• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Ekenge si we kibazo nyamukuru, ikibazo ni urwango rwigishwa abakongomani rwo kwanga Abatutsi rukorwa n’ubutegetsi bwa Tshisekedi   |   29 Dec 2025

  • U Burundi: Jenerali Alain Guillaume Bunyoni akomeje kuremba, yimurirwa mu bitaro bya Kira i Bujumbura mu ibanga rikomeye   |   28 Dec 2025

  • Perezida Kagame yashimye Perezida wa FIFA, Gianni Infantino, wahisemo kwizihiriza Noheli mu Rwanda, mu buryo budasanzwe   |   26 Dec 2025

  • FERWACY yatangaje inzira za Tour du Rwanda 2026, Rubavu yakira isiganwa iminsi itatu, Nyamirambo iragaruka   |   22 Dec 2025

  • ABASIRIKARE B’ABARUNDI BAKOMEREKERA MURI KONGO, IGISHORO N’UBUTUNZI KURI PRIME NIYONGABO   |   16 Dec 2025

  • FDLR ikomeje kwica abaturage muri Walikale mu gihe Leta ya Congo ivuga ko itakiri ikibazo   |   16 Dec 2025

 
You are at :Home»SHOWBIZ»CECYDAR igiye kwizihiza imyaka 25 imaze ishinzwe hanibukwa uwayishinze ariwe Rugamba Sipiriyani.

CECYDAR igiye kwizihiza imyaka 25 imaze ishinzwe hanibukwa uwayishinze ariwe Rugamba Sipiriyani.

Editorial 29 Aug 2017 SHOWBIZ

CECYDAR (Centre Cyprien Daphrose Rugamba ) ni umuryango nyarwanda utegamiye kuri leta wabonye ubuzima gatozi mu mwaka wa 1992, ushingwa na Rugamba Sipiriyani afatanyije na Madamu we Daphrose Rugamba , nyuma yo kubona imibereho mibi y’abana bo mu muhanda n’uburyo birwanaho ngo baramuke , nibwo bafashe icyemezo cyo gutangiza igikorwa cy’impuhwe cyo kwita kuri abo bana, nuko batangiza ikigo cyitwaga Fidesco Rwanda nyuma kiza kuba CECYDAR.

Iki kigo cyakira abana kuva ku myaka 5 bavuye ku muhanda kikabafasha gusubira mu buzima busanzwe bwo mu muryango , aho biga amashuri abanza mu kigo cya Primaire bagahabwa amasomo asanzwe ya porogaramu ya Leta y’uburezi, siporo, ubukorikori, ubuhanzi, n’ibindi bituma bibagirwa ubuzima bubi babagamo nyuma bakazashaka uburyo bwo kubahuza n’imiryango yabo babagamo mbere.

Iki kigo kandi byumwihariko cyakira abana b’abahungu gusa bitewe n’ubushobozi ndetse n’uburyo bwo kubitaho iki kigo gifite, kikaba kibavana mu kigo ngororamuco cya Gitagata cyashyizweho na Leta, kuri ubu iki kigo gifite abana 61 bacumbitse muri iki kigo.

Mu kiganiro n’abanyamakuru uhagarariye iki kigo Bwana Ngarambe Francois Xavier yatangaje ko bari gutegura ibirori byo kwizihiza yubile y’ imyaka 25 iki kigo kimaze gishinzwe, ibi birori bikazaba bigamije kwibuka Rugamba n’umuryango we bashinze iki kigo , guha abantu umwanya wo kumenya CECYDAR, kurushaho kwishimira ibyagezweho n’uyu muryango ndetse no gukusanya ikunga yo gukomeza gufasha ibikorwa bya CECYDAR.

-7779.jpg

Komite itegura uyu muhango

Ibirori byo kwizihiza isabukuru y’imyaka 25 iki kigo kimaze gishinzwe biteganyijwe kuzaba tariki ya 1 n’iya 2 Nzeri, aho hateganyijwe ibikorwa bitandukanye birimo igitaramo kizabera muri Camp Kigali tariki ya 1 Nzeri ndetse n’igitambo cya misa kizabera kuri Centre ya Emmanuel n’ibirori nyirizina byo kwizihiza isaburu tariki ya 2 Nzeri, 2017.

Norbert Nyuzahayo

2017-08-29
Editorial

IZINDI NKURU

Umupasiteri yaguwe gitumo ari gusambanyiriza umugore w’umukirisitu basengana iwe

Umupasiteri yaguwe gitumo ari gusambanyiriza umugore w’umukirisitu basengana iwe

Editorial 06 May 2018
Diamond Yasobanuye Ibikomeje Kumuvugwaho ko Yateye Inda Hamisa Umukobwa Wagaragaye Mu Mashusho ye ya Salome

Diamond Yasobanuye Ibikomeje Kumuvugwaho ko Yateye Inda Hamisa Umukobwa Wagaragaye Mu Mashusho ye ya Salome

Editorial 24 Jun 2017
Miss Rwanda 2017 Elsa Iradukunda yatawe muri yombi, Minisiteri y’Urubyiruko n’Umuco ihagarika irushanwa rya Miss Rwanda

Miss Rwanda 2017 Elsa Iradukunda yatawe muri yombi, Minisiteri y’Urubyiruko n’Umuco ihagarika irushanwa rya Miss Rwanda

Editorial 09 May 2022
Umugabo wabenze umugore ku munsi w’ubukwe i Kigali yararongoye undi i Burundi

Umugabo wabenze umugore ku munsi w’ubukwe i Kigali yararongoye undi i Burundi

Editorial 04 Apr 2018

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Urwego RPS igezeho tubikesha gushyira hamwe: Prof Sezibera
Mu Rwanda

Urwego RPS igezeho tubikesha gushyira hamwe: Prof Sezibera

Editorial 17 Jan 2018
Zari ari kubyinira ku rukoma kubera ibihe mukeba we Hamisa Mobetto arimo
Mu Mahanga

Zari ari kubyinira ku rukoma kubera ibihe mukeba we Hamisa Mobetto arimo

Editorial 20 Oct 2017
Depite Bob Wine agiye kurega polisi ya Uganda
Mu Mahanga

Depite Bob Wine agiye kurega polisi ya Uganda

Editorial 20 Oct 2017

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru