• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Callixte Nsabimana yahaye ubutumwa bwihariye ibigarasha cyane cyane abizera igisambo Kayumba Nyamwasa   |   27 May 2022

  • Aho gusubiza impamvu bakorana na FDLR mu guhungabanya umutekano w’u Rwanda, abanyekongo barahunga ibibazo byabo bwite bakabigereka ku Rwanda.   |   27 May 2022

  • Uretse isoni nke, Tewojeni Rudasingwa atinyuka ate kuvuga mu bantu, azi ubujura yasize akoze mu Rwanda?    |   27 May 2022

  • FERWABA yasinyanye amasezerano y’ubufatanye na NBA Africa agamije guteza imbere umukino w’intoki wa Basketball   |   26 May 2022

  • PSG Academy Rwanda yageze i Kigali izanye igikombe cy’Isi, Zamalek yaraye itsinzwe muri BAL 2022, abasiganwa ku magare baritegura kwerekeza muri Cameroon   |   26 May 2022

  • Amafoto- Amavubi yatangiye umwiherero bitegura imikino yo gushaka itike y’igikombe cya Afurika 2023   |   25 May 2022

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Rwanda»Gatabazi na Bamporiki bagororewe

Gatabazi na Bamporiki bagororewe

Editorial 31 Aug 2017 Mu Rwanda

Perezida wa Repubulika Paul Kagame yakoze impinduka muri Guverinoma nshya aho Yagororeye bamwe mu bamufashije mu gihe cyo kwiyamamaza barimo Hon. Gatabazi JMV na Hon. Edouard Bamporiki.

Gatabazi JMV wari Umudepite yagizwe Guverineri w’Intara y’Amajyaruguru asimbuye Musabyimana Claude wagizwe Umunyamabanga Uhoraho muri Ministeri y’Ubutaka n’Amashyamba.

Naho Bamporiki Edouard wari umaze imyaka igera kuri ine mu Nteko Ishinga Amategeko yagizwe Perezida w’Itorero ry’Igihugu asimbuye Rucagu Boniface wagizwe umwe mubagize Inama Ngishwanama y’Inararibonye.

-7805.jpg

Gatabazi na Bamporiki

Mu baminisitiri 20 batangajwe muri Guverinoma, 11 muri bo ni ab’igitsina gore barimo 6 bari basanzwe muri Guverinoma icyuye igihe, abandi bakaba ari bashya.

Minisiteri y’Urubyiruko n’Ikoranabuhanga (MYICT) iyoborwa na Jean Philbert Nsengimana, yaciwemo ibice bibiri habaho Minisiteri y’Urubyiruko iyobowe na Mbabazi Rosemary wari Umunyamabanga uhoraho muri MYICT naho Jean Philbert Nsengimana asigara ari muri Minisitiri w’Ikoranabuhanga n’Itumanaho.

Rwanyindo Kayirangwa Fanfan wari usanzwe ari Visi Perezida w’Urukiko Rukuru rw’Ubucuruzi kuva mu Ukwakira 2013 ni undi mugore winjiye muri Guverinoma aho yahawe kuyobora Minisitiri w’Abakozi ba Leta n’Umurimo. Iyi yari isanzwe iyoborwa na Uwizeye Judith wagizwe Minisitiri Perezidansi ya Repubulika.

Kayisire Marie Solange wari usanzwe akora mu rwego rw’Igihugu rushinzwe Intwari, Imidari n’Impeta z’ishimwe nawe yinjiye muri Guverinoma aho ari Minisitiri muri Primature ushinzwe Imirimo y’Inama y’Abaminisitiri, umwanya wari usanzweho Stella Ford Mugabo utagaragaye muri iyi Guverinoma nshya.

Debonheur Jeanne d’Arc wakoze mu Rukiko rw’Ikirenga ni umwe mu baminisitiri bashya nawe aho yasimbuye Seraphine Mukantabana ku mwanya wa Minisitiri ushinzwe impunzi n’Imicungire y‘Ibiza.

Tumushime Francine wari Umuyobozi Mukuru muri Minaloc nawe yahawe kuyobora Minisiteri y’Ubutaka n’Amashyamba. Ni Minisiteri itari isanzweho kuko inshingano zayo zari zikomatanyijwe n’iziy’umutungo kamere yayoborwaga na Dr Vincent Biruta. Uyu we akaba yagumye muri Guverinoma ariko ayobora Minisiteri y’Ibidukikije.

Munyeshyaka Vincent wari Umunyamabanga wa Leta ushinzwe imibereho myiza y’abaturage muri Minaloc yagizwe Minisitiri w’Ubucuruzi n’Inganda asimbuye Francois Kanimba wari umaze igihe kinini kuri uyu mwanya.

Mu banyamabanga ba Leta ho impinduka zabayemo ni uko hiyongereyemo umwe bakaba 11 mu gihe bari basanzwe ari 10. Mu banyamabanga ba leta batatu bashya barimo Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y’Ububanyi n’Amahanga, Ubutwererane, n’Umuryango w’Ibihugu bya Afurika y‘Iburasirazuba [umwanya utari usanzweho] aho Nduhungirehe Olivier wari usanzwe ari Ambasaderi w’u Rwanda mu Bubiligi ariwe uwuriho.

Undi ni Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y’Ibikorwaremezo ushinzwe gutwara Abantu n’Ibintu wagizwe Uwihanganye Jean de Dieu wakoraga muri NPD Cotraco akaba yarigeze no kuba umunyamakuru kuri Radio Salus. Ni umwanya asimbuyeho Nzahabwanimana Alexis.

Harelimana Cyriaque yagizwe Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y’Ubutegetsi bw’Igihugu ushinzwe Iterambere ry’Abaturage asimbuye Munyeshaka Vincent wagizwe Minisitiri w’Ubucuruzi n’Inganda.

Mukantabana Seraphine wari Minisitiri w’impunzi n’ibiza, we yagizwe Perezida wa Komisiyo yo gusubiza mu buzima busanzwe Abavuye ku rugerero mu gihe Rugira Amandin, wari Ambasaderi w’u Rwanda mu Burundi yagizwe Ambasaderi w’u Rwanda mu Bubiligi.

2017-08-31
Editorial

IZINDI NKURU

Abakozi ba UNHCR mu bihugu bitandukanye bashimye imikorere ya Isange One Stop Centre

Abakozi ba UNHCR mu bihugu bitandukanye bashimye imikorere ya Isange One Stop Centre

Editorial 22 Sep 2017
Icyo Abantu hirya no hino ku Isi bavuga ku kibazo cy’ibura rya Rushyashya.net kurubuga rwa Internet

Icyo Abantu hirya no hino ku Isi bavuga ku kibazo cy’ibura rya Rushyashya.net kurubuga rwa Internet

Editorial 23 May 2017
Ikipe ya Mukura VS yahagaritse abakinnyi batanu bakekwaho imyitwarire itari myiza inabasaba kuva mu mwiherero wayo.

Ikipe ya Mukura VS yahagaritse abakinnyi batanu bakekwaho imyitwarire itari myiza inabasaba kuva mu mwiherero wayo.

Editorial 16 May 2021
“Nyamwanga kumva ntiyanze no kubona”. Iyo Idamande Yvonne na Aimable Karasira bumva impanuro, ntibaba bafunze”-Umusomyi wa Rushyashya

“Nyamwanga kumva ntiyanze no kubona”. Iyo Idamande Yvonne na Aimable Karasira bumva impanuro, ntibaba bafunze”-Umusomyi wa Rushyashya

Editorial 02 Jun 2021

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

INKURU ZAKUNZWE CYANE

Callixte Nsabimana yahaye ubutumwa bwihariye ibigarasha cyane cyane abizera igisambo Kayumba Nyamwasa

Callixte Nsabimana yahaye ubutumwa bwihariye ibigarasha cyane cyane abizera igisambo Kayumba Nyamwasa

27 May 2022
Inzego z’ Uburezi Zisanga Kwigisha Hakoreshejwe Iyakure Ari ngombwa Kandi Ari Ingenzi

Inzego z’ Uburezi Zisanga Kwigisha Hakoreshejwe Iyakure Ari ngombwa Kandi Ari Ingenzi

24 May 2022
U Rwanda rufite intego ruzira ibiyobyabwenge n’ubuzererezi ni Gahunda igikomeje muri Purpose Rwanda

U Rwanda rufite intego ruzira ibiyobyabwenge n’ubuzererezi ni Gahunda igikomeje muri Purpose Rwanda

30 Mar 2022
Perezida Mnangagwa wa Zimbabwe na Perezida Mokgweetsi Masisi wa Bostwana bashimiye Perezida Kagame kubera uruhare rw’ingabo z’u Rwanda mu kurwanya iterabwoba Cabo Delgado

Perezida Mnangagwa wa Zimbabwe na Perezida Mokgweetsi Masisi wa Bostwana bashimiye Perezida Kagame kubera uruhare rw’ingabo z’u Rwanda mu kurwanya iterabwoba Cabo Delgado

01 Mar 2022
Ralex Logistics Yaje Ku Isonga mu Bigo Bya Mbere Bigira uruhare mu gutanga serivisi zinoze mu Karere ka Afurika y’Iburasirazuba (EAC)

Ralex Logistics Yaje Ku Isonga mu Bigo Bya Mbere Bigira uruhare mu gutanga serivisi zinoze mu Karere ka Afurika y’Iburasirazuba (EAC)

28 Feb 2022

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Bugesera: Ababyeyi barasabwa Kurushaho Kuganiriza Abana babo Ubuzima Bw’imyororokere hagamijwe Gukumira Inda zitateguwe

Bugesera: Ababyeyi barasabwa Kurushaho Kuganiriza Abana babo Ubuzima Bw’imyororokere hagamijwe Gukumira Inda zitateguwe

30 Nov 2021
Leta ya Uganda irashinjwa kwica abaturage bo mu idini ya Islam, ibitirira ibisasu bitegwa mu duce tunyuranye tw’icyo gihugu.

Leta ya Uganda irashinjwa kwica abaturage bo mu idini ya Islam, ibitirira ibisasu bitegwa mu duce tunyuranye tw’icyo gihugu.

21 Nov 2021
Abayisilamu bo mu Rwanda ntibazagwe mu mutego w’intagondwa zitwaza idini, zigategura ibikorwa by’iterabwoba

Abayisilamu bo mu Rwanda ntibazagwe mu mutego w’intagondwa zitwaza idini, zigategura ibikorwa by’iterabwoba

02 Oct 2021
Huye: Bamwe mu rubyiruko rwakingiwe Covid-19 barakangurira abanyarwanda b’ingeri zose kwitabira  gahunda y’Ikingira

Huye: Bamwe mu rubyiruko rwakingiwe Covid-19 barakangurira abanyarwanda b’ingeri zose kwitabira gahunda y’Ikingira

09 Sep 2021
Agatha Kanziga arataratamba ngo adashyikirizwa ubutabera, ariko amaherezo y’inzira ni munzu!Urukiko rw’Ubujurire mu Bufaransa rwateye utwatsi icyifuzo cye!

Agatha Kanziga arataratamba ngo adashyikirizwa ubutabera, ariko amaherezo y’inzira ni munzu!Urukiko rw’Ubujurire mu Bufaransa rwateye utwatsi icyifuzo cye!

31 Aug 2021
Abagore barasabwa kuba abambere mu kwita ku bidukikije n’urusobe rw’ibinyabuzima

Abagore barasabwa kuba abambere mu kwita ku bidukikije n’urusobe rw’ibinyabuzima

18 Aug 2021
Abana bafite ubumuga bakwiye uburenganzira bwihariye bwo guhabwa Inkingo za COVID-19

Abana bafite ubumuga bakwiye uburenganzira bwihariye bwo guhabwa Inkingo za COVID-19

13 Jul 2021

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru