• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Ndi gupfa ndeba- Luvumbu yashinje Leta ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo kumutererana nyuma yo kuva mu Rwanda   |   21 Aug 2026

  • Dr. Bahati Bernard yavuze ko mu mwaka w’amashuri wa 2025/26 abanyeshuri bakoze ikizamini cya Leta gisoza amashuri abanza batsinze ku rugero rwa 88,21%   |   20 Aug 2026

  • Ikibazo cy’Ubuzima n’Umutekano muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Kongo, iki gihugu cyambuwe kwakira Shampiyona Nyafurika ya Volleyball y’Abagabo 2026   |   20 Aug 2026

  • Etienne Gatanazi akura gakiza ki mu kuba umuzindaro w’interahamwe?   |   20 Aug 2026

  • Rimwe mu makosa Leta ya Ndayishimiye izicuza ni ukuba yaragennye Edouard Bizimana nka Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga; Nininahazwe Pacifique   |   18 Aug 2026

  • FERWAFA yemeje ko Super Cup 2026 izakinwa n’amakipe ane atarimo APR FC yasimbujwe Mukura VS   |   18 Aug 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Rwanda»Min. Ndimubanzi yatunguwe no kumva ikibazo cy’ibiryo bihabwa abarwayi bo muri Faisal

Min. Ndimubanzi yatunguwe no kumva ikibazo cy’ibiryo bihabwa abarwayi bo muri Faisal

Ubwanditsi 20 Jun 2017 Mu Rwanda

Ubwo Umunyamabanga wa Leta muri MINISANTE, Ndimubanzi Patrick yaganiraga na Komisiyo y’Imibereho myiza y’abaturage mu Nteko Ishinga Amategeko, yatunguwe no kumva ko ku bitaro byitiriwe Umwami Faisal hari ikibazo cy’ibiryo.

Ubusanzwe muri ibi bitaro iyo umurwayi aharwariye ntabwo umuryango we uba wemerewe kumugemurira kuko hari igikoni gitekera abarwayi bose, amafaranga akazishyurwa umurwayi asohotse mu bitaro.

Depite Kalinijabo Barthelmy yavuze ko muri Faisal abarwayi babona amafunguro ya mu gitondo saa yine, nyuma y’isaha imwe ifunguro rya saa sita rikaba riraje, kandi ngo n’ibiryo bagaburirwa bikaba bikemangwa.

Depite Kalinijabo yagize ati “Dushima serivisi itangirwa kuri faisal hari indwara nyinshi zidashobora kuvurwa mu bindi bitaro bisanzwe ariko hari ibindi binengwa kuri Faisal nagira ngo mbaze niba mubizi. Cyane cyane mu bijyanye n’imirire, ubundi umuntu ugiye kwa muganga aba agomba kwitabwaho by’umwihariko ariko abajya kuri Faisal baracyanenga imirire y’abarwayi baho ndetse n’amasaha baboneraho ibibatunga kandi umurwayi aba agomba kubungwabungwa, nagira ngo mbaze niba ayo makuru mwaba muyafite, mubaye mutayafite mwabikurikirana kugira ngo iyo serivisi ihabwa abantu bagana kuri Faisal n’ibindi bikwiye kunozwa bikorwe kuko hari ibitaranozwa.”

Ndimubanzi wabaye nk’utungurwa n’iki kibazo na kuko ari umwe mu bagize komite ireberera ibi bitaro, yavuze ko agiye kugikurikirana mu maguru mashya, ati “ibya Faisal ntabwo nari mbizi, kandi mba muri komite ireberera Faisal, ikibazo cy’ibiryo rwose ntabwo kigeze kigaragazwa. Muri iyi minsi twarebaga uko bavura abarwayi niba bakiza, usanga ahanini nta kintu cyahindutse ku barwayi n’ibyo bavura. Ibiryo ni bibi se? Cyangwa ni uko bitazira igihe?”

Umudepite umwe yahise amusobanurira ko ibiryo bya mugitondo bigera ku murwayi saa yine, aho hari n’ibiryo bihabwa abarwayi batabishoboye.

Ndimubanzi yavuze ko agiye kuganira n’ubuyobozi ku buryo serivisi zitangwa zirushaho kuba nziza kandi buri murwayi ajye abazwa ifunguro ashaka aho kubikora muri rusange.

Tariki ya 7 Gashyantare 2017 ibitaro byitiriwe Umwami Faisal byeguriwe abikorera ngo baba ari bo babicunga, aho MINISANTE yabishyikirije Umuyobozi Mukuru wa Oshen Health Care Rwanda Ltd, Carlos Malet.

-7006.jpg

Muri Mata 2016 ni bwo Guverinoma y’ u Rwanda n’Ikigo Oshen Health Care Rwanda Ltd gishamikiye kuri Oshen Group, basinyanye amasezerano y’igihe kirekire aha ububasha iki kigo bwo gucunga ibitaro byitiriwe Umwami Faisal ariko bikazaguma ari ibya Leta.

2017-06-20
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

IMITWE IRAGWIRA : Umugabo yapfiriye mu isanduku y’abapfu ashutswe na pasiteri

IMITWE IRAGWIRA : Umugabo yapfiriye mu isanduku y’abapfu ashutswe na pasiteri

Ubwanditsi 09 Apr 2017

Nyuma yo gusezerera Sudani y’Amajyepfo kuri mpaga, Amavubi y’abagore batarengeje imyaka 20 iritegura gukina na Ethiopia mu ijonjora rya 2 mu gushaka itike y’Igikombe cy’isi kizabera muri Costa Rica 2022

Ubwanditsi 22 Sep 2021
Amakipe ya Police, APR, REG na Kepler VC ahagaririye u Rwanda muri shampiyona Nyafurika iri kubera I Kigali yageze muri 1/8 cy’iri rushanwa

Amakipe ya Police, APR, REG na Kepler VC ahagaririye u Rwanda muri shampiyona Nyafurika iri kubera I Kigali yageze muri 1/8 cy’iri rushanwa

RUSHYASHYA 28 Apr 2026
Amatora mu Rwanda ararimbanyije na Chairman Paul Kagame n’umuryango we basoje

Amatora mu Rwanda ararimbanyije na Chairman Paul Kagame n’umuryango we basoje

Ubwanditsi 15 Jul 2024

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Kibeho: Amacumbi n’ibyo kurya  birabona umugabo bigasiba undi
Mu Rwanda

Kibeho: Amacumbi n’ibyo kurya birabona umugabo bigasiba undi

Ubwanditsi 14 Aug 2017
Abanyarwanda benshi ntabwo bazi ko hari Ibihugu bemerewe kujyamo badasabwe Viza Dore urutonde rwabyo
Mu Rwanda

Abanyarwanda benshi ntabwo bazi ko hari Ibihugu bemerewe kujyamo badasabwe Viza Dore urutonde rwabyo

Ubwanditsi 25 Aug 2017
Umubiligi Ivan Jack Minaert yatangije imyitozo mu ikipe ya Gorilla FC iheruka gutandukana na Gatera Mussa
Amakuru

Umubiligi Ivan Jack Minaert yatangije imyitozo mu ikipe ya Gorilla FC iheruka gutandukana na Gatera Mussa

Ubwanditsi 20 Feb 2024

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Polisi y’u Rwanda Irakangurira Abanyatubari kongera gusubira ku muco wo gufunga bakurikije amasaha yagenwe

Polisi y’u Rwanda Irakangurira Abanyatubari kongera gusubira ku muco wo gufunga bakurikije amasaha yagenwe

05 Aug 2026
Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

01 Aug 2026
Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru