• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Baker Byatsi yafungiwe ubujura imyaka ine afungurwa kuko yisiramuje nabi muri gereza bikamugwa nabi-Mushiki wa Byatsi byose yabivuze   |   28 May 2026

  • AMAFOTO – Mu mukino wakurikiwe na Perezida Kagame, RSSB Tigers BBC yageze ku mukino wa nyuma wa BAL 2026 itsinze AL Ahyly yo mu Misiri   |   28 May 2026

  • Stephen Constantine yatangaje urutonde rw’abakinnyi 24 bazifashishwa mu mikino ibiri ya gicuti mpuzamahanga izahuza u Rwanda na Comoros ndetse na Tanzania   |   27 May 2026

  • Ambassadeur Thérence Ntahiraja yemeje ko u Rwanda rugomba guterwa   |   27 May 2026

  • Rayon Sports yatsinze Bugesera FC yiyongerera amahirwe yo kuzahagararira u Rwanda mu mikino Nyafurika   |   26 May 2026

  • Nyuma y’imyaka irindwi, APR VC yegukanye Igikombe cya Memorial Rutsindura itsinze REG VC ku mukino wa nyuma   |   26 May 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Mahanga»Abamotari, abanyonzi n’abanyeshuri bashyizeho amahuriro atandatu yo kurwanya ibyaha

Abamotari, abanyonzi n’abanyeshuri bashyizeho amahuriro atandatu yo kurwanya ibyaha

Ubwanditsi 10 Jun 2016 Mu Mahanga

Abakora umwuga wo gutwara abagenzi kuri moto no ku magare bo mu karere ka Nyamagabe n’abanyeshuri biga mu ishuri ryisumbuye ryo mu karere ka Nyanza ryitwa muri College Christ Roi bashyizeho amahuriro atandatu yo kurwanya no gukumira ibyaha (Anti-Crime Clubs).

Aba bagize ibi byiciro bashyizeho ayo mahuriro mu nama bagiranye na Polisi y’u Rwanda muri utu turere twombi.

Abamotari bakoze iki gikorwa bibumbiye mu mashyirahamwe atatu ari yo: COTRANYA, COTAMONYA na COMONYA, naho abanyonzi bibumbiye mu mashyirahamwe abiri ari yo: COTAVENYA na COTAMU.

Ayo mahuriro atanu y’abamotari n’abanyonzi bo muri Nyanmagabe yashyizeho ku itariki 7 Kamena; naho rimwe ry’abanyeshuri ryashyizeho ku itariki 8 Kamena.

Aba bagize ibi byiciro bafashe uyu mwanzuro wo gushyiraho amahuriro atandatu yo kurwanya ibyaha nyuma yo kunyurwa n’inyigisho za Polisi y’u Rwanda muri utu turere aho basobanuriwe uruhare rwabo mu kwicungira umutekano.

Aganira n’abo bamotari n’abanyonzi,Umuyobozi wa Polisi y’u Rwanda mu karere ka Nyamagabe, Superintendent of Police (SP) François Segakware yagize ati:”Mwakoze igikorwa cyiza. Muzarwanye ibyaha muri gukora umwuga wanyu, muzabirwanye mu midugudu yanyu, ndetse n’ahandi hose muzaba muri.”

Yakomeje ababwira ati,”Ubu mubaye abakangurambaga mu kurwanya ikintu cyose kinyuranije n’amategeko. N’ubundi mwari musanzwe muri bo; ariko ubu mugiye kubikora neza biruseho kubera ko mubyumva kimwe kandi mushyize hamwe.”

SP Segakware yabasabye kubahiriza amategeko y’umwuga wabo kugira ngo birinde gukora cyangwa guteza impanuka mu muhanda.

Ibyo abo bamotari, abanyonzi, n’abanyeshuri basabwe harimo kurwanya ikoreshwa n’itundwa ry’ibiyobyabwenge, icuruzwa ry’abantu, ihohoterwa rishingiye ku gitsina n’irikorerwa abana.

Mu ijambo rye, Umuyobozi w’abamotari mu karere ka Nyamagabe, Nsabimana Jerome yagize ati,” Urubyiruko nkatwe tugomba kugira uruhare mu kwicungira umutekano, kandi tuzabigeraho biciye mu mahuriro nk’aya.”

Yashimye bagenzi be k’ubw’icyo gikorwa , kandi asaba abandi bakora uyu mwuga wo gutwara abagenzi ndetse n’abandi bantu muri rusange gutera ikirenge mu cyabo.

Kugeza ubu, mu karere ka Nyamagabe hamaze gushyirwaho amahuriro yo kurwanya ibyaha agera kuri 84 arimo 51 y’abanyeshuri, naho mu karere ka Nyanza hamaze gushyirwaho 26 arimo 25 y’abanyeshuri.

Mu gihugu hose hamaze gushyirwaho amahuriro yo kurwanya ibyaha arenga igihumbi, kandi 90% yayo ari mu bigo by’amashuri.

RNP

2016-06-10
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Abatuye mu karere ka Ngoma bakanguriwe kwirinda ibiyobyabwenge

Abatuye mu karere ka Ngoma bakanguriwe kwirinda ibiyobyabwenge

Ubwanditsi 25 Feb 2016
Real Madrid izahura na Manchester City, Arsenal izahure na Bayern Munichen – Uko Tombola ya 1/4 cya UEFA Champions League yagenze

Real Madrid izahura na Manchester City, Arsenal izahure na Bayern Munichen – Uko Tombola ya 1/4 cya UEFA Champions League yagenze

Ubwanditsi 15 Mar 2024
Leta Zunze Ubumwe z’Amerika zanyomoje umuryango wa Paul Rusesabagina, uvuga ko afashwe nabi muri gereza ya Mageragere.

Leta Zunze Ubumwe z’Amerika zanyomoje umuryango wa Paul Rusesabagina, uvuga ko afashwe nabi muri gereza ya Mageragere.

Ubwanditsi 10 Jun 2021
Gen Pihno ukuriye inyeshyamba za Antibalaka muri Centrafrica yafatiwe muri Congo

Gen Pihno ukuriye inyeshyamba za Antibalaka muri Centrafrica yafatiwe muri Congo

Ubwanditsi 18 May 2018

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

AMAFOTO: Umukino wa Manchester United na Liverpool wasubitswe kubera imyigaragambyo y’abafana ba Manchester binubira uko ikipe yabo iyobowe.
Amakuru

AMAFOTO: Umukino wa Manchester United na Liverpool wasubitswe kubera imyigaragambyo y’abafana ba Manchester binubira uko ikipe yabo iyobowe.

Ubwanditsi 03 May 2021
Ntibantunganya aravuga ukuri Nkurunziza aribeshya azashyikirana na buri wese
Mu Rwanda

Ntibantunganya aravuga ukuri Nkurunziza aribeshya azashyikirana na buri wese

Ubwanditsi 10 Mar 2016
Kisoro: Hafatiwe imbunda 11, abandi Banyarwanda 20 barirukanwa
ITOHOZA

Kisoro: Hafatiwe imbunda 11, abandi Banyarwanda 20 barirukanwa

Ubwanditsi 08 Jan 2018

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru