• Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
  • Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Bugesera FC yatsinze Rayon Sports 2-1, APR FC ifata umwanya wa mbere w’agateganyo wa Rwanda Premier League   |   21 May 2025

  • Ibitangaza byijejwe na Perezida Ndayishimiye bisize ahubwo u Burundi mu kangaratete   |   21 May 2025

  • I Bugesera hatashywe ikibuga cya Basketball cyubatswe ku bufatanye bwa NBA Africa na Opportunity International   |   20 May 2025

  • Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire yavuze ku mvururu zatumye umukino wa Bugesera na Rayon Sports uhagararira ku munota wa 52   |   17 May 2025

  • Rwanda Premier league igiye guhemba abahize abandi Muri shampiyona y’u Rwanda 2024-2025   |   16 May 2025

  • Gutwara igikombe cy’Amahoro atsinze Rayon Sports ku mukino wa nyuma, bimwe mubyo Darko Novic watandukanye na APR FC azibukirwaho   |   14 May 2025

 
You are at :Home»SHOWBIZ»Davido yigaramye umugore umushinja ko bafitanye umwana w’imyaka ine

Davido yigaramye umugore umushinja ko bafitanye umwana w’imyaka ine

Editorial 22 Mar 2017 SHOWBIZ

Umuririmbyi David Adedeji Adeleke [Davido] yahakanye amakuru avuga ko yabyaranye n’umugore bamenyaniye mu gitaramo yaririmbyemo mu myaka ine ishize.

Davido ni umwe mu baririmbyi bakomeye muri Afurika ndetse babashije no kugeza umuziki ku yindi migabane y’Isi. Yaririmbye indirimbo zizwi zirimo iyitwa ’Skelewu’, ’Aye’, ’Gobe’, ’Dami Duro’ n’izindi.

Umugore witwa Ayotomide Labinjo n’abo mu muryango we barashinja uyu muhanzi ko yihakanye umwana we umaze imyaka ine avutse ndetse bakavuga ko yatanze ruswa mu nzego zitanga ibipimo by’amaraso n’ibya DNA byagombaga gushimangira ko uwo mwana ari uwe.

Ikinyamakuru cyitwa Punch cyatangaje ko ngo Davido yabonanye bwa mbere n’uyu mugore muri 2013 ahitwa Ibadan, bahuriye mu kabyiniro, bwa kabiri amusanga mu gitaramo yari yatumiwemo ari na ho umubano wabo ngo watangiye gufata indi ntera bigera n’aho baryamana.

Labinjo ushinja Davido kumutererana barabyaranye avuga ko nyuma yo gusama inda ye atongeye kumuca iryera mu bihe byakurikiyeho ngo babe bahura baganire kuko ngo ’yafunze amayira yose bakoreshaga bavugana’.

Davido yanditse kuri twitter ahakana ayo makuru avuga ko uwo mwana atari uwe nk’uko byemejwe n’ibipimo bya ADN ndetse yongeraho ko agiye kugeza mu nkiko ikinyamakuru cyabyanditse agishinja kumuharabika. Atebya yavuze ko bagomba kumwishyura miliyari 30 z’amafaranga akoreshwa muri Nigeria nk’indishyi z’akababaro.

Nubwo Davido atemera umwana bivugwa ko yabyaranye na Labinjo mu myaka ine ishize, nyina w’uyu mukobwa avuga ko abo mu muryango wa Davido na we ubwe ’bavuniye ibiti mu matwi’ kuri icyo kibazo, ndetse ngo yigeze no kwandikira se w’uyu muhanzi ntiyamusubiza kugeza ubwo yiyambaza abamufasha mu nkiko bakamushyiraho igitutu.

Se wa Davido yabwiye nyina w’uyu mukobwa ko umuhungu we yavuze ko atazi na rimwe Labinjo. Nyuma bavuganye uburyo bwo gufata ibipimo bya DNA n’iby’amaraso gusa ngo ibipimo bya Davido n’umwana byonyine, umukobwa umushyira mu majwi ko babyaranye yarirengagijwe nk’uko bitangazwa na nyina.

-6152.jpg

Uyu mubyeyi witwa Ropo akomeza avuga ikigo cyitwa Clina-Lancet cyakoze ibyo cyari cyarabahaye ibyumweru bibiri byo kuba ibisubizo by’ibipimo byemejwe mu buryo bwizewe ariko ngo batunguwe no kumva bitangazwa hashize iminsi irindwi yonyine ndetse ngo ibyavuzwe ni ibijyanye n’ubwoko bw’amaraso, nta bijyanye na DNA byashyizwe mu nyandiko.

Inzobere mu bijyanye n’ipima ry’abahuje amaraso n’abafitanye isano, Alex Sogbola, ari na we watanze ibyo bipimo avuga ko nta manyanga yakozwe kuko ngo bohereje ibizamini muri Afurika y’Epfo abaganga baho bakaba aribo babisuzuma neza bakohereza ibisubizo.

Davido yahakanye aya makuru nyuma y’iminsi mike avuze ko we n’umukunzi we mushya witwa Amanda utuye muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika bari mu myiteguro yo kwakira uruhinja mu muryango ruzavuka mu minsi ya vuba.

2017-03-22
Editorial

IZINDI NKURU

Diamond Platnumz yatangiye gucuruza ubunyobwa mu Rwanda

Diamond Platnumz yatangiye gucuruza ubunyobwa mu Rwanda

Editorial 29 Nov 2017
Apotre Gitwaza Ntabyumva Kimwe n’Abavuga ko Iradukunda Liliane ataba Miss w’isi

Apotre Gitwaza Ntabyumva Kimwe n’Abavuga ko Iradukunda Liliane ataba Miss w’isi

Editorial 08 Mar 2018
Clarisse Karasira afatanyije na Patrick bahuriye mu ndirimbo ifite ubutumwa bw’uko umuntu wese uko abayeho akwiriye gukundwa no guhabwa agaciro .

Clarisse Karasira afatanyije na Patrick bahuriye mu ndirimbo ifite ubutumwa bw’uko umuntu wese uko abayeho akwiriye gukundwa no guhabwa agaciro .

Editorial 03 Mar 2021
Diamond na Tunda baba barateguye kuzahurira mu Rwanda?

Diamond na Tunda baba barateguye kuzahurira mu Rwanda?

Editorial 23 Jan 2018
Diamond Platnumz yatangiye gucuruza ubunyobwa mu Rwanda

Diamond Platnumz yatangiye gucuruza ubunyobwa mu Rwanda

Editorial 29 Nov 2017
Apotre Gitwaza Ntabyumva Kimwe n’Abavuga ko Iradukunda Liliane ataba Miss w’isi

Apotre Gitwaza Ntabyumva Kimwe n’Abavuga ko Iradukunda Liliane ataba Miss w’isi

Editorial 08 Mar 2018
Clarisse Karasira afatanyije na Patrick bahuriye mu ndirimbo ifite ubutumwa bw’uko umuntu wese uko abayeho akwiriye gukundwa no guhabwa agaciro .

Clarisse Karasira afatanyije na Patrick bahuriye mu ndirimbo ifite ubutumwa bw’uko umuntu wese uko abayeho akwiriye gukundwa no guhabwa agaciro .

Editorial 03 Mar 2021
Diamond na Tunda baba barateguye kuzahurira mu Rwanda?

Diamond na Tunda baba barateguye kuzahurira mu Rwanda?

Editorial 23 Jan 2018
Diamond Platnumz yatangiye gucuruza ubunyobwa mu Rwanda

Diamond Platnumz yatangiye gucuruza ubunyobwa mu Rwanda

Editorial 29 Nov 2017
Apotre Gitwaza Ntabyumva Kimwe n’Abavuga ko Iradukunda Liliane ataba Miss w’isi

Apotre Gitwaza Ntabyumva Kimwe n’Abavuga ko Iradukunda Liliane ataba Miss w’isi

Editorial 08 Mar 2018
prev
next

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

INKURU ZAKUNZWE CYANE

Ibitangaza byijejwe na Perezida Ndayishimiye bisize ahubwo u Burundi mu kangaratete

Ibitangaza byijejwe na Perezida Ndayishimiye bisize ahubwo u Burundi mu kangaratete

21 May 2025
AFC/M23 yasabye Perezida Tshisekedi ko yerura akavuga ko ashaka imishyikirano

AFC/M23 yasabye Perezida Tshisekedi ko yerura akavuga ko ashaka imishyikirano

14 Mar 2025
Perezida Paul Kagame yakurikiye umukino u Rwanda rwatsinzemo Djibouti 3-0 hashakwa itike ya CHAN 2025

Perezida Paul Kagame yakurikiye umukino u Rwanda rwatsinzemo Djibouti 3-0 hashakwa itike ya CHAN 2025

31 Oct 2024
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
“Agafanta” Perezida wa Tchad yasigiye abasirikari b’u Burundi kabakozeho!

“Agafanta” Perezida wa Tchad yasigiye abasirikari b’u Burundi kabakozeho!

15 Jul 2024

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023
SADC byashoboka ko yahuza Intego na FARDC Yahisemo Kwifatanya n’Abajenosideri ba FDLR, M23 mu Mambo za Goma biraherera hehe?

SADC byashoboka ko yahuza Intego na FARDC Yahisemo Kwifatanya n’Abajenosideri ba FDLR, M23 mu Mambo za Goma biraherera hehe?

06 Nov 2023

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru