• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Urukiko rwanzuye ko Nyuma y’imyaka 18, iperereza kuri Agathe Kanziga rigiye gukomeza   |   06 May 2026

  • Umukinnyi mwiza wa w’umwaka wa BK PRO LEAGUE azegukana imodoka ya miliyoni 15 Frw, Uko ibihembo bizatangwa   |   06 May 2026

  • Perezida Kagame yashimye Arsenal FC yageze ku mukino wa nyuma wa UEFA Champions League   |   05 May 2026

  • Al Ahly SC yegukanye CAVB Men’s Club Championship 2026, Police VC na REG zegukana imidali yo ku rwego rwa Afurika i Kigali   |   03 May 2026

  • POLICE VC yanditse amateka, ihurira na Al Ahly SC ku mukino wa nyuma wa CAVB Men’s Club Championship 2026   |   02 May 2026

  • Amakipe ya Police, APR, REG na Kepler VC ahagaririye u Rwanda muri shampiyona Nyafurika iri kubera I Kigali yageze muri 1/8 cy’iri rushanwa   |   28 Apr 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Rwanda»CNLG irashima u Budage bwohereje Twagiramungu mu Rwanda

CNLG irashima u Budage bwohereje Twagiramungu mu Rwanda

Ubwanditsi 22 Aug 2017 Mu Rwanda

Komisiyo y’Igihugu ishinzwe kurwanya Jenoside (CNLG) irashima u Budage bwafashe umwanzuro wo kohereza mu Rwanda Umunyarwanda Twagiramungu Jean ukekwaho kugira uruhare muri Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994, mu rupfu rw’Abatutsi 100 000 biciwe mu cyahoze ari perefegitura ya Gikongoro.

Nyuma y’amasezerano mpuzamahanga yo ku wa 09 Ukuboza 1948 agamije gukumira no kurwanya Jenoside ndetse agategeka buri gihugu kuburanisha no kohereza abayigizemo uruhare babarizwa ku butaka bwabyo mu gihugu bayikoreyemo, ubutabera bw’u Budage ku wa 18 Kanama 2017 bwamaze kohereza mu Rwanda uwitwa Twagiramungu Jean ukurikiranyweho kugira uruhare muri Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994.
-7710.jpg

Umunyamabanga Nshingwabikorwa wa CNLG, Dr Bizimana Jean Damascene, avuga ko nyuma y’ibimenyetso byakusanyijwe byerekana ko Twagiramungu Jean yakoranye n’abateguye Jenoside mu cyahoze ari komini Karambo, Rukondo, Kinyamakara, Nyamagabe na Musange ku bufatanye n’uwari Superefe Hategekimana Joachim na Ntegeyintwari Joseph, Ngezahayo Desiré wayoboraga komini Karama, Munyaneza Charles wayoboraga Kinyamakara na Semakwavu Felicien wayoboraga komini Nyamagabe.

Mu bimenyetso bigaragaza uruhare rwa Twagiramungu muri Jenoside yakorewe Abatutsi mu Rwanda, akurikiranyweho gushinjwa kuba yarakoranaga bya hafi na se Munyambuga J. Baptiste wayoboye komini Rukondo igihe kirekire bigatuma Abatutsi 100 000 bahasiga ubuzima mu bice binyuranye ndetse abandi bakaburirwa irengero kuko bagiye bajugunywa mu migezi nka Mwogo na Rukarara.

Twagiramungu w’imyaka 44 y’amavuko yari umwarimu mu ishuri ry’i Kaduha, ubushinjacyaha bukaba bwahise butangaza ko bumurega ibyaha birimo icya Jenoside n’icyo kurimbura imbaga.

Dr Bizimana mu itagazo yashyize ahagaragara, avuga ko Twagiramungu ashinjwa kugira uruhare mu rupfu rw’Abatutsi basaga 45 000 kuri Paruwasi Gatulika ya Kaduha n’abagera ku 35 000 muri Cyanika.

Ashinjwa kandi kugira uruhare mu rupfu rw’Abatutsi kuri Paruwasi Gatulika ya Mbazi n’iya Kirambi no ku rusengero rwa ADEPR ya Maheresho haguye abagera ku 10 000.

Si Twagiramungu Jean woherejwe n’ubutabera bw’u Budage gusa kuko CNLG yanashimiye u Budage ku manza bwaburanishirijeyo harimo urwa Rwabukombe Onesphore wari Burugumesitiri wa Komini Muvumba, yahamijwe ibyaha bya Jenoside akatirwa gufungwa burundu ku wa 29 Ukuboza 2015 n’Urukiko rw’Ubujurire rwa Francfort.

-7708.jpg

Dr Bizimana Jean Damascene, Umunyamabanga Nshingwabikorwa wa CNLG (Gisubizo G.)

Hanaburanishirijweyo urubanza rwa Murwanashyaka Ignace na Musoni Straton bari abayobozi ba FDLR ku wa 28 Nzeri 2015 umwe akatirwa gufungwa imyaka 13, undi umunani. CNLG isaba ubutabera bw’u Budage gukomeza kohereza n’abandi bakihisheyo, isaba n’ibindi bihugu birimo u Bufaransa n’u Bwongereza kuyireberaho.

Dr Bizimana atangaza ko kuva kera Perefegitura ya Gikongoro yahuye n’iyicwa ry’Abatutsi rya hato na hato. Mu kwezi k’Ukuboza 1963 honyine, Abatutsi basaga 20 000 bishwe mu byumweru bibiri gusa.

Ijambo «Jenoside» ryakoreshejwe muri icyo gihe n’impuguke zirimo umushakashatsi w’Umwongereza Bertrand Russel, abatangabuhamya b’abanyamahanga bari mu Rwanda icyo gihe barimo umushakashatsi ku mibereho y’abantu w’Umubiligi Luc De Heusch n’Umusuwisi Denis-Gilles Vuillemin wakoreraga UNESCO mu Rwanda.

Ibitangazamakuru mpuzamahanga birimo Radiyo Mpuzamahanga y’Abafaransa (RFI) na Radiyo Vatican zavuze ko ubwo bwicanyi ari «Jenoside iteye ubwoba ikozwe mu buryo buteguye nyuma y’itsembatsemba ry’Abayahudi mu 1945 ».

-7709.jpg

Aha, Twagiramungu Jean yari agejejwe ku kibuga mpuzamahanga cy’indege cya Kigali

Ibihugu nk’u Bwongereza cyahakanye kohereza mu Rwanda abakurikiranyweho Jenoside barimo Célestin Ugirashebuja, Charles Munyaneza, Vincent Bajinya, Emmanuel Nteziryayo na Célestin Mutabaruka mu gihe u Bufaransa bwo bwanze kohereza Agathe Kanziga Habyarimana, Callixte Mbarushimana, Padiri Wenceslas Munyeshyaka, Padiri Marcel Hitayezu, Colonel Laurent Serubuga, Colonel Marcel Bivugabagabo, Dr Eugène Rwamucyo, Dr Sosthène Munyemana, Hyacinthe Rafiki-Nsengiyumva, Isaac Kamali, Claude Muhayimana, Claver Kamana, Innocent Musabyimana, Joseph Habyarimana, Venuste Nyombayire, Pierre Tegera, Charles Twagira, Paul Kanyamihigo, Fabien Neretse, Manassé Bigwenzare, Enock Kayondo.

2017-08-22
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Polisi y’u Rwanda yashyizwe ku mwanya wa kabiri muri Afurika, n’uwa 50 ku Isi mu zihagazeho

Polisi y’u Rwanda yashyizwe ku mwanya wa kabiri muri Afurika, n’uwa 50 ku Isi mu zihagazeho

Ubwanditsi 09 Nov 2017
Chairman Yazanye ikarita itariho ubwoko, idini n’indeshyo – “Dr. Sabin Nsanzimana”

Chairman Yazanye ikarita itariho ubwoko, idini n’indeshyo – “Dr. Sabin Nsanzimana”

Ubwanditsi 30 Jun 2024
Gushima no kwishimira ibyagezweho

Gushima no kwishimira ibyagezweho

Ubwanditsi 18 May 2017
Ibaruwa ifunguye urugaga rw’abahanzi Nyarwanda rwandikiye Minisitiri Nyirasafari Esperance wa MINISPOC

Ibaruwa ifunguye urugaga rw’abahanzi Nyarwanda rwandikiye Minisitiri Nyirasafari Esperance wa MINISPOC

Ubwanditsi 21 Oct 2018

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Simon Pellaud atwaye agace ka Nyanza-Rubavu yambura Maillot Jaune Areruya Joseph
IMIKINO

Simon Pellaud atwaye agace ka Nyanza-Rubavu yambura Maillot Jaune Areruya Joseph

Ubwanditsi 14 Nov 2017
Uburwayi bwatumye Uwayezu Jean Fidèle ahagarika kuyobora umuryango wa Rayon Sports
Amakuru

Uburwayi bwatumye Uwayezu Jean Fidèle ahagarika kuyobora umuryango wa Rayon Sports

Ubwanditsi 13 Sep 2024
Abamotari, abanyonzi n’abanyeshuri bashyizeho amahuriro atandatu  yo kurwanya ibyaha
Mu Mahanga

Abamotari, abanyonzi n’abanyeshuri bashyizeho amahuriro atandatu yo kurwanya ibyaha

Ubwanditsi 10 Jun 2016

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru