• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Ekenge si we kibazo nyamukuru, ikibazo ni urwango rwigishwa abakongomani rwo kwanga Abatutsi rukorwa n’ubutegetsi bwa Tshisekedi   |   29 Dec 2025

  • U Burundi: Jenerali Alain Guillaume Bunyoni akomeje kuremba, yimurirwa mu bitaro bya Kira i Bujumbura mu ibanga rikomeye   |   28 Dec 2025

  • Perezida Kagame yashimye Perezida wa FIFA, Gianni Infantino, wahisemo kwizihiriza Noheli mu Rwanda, mu buryo budasanzwe   |   26 Dec 2025

  • FERWACY yatangaje inzira za Tour du Rwanda 2026, Rubavu yakira isiganwa iminsi itatu, Nyamirambo iragaruka   |   22 Dec 2025

  • ABASIRIKARE B’ABARUNDI BAKOMEREKERA MURI KONGO, IGISHORO N’UBUTUNZI KURI PRIME NIYONGABO   |   16 Dec 2025

  • FDLR ikomeje kwica abaturage muri Walikale mu gihe Leta ya Congo ivuga ko itakiri ikibazo   |   16 Dec 2025

 
You are at :Home»HIRYA NO HINO»Davido wavuzweho gukururana n’abakobwa bo mu Rwanda ngo ntazi gucana inyuma

Davido wavuzweho gukururana n’abakobwa bo mu Rwanda ngo ntazi gucana inyuma

Editorial 12 Mar 2018 HIRYA NO HINO

Davido uherutse gutaramira mu Rwanda bigaherekezwa n’amakuru yavuzwe ko hari Abanyarwandakazi yagiranye na bo ibihe byiza, yahakanye yivuye inyuma ibimaze iminsi bivugwa hagati ye n’umukunzi we.

Uyu muhanzi ubusanzwe witwa David Adedeji Adeleke yaje i Kigali kuwa Gatanu tariki ya 3 Werurwe 2018, bucyeye bw’aho kuwa Gatandatu yakoreye igitaramo kuri Stade Amahoro mu mvura y’umuvumbi.

Muri iyo minsi yaje i Kigali iwabo muri Nigeria ku mbuga nkoranyambaga havuzwe inkuru z’urudaca ko ‘we n’umukunzi we bacana inyuma’. Davido mu kunyomoza aya makuru n’ibindi byamuvuzweho mu minsi ishize yanditse kuri SnapChat ko ‘ibyo gucana inyuma atajya abikora’.

Yarabanje yandika ko maso ye aryoherwa cyane no kureba abakobwa b’ikimero gusa ngo bigarukira ku kubitegereza gusa. Yagize ati “Nkunda cyane kureba abakobwa mu majipo. Mana!”

Davido yongeyeho ati “Sindaca inyuma umukunzi wanjye ariko nkunda kureba amajipo[abakobwa] aca imbere yanjye. Njye ntabwo ndi umugabo ucana inyuma, nkunda cyane umukunzi wanjye Chioma.”

Ibi Davido yabihakanye mu gihe abakobwa bivugwa ko yakururanye na bo mu Rwanda na bo bagaramye aya makuru. Shaddy Boo uri mu bavuzweho gusangira ibyishimo na Davido mu ijoro ryakurikiye igitaramo cye, yabwiye KT Idols ko ‘icyabaye hagati yabo ari ukwishimana mu kabyiniro’ gusa.

Yagize ati “Umva, aho ngaho waba unyinjiriye mu buzima cyane ntacyo nabivugaho ariko ibintu byose baba bavuga nibyo bihimbira kugenda nkasabana na we ntabwo biba bivuze ko ari ukuryamana na we.”

Shaddy Boo ari mu bavuzweho kugirana ibihe byiza na Davido

Davido afite umukunzi witwa Chioma Avril Roland, bivugwa ko yiga muri Kaminuza ya Babcock University. Uyu mukobwa yagaragaye kenshi ari kumwe na Davido haba mu bitaramo byahuje umuryango w’uyu muhanzi ndetse yanamuherekeje mu gitaramo aheruka gukorera mu Bwongereza.

Davido akiva mu Rwanda yakomereje i Kinshasa, aha yahavuye atangiye umushinga w’indirimbo yafatanyije na Koffi Olomide. Aba bombi bashyize amashusho hanze berekana ko bahuje imbaraga muri studio itaravuzwe izina muri RDC.

Davido n’umukunzi we Chioma

2018-03-12
Editorial

IZINDI NKURU

Uyu munsi hagaragaye abandi bantu icyenda barwaye Coronavirus

Uyu munsi hagaragaye abandi bantu icyenda barwaye Coronavirus

Editorial 27 Mar 2020
U Burusiya bugiye kugurisha u Rwanda uburyo bw’ubwirinzi bw’ibitero byo mu kirere

U Burusiya bugiye kugurisha u Rwanda uburyo bw’ubwirinzi bw’ibitero byo mu kirere

Editorial 04 Jun 2018
Parfine yagaragaje agahinda kadasanzwe yatewe no kubura musaza we umwe rukumbi yarafite [AMAFOTO]

Parfine yagaragaje agahinda kadasanzwe yatewe no kubura musaza we umwe rukumbi yarafite [AMAFOTO]

Editorial 19 Sep 2018
Miss Rwanda: Reba ubwiza bw’abakobwa 54 batowe mu Ntara n’Umujyi wa Kigali

Miss Rwanda: Reba ubwiza bw’abakobwa 54 batowe mu Ntara n’Umujyi wa Kigali

Editorial 20 Jan 2020

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Abanyafurika bakeneye kwihutisha ibyo bakora ngo hagerwe ku byo batashoboye kugeraho- Kagame
UBUKUNGU

Abanyafurika bakeneye kwihutisha ibyo bakora ngo hagerwe ku byo batashoboye kugeraho- Kagame

Editorial 23 Jan 2017
Perezida Kagame ntakigiye i Kampala mu mwiherero w’abakuru bibihugu bya EAC
INKURU NYAMUKURU

Perezida Kagame ntakigiye i Kampala mu mwiherero w’abakuru bibihugu bya EAC

Editorial 22 Feb 2018
Iterambere ntirishoboka nta mutekano- Kagame
POLITIKI

Iterambere ntirishoboka nta mutekano- Kagame

Editorial 05 May 2017

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru