• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • AMAFOTO – Rayon Spotrs yasinyanye amasezerayo y’ubufatanye na Bank of Kigali y’igihe cy’imyaka 5, ikazabona arenga Miliyari 1 ku mwaka   |   18 Jul 2026

  • Dr Eugène Rwamucyo yahamijwe ibyaha bya Jenoside yakorewe Abatutsi, akatirwa imyaka 27 y’igifungo mu Bufaransa   |   18 Jul 2026

  • Bombori bombori muri RNC yageze no mu muryango bwite wa Kayumba Nyamwasa   |   17 Jul 2026

  • Visit Rwanda n’ikipe ya Aston Villa yo mu gihugu cy’u Bwongereza basinyanye amasezerano y’ubufatanye   |   14 Jul 2026

  • AMAFOTO – Girumugisha yabaye umukinnyi w’umwaka muri Shampiyona y’u Rwanda ahembwa imodoka ya miliyoni 15 Frw   |   13 Jul 2026

  • Iperereza ku rupfu rwa ruharwa Kabuga Félicien: Yapfiriye mu cyumba cye nyuma yo guhabwa ifunguro, yazize umutima   |   13 Jul 2026

 
You are at :Home»INKURU NYAMUKURU»Buruseli: Urubanza rw’ubujurire ku ruhare rw’u Bubiligi mu bwicanyi bwabereye kuri ETO Kicukiro rwatangiye

Buruseli: Urubanza rw’ubujurire ku ruhare rw’u Bubiligi mu bwicanyi bwabereye kuri ETO Kicukiro rwatangiye

Ubwanditsi 02 Mar 2018 INKURU NYAMUKURU

Ikibazo cy’ubwicanyi bwabereye muri Eto Kicukiro muri Jenoside yakorewe Abatutsi mu Rwanda, kuri uyu wa gatanu, itariki 02 Werurwe 2018, cyagarutse imbere y’ubutabera bw’u Bubiligi nyuma y’imyaka 24 bubaye, aho imiryango itatu y’Abanyarwanda barokotse ubu bwicanyi biyemeje kugaragaza uruhare rw’u Bubiligi n’abasirikare babwo batatu bakuru bashinjwa ibyaha by’intambara byo kuba barirengagije kugira icyo bakora ngo batabare.

Kuwa 11 Mata 1994, ku Kicukiro nibwo  ubwicanyi bwakwirakwiriye mu Karere nyuma y’urupfu rwa perezida Juvenal Habyarimana kuwa 06 Mata 1994. Abatutsi bari bazi ko bari guhigwa n’Abahutu batavugaga rumwe n’ubutegetsi, kuwa 07 Mata 1994 bahungiye mu ishuri rya ETO Kicukiro bazi ko nta kizabakoraho barinzwe n’ingabo z’Ababiligi zari MINUAR zari zihakambitse.

Kuwa 11 Mata mu masaha ya saa saba zari zirenzeho iminota mikeya, ingabo z’u Bubiligi zahawe amabwiriza yo kuva muri ETO no gutwara abanyamahanga bari bahari. Aya mabwiriza ngo akaba yaravuye kuri Col Luc Marchal wari wungirije umuyobozi wa MINUAR nyuma yo kumvikana na Col Joseph Dewez, wari ukuriye abasirikare b’Ababiligi muri Kigali, maze amabwiriza asobanurwa na Luc Lemaire, wayoboraga ingabo z’u Bubiligi zari muri ETO.

Izi ngabo z’u Bubiligi zatangiye kurira amamodoka ziva muri Eto zizengurutswe n’abicanyi bari bitwaje imihoro bari baje guhiga abari bahungiye muri iri shuri.

Nyuma yo kubasiga bonyine, abantu bagera mu 2,000 kuri uwo munsi barishwe, aho bamwe biciwe mu kigo abandi bicirwa mu muhanda wa Nyanza bagerageza guhunga.

Iki cyemezo ngo ni icy’u Bubiligi ntabwo cyari icya Loni

Mu bantu bari bahungiye muri ETO, harimo umunyapolitiki, Boniface Ngurinzira n’umuryango we. Uyu akaba yarabaye Minisitiri w’ububanyi n’amahanga w’u Rwanda kuva muri Mata 1992 kugeza muri Nyakanga 1993, ndetse akaba ari umwe mu bagize uruhare runini mu masezerano y’amahoro ya Arusha.

Uruhare rwe rwatumye ajya ku rutonde rw’abagombaga kwicwa, maze kuwa 11 Mata 1994 yicwa nabi, bamwe mu bari bahungiye muri ETO bararokoka.

Mu barokotse, harimo Florida Mukeshimana Ngurinzira ( Uri ku ifoto wambaye lunette), umufasha wa Boniface Ngurinzira. Mu 2004, nibwo yatangiye igikorwa cyo gushaka ubutabera ashaka ko u Bubiligi n’abo ba ofisiye batatu b’u Bubiligi bemera uruhare rwabo. Iki gikorwa cyatangijwe n’umuryango wa Boniface  Ngurinzira cyaje gukurikirwa n’ikindi mu 2007 cya Marie-Agnes Umwali, umwe mu bandi bantu bakeya barokokeye muri ETO.

Kuwa 08 Ukuboza 2010, urukiko rw’ibanze rwa Buruseli rwatanze umwanzuro warwo maze ibyavugwaga n’abunganira leta y’u Bubiligi by’uko iki cyemezo cyo kuva muri ETO cyafashwe na Loni, urukiko rwemeza ko ari icyemezo cy’’u Bubiligi  kitari icya Loni.

Ngo ubwo izi ngabo z’Ababiligi zavaga muri ETO, zerekeje ku kibuga cy’indege gufasha mu gikorwa cyiswe Silver Back cyari cyaratangiye guhera ku itariki 10 Mata, cyo gucyura abanyamahanga biganjemo Ababiligi n’Abafaransa bari mu Rwanda.

Mu isomwa ry’urubanza mu rukiko rw’ibanze, ubutabera bw’u Bubiligi bwari bwagaragaje ko abunganira leta ntacyo bari kuvuga ku kuba batari bazi ibyari gukurikiraho kuri izo mpunzi nyuma y’uko ingabo z’Ababiligi zibasize. Ubwo hahise hagaragazwa uruhare kuva muri ETO kw’Abasirikare b’u Bubiligi byagize nk’uko iyi nkuru dukesha Le Soir ikomeza ivuga.

“Twari dufite ibihamya bikomeye byaduhaga uburenganzira bwo kuvuga ko amabwiriza yari avuye mu Bubiligi”, uwo ni Me Philippe Lardinois, umwe mu bunganira Marie-Agnes Umwali.

Urubanza mu bujurire rwagombaga kuba mu 2014, rwagiye rusubikwa inshuro nyinshi . hagati aho urubanza rusa nk’uru ku cyahoze ari Yougoslavia rushobora kugereranywa n’uru rwo mu Bubiligi.

Kuwa 27 kamena 2017, Leta y’u Buholandi yahamijwe uruhare mu rupfu rw’Abayisilamu 350 bishwe nyuma yo kwirukanwa ahari ibirindiro by’Abaholandi barinzwe na LONi mu gihe mu nkengero zaho hari higaruriwe n’ingabo z’Abaserbe mu 1995 ahitwa Srebrenica.

Byari biteganyijwe ko kuri uyu wa Gatanu imbere y’Urukiko rw’Ubujurire rwa Buruseli, za sosiyete sivile ari zo zibanza gutanga ibisobanuro mbere y’uko uruhande rwunganira leta ruzisobanura mu cyumweru gitaha. Kuva urubanza rwa mbere rwatangira, Luc Lemaire umwe mu baregwa we yamaze gupfa.

 

2018-03-02
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

 Nyuma y’imyaka  hafi 27, Edouard Balladur wari Minisitiri w’Intebe w’ u Bufaransa arashyize  yemera gushyira ahabona “amabanga ye” ku bijyanye na Jenoside yakorewe Abatutsi. Ariko se aracyari  amabanga koko, cyangwa ni ibisigazwa byayo?

 Nyuma y’imyaka  hafi 27, Edouard Balladur wari Minisitiri w’Intebe w’ u Bufaransa arashyize  yemera gushyira ahabona “amabanga ye” ku bijyanye na Jenoside yakorewe Abatutsi. Ariko se aracyari  amabanga koko, cyangwa ni ibisigazwa byayo?

Ubwanditsi 06 Jan 2021
Umuryango “IBUKA” uharanira inyungu z’Abarokotse Jenoside yakorewe Abatutsi urasaba Kaminuza ya Cambridge kudaha urubuga Judi Rever ngo akomeze gupfobya iyo Jenoside.

Umuryango “IBUKA” uharanira inyungu z’Abarokotse Jenoside yakorewe Abatutsi urasaba Kaminuza ya Cambridge kudaha urubuga Judi Rever ngo akomeze gupfobya iyo Jenoside.

Ubwanditsi 16 Apr 2021
Ibintu bitandatu [ 6 ] bigaragaza isenyuka rya RNC na P5.

Ibintu bitandatu [ 6 ] bigaragaza isenyuka rya RNC na P5.

Ubwanditsi 30 Sep 2019
Umurage wa Perezida Nkurunziza mu myaka 15 amaze ku butegetsi: Ese CNDD FDD yahawe ubutegetsi yiteguye?

Umurage wa Perezida Nkurunziza mu myaka 15 amaze ku butegetsi: Ese CNDD FDD yahawe ubutegetsi yiteguye?

Ubwanditsi 05 May 2020

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Mwambari Serge yatangajwe nk’umutoza mushya wongerera abakinnyi imbaraga mu ikipe ya Rayon Sports
Amakuru

Mwambari Serge yatangajwe nk’umutoza mushya wongerera abakinnyi imbaraga mu ikipe ya Rayon Sports

Ubwanditsi 23 Sep 2025
Minisitiri w’Intebe Dr. Ngirente yakiriye Itsinda ry’abaturutse mu ikipe ya Benfica yo muri Portugal
Amakuru

Minisitiri w’Intebe Dr. Ngirente yakiriye Itsinda ry’abaturutse mu ikipe ya Benfica yo muri Portugal

Ubwanditsi 10 Jun 2025
Minisitiri Dr Vincent Biruta yamenyesheje Albert Shingiro ko u Rwanda Rwiteguye Gutanga Umusanzu Warwo mu Kuzahura Umubano w’Ibihugu byombi
Amakuru

Minisitiri Dr Vincent Biruta yamenyesheje Albert Shingiro ko u Rwanda Rwiteguye Gutanga Umusanzu Warwo mu Kuzahura Umubano w’Ibihugu byombi

Ubwanditsi 20 Oct 2020

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru