• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • FDLR bari muri Congo, barica abantu, bateza umutekano muke, Gusenya uwo mutwe bireba Congo n’ u Rwanda natwe bikatureba   |   29 Jan 2026

  • ICYO WAMENYA KUBIYAMAMARIZA KUYOBORA FDU-INKINGI: UMUTWE W’INTERAHAMWE ZIHEBEYE KUBUNZA INGENGABITEKEREZO YA JENOSIDE   |   29 Jan 2026

  • Interahamwe mu burayi zishyize hamwe ngo zishyigikire Victoire Ingabire   |   15 Jan 2026

  • Ekenge si we kibazo nyamukuru, ikibazo ni urwango rwigishwa abakongomani rwo kwanga Abatutsi rukorwa n’ubutegetsi bwa Tshisekedi   |   29 Dec 2025

  • U Burundi: Jenerali Alain Guillaume Bunyoni akomeje kuremba, yimurirwa mu bitaro bya Kira i Bujumbura mu ibanga rikomeye   |   28 Dec 2025

  • Perezida Kagame yashimye Perezida wa FIFA, Gianni Infantino, wahisemo kwizihiriza Noheli mu Rwanda, mu buryo budasanzwe   |   26 Dec 2025

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Rwanda»CNLG irashima u Budage bwohereje Twagiramungu mu Rwanda

CNLG irashima u Budage bwohereje Twagiramungu mu Rwanda

Editorial 22 Aug 2017 Mu Rwanda

Komisiyo y’Igihugu ishinzwe kurwanya Jenoside (CNLG) irashima u Budage bwafashe umwanzuro wo kohereza mu Rwanda Umunyarwanda Twagiramungu Jean ukekwaho kugira uruhare muri Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994, mu rupfu rw’Abatutsi 100 000 biciwe mu cyahoze ari perefegitura ya Gikongoro.

Nyuma y’amasezerano mpuzamahanga yo ku wa 09 Ukuboza 1948 agamije gukumira no kurwanya Jenoside ndetse agategeka buri gihugu kuburanisha no kohereza abayigizemo uruhare babarizwa ku butaka bwabyo mu gihugu bayikoreyemo, ubutabera bw’u Budage ku wa 18 Kanama 2017 bwamaze kohereza mu Rwanda uwitwa Twagiramungu Jean ukurikiranyweho kugira uruhare muri Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994.
-7710.jpg

Umunyamabanga Nshingwabikorwa wa CNLG, Dr Bizimana Jean Damascene, avuga ko nyuma y’ibimenyetso byakusanyijwe byerekana ko Twagiramungu Jean yakoranye n’abateguye Jenoside mu cyahoze ari komini Karambo, Rukondo, Kinyamakara, Nyamagabe na Musange ku bufatanye n’uwari Superefe Hategekimana Joachim na Ntegeyintwari Joseph, Ngezahayo Desiré wayoboraga komini Karama, Munyaneza Charles wayoboraga Kinyamakara na Semakwavu Felicien wayoboraga komini Nyamagabe.

Mu bimenyetso bigaragaza uruhare rwa Twagiramungu muri Jenoside yakorewe Abatutsi mu Rwanda, akurikiranyweho gushinjwa kuba yarakoranaga bya hafi na se Munyambuga J. Baptiste wayoboye komini Rukondo igihe kirekire bigatuma Abatutsi 100 000 bahasiga ubuzima mu bice binyuranye ndetse abandi bakaburirwa irengero kuko bagiye bajugunywa mu migezi nka Mwogo na Rukarara.

Twagiramungu w’imyaka 44 y’amavuko yari umwarimu mu ishuri ry’i Kaduha, ubushinjacyaha bukaba bwahise butangaza ko bumurega ibyaha birimo icya Jenoside n’icyo kurimbura imbaga.

Dr Bizimana mu itagazo yashyize ahagaragara, avuga ko Twagiramungu ashinjwa kugira uruhare mu rupfu rw’Abatutsi basaga 45 000 kuri Paruwasi Gatulika ya Kaduha n’abagera ku 35 000 muri Cyanika.

Ashinjwa kandi kugira uruhare mu rupfu rw’Abatutsi kuri Paruwasi Gatulika ya Mbazi n’iya Kirambi no ku rusengero rwa ADEPR ya Maheresho haguye abagera ku 10 000.

Si Twagiramungu Jean woherejwe n’ubutabera bw’u Budage gusa kuko CNLG yanashimiye u Budage ku manza bwaburanishirijeyo harimo urwa Rwabukombe Onesphore wari Burugumesitiri wa Komini Muvumba, yahamijwe ibyaha bya Jenoside akatirwa gufungwa burundu ku wa 29 Ukuboza 2015 n’Urukiko rw’Ubujurire rwa Francfort.

-7708.jpg

Dr Bizimana Jean Damascene, Umunyamabanga Nshingwabikorwa wa CNLG (Gisubizo G.)

Hanaburanishirijweyo urubanza rwa Murwanashyaka Ignace na Musoni Straton bari abayobozi ba FDLR ku wa 28 Nzeri 2015 umwe akatirwa gufungwa imyaka 13, undi umunani. CNLG isaba ubutabera bw’u Budage gukomeza kohereza n’abandi bakihisheyo, isaba n’ibindi bihugu birimo u Bufaransa n’u Bwongereza kuyireberaho.

Dr Bizimana atangaza ko kuva kera Perefegitura ya Gikongoro yahuye n’iyicwa ry’Abatutsi rya hato na hato. Mu kwezi k’Ukuboza 1963 honyine, Abatutsi basaga 20 000 bishwe mu byumweru bibiri gusa.

Ijambo «Jenoside» ryakoreshejwe muri icyo gihe n’impuguke zirimo umushakashatsi w’Umwongereza Bertrand Russel, abatangabuhamya b’abanyamahanga bari mu Rwanda icyo gihe barimo umushakashatsi ku mibereho y’abantu w’Umubiligi Luc De Heusch n’Umusuwisi Denis-Gilles Vuillemin wakoreraga UNESCO mu Rwanda.

Ibitangazamakuru mpuzamahanga birimo Radiyo Mpuzamahanga y’Abafaransa (RFI) na Radiyo Vatican zavuze ko ubwo bwicanyi ari «Jenoside iteye ubwoba ikozwe mu buryo buteguye nyuma y’itsembatsemba ry’Abayahudi mu 1945 ».

-7709.jpg

Aha, Twagiramungu Jean yari agejejwe ku kibuga mpuzamahanga cy’indege cya Kigali

Ibihugu nk’u Bwongereza cyahakanye kohereza mu Rwanda abakurikiranyweho Jenoside barimo Célestin Ugirashebuja, Charles Munyaneza, Vincent Bajinya, Emmanuel Nteziryayo na Célestin Mutabaruka mu gihe u Bufaransa bwo bwanze kohereza Agathe Kanziga Habyarimana, Callixte Mbarushimana, Padiri Wenceslas Munyeshyaka, Padiri Marcel Hitayezu, Colonel Laurent Serubuga, Colonel Marcel Bivugabagabo, Dr Eugène Rwamucyo, Dr Sosthène Munyemana, Hyacinthe Rafiki-Nsengiyumva, Isaac Kamali, Claude Muhayimana, Claver Kamana, Innocent Musabyimana, Joseph Habyarimana, Venuste Nyombayire, Pierre Tegera, Charles Twagira, Paul Kanyamihigo, Fabien Neretse, Manassé Bigwenzare, Enock Kayondo.

2017-08-22
Editorial

IZINDI NKURU

Sean Penn wahoze ari umugabo wa Madonna yitabiriye ibirori byo Kwita Izina

Sean Penn wahoze ari umugabo wa Madonna yitabiriye ibirori byo Kwita Izina

Editorial 01 Sep 2017
Nyuma yo gutandukana na Young SC yo muri Tanzania, Haruna Niyonzima yongeye gusinyira ikipe ya AS Kigali yigeze gukinira

Nyuma yo gutandukana na Young SC yo muri Tanzania, Haruna Niyonzima yongeye gusinyira ikipe ya AS Kigali yigeze gukinira

Editorial 30 Jul 2021
Rusizi: Abantu Bataramenyekana Barashe Abaturage Babiri

Rusizi: Abantu Bataramenyekana Barashe Abaturage Babiri

Editorial 11 Jun 2018
Teta Diana bakwizaga Impuha ko afunze  ni umwe mu bahanzi bazaririmba mu birori bya Rwanda Day bigiye kubera mu Bubiligi

Teta Diana bakwizaga Impuha ko afunze ni umwe mu bahanzi bazaririmba mu birori bya Rwanda Day bigiye kubera mu Bubiligi

Editorial 09 Jun 2017

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Polisi yabeshyuje iby’itabwa muri yombi ry’umugandekazi wari muri RwandAir
ITOHOZA

Polisi yabeshyuje iby’itabwa muri yombi ry’umugandekazi wari muri RwandAir

Editorial 14 Oct 2017
Umuryango wa Gasana Eugène Richard, umuyoboke ukomeye w’umutwe w’iterabwoba, RNC, baramushishikariza kuva mu buyobe agasaba imbabazi u Rwanda n’Abanyarwanda
Amakuru

Umuryango wa Gasana Eugène Richard, umuyoboke ukomeye w’umutwe w’iterabwoba, RNC, baramushishikariza kuva mu buyobe agasaba imbabazi u Rwanda n’Abanyarwanda

Editorial 05 Dec 2020
Ijambo rya Perezida Kagame yagejeje  kubitabiriye ‘ Vibrant Gujarat Summit’
POLITIKI

Ijambo rya Perezida Kagame yagejeje kubitabiriye ‘ Vibrant Gujarat Summit’

Editorial 11 Jan 2017

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru