• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Baker Byatsi yafungiwe ubujura imyaka ine afungurwa kuko yisiramuje nabi muri gereza bikamugwa nabi-Mushiki wa Byatsi byose yabivuze   |   28 May 2026

  • AMAFOTO – Mu mukino wakurikiwe na Perezida Kagame, RSSB Tigers BBC yageze ku mukino wa nyuma wa BAL 2026 itsinze AL Ahyly yo mu Misiri   |   28 May 2026

  • Stephen Constantine yatangaje urutonde rw’abakinnyi 24 bazifashishwa mu mikino ibiri ya gicuti mpuzamahanga izahuza u Rwanda na Comoros ndetse na Tanzania   |   27 May 2026

  • Agapfa kaburiwe ni impongo; Abagura Indaya bahawe imbuzi   |   27 May 2026

  • Ambassadeur Thérence Ntahiraja yemeje ko u Rwanda rugomba guterwa   |   27 May 2026

  • Rayon Sports yatsinze Bugesera FC yiyongerera amahirwe yo kuzahagararira u Rwanda mu mikino Nyafurika   |   26 May 2026

 
You are at :Home»INKURU NYAMUKURU»Buruseli: Urubanza rw’ubujurire ku ruhare rw’u Bubiligi mu bwicanyi bwabereye kuri ETO Kicukiro rwatangiye

Buruseli: Urubanza rw’ubujurire ku ruhare rw’u Bubiligi mu bwicanyi bwabereye kuri ETO Kicukiro rwatangiye

Ubwanditsi 02 Mar 2018 INKURU NYAMUKURU

Ikibazo cy’ubwicanyi bwabereye muri Eto Kicukiro muri Jenoside yakorewe Abatutsi mu Rwanda, kuri uyu wa gatanu, itariki 02 Werurwe 2018, cyagarutse imbere y’ubutabera bw’u Bubiligi nyuma y’imyaka 24 bubaye, aho imiryango itatu y’Abanyarwanda barokotse ubu bwicanyi biyemeje kugaragaza uruhare rw’u Bubiligi n’abasirikare babwo batatu bakuru bashinjwa ibyaha by’intambara byo kuba barirengagije kugira icyo bakora ngo batabare.

Kuwa 11 Mata 1994, ku Kicukiro nibwo  ubwicanyi bwakwirakwiriye mu Karere nyuma y’urupfu rwa perezida Juvenal Habyarimana kuwa 06 Mata 1994. Abatutsi bari bazi ko bari guhigwa n’Abahutu batavugaga rumwe n’ubutegetsi, kuwa 07 Mata 1994 bahungiye mu ishuri rya ETO Kicukiro bazi ko nta kizabakoraho barinzwe n’ingabo z’Ababiligi zari MINUAR zari zihakambitse.

Kuwa 11 Mata mu masaha ya saa saba zari zirenzeho iminota mikeya, ingabo z’u Bubiligi zahawe amabwiriza yo kuva muri ETO no gutwara abanyamahanga bari bahari. Aya mabwiriza ngo akaba yaravuye kuri Col Luc Marchal wari wungirije umuyobozi wa MINUAR nyuma yo kumvikana na Col Joseph Dewez, wari ukuriye abasirikare b’Ababiligi muri Kigali, maze amabwiriza asobanurwa na Luc Lemaire, wayoboraga ingabo z’u Bubiligi zari muri ETO.

Izi ngabo z’u Bubiligi zatangiye kurira amamodoka ziva muri Eto zizengurutswe n’abicanyi bari bitwaje imihoro bari baje guhiga abari bahungiye muri iri shuri.

Nyuma yo kubasiga bonyine, abantu bagera mu 2,000 kuri uwo munsi barishwe, aho bamwe biciwe mu kigo abandi bicirwa mu muhanda wa Nyanza bagerageza guhunga.

Iki cyemezo ngo ni icy’u Bubiligi ntabwo cyari icya Loni

Mu bantu bari bahungiye muri ETO, harimo umunyapolitiki, Boniface Ngurinzira n’umuryango we. Uyu akaba yarabaye Minisitiri w’ububanyi n’amahanga w’u Rwanda kuva muri Mata 1992 kugeza muri Nyakanga 1993, ndetse akaba ari umwe mu bagize uruhare runini mu masezerano y’amahoro ya Arusha.

Uruhare rwe rwatumye ajya ku rutonde rw’abagombaga kwicwa, maze kuwa 11 Mata 1994 yicwa nabi, bamwe mu bari bahungiye muri ETO bararokoka.

Mu barokotse, harimo Florida Mukeshimana Ngurinzira ( Uri ku ifoto wambaye lunette), umufasha wa Boniface Ngurinzira. Mu 2004, nibwo yatangiye igikorwa cyo gushaka ubutabera ashaka ko u Bubiligi n’abo ba ofisiye batatu b’u Bubiligi bemera uruhare rwabo. Iki gikorwa cyatangijwe n’umuryango wa Boniface  Ngurinzira cyaje gukurikirwa n’ikindi mu 2007 cya Marie-Agnes Umwali, umwe mu bandi bantu bakeya barokokeye muri ETO.

Kuwa 08 Ukuboza 2010, urukiko rw’ibanze rwa Buruseli rwatanze umwanzuro warwo maze ibyavugwaga n’abunganira leta y’u Bubiligi by’uko iki cyemezo cyo kuva muri ETO cyafashwe na Loni, urukiko rwemeza ko ari icyemezo cy’’u Bubiligi  kitari icya Loni.

Ngo ubwo izi ngabo z’Ababiligi zavaga muri ETO, zerekeje ku kibuga cy’indege gufasha mu gikorwa cyiswe Silver Back cyari cyaratangiye guhera ku itariki 10 Mata, cyo gucyura abanyamahanga biganjemo Ababiligi n’Abafaransa bari mu Rwanda.

Mu isomwa ry’urubanza mu rukiko rw’ibanze, ubutabera bw’u Bubiligi bwari bwagaragaje ko abunganira leta ntacyo bari kuvuga ku kuba batari bazi ibyari gukurikiraho kuri izo mpunzi nyuma y’uko ingabo z’Ababiligi zibasize. Ubwo hahise hagaragazwa uruhare kuva muri ETO kw’Abasirikare b’u Bubiligi byagize nk’uko iyi nkuru dukesha Le Soir ikomeza ivuga.

“Twari dufite ibihamya bikomeye byaduhaga uburenganzira bwo kuvuga ko amabwiriza yari avuye mu Bubiligi”, uwo ni Me Philippe Lardinois, umwe mu bunganira Marie-Agnes Umwali.

Urubanza mu bujurire rwagombaga kuba mu 2014, rwagiye rusubikwa inshuro nyinshi . hagati aho urubanza rusa nk’uru ku cyahoze ari Yougoslavia rushobora kugereranywa n’uru rwo mu Bubiligi.

Kuwa 27 kamena 2017, Leta y’u Buholandi yahamijwe uruhare mu rupfu rw’Abayisilamu 350 bishwe nyuma yo kwirukanwa ahari ibirindiro by’Abaholandi barinzwe na LONi mu gihe mu nkengero zaho hari higaruriwe n’ingabo z’Abaserbe mu 1995 ahitwa Srebrenica.

Byari biteganyijwe ko kuri uyu wa Gatanu imbere y’Urukiko rw’Ubujurire rwa Buruseli, za sosiyete sivile ari zo zibanza gutanga ibisobanuro mbere y’uko uruhande rwunganira leta ruzisobanura mu cyumweru gitaha. Kuva urubanza rwa mbere rwatangira, Luc Lemaire umwe mu baregwa we yamaze gupfa.

 

2018-03-02
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Ibishibuka bya Parmehutu birashaka gusahurira mu nduru   

Ibishibuka bya Parmehutu birashaka gusahurira mu nduru  

Ubwanditsi 28 Sep 2022
Uko umubare w’Abanyarwanda waba ungana kose, ntibizigera bibaho ko Umunyarwanda aba impunzi kandi afite igihugu cye. “Paul Kagame”

Uko umubare w’Abanyarwanda waba ungana kose, ntibizigera bibaho ko Umunyarwanda aba impunzi kandi afite igihugu cye. “Paul Kagame”

Ubwanditsi 24 Jun 2024
RNC ikomeje kugira Ihuriro P5 ikimoteri ndetse n’ikusanyirizo ry’ibindi bigarasha

RNC ikomeje kugira Ihuriro P5 ikimoteri ndetse n’ikusanyirizo ry’ibindi bigarasha

Ubwanditsi 25 Nov 2019
i Gako : Perezida Kagame yagiranye ibiganiro  na ba Ofisiye barenga 1000 [ Andi mafoto ]

i Gako : Perezida Kagame yagiranye ibiganiro na ba Ofisiye barenga 1000 [ Andi mafoto ]

Ubwanditsi 06 Feb 2019

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Muhire Henry wigeze kuba umunyamakuru yagizwe umunyamabanga mukuru wa FERWAFA asimbuye Uwayezu François Regis weguye kuri uwo mwanya
Amakuru

Muhire Henry wigeze kuba umunyamakuru yagizwe umunyamabanga mukuru wa FERWAFA asimbuye Uwayezu François Regis weguye kuri uwo mwanya

Ubwanditsi 07 Jan 2022
Perezida Kagame yasabye abayobozi kurushaho kwegera abaturage muri iki gihe cy’amatora
POLITIKI

Perezida Kagame yasabye abayobozi kurushaho kwegera abaturage muri iki gihe cy’amatora

Ubwanditsi 07 Jul 2017
Perezida Kagame yitabiriye Inama yiga ku mahoro ku Isi mu Bufaransa
INKURU NYAMUKURU

Perezida Kagame yitabiriye Inama yiga ku mahoro ku Isi mu Bufaransa

Ubwanditsi 11 Nov 2018

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru