• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Harimo n’abazandikwa bishyuye Miliyoni Ebyiri, FERWAFA yashyizeho amabwiriza mashya yo kwandikisha abakinnyi n’abatoza muri BK Pro League 2026/2027   |   09 Jul 2026

  • AMAFOTO – Umutoza mukuru wa APR FC, Abderrahim Taleb, yongereye amasezerano y’umwaka umwe   |   07 Jul 2026

  • Kwigira Nyoninyinshi kwa Habyarimana yavuze ko bashakira amahoro abantu bose naho yahe yo kajya   |   07 Jul 2026

  • Kuvanaho Ingamba z’Ubwirinzi byaba ari Ubwiyahuzi   |   07 Jul 2026

  • Raporo ivuga ko FDLR yigabyemo ibice bitatu by’ingenzi ari byo FDLR-FOCA, FDLR-RUD na FDLR-FPP   |   06 Jul 2026

  • Ububabare bwa RPA/F bwashibutsemo icyizere n’agaciro; Mufulukye Fred   |   05 Jul 2026

 
You are at :Home»INKURU NYAMUKURU»Uganda: Babiri Bashinjwa Gukorana Na RNC/Kayumba Baba Batawe Muri Yombi

Uganda: Babiri Bashinjwa Gukorana Na RNC/Kayumba Baba Batawe Muri Yombi

Ubwanditsi 08 Aug 2018 INKURU NYAMUKURU

Itsinda ry’abaturage mu mujyi muto wa Igayaza mu Karere ka Kakumiro mu gihugu cya Ugada ryagabye igitero ku biro by’ushinzwe umutekano mu karere (DISO) bamusaba kumenya aho abantu babiri batawe muri yombi n’inzego z’umutekano bashinjwa gukorana n’umutwe w’inyeshyamba urwanya ubutegetsi bw’u Rwanda.

Abo bantu babiri ni Abdul Karim Niwamanya na Abdul Safari, bose batuye muri Igayaza muri Kakumiro, batawe muri yombi kuwa Gatanu saa 5:30 z’umugoroba ngo n’Urwego rushinzwe Umutekano w’imbere mu gihugu (ISO.

Uwitwa Ali Ahimbisibwe, wahoze mu gisirikare cya Uganda (UPDF) ari nawe se wa Niwamanya, yavuze ko yifatanyije n’abandi baturage bakajya ku biro by’ushinzwe umutekano mu karere (DISO) bagiye gushaka amakuru y’umuhungu we ariko bakabwirwa kujya kubariza ku biro bya ISO muri Kampala.

Yavuze ko ubwo bajyaga Kampala babwiwe gusubira Kakumiro bakabaza amakuru y’abantu babo DISO.

Uyu ati: “Ni gute umuhungu wanjye yajya mu bikorwa by’inyeshyamba kandi ari njye ukorana n’umutekano? Ndashaka DISO kutubwira aho aba bantu bafungiye,”

Ku ruhande rwe ariko, DISO Edward Byarugaba ntiyigeze abitaho ahubwo yifungiranira mu biro amasaha agera kuri atandatu aza kuvanwamo na polisi yahise imujyana kuri station ya polisi ya Kakumiro.

Uhagarariye abaturage mu karere, Mary Lule Senkungu, yanenze inzego z’umutekano guta muri yombi abantu zitabimenyesheje igipolisi cy’akarere n’abandi bayobozi bashinzwe umutekano mu karere.

Madamu Senkungu yakomeje avuga ko yagiye ku biro bya minisitiri w’umutekano utari uhari, ariko abasha kumenya ko aba batawe muri yombi bakiriho kandi batekanye nk’uko Daily Monitor  dukesha iyi nkuru ikomeza ivuga.

Ni mu gihe umuyobozi wa polisi mu Karere ka Kakumiro, Hassan Katumba Mugerwa, yavuze ko atigeze amenyeshwa igikorwa cyo guta muri yombi abo bantu.

Kimwe mu binyamakuru byandikirwa mu Rwanda kikaba giherutse gutangaza ko Abdul Safari na Abdul karim Niwamanya, bakorera ishyaka RNC, rikuriwe na Kayumba Nyamwasa, aho baba mu bikorwa byo gushakisha abantu bo kwinjiza mu ngabo z’iri shyaka rifite imigambi yo guhungabanya ubutegetsi buriho mu Rwanda.

Bikaba bivugwa ko uturere twa Kakumiro, Kibaale na Kagadi dutuwe n’Abanyarwanda benshi usanga bari mu bikorwa by’ubuhinzi n’ubworozi n’indi mirimo ijyanye nabyo.

Ibi biravugwa mu gihe imibanire y’u Rwanda na Uganda ikomeje kuba ndanze, aho abategetsi b’u Rwanda bakomeje gushinja aba Uganda gufasha, no korohereza abashaka guhungabanya umutekano w’igihugu, mu gihe Uganda nayo ikomeje guta muri yombi Abanyarwanda ibashinja kuba intasi za guverinoma y’u Rwanda. Ibi bibazo bikaba byaratangiye mu Ukwakira 2017 nyuma y’itabwa muri yombi ry’Umunyarwanda, Rene Rutagungira na n’ubu ukiri mu maboko y’ubutabera bwa Uganda.

2018-08-08
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Amb.Col (Rtd) Dr. Joseph Karemera yanze kuba igisahiranda, none atabarutse uRwanda rumushimira kurwimana.

Amb.Col (Rtd) Dr. Joseph Karemera yanze kuba igisahiranda, none atabarutse uRwanda rumushimira kurwimana.

Ubwanditsi 16 Oct 2024
Abayobozi batatu barahiriye inshingano nshya

Abayobozi batatu barahiriye inshingano nshya

Ubwanditsi 10 Apr 2018
Uganda : Umunyarwanda ufungiweyo  adafite amafaranga abyishyura gukubitwa

Uganda : Umunyarwanda ufungiweyo  adafite amafaranga abyishyura gukubitwa

Ubwanditsi 19 Aug 2019
Serge Ndayizeye yaba noneho yivumbuye burundu? Yaba yabonye icyangombwa cyo gukora muri Amerika agacika Kayumba Nyamwasa?

Serge Ndayizeye yaba noneho yivumbuye burundu? Yaba yabonye icyangombwa cyo gukora muri Amerika agacika Kayumba Nyamwasa?

Ubwanditsi 19 Mar 2022

Igitekerezo kimwe

  1. rutahizamu
    August 9, 201810:12 am -

    Ariko se aba barihora iki rwose, ubu barareba bakabona hari aho bazamenera u Rwanda? baribeshya ahubwo ndi bo na mesa kamwe nkareka kwirirwa mburabunda nikanga n’imbeba ikomye nkaza nkafatanya n’abandi kubaka urwatubyaye.

    Subiza

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

CAFCC: Inzozi za APR FC zo kugera mu matsinda ziyoyokeye i Kigali, nyuma yo gusezererwa na Djoliba AC
IMIKINO

CAFCC: Inzozi za APR FC zo kugera mu matsinda ziyoyokeye i Kigali, nyuma yo gusezererwa na Djoliba AC

Ubwanditsi 17 Mar 2018
Olivier Kwizera ari mu bakinnyi basubukuye imyitozo ya Rayon Sports yitegura guhura na APR FC ku mukino wa nyuma w’igikombe cy’Amahoro
Amakuru

Olivier Kwizera ari mu bakinnyi basubukuye imyitozo ya Rayon Sports yitegura guhura na APR FC ku mukino wa nyuma w’igikombe cy’Amahoro

RUSHYASHYA 19 May 2026
Abagabo batatu bafatanywe inka icumi bakekwaho kwiba mu karere ka Nyagatare
Mu Mahanga

Abagabo batatu bafatanywe inka icumi bakekwaho kwiba mu karere ka Nyagatare

Ubwanditsi 17 Sep 2016

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru