ari uwa Fred Rwigema usaba Museveni imitungo ya Se

Ubwanditsi 19 Oct 2018

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru