• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Ekenge si we kibazo nyamukuru, ikibazo ni urwango rwigishwa abakongomani rwo kwanga Abatutsi rukorwa n’ubutegetsi bwa Tshisekedi   |   29 Dec 2025

  • U Burundi: Jenerali Alain Guillaume Bunyoni akomeje kuremba, yimurirwa mu bitaro bya Kira i Bujumbura mu ibanga rikomeye   |   28 Dec 2025

  • Perezida Kagame yashimye Perezida wa FIFA, Gianni Infantino, wahisemo kwizihiriza Noheli mu Rwanda, mu buryo budasanzwe   |   26 Dec 2025

  • FERWACY yatangaje inzira za Tour du Rwanda 2026, Rubavu yakira isiganwa iminsi itatu, Nyamirambo iragaruka   |   22 Dec 2025

  • ABASIRIKARE B’ABARUNDI BAKOMEREKERA MURI KONGO, IGISHORO N’UBUTUNZI KURI PRIME NIYONGABO   |   16 Dec 2025

  • FDLR ikomeje kwica abaturage muri Walikale mu gihe Leta ya Congo ivuga ko itakiri ikibazo   |   16 Dec 2025

 
You are at :Home»Amakuru»Dosiye ya Minisitiri w’Intebe w’Uburundi, Gervais Ndirakobuca, uvugwa mu guha intwaro FDLR, yabyukijwe.

Dosiye ya Minisitiri w’Intebe w’Uburundi, Gervais Ndirakobuca, uvugwa mu guha intwaro FDLR, yabyukijwe.

Editorial 27 Apr 2024 Amakuru, INKURU NYAMUKURU, ITOHOZA, Mu Mahanga

Iyi ni idosiye imaze imyaka 15 yarazinzitswe, ikaba ivugwamo abategetsi mu Burundi barigishije intwaro icyo gihugu cyari cyatumije mu mahanga, bo bakazihera abajenosideri ba FDLR.

Uwitwa Ernest Manirumva wari Visi-Perezida w’ishyirahahmwe “OLUCOME”, urwanya ruswa n’akarengane mu Burundi, yagerageje gucukumbura iby’aya marorerwa n’abayagizemo uruhare bose, ariko mu ijoro ryo kuwa 08 rishyira uwa 09 Mata 2009, yicirwa i Bujumbura, umurwa mukuru w’u Burundi.

Idosiye y’urubanza rujyanye n’ubwo bwicanyi yarigishirijwe mu Rukiko rw’Ikirenga, nk’uko bivugwa n’ ibitangazamakuru ndetse n’amashyirahamwe aharanira uburenganzira bwa muntu mu Burundi.

Raporo y’impuguke za Loni yasohotse muw’2010, igaragaza ko igipolisi cy’u Burundi cyatumije mu gihugu cya Maleziya imbunda 40.000, ariko zigejejwe i Bujumbura zihishwa mu rugo kwa Perezida Petero Nkurunziza, mbere yo koherezwa mu ndiri ya FDLR, mu burasirazuba bwa Kongo.

Uburemere bw’iki kibazo bwatumye Urwego rw’Ubugenzacyaha rwa Leta Zunze z’Amerika, FBI, rukinjiramo, ndetse ruza no kugaragaza ko uretse Perezida Nkurunziza witabye Imana muw’2020, hari n’ibindi bikomerezwa muri CNDD-FDD byagize uruhare mu kuyobereza izo ntwaro muri FDLR, no mu iyicwa rya Ernest Manirumva. Imyanzuro ya FBI isaba gukurikirana abo bagizi ba nabi, ntiyigeze ihanwa agaciro.

Muri ibyo bikomerezwa, harimo Gen.Gervais Ndirakobuca bakunze kwita “Ndakugarika” kubera ubugome bwe ndengakamere, icyo gihe akaba yari icyegera cy’umukuru wa Polisi y’u Burundi. Ubu Gen. Ndakugarika ni Minisitiri w’Intebe w’u Burundi, kuva muri Nzeri 2022.

Undi ni Gen. Alain Guillaume Bunyoni icyo gihe wari Minisitiri w’Umutekano, akaba ari nawe wari watumije izo ntwaro. Ubu Gen. Bunyoni ari mu ibohero atazira iyo dosiye, ahubwo kubera gushyamirana bikomeye na Perezida Evariste Ndayishimiye.

Hari kandi Gen. Adolphe Nshimirimana wari umukuru w’iperereza mu Burundi igihe ibyaha byakorwaga, akaba yarapfuye muw’2015.

Mu kwibuka imyaka 15 Ernest Manirumva amaze yambuwe ubuzima, ishyirahamwe”OLUCOME” yakoreraga rirateza ubwega, risaba ko umuryango wa nyakwigendera wahabwa ubutabera. Birasa no kugosorera mu rucaca ariko, kuko na OLUCOME izi neza ko ubutegetsi bwa CNDD-FDD bwimitse umuco wo kudahana, cyane cyane iyo abaregwa ari abambari bayo.

Imikoranire hagati y’ubutegetsi bw’uBurundi n’abajenosideri ba FDLR rero si iya none. Magingo aya ntibikinagirwa ibanga, kuko n’ubu icyo gihugu cyohereje, ku mugaragaro, abasirikari ndetse n’Imbonerakure(urubyiruko rwa CNDD-FDD), gufatanya na Leta ya Kongo na FDLR gutsemba Abakongomani bo mu bwoko bw’Abatutsi, ndetse no kunoza umugambi wo guhungabanya umutekano w’u Rwanda.

Abahoze mu mitwe y’iterabwoba nka FLN, FDLR n’iyindi, bakaza gufatirwa mu bikorwa byo guhungabanya umutekano w’uRwanda, babwiye inkiko uburyo abategetsi b’uBurundi bafashije iyo mitwe, mu kuyishakira no kuyitoreza abarwanyi, mbere yo kubaha intwaro n’inzira ngo batere u Rwanda.

Itangazamakuru ryigenga ndetse n’ abasesengura politiki ya CNDD-FDD rero, basanga imyitwarire ya Perezida Ndayishimiye, nko kwikoma ubuyobozi bw’u Rwanda no kurushinja ibirego adafitiye gihamya, ayiterwa n’ikimwaro, no kugerageza gusobanura impamvu akorana n’abajejeta amaraso ku biganza.

2024-04-27
Editorial

IZINDI NKURU

So ukwanga akuraga ibyamunaniye: Muhire Didier Berno ukomora ingengabitekerezo ya Jenoside kuri se Karemera Boniface, ubu ni umuhuzabikorwa wa FDLR irindagirira mu mashyamba ya Kongo.

So ukwanga akuraga ibyamunaniye: Muhire Didier Berno ukomora ingengabitekerezo ya Jenoside kuri se Karemera Boniface, ubu ni umuhuzabikorwa wa FDLR irindagirira mu mashyamba ya Kongo.

Editorial 29 Apr 2021
“Nzi ibyo nkora, nzi ibimbereye. Ntabwo nkeneye kubibwirwa n’uwo ari we wese.”-Perezida Kagame

“Nzi ibyo nkora, nzi ibimbereye. Ntabwo nkeneye kubibwirwa n’uwo ari we wese.”-Perezida Kagame

Editorial 01 Jul 2019
Minisitiri w’Intebe wa Kongo yahawe isomo ry’uko ntawe ushobora kubeshya abantu bose, igihe cyose!

Minisitiri w’Intebe wa Kongo yahawe isomo ry’uko ntawe ushobora kubeshya abantu bose, igihe cyose!

Editorial 19 Oct 2024
Umuyobozi wa Polisi mu ntara y’amajyepfo avuga ko ubufatanye bwa Polisi n’abaturage ari imwe mu nkingi z’umutekano uharangwa

Umuyobozi wa Polisi mu ntara y’amajyepfo avuga ko ubufatanye bwa Polisi n’abaturage ari imwe mu nkingi z’umutekano uharangwa

Editorial 29 Jun 2016

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Hamisa Mobetto warangaje Diamond Platnumz yatunguye abantu abereka amafoto ye ya bikini ndetse n’ imyaka afite
SHOWBIZ

Hamisa Mobetto warangaje Diamond Platnumz yatunguye abantu abereka amafoto ye ya bikini ndetse n’ imyaka afite

Editorial 17 Nov 2017
Abantu batanu basanganywe Coronavirus mu bipimo 1036 byafashwe, abanduye mu Rwanda bagera ku 118, abandi bantu 11 bakize COVID-19 basezererwa
HIRYA NO HINO

Abantu batanu basanganywe Coronavirus mu bipimo 1036 byafashwe, abanduye mu Rwanda bagera ku 118, abandi bantu 11 bakize COVID-19 basezererwa

Editorial 11 Apr 2020
Ipfunwe n’ikimwaro ryo gushaka mu muryango mugari w’interahamwe  nibyo bituma Rwalinda Pierre Celestin aharanira guhakana Jenoside yakorewe Abatutsi
INKURU NYAMUKURU

Ipfunwe n’ikimwaro ryo gushaka mu muryango mugari w’interahamwe  nibyo bituma Rwalinda Pierre Celestin aharanira guhakana Jenoside yakorewe Abatutsi

Editorial 13 Aug 2020

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru