• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • FDLR bari muri Congo, barica abantu, bateza umutekano muke, Gusenya uwo mutwe bireba Congo n’ u Rwanda natwe bikatureba   |   29 Jan 2026

  • ICYO WAMENYA KUBIYAMAMARIZA KUYOBORA FDU-INKINGI: UMUTWE W’INTERAHAMWE ZIHEBEYE KUBUNZA INGENGABITEKEREZO YA JENOSIDE   |   29 Jan 2026

  • Interahamwe mu burayi zishyize hamwe ngo zishyigikire Victoire Ingabire   |   15 Jan 2026

  • Ekenge si we kibazo nyamukuru, ikibazo ni urwango rwigishwa abakongomani rwo kwanga Abatutsi rukorwa n’ubutegetsi bwa Tshisekedi   |   29 Dec 2025

  • U Burundi: Jenerali Alain Guillaume Bunyoni akomeje kuremba, yimurirwa mu bitaro bya Kira i Bujumbura mu ibanga rikomeye   |   28 Dec 2025

  • Perezida Kagame yashimye Perezida wa FIFA, Gianni Infantino, wahisemo kwizihiriza Noheli mu Rwanda, mu buryo budasanzwe   |   26 Dec 2025

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Rwanda»Diane Rwigara mwene nyina n’umubyeyi wabo Adeline bahakanye ibyaha baregwa

Diane Rwigara mwene nyina n’umubyeyi wabo Adeline bahakanye ibyaha baregwa

Editorial 11 Oct 2017 Mu Rwanda

Mu rukiko rwisumbuye rwa Nyarugenge i Nyamirambo. Anne, Adeline na Diane Rwigara bamaze gusomerwa ibyaha baregwa bose babihakanye.

Mu cyumba cy’iburanisha umucamanza yabanje kwihanangiriza abanyamakuru kudahirahira bafata amajwi n’amashusho mu cyumba cy’iburanisha, ubushize bamwe ngo babirenzeho barabikora batangaza amajwi yo mu iburanisha kandi babibujijwe.

Abaregwa bose bari bunganiwe nanone na Me Pierre Celestin Buhuru, baje kuburana ifungwa n’ifungurwa ry’agateganyo.

Batangiye bibutswa ibyaha baregwa; Diane Rwigara washakaga kuba umukandida mu matora ya Perezida wa Republika akurikiranyweho icyaha cyo gukoresha impapuro mpimbano.

Diane, murumuna we Anne na nyina Adeline bahuriye ku cyaha bashinjwa cyo guteza imvururu muri rubanda.

Nyina Adeline Rwigara we hakiyongeraho icyaha ashinjwa cyo kubiba amacakubiri muri rubanda.

Abaregwa bose bavuze ko batemera ibi byaha baregwa.

Adeline Rwigara nyina w’aba bakobwa ati “Murakoze Perezidante mamwe bacamanza, mu cyubahiro cy’Imana ndabashimiye….ibyaha ndegwa ntabwo mbyemera.”

Anne Rwigara at “ibyaha ndegwa n’ubu biracyantungura ,ntabwo mbyemera.”

Diane Rwigara nawe ati “nanjye ntabwo mbyemera.”

Umwunganizi wabo yavuze ko nyuma y’iburanisha ryo kuwa mbere atabashije gukora Copy y’idosiye yabo ngo ayishyikirize abo yunganira.

Adeline Rwigara we yavuze ko dosiye ye yayibonye ejo nimugoroba, ngo ntarasoma ntanazi ibiyirimo. Agasaba ko Urukiko rwakumva ikifuzo cye cyo guhabwa umwanya yo kwiga dosiye) akanahabwa copy yayo.

Me Buhuru yongeye gusaba ko urubanza rwasubikwa nanone ariko Ubushinjacyaha busaba Urukiko ko ubu busabe butahabwa agaciro.

Adeline Rwigara kandi yasabye ko yakongerwa amafaranga yo gushaka undi mwunganizi wafasha uwo bafite kuko ngo ayo bari bafite yose yafatiriwe na Polisi, kandi ngo yifuza ko yakunganirwa na Me Gatera Gashabana.

Adeline avuga ko batabonye umwanya uhagije wo kuvugana na Avocat wabo kuko bamuhuriyeho ari batatu kandi bamarana nawe igihe cy’isaha nk’imwe bahabwa.

Me Buhuru yavuze ko atarabona Audio n’ubutumwa bwo kuri WhatsApp nka bimwe mu bigize ibimenyetso bishinja abakiriya be.

Umucamanza yavuze ko ikijyanye na Dossier uyu munsi batari bukigarukeho kuko ubushize babivuzeho.

Ubushinjacyaha bwavuze ko bubona noneho umwunganizi w’abaregwa yiteguye ko batangira kuburana, ariko Diane Rwigara ahita avuga agaragaza ko batiteguye kuburana.

Avuga ko yasabye umwunganizi tariki 28 Kanama hakaba hashize iminsi micye amubonye, ngo na dosiye akaba ayiboneye hano mu rukiko .

Yavuze ko agifatwa yasabye ko bamusubiza amafranga macye agashaka ubunganizi batatu ariko ntayahabwe. Mu gihe ngo amaze icyumweru kimwe abonye umwunganizi, Ubushinjacyaha bwo ngo bumaze ukwezi bwiga dossier ye.

Me Buhuru yemereye Urukiko ko yiteguye kuburanira Diane na Anne Rwigara ariko ko ari uburenganzira bwa Adeline Rwigara gushaka Me Gatera Gashabana akamwunganira kuko we avuga ko ubu yumva nta mwunganizi afite.

Urukiko rwafashe iminota 30 ngo rwiherere rufate umwanzuro kuri izi mbogamizi.

Kugeza ku isaha ya saa tatu na 45 abantu bari bacyiza gukurikirana iri buranisha ari nako inzego zibishinzwe zibasaka ngo umutekano w’aha hantu wizerwe.

-8299.jpg

Umuryango wa Rwigara mu rukiko

2017-10-11
Editorial

IZINDI NKURU

Ntibisanzwe ,Imiryango y’imbere mu gihugu n’imiryango mpuzamahanga itegamiye kuri Leta bateguye imurikabikorwa.

Ntibisanzwe ,Imiryango y’imbere mu gihugu n’imiryango mpuzamahanga itegamiye kuri Leta bateguye imurikabikorwa.

Editorial 06 Feb 2018
Amb. Amri Sued  yitabye Imana

Amb. Amri Sued yitabye Imana

Editorial 06 Oct 2017
Ikimwaro ntikica ariko kigira mubi

Ikimwaro ntikica ariko kigira mubi

Editorial 24 Feb 2025
Inama nyunguranabitekerezo yahuje ubuyobozi bwa FERWAFA n’abanyamuryango bo mu kiciro ya Kabiri yanzuye ko imikino ya 2020-2021 izakinwa hagati muri Nzeri

Inama nyunguranabitekerezo yahuje ubuyobozi bwa FERWAFA n’abanyamuryango bo mu kiciro ya Kabiri yanzuye ko imikino ya 2020-2021 izakinwa hagati muri Nzeri

Editorial 20 Aug 2021

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Ikipe y’igihugu y’umukino w’intoki wa Basketball yerekeje muri Senegal mu mikino yo gushaka itike y’igikombe cy’Isi 2023, basabwe na Minisitiri Aurore guhesha ishema igihugu
Amakuru

Ikipe y’igihugu y’umukino w’intoki wa Basketball yerekeje muri Senegal mu mikino yo gushaka itike y’igikombe cy’Isi 2023, basabwe na Minisitiri Aurore guhesha ishema igihugu

Editorial 19 Feb 2022
U Bufaransa bwasoje iperereza ku ndege ya Habyarimana
ITOHOZA

U Bufaransa bwasoje iperereza ku ndege ya Habyarimana

Editorial 23 Dec 2017
Ali Kiba yatagajeko  akunda umuhanzi  w’umunyarwanda Meddy
IMIKINO

Ali Kiba yatagajeko akunda umuhanzi w’umunyarwanda Meddy

Editorial 03 Mar 2016

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru