• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Baker Byatsi yafungiwe ubujura imyaka ine afungurwa kuko yisiramuje nabi muri gereza bikamugwa nabi-Mushiki wa Byatsi byose yabivuze   |   28 May 2026

  • AMAFOTO – Mu mukino wakurikiwe na Perezida Kagame, RSSB Tigers BBC yageze ku mukino wa nyuma wa BAL 2026 itsinze AL Ahyly yo mu Misiri   |   28 May 2026

  • Stephen Constantine yatangaje urutonde rw’abakinnyi 24 bazifashishwa mu mikino ibiri ya gicuti mpuzamahanga izahuza u Rwanda na Comoros ndetse na Tanzania   |   27 May 2026

  • Agapfa kaburiwe ni impongo; Abagura Indaya bahawe imbuzi   |   27 May 2026

  • Ambassadeur Thérence Ntahiraja yemeje ko u Rwanda rugomba guterwa   |   27 May 2026

  • Rayon Sports yatsinze Bugesera FC yiyongerera amahirwe yo kuzahagararira u Rwanda mu mikino Nyafurika   |   26 May 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Rwanda»Ibaruwa ifunguye urugaga rw’abahanzi Nyarwanda rwandikiye Minisitiri Nyirasafari Esperance wa MINISPOC

Ibaruwa ifunguye urugaga rw’abahanzi Nyarwanda rwandikiye Minisitiri Nyirasafari Esperance wa MINISPOC

Ubwanditsi 21 Oct 2018 Mu Rwanda

Urugaga rw’abahanzi Nyarwanda (Rwanda Music Federation) rwandikiye Minisitiri Nyirasafari Esperance wahawe kuyobora Minisiteri y’Umuco na Siporo (MINISPOC) ibaruwa ifunguye, bamuha ikaze mu mirimo yahawe ariko kandi banamugaragariza ibibazo bikomeje gutsikamira iterambere ry’umuhanzi Nyarwanda.

Intore Tuyisenge Umuyobozi w’Urugaga rw’abahanzi Nyarwanda yabwiye Itangazamakuru  ko bahaye ikaze Minisitiri Nyirasafari Esperance uyoboye Minisiteri ifite abahanzi mu nshingano ariko kandi ngo hari ibyo bamusabye n’ibyo bamweretse bigikomeje gutsikamira iterambere ry’umuhanzi Nyarwanda ukeneye nawe kwambuka imipaka.

Mu ibarurwa Ubuyobozi bw’urugaga rw’abahanzi Nyarwanda bwanyujije ku rukuta rwa Instagram kuri uyu 20 Ukwakira 2018 batangiye baha ikaze Minisitiri Nyirasafari muri Minisiteri y’Umuco na Sipor (MINISPOC) aherutse guhabwa kuyobora, bavuga ko bamwitezeho ko ‘umuhanzi Nyarwanda azarushaho guhabwa agaciro agatungwa n’umwuga we’. Banditse bati :

Nyakubahwa Minister, murakaza neza muri MINISPOC ifite mu nshingano abahanzi umunsi ku munsi. Tubitezeho ko umuhanzi arushaho kugira agaciro agatungwa n’ibihangano bye! Leta y’u Rwanda ihora idushishikariza kwihangira umurimo no kuwunoza kandi nk’uko mubizi abahanzi iyo ntero twayikirije mu ba mbere.

Basabye Minisitiri Nyirasafari kubafasha bagatungwa n’umutungo wabo mu by’ubwenge nk’uko undi muntu wese ufite umurimo akora umutunze hano mu Rwanda. Bati “Tukaba tubasaba ko mudufasha amategeko arengera abahanzi yubahirizwe mu gihugu hose kuko igihangano cy’umuhanzi n’umutungo bwite we ugomba kumubeshaho nk’uko undi muntu ufite isambu, imodoka, inzu n’ibindi bimubeshaho.”

Muri iyi baruwa basabye kandi Minisitiri Nyirasafari gufasha abahanzi Nyarwanda kubona ibikorwaremezo bimufasha gukora akazi ke neza. Bati “Gufasha abahanzi kubona ibikorwaremezo biborohereza gukora akazi kabo Kinyamwuga.”

Urugaga rw’abahanzi Nyarwanda banasabye ko bafashwa bakabona isoko ryagutse ryo gucuruza ibihangano byabo. Banasabye ko abahanzi bakongererwa ubumenyi mu byo bakora, bakanaterwa inkunga kuko birya bakimara. Bagize bati “Gufasha abahanzi kubona uburyo bugezweho no kwagura isoko mu icuruzwa ry’ibihangano byabo. Kongerera ubumenyi abahanzi mu byo bakora mu buryo butandukanye. Gutera inkunga ibikorwa by’abahanzi kuko turakirya tukimara.”

Bisunze gahunda ya ‘Made in Rwanda’, Urugaga basabye ko umuhanzi Nyarwanda yajya ahabwa umwanya wa mbere mu birori ndetse n’ibitaramo bitegurwa n’inzego za Leta mu Rwanda. Bavuze ko aho bagiye batumirwa bagiye bahacana umucyo, icyirenze kuri ibyo ngo abahanzi b’abanyamahanga batumirwa ntibarusha abahanzi Nyarwanda gushimisha abitabiriye ibirori. Bati:

Muri Gahunda yo gukomeza guteza imbere ibikorerwa iwacu turabasaba ko mwadukorera ubuvugizi mu birori byateguwe cyane cyane n’inzego za Leta, abahanzi b’abanyarwanda bajye batekerezwa mu bambere kuko bashoboye. Nk’uko mubizi mwagiye munababona muri gahunda zitandukanye harimo n’amatora y’umukuru w’igihugu kandi umusaruro batanze ugaragarira buri wese.

Mu gihe kandi bibayengombwa ko n’umunyamahanga atumirwa. Turabasaba guhabwa agaciro kangana ku bahanzi bitabiriye ibikorwa byateguwe kuko usanga umunyamahanga ahembwa akubye inshuro 30 cyangwa zirenga ayo abanyarwanda bahembwa nyamara usanga abanyarwanda bamurushije gushimisha abitabiriye ibirori, hato batazakomeza kugira bati “Nta muhanzi wemerwa iwabo.

Basoje basaba Minisitiri Nyirasafari kubafasha ubushobozi bugenerwa abahanzi bukabonekera igihe, gushyigikira inzego z’abahanzi bahereye ku mahuriro (unions). Bijeje Minisitiri ‘ubufatanye mu kabaka u Rwanda rwifuzwa rufite abanyamuziki baruhagararira bakaruhesha ishema mu ruhando mpuzamahanga.”

Mubo iyi baruwa yagenewe harimo: Ikigo cy’igihugu gishinzwe iterambere (RDB), Inteko Nyarwanda y’Umuco n’Ururimi (RALC), Minisiteri y’Urubyiruko (MINIYOUTH), Ibiro bya Minisiteri w’Intebe w’u Rwanda (Primature Rwanda), Village Urugwiro ndetse na Perezida wa Repubulika y’u Rwanda, Paul Kagame.

Minisitiri Nyirasafari Esperance yahawe kuyobora Minisiteri y’Umuco na Siporo (MINISPOC) asimbuye Madamu Uwacu Julienne. Nyirasafari yari asanzwe ari Minisitiri w’uburinganire n’iterambere ry’umuryango (MIGEPROF).

2018-10-21
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Umugabo yasabye urukiko gutaburura Amafaranga yashyizwe mu mva y’umugabo wa Zari kubera ko hari Abantu bakennye bayakeneye

Umugabo yasabye urukiko gutaburura Amafaranga yashyizwe mu mva y’umugabo wa Zari kubera ko hari Abantu bakennye bayakeneye

Ubwanditsi 03 Jun 2017
Centrafurika: Abapolisi b’u Rwanda n’abaturage bigiye hamwe umuco wo kugira uruhare mu kwicungira umutekano no kwiteza imbere

Centrafurika: Abapolisi b’u Rwanda n’abaturage bigiye hamwe umuco wo kugira uruhare mu kwicungira umutekano no kwiteza imbere

Ubwanditsi 23 Nov 2016
Umugande Jackson Mayanja niwe wagizwe umutoza wa Sunrise FC asimbuye Hassan Muhire

Umugande Jackson Mayanja niwe wagizwe umutoza wa Sunrise FC asimbuye Hassan Muhire

Ubwanditsi 02 Nov 2023
Agapfa kaburiwe ni impongo; Abagura Indaya bahawe imbuzi

Agapfa kaburiwe ni impongo; Abagura Indaya bahawe imbuzi

RUSHYASHYA 27 May 2026

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Mushikiwabo yashimangiye ko u Rwanda rurambiwe kugaraguzwa agati n’u Bufaransa
Mu Rwanda

Mushikiwabo yashimangiye ko u Rwanda rurambiwe kugaraguzwa agati n’u Bufaransa

Ubwanditsi 11 Oct 2017
Ribara uwariraye, La Forge Bazeye Fils wari umuvugizi wa FDLR yavuze uburyo yagejejwe mu Rwanda
Amakuru

Ribara uwariraye, La Forge Bazeye Fils wari umuvugizi wa FDLR yavuze uburyo yagejejwe mu Rwanda

Ubwanditsi 07 Dec 2021
Impungenge z’umutekano wacu zishingiye ku gukomeza kubaho kwa FDLR n’ingengabitekerezo yayo y’ubutagondwa
Amakuru

Impungenge z’umutekano wacu zishingiye ku gukomeza kubaho kwa FDLR n’ingengabitekerezo yayo y’ubutagondwa

RUSHYASHYA 06 Mar 2026

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru