• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Ekenge si we kibazo nyamukuru, ikibazo ni urwango rwigishwa abakongomani rwo kwanga Abatutsi rukorwa n’ubutegetsi bwa Tshisekedi   |   29 Dec 2025

  • U Burundi: Jenerali Alain Guillaume Bunyoni akomeje kuremba, yimurirwa mu bitaro bya Kira i Bujumbura mu ibanga rikomeye   |   28 Dec 2025

  • Perezida Kagame yashimye Perezida wa FIFA, Gianni Infantino, wahisemo kwizihiriza Noheli mu Rwanda, mu buryo budasanzwe   |   26 Dec 2025

  • FERWACY yatangaje inzira za Tour du Rwanda 2026, Rubavu yakira isiganwa iminsi itatu, Nyamirambo iragaruka   |   22 Dec 2025

  • ABASIRIKARE B’ABARUNDI BAKOMEREKERA MURI KONGO, IGISHORO N’UBUTUNZI KURI PRIME NIYONGABO   |   16 Dec 2025

  • FDLR ikomeje kwica abaturage muri Walikale mu gihe Leta ya Congo ivuga ko itakiri ikibazo   |   16 Dec 2025

 
You are at :Home»INKURU NYAMUKURU»Buruseli: Urubanza rw’ubujurire ku ruhare rw’u Bubiligi mu bwicanyi bwabereye kuri ETO Kicukiro rwatangiye

Buruseli: Urubanza rw’ubujurire ku ruhare rw’u Bubiligi mu bwicanyi bwabereye kuri ETO Kicukiro rwatangiye

Editorial 02 Mar 2018 INKURU NYAMUKURU

Ikibazo cy’ubwicanyi bwabereye muri Eto Kicukiro muri Jenoside yakorewe Abatutsi mu Rwanda, kuri uyu wa gatanu, itariki 02 Werurwe 2018, cyagarutse imbere y’ubutabera bw’u Bubiligi nyuma y’imyaka 24 bubaye, aho imiryango itatu y’Abanyarwanda barokotse ubu bwicanyi biyemeje kugaragaza uruhare rw’u Bubiligi n’abasirikare babwo batatu bakuru bashinjwa ibyaha by’intambara byo kuba barirengagije kugira icyo bakora ngo batabare.

Kuwa 11 Mata 1994, ku Kicukiro nibwo  ubwicanyi bwakwirakwiriye mu Karere nyuma y’urupfu rwa perezida Juvenal Habyarimana kuwa 06 Mata 1994. Abatutsi bari bazi ko bari guhigwa n’Abahutu batavugaga rumwe n’ubutegetsi, kuwa 07 Mata 1994 bahungiye mu ishuri rya ETO Kicukiro bazi ko nta kizabakoraho barinzwe n’ingabo z’Ababiligi zari MINUAR zari zihakambitse.

Kuwa 11 Mata mu masaha ya saa saba zari zirenzeho iminota mikeya, ingabo z’u Bubiligi zahawe amabwiriza yo kuva muri ETO no gutwara abanyamahanga bari bahari. Aya mabwiriza ngo akaba yaravuye kuri Col Luc Marchal wari wungirije umuyobozi wa MINUAR nyuma yo kumvikana na Col Joseph Dewez, wari ukuriye abasirikare b’Ababiligi muri Kigali, maze amabwiriza asobanurwa na Luc Lemaire, wayoboraga ingabo z’u Bubiligi zari muri ETO.

Izi ngabo z’u Bubiligi zatangiye kurira amamodoka ziva muri Eto zizengurutswe n’abicanyi bari bitwaje imihoro bari baje guhiga abari bahungiye muri iri shuri.

Nyuma yo kubasiga bonyine, abantu bagera mu 2,000 kuri uwo munsi barishwe, aho bamwe biciwe mu kigo abandi bicirwa mu muhanda wa Nyanza bagerageza guhunga.

Iki cyemezo ngo ni icy’u Bubiligi ntabwo cyari icya Loni

Mu bantu bari bahungiye muri ETO, harimo umunyapolitiki, Boniface Ngurinzira n’umuryango we. Uyu akaba yarabaye Minisitiri w’ububanyi n’amahanga w’u Rwanda kuva muri Mata 1992 kugeza muri Nyakanga 1993, ndetse akaba ari umwe mu bagize uruhare runini mu masezerano y’amahoro ya Arusha.

Uruhare rwe rwatumye ajya ku rutonde rw’abagombaga kwicwa, maze kuwa 11 Mata 1994 yicwa nabi, bamwe mu bari bahungiye muri ETO bararokoka.

Mu barokotse, harimo Florida Mukeshimana Ngurinzira ( Uri ku ifoto wambaye lunette), umufasha wa Boniface Ngurinzira. Mu 2004, nibwo yatangiye igikorwa cyo gushaka ubutabera ashaka ko u Bubiligi n’abo ba ofisiye batatu b’u Bubiligi bemera uruhare rwabo. Iki gikorwa cyatangijwe n’umuryango wa Boniface  Ngurinzira cyaje gukurikirwa n’ikindi mu 2007 cya Marie-Agnes Umwali, umwe mu bandi bantu bakeya barokokeye muri ETO.

Kuwa 08 Ukuboza 2010, urukiko rw’ibanze rwa Buruseli rwatanze umwanzuro warwo maze ibyavugwaga n’abunganira leta y’u Bubiligi by’uko iki cyemezo cyo kuva muri ETO cyafashwe na Loni, urukiko rwemeza ko ari icyemezo cy’’u Bubiligi  kitari icya Loni.

Ngo ubwo izi ngabo z’Ababiligi zavaga muri ETO, zerekeje ku kibuga cy’indege gufasha mu gikorwa cyiswe Silver Back cyari cyaratangiye guhera ku itariki 10 Mata, cyo gucyura abanyamahanga biganjemo Ababiligi n’Abafaransa bari mu Rwanda.

Mu isomwa ry’urubanza mu rukiko rw’ibanze, ubutabera bw’u Bubiligi bwari bwagaragaje ko abunganira leta ntacyo bari kuvuga ku kuba batari bazi ibyari gukurikiraho kuri izo mpunzi nyuma y’uko ingabo z’Ababiligi zibasize. Ubwo hahise hagaragazwa uruhare kuva muri ETO kw’Abasirikare b’u Bubiligi byagize nk’uko iyi nkuru dukesha Le Soir ikomeza ivuga.

“Twari dufite ibihamya bikomeye byaduhaga uburenganzira bwo kuvuga ko amabwiriza yari avuye mu Bubiligi”, uwo ni Me Philippe Lardinois, umwe mu bunganira Marie-Agnes Umwali.

Urubanza mu bujurire rwagombaga kuba mu 2014, rwagiye rusubikwa inshuro nyinshi . hagati aho urubanza rusa nk’uru ku cyahoze ari Yougoslavia rushobora kugereranywa n’uru rwo mu Bubiligi.

Kuwa 27 kamena 2017, Leta y’u Buholandi yahamijwe uruhare mu rupfu rw’Abayisilamu 350 bishwe nyuma yo kwirukanwa ahari ibirindiro by’Abaholandi barinzwe na LONi mu gihe mu nkengero zaho hari higaruriwe n’ingabo z’Abaserbe mu 1995 ahitwa Srebrenica.

Byari biteganyijwe ko kuri uyu wa Gatanu imbere y’Urukiko rw’Ubujurire rwa Buruseli, za sosiyete sivile ari zo zibanza gutanga ibisobanuro mbere y’uko uruhande rwunganira leta ruzisobanura mu cyumweru gitaha. Kuva urubanza rwa mbere rwatangira, Luc Lemaire umwe mu baregwa we yamaze gupfa.

 

2018-03-02
Editorial

IZINDI NKURU

Impamvu Dr. Kayumba akeneye ubufasha- Shyaka Kanuma

Impamvu Dr. Kayumba akeneye ubufasha- Shyaka Kanuma

Editorial 03 Oct 2018
Uganda: Urwego rw’ubutasi mu gisirikare rwaburiye perezida Museveni ko yashoboraga kwicwa

Uganda: Urwego rw’ubutasi mu gisirikare rwaburiye perezida Museveni ko yashoboraga kwicwa

Editorial 12 Mar 2018
Uko CMI na RNC bajyanye abanyamakuru barimo aba New Vision na NTV gusura ibikorwa bya Rujugiro Arua mu Bugande.

Uko CMI na RNC bajyanye abanyamakuru barimo aba New Vision na NTV gusura ibikorwa bya Rujugiro Arua mu Bugande.

Editorial 29 Mar 2019
Imyigaragambyo i Bujumbura n’Uko Museveni yapanze ko  UBurundi bugomba gupfa akabigereka k’u Rwanda

Imyigaragambyo i Bujumbura n’Uko Museveni yapanze ko  UBurundi bugomba gupfa akabigereka k’u Rwanda

Editorial 07 Dec 2018

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Volleybal : Urukiko rwafunguye abayobozi batawe muri yombi bakekwaho ruswa
Mu Rwanda

Volleybal : Urukiko rwafunguye abayobozi batawe muri yombi bakekwaho ruswa

Editorial 02 Mar 2017
Umuhanzi The BEN i Buruseli mu Bubiligi aho agiye gutaramira abanyarwanda
IMIKINO

Umuhanzi The BEN i Buruseli mu Bubiligi aho agiye gutaramira abanyarwanda

Editorial 29 Feb 2016
Croatia yageze muri ¼ isezereye Denmark kuri penaliti isangayo u Burusiya
IMIKINO

Croatia yageze muri ¼ isezereye Denmark kuri penaliti isangayo u Burusiya

Editorial 02 Jul 2018

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru