• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Kiyovu SC na Gasogi United mu makipe yatangiye gutandukana nabakinnyi babo bitegura 2023-2024   |   08 Jun 2023

  • Ese ntihaba hari umugambi wo gukingira ikibaba abajenosideri, ngo bazapfe cyangwa bazafatwe bashaje cyane, bityo bibe impamvu yo kutababuranisha?   |   07 Jun 2023

  • INGINGO Z’INGENZI Z’IMPAMVU YO GUSABA GUHINDUZA AMAZINA   |   07 Jun 2023

  • Munyantwari Alphonse niwe mukandida rukumbi wa Perezida wa FERWAFA, Gacinya na Murangwa mubatemerewe kwiyamamaza   |   06 Jun 2023

  • Shema Fabrice wayoboraga AS Kigali yasezeye kuyobora iyi kipe   |   05 Jun 2023

  • Rayon sports yegukanye igikombe cy’Amahoro itsinze APR FC 1-0, yegukana Miliyoni 10Frw   |   03 Jun 2023

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Rwanda»CNLG irashima u Budage bwohereje Twagiramungu mu Rwanda

CNLG irashima u Budage bwohereje Twagiramungu mu Rwanda

Editorial 22 Aug 2017 Mu Rwanda

Komisiyo y’Igihugu ishinzwe kurwanya Jenoside (CNLG) irashima u Budage bwafashe umwanzuro wo kohereza mu Rwanda Umunyarwanda Twagiramungu Jean ukekwaho kugira uruhare muri Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994, mu rupfu rw’Abatutsi 100 000 biciwe mu cyahoze ari perefegitura ya Gikongoro.

Nyuma y’amasezerano mpuzamahanga yo ku wa 09 Ukuboza 1948 agamije gukumira no kurwanya Jenoside ndetse agategeka buri gihugu kuburanisha no kohereza abayigizemo uruhare babarizwa ku butaka bwabyo mu gihugu bayikoreyemo, ubutabera bw’u Budage ku wa 18 Kanama 2017 bwamaze kohereza mu Rwanda uwitwa Twagiramungu Jean ukurikiranyweho kugira uruhare muri Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994.
-7710.jpg

Umunyamabanga Nshingwabikorwa wa CNLG, Dr Bizimana Jean Damascene, avuga ko nyuma y’ibimenyetso byakusanyijwe byerekana ko Twagiramungu Jean yakoranye n’abateguye Jenoside mu cyahoze ari komini Karambo, Rukondo, Kinyamakara, Nyamagabe na Musange ku bufatanye n’uwari Superefe Hategekimana Joachim na Ntegeyintwari Joseph, Ngezahayo Desiré wayoboraga komini Karama, Munyaneza Charles wayoboraga Kinyamakara na Semakwavu Felicien wayoboraga komini Nyamagabe.

Mu bimenyetso bigaragaza uruhare rwa Twagiramungu muri Jenoside yakorewe Abatutsi mu Rwanda, akurikiranyweho gushinjwa kuba yarakoranaga bya hafi na se Munyambuga J. Baptiste wayoboye komini Rukondo igihe kirekire bigatuma Abatutsi 100 000 bahasiga ubuzima mu bice binyuranye ndetse abandi bakaburirwa irengero kuko bagiye bajugunywa mu migezi nka Mwogo na Rukarara.

Twagiramungu w’imyaka 44 y’amavuko yari umwarimu mu ishuri ry’i Kaduha, ubushinjacyaha bukaba bwahise butangaza ko bumurega ibyaha birimo icya Jenoside n’icyo kurimbura imbaga.

Dr Bizimana mu itagazo yashyize ahagaragara, avuga ko Twagiramungu ashinjwa kugira uruhare mu rupfu rw’Abatutsi basaga 45 000 kuri Paruwasi Gatulika ya Kaduha n’abagera ku 35 000 muri Cyanika.

Ashinjwa kandi kugira uruhare mu rupfu rw’Abatutsi kuri Paruwasi Gatulika ya Mbazi n’iya Kirambi no ku rusengero rwa ADEPR ya Maheresho haguye abagera ku 10 000.

Si Twagiramungu Jean woherejwe n’ubutabera bw’u Budage gusa kuko CNLG yanashimiye u Budage ku manza bwaburanishirijeyo harimo urwa Rwabukombe Onesphore wari Burugumesitiri wa Komini Muvumba, yahamijwe ibyaha bya Jenoside akatirwa gufungwa burundu ku wa 29 Ukuboza 2015 n’Urukiko rw’Ubujurire rwa Francfort.

-7708.jpg

Dr Bizimana Jean Damascene, Umunyamabanga Nshingwabikorwa wa CNLG (Gisubizo G.)

Hanaburanishirijweyo urubanza rwa Murwanashyaka Ignace na Musoni Straton bari abayobozi ba FDLR ku wa 28 Nzeri 2015 umwe akatirwa gufungwa imyaka 13, undi umunani. CNLG isaba ubutabera bw’u Budage gukomeza kohereza n’abandi bakihisheyo, isaba n’ibindi bihugu birimo u Bufaransa n’u Bwongereza kuyireberaho.

Dr Bizimana atangaza ko kuva kera Perefegitura ya Gikongoro yahuye n’iyicwa ry’Abatutsi rya hato na hato. Mu kwezi k’Ukuboza 1963 honyine, Abatutsi basaga 20 000 bishwe mu byumweru bibiri gusa.

Ijambo «Jenoside» ryakoreshejwe muri icyo gihe n’impuguke zirimo umushakashatsi w’Umwongereza Bertrand Russel, abatangabuhamya b’abanyamahanga bari mu Rwanda icyo gihe barimo umushakashatsi ku mibereho y’abantu w’Umubiligi Luc De Heusch n’Umusuwisi Denis-Gilles Vuillemin wakoreraga UNESCO mu Rwanda.

Ibitangazamakuru mpuzamahanga birimo Radiyo Mpuzamahanga y’Abafaransa (RFI) na Radiyo Vatican zavuze ko ubwo bwicanyi ari «Jenoside iteye ubwoba ikozwe mu buryo buteguye nyuma y’itsembatsemba ry’Abayahudi mu 1945 ».

-7709.jpg

Aha, Twagiramungu Jean yari agejejwe ku kibuga mpuzamahanga cy’indege cya Kigali

Ibihugu nk’u Bwongereza cyahakanye kohereza mu Rwanda abakurikiranyweho Jenoside barimo Célestin Ugirashebuja, Charles Munyaneza, Vincent Bajinya, Emmanuel Nteziryayo na Célestin Mutabaruka mu gihe u Bufaransa bwo bwanze kohereza Agathe Kanziga Habyarimana, Callixte Mbarushimana, Padiri Wenceslas Munyeshyaka, Padiri Marcel Hitayezu, Colonel Laurent Serubuga, Colonel Marcel Bivugabagabo, Dr Eugène Rwamucyo, Dr Sosthène Munyemana, Hyacinthe Rafiki-Nsengiyumva, Isaac Kamali, Claude Muhayimana, Claver Kamana, Innocent Musabyimana, Joseph Habyarimana, Venuste Nyombayire, Pierre Tegera, Charles Twagira, Paul Kanyamihigo, Fabien Neretse, Manassé Bigwenzare, Enock Kayondo.

2017-08-22
Editorial

IZINDI NKURU

Ikindi cyegeranyo ku ruhare rw’Ubufaransa muri Jenoside yakorewe Abatutsi kirashyirwa ahagaragara kuri uyu wa mbere tariki 19 Mata 2021

Ikindi cyegeranyo ku ruhare rw’Ubufaransa muri Jenoside yakorewe Abatutsi kirashyirwa ahagaragara kuri uyu wa mbere tariki 19 Mata 2021

Editorial 19 Apr 2021
Umukino wa APR FC na RSB Berkane uzayoborwa n’abasifuzi bakomoka mu gihugu cya Djibouti mu irushanwa rya CAF Confederations Cup

Umukino wa APR FC na RSB Berkane uzayoborwa n’abasifuzi bakomoka mu gihugu cya Djibouti mu irushanwa rya CAF Confederations Cup

Editorial 25 Nov 2021
Shyaka Gilbert akomeje kwambika ubusa abamushukaga ngo arwanye Leta

Shyaka Gilbert akomeje kwambika ubusa abamushukaga ngo arwanye Leta

Editorial 15 Feb 2022
Rayon Sports, APR FC na Police FC mu makipe yitwaye neza mu mikino ibanza ya 1/4 y’igikombe cy’Amahoro

Rayon Sports, APR FC na Police FC mu makipe yitwaye neza mu mikino ibanza ya 1/4 y’igikombe cy’Amahoro

Editorial 28 Apr 2022

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

INKURU ZAKUNZWE CYANE

Bimwe mu bimenyetso birakomeza gushimangira ko kugereka urupfu rwa Yuvenali Habyarimana kuri FPR-Inkotanyi ari ukuyobya uburari.

Bimwe mu bimenyetso birakomeza gushimangira ko kugereka urupfu rwa Yuvenali Habyarimana kuri FPR-Inkotanyi ari ukuyobya uburari.

21 Apr 2023
Umuhuza mu kibazo cya Kongo, Uhuru Kenyatta, arasaba ko umutwe wa M23 ushyikirana n’ubutegetsi bwicyo gihugu

Umuhuza mu kibazo cya Kongo, Uhuru Kenyatta, arasaba ko umutwe wa M23 ushyikirana n’ubutegetsi bwicyo gihugu

03 Apr 2023
Abantu nibareke kwitiranya igitutu na dipolomasi mu irekurwa rya Paul Rusesabagina

Abantu nibareke kwitiranya igitutu na dipolomasi mu irekurwa rya Paul Rusesabagina

30 Mar 2023
Abahinzi bo mu turere 13 bagiye gufashwa n’umushinga “Hinga wunguke uzabafasha kwiteza imbere ndetse no kwagurirwa isoko ry’umusaruro wabo

Abahinzi bo mu turere 13 bagiye gufashwa n’umushinga “Hinga wunguke uzabafasha kwiteza imbere ndetse no kwagurirwa isoko ry’umusaruro wabo

09 Mar 2023
Ruswa ikomeje guhagama bamwe mu Badepite bo mu Burayi.

Ruswa ikomeje guhagama bamwe mu Badepite bo mu Burayi.

03 Feb 2023

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Umuyobozi mukuru wungirije muri RDB, Nelly Mukazayire yahuye n’umuyobozi wa PSG Nasser Al-Khelaifi mu kwishimira umubano w’impande zombi

Umuyobozi mukuru wungirije muri RDB, Nelly Mukazayire yahuye n’umuyobozi wa PSG Nasser Al-Khelaifi mu kwishimira umubano w’impande zombi

01 Jun 2023
Samantha Power arifuza gutegeka Afrika nk’uko ategeka USAID yagize igikangisho.

Samantha Power arifuza gutegeka Afrika nk’uko ategeka USAID yagize igikangisho.

01 Jun 2023
Ruhango: Umuryango Twubake Ubumwe n’Ubwiyunge watanze Noheli ku barokotse Genocide yakorewe Abatutsi batishoboye

Ruhango: Umuryango Twubake Ubumwe n’Ubwiyunge watanze Noheli ku barokotse Genocide yakorewe Abatutsi batishoboye

23 Dec 2022
Ariko noneho ni akumiro. Mu itangazo rikubiyemo ingingo zivangavanze, abajenosideri bo muri FDLR ngo barashaka imishyikirano na Leta y’u Rwanda!

Ariko noneho ni akumiro. Mu itangazo rikubiyemo ingingo zivangavanze, abajenosideri bo muri FDLR ngo barashaka imishyikirano na Leta y’u Rwanda!

29 Nov 2022
Uhagarariye Kongo-Kinshasa muri LONI yavuze ko u Rwanda rwiba ingagi n’inguge zicyo gihugu mu nama yigaga ikibazo cy’intambara muri Ukraine

Uhagarariye Kongo-Kinshasa muri LONI yavuze ko u Rwanda rwiba ingagi n’inguge zicyo gihugu mu nama yigaga ikibazo cy’intambara muri Ukraine

13 Oct 2022
“Aho bagejeje batwangisha Inkotanyi niho ngeze nigisha ibyiza byazo” Rachel Mugorewase wakuwe mu mashyamba ya Kongo

“Aho bagejeje batwangisha Inkotanyi niho ngeze nigisha ibyiza byazo” Rachel Mugorewase wakuwe mu mashyamba ya Kongo

03 Oct 2022
Burya si buno, ibigarasha n’abajenosideri mubimenye: Ntimuzigera murusha ubwinshi n’imbaraga abahagurukiye kubaka uru Rwanda

Burya si buno, ibigarasha n’abajenosideri mubimenye: Ntimuzigera murusha ubwinshi n’imbaraga abahagurukiye kubaka uru Rwanda

03 Oct 2022

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru