• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • AMAFOTO – Umutoza mukuru wa APR FC, Abderrahim Taleb, yongereye amasezerano y’umwaka umwe   |   07 Jul 2026

  • Kwigira Nyoninyinshi kwa Habyarimana yavuze ko bashakira amahoro abantu bose naho yahe yo kajya   |   07 Jul 2026

  • Kuvanaho Ingamba z’Ubwirinzi byaba ari Ubwiyahuzi   |   07 Jul 2026

  • Raporo ivuga ko FDLR yigabyemo ibice bitatu by’ingenzi ari byo FDLR-FOCA, FDLR-RUD na FDLR-FPP   |   06 Jul 2026

  • Ububabare bwa RPA/F bwashibutsemo icyizere n’agaciro; Mufulukye Fred   |   05 Jul 2026

  • Ukwiyubaka kudasanzwe kwa APR FC na Rayon Sports zitegura CECAFA Kagame Cup izabera i Kigali mu mpera za Nyakanga 2026   |   05 Jul 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Mahanga»Polisi y’u Rwanda irasaba abakora ibizamini by’impushya zo gutwara ibinyabiziga kwirinda ruswa

Polisi y’u Rwanda irasaba abakora ibizamini by’impushya zo gutwara ibinyabiziga kwirinda ruswa

Ubwanditsi 14 Apr 2016 Mu Mahanga

​Umuvugizi w’Ishami rya Polisi y’u Rwanda rishinzwe umutekano wo mu muhanda, Superintendent of Police (SP) Jean Marie Vianney Ndushabandi arasaba abantu bakora ibizamini by’impushya z’agateganyo n’iby’impushya za burundu zo gutwara ibinyabiziga kwirinda ruswa y’uburyo bwose.

Aramenyesha abiyandikishije gukora ibyo bizamini bo mu ntara y’Uburasirazuba ,Uburengerazuba, no mu Majyepfo ko bizakorwa kuva ku itariki 14 Mata kugeza ku wa 28 Mata muri izi ntara eshatu.

Aributsa kandi ko ibyo bizamini bireba gusa abiyandikishije mu mashuri yigisha ibijyanye no gutwara ibinyabiziga gusa.

Mu ntara y’Uburasirazuba bizakorwa guhera tariki ya 14 Mata kugeza ku itariki 16 Mata.

Guhera ku itariki 18 Mata kugeza ku wa 21 Mata bizakorwa mu Mu Ntara y’Amajyepfo , hakaba haziyongeraho uturere twa Rusizi, Nyamasheke, Karongi na Rutsiro.

Mu ntara y’Amajyaruguru ibizamini bizakorwa guhera tariki 25 kugeza ku wa 28 Mata, abo muri iyi ntara bakaba baziyongeraho abiyandikishije gukorera impushya zo gutwara ibinyabiziga bo mu turere twa Nyabihu na Rubavu.

SP Ndushabandi aributsa ko ibizamini by’uruhushya rw’agateganyo bikorerwa kuri buri karere, naho ibizamini ngiro bigakorerwa ahateganijwe.

Aributsa kandi ko umunsi wa mbere hakorwa ikizamini cy’uruhushya rw’agateganyo.
Na none aramenyesha abakoresha impushya zo gutwara ibinyabiziga za burundu z’inyiganano, ni ukuvuga izitaratanzwe na Polisi y’u Rwanda; ko hafashwe ingamba zo gufata abazikoresha ndetse n’abazibaha.

SP Ndushabandi yagiriye inama abakora ibizamini byo gukorera impushya zo gutwara ibinyabiziga kwirinda gutanga ruswa y’uburyo bwose agira ati :”Polisi y’u Rwanda yashyizeho ingamba zo gufata ababikora.Uzabikora amenye ko azafatwa nta kabuza.”

Yibukije ko uwatse, utanze n’uwakiriye ruswa bahanwa kimwe, ariko ko umuntu ubikoze mu rwego rwo gufasha inzego z’ubutabera atabihanirwa.

SP Ndushabandi yasabye buri wese ufite amakuru ajyanye na ruswa kubimenyesha Polisi y’u Rwanda kuri nomero za terefone 997 (Agashami kayo gashinzwe kurwanya ruswa) na 0788311215.

Yibukije ko umuntu uhamwe n’icyaha cya ruswa ahanwa n’ingingo ya 644 na 650 z’igitabo cy’amategeko ahana y’u Rwanda

RNP

2016-04-14
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Uhagarariye Ndayishimiye I Kinshasa afitanye amateka yihariye na FDLR guhera mbere ya 2010

Uhagarariye Ndayishimiye I Kinshasa afitanye amateka yihariye na FDLR guhera mbere ya 2010

RUSHYASHYA 17 Nov 2025
Nyabihu: Abamotari basabwe  kuba mu bashinzwe  gukumira ibyaha hagamijwe impinduka nziza

Nyabihu: Abamotari basabwe kuba mu bashinzwe gukumira ibyaha hagamijwe impinduka nziza

Ubwanditsi 28 Jan 2016
u Rwanda rwateye utwatsi ibyatangajwe na Panama Papers kuri  Brig Gen. Ndahiro na Hatari Sekoko

u Rwanda rwateye utwatsi ibyatangajwe na Panama Papers kuri Brig Gen. Ndahiro na Hatari Sekoko

Ubwanditsi 11 Apr 2016
Bamwe mu bana bo mu muhanda bashinja ababyeyi babo kuba ba nyirabayazana b’ubuzima barimo

Bamwe mu bana bo mu muhanda bashinja ababyeyi babo kuba ba nyirabayazana b’ubuzima barimo

Ubwanditsi 07 Oct 2016

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Christiano Ronaldo yatowe nk’umukinnyi w’umwaka i Burayi
IMIKINO

Christiano Ronaldo yatowe nk’umukinnyi w’umwaka i Burayi

Ubwanditsi 25 Aug 2016
Isano iri hagati y’ibigabiro by’umwami Rwabugiri n’umuganura, Umuganura usobanuye iki?
Amakuru

Isano iri hagati y’ibigabiro by’umwami Rwabugiri n’umuganura, Umuganura usobanuye iki?

Ubwanditsi 31 Jul 2025
Bidatunguranye, abayoboke b’umutwe w’iterabwoba, RNC, bivanze mu matora ya Uganda, banahundagaza amajwi kuri Yoweri K. Museveni.
Amakuru

Bidatunguranye, abayoboke b’umutwe w’iterabwoba, RNC, bivanze mu matora ya Uganda, banahundagaza amajwi kuri Yoweri K. Museveni.

Ubwanditsi 15 Jan 2021

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru