• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Baker Byatsi yafungiwe ubujura imyaka ine afungurwa kuko yisiramuje nabi muri gereza bikamugwa nabi-Mushiki wa Byatsi byose yabivuze   |   28 May 2026

  • AMAFOTO – Mu mukino wakurikiwe na Perezida Kagame, RSSB Tigers BBC yageze ku mukino wa nyuma wa BAL 2026 itsinze AL Ahyly yo mu Misiri   |   28 May 2026

  • Stephen Constantine yatangaje urutonde rw’abakinnyi 24 bazifashishwa mu mikino ibiri ya gicuti mpuzamahanga izahuza u Rwanda na Comoros ndetse na Tanzania   |   27 May 2026

  • Ambassadeur Thérence Ntahiraja yemeje ko u Rwanda rugomba guterwa   |   27 May 2026

  • Rayon Sports yatsinze Bugesera FC yiyongerera amahirwe yo kuzahagararira u Rwanda mu mikino Nyafurika   |   26 May 2026

  • Nyuma y’imyaka irindwi, APR VC yegukanye Igikombe cya Memorial Rutsindura itsinze REG VC ku mukino wa nyuma   |   26 May 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Rwanda»Min. Ndimubanzi yatunguwe no kumva ikibazo cy’ibiryo bihabwa abarwayi bo muri Faisal

Min. Ndimubanzi yatunguwe no kumva ikibazo cy’ibiryo bihabwa abarwayi bo muri Faisal

Ubwanditsi 20 Jun 2017 Mu Rwanda

Ubwo Umunyamabanga wa Leta muri MINISANTE, Ndimubanzi Patrick yaganiraga na Komisiyo y’Imibereho myiza y’abaturage mu Nteko Ishinga Amategeko, yatunguwe no kumva ko ku bitaro byitiriwe Umwami Faisal hari ikibazo cy’ibiryo.

Ubusanzwe muri ibi bitaro iyo umurwayi aharwariye ntabwo umuryango we uba wemerewe kumugemurira kuko hari igikoni gitekera abarwayi bose, amafaranga akazishyurwa umurwayi asohotse mu bitaro.

Depite Kalinijabo Barthelmy yavuze ko muri Faisal abarwayi babona amafunguro ya mu gitondo saa yine, nyuma y’isaha imwe ifunguro rya saa sita rikaba riraje, kandi ngo n’ibiryo bagaburirwa bikaba bikemangwa.

Depite Kalinijabo yagize ati “Dushima serivisi itangirwa kuri faisal hari indwara nyinshi zidashobora kuvurwa mu bindi bitaro bisanzwe ariko hari ibindi binengwa kuri Faisal nagira ngo mbaze niba mubizi. Cyane cyane mu bijyanye n’imirire, ubundi umuntu ugiye kwa muganga aba agomba kwitabwaho by’umwihariko ariko abajya kuri Faisal baracyanenga imirire y’abarwayi baho ndetse n’amasaha baboneraho ibibatunga kandi umurwayi aba agomba kubungwabungwa, nagira ngo mbaze niba ayo makuru mwaba muyafite, mubaye mutayafite mwabikurikirana kugira ngo iyo serivisi ihabwa abantu bagana kuri Faisal n’ibindi bikwiye kunozwa bikorwe kuko hari ibitaranozwa.”

Ndimubanzi wabaye nk’utungurwa n’iki kibazo na kuko ari umwe mu bagize komite ireberera ibi bitaro, yavuze ko agiye kugikurikirana mu maguru mashya, ati “ibya Faisal ntabwo nari mbizi, kandi mba muri komite ireberera Faisal, ikibazo cy’ibiryo rwose ntabwo kigeze kigaragazwa. Muri iyi minsi twarebaga uko bavura abarwayi niba bakiza, usanga ahanini nta kintu cyahindutse ku barwayi n’ibyo bavura. Ibiryo ni bibi se? Cyangwa ni uko bitazira igihe?”

Umudepite umwe yahise amusobanurira ko ibiryo bya mugitondo bigera ku murwayi saa yine, aho hari n’ibiryo bihabwa abarwayi batabishoboye.

Ndimubanzi yavuze ko agiye kuganira n’ubuyobozi ku buryo serivisi zitangwa zirushaho kuba nziza kandi buri murwayi ajye abazwa ifunguro ashaka aho kubikora muri rusange.

Tariki ya 7 Gashyantare 2017 ibitaro byitiriwe Umwami Faisal byeguriwe abikorera ngo baba ari bo babicunga, aho MINISANTE yabishyikirije Umuyobozi Mukuru wa Oshen Health Care Rwanda Ltd, Carlos Malet.

-7006.jpg

Muri Mata 2016 ni bwo Guverinoma y’ u Rwanda n’Ikigo Oshen Health Care Rwanda Ltd gishamikiye kuri Oshen Group, basinyanye amasezerano y’igihe kirekire aha ububasha iki kigo bwo gucunga ibitaro byitiriwe Umwami Faisal ariko bikazaguma ari ibya Leta.

2017-06-20
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Ibyemezo by’Inama y’Abaminsitiri idasanzwe yo ku wa 26 Gicurasi 2017

Ibyemezo by’Inama y’Abaminsitiri idasanzwe yo ku wa 26 Gicurasi 2017

Ubwanditsi 30 May 2017
Abandi basirikare 140 ba RDF boherejwe mu butumwa bw’amahoro muri Centrafrique

Abandi basirikare 140 ba RDF boherejwe mu butumwa bw’amahoro muri Centrafrique

Ubwanditsi 26 Sep 2017
Ibitekerezo bya Ange Kagame ku ruhare rw’urubyiruko mu guhashya icyorezo cya Sida

Ibitekerezo bya Ange Kagame ku ruhare rw’urubyiruko mu guhashya icyorezo cya Sida

Ubwanditsi 13 Mar 2017
“Smart Africa”, u Rwanda na Gabon byakuyeho amananiza mu bijyanye no guhamagarana

“Smart Africa”, u Rwanda na Gabon byakuyeho amananiza mu bijyanye no guhamagarana

Ubwanditsi 21 Jul 2016

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Nyuma yo gukora ibara, agafata ku ngufu umwana yibyariye w’imyaka 15 yasinze, Sergeant Major Robert Kabera yahise ahungira muri Uganda inzoga zimushizemo
Amakuru

Nyuma yo gukora ibara, agafata ku ngufu umwana yibyariye w’imyaka 15 yasinze, Sergeant Major Robert Kabera yahise ahungira muri Uganda inzoga zimushizemo

Ubwanditsi 23 Nov 2020
Munezero Valentine afatanyije na Mukandayisenga Benitha begukanye irushanwa rya Beach Volleyball
Amakuru

Munezero Valentine afatanyije na Mukandayisenga Benitha begukanye irushanwa rya Beach Volleyball

Ubwanditsi 16 Jun 2025
Gatabazi na Bamporiki bagororewe
Mu Rwanda

Gatabazi na Bamporiki bagororewe

Ubwanditsi 31 Aug 2017

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru