• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Harimo n’abazandikwa bishyuye Miliyoni Ebyiri, FERWAFA yashyizeho amabwiriza mashya yo kwandikisha abakinnyi n’abatoza muri BK Pro League 2026/2027   |   09 Jul 2026

  • AMAFOTO – Umutoza mukuru wa APR FC, Abderrahim Taleb, yongereye amasezerano y’umwaka umwe   |   07 Jul 2026

  • Kwigira Nyoninyinshi kwa Habyarimana yavuze ko bashakira amahoro abantu bose naho yahe yo kajya   |   07 Jul 2026

  • Kuvanaho Ingamba z’Ubwirinzi byaba ari Ubwiyahuzi   |   07 Jul 2026

  • Raporo ivuga ko FDLR yigabyemo ibice bitatu by’ingenzi ari byo FDLR-FOCA, FDLR-RUD na FDLR-FPP   |   06 Jul 2026

  • Ububabare bwa RPA/F bwashibutsemo icyizere n’agaciro; Mufulukye Fred   |   05 Jul 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Tuburire impunzi z’Abanyarwanda ziri muri Malawi: Nimudakenga murisanga mu mutego mutindi wa Kayumba Nyamwasa n’abandi bagome, babashuka ngo mwigemurire urupfu mu mashyamba ya Kongo.

Tuburire impunzi z’Abanyarwanda ziri muri Malawi: Nimudakenga murisanga mu mutego mutindi wa Kayumba Nyamwasa n’abandi bagome, babashuka ngo mwigemurire urupfu mu mashyamba ya Kongo.

Ubwanditsi 27 Apr 2021 Amakuru, HIRYA NO HINO, Mu Mahanga

Kuri uyu wa gatatu tariki 28 mata 2021 ni umunsi ntarengwa watanzwe n’ ubutegetsi bwa Malawi ngo impunzi zose z’abanyamahanga ziri muri icyo gihugu zibe zasubiye mu nkambi, kuko ziteza umutekano muke aho zinyanyagiye mu mijyi nka Lilongwe, Mzuzu na Blantyre, bitaba ibyo zigasubira mu bihugu byazo. Ibi izo mpunzi ntizibikozwa, kuko ngo ubuzima bwo mu nkambi bugoye cyane.

Uyu ni Siwema Irambona, Afite imyaka 21 y’amavuko werekana impano ya Microsoft Nokia Lumia 540 mu mushinga wayo wo kuzamura itumanaho mu mpunzi

Urugero ngo ni inkambi ya Dzaleka ifite ubucucike burenze urugero, kuko ubu irimo umubare w’impunzi ukubye kane uwo yagombye gucumbikira.
Nubwo ariko izo mpunzi zitwaza ubuzima bubi mu nkambi, ababikurikiranira hafi bemeza ko abenshi ari abatinya gutaha kubera ibyaha basize bakoze iwabo. Dore nk’ubu mu barebwa n’icyemezo cya Leta ya Malawi, harimo Abanyarwanda babarirwa hagati y’ ibihumbi icumi(10.000) n’ibihumbi umunani(8.000), hafi ya bose bakaba ari abajenosideri cyangwa abandi bashakishwa n’ubutabera, kubera amahano basize bakoze mu Rwanda.

By’umwihariko iri tegeko ryo gusubiza impunzi mu nkambi ku bubi na bwiza, ryakuruye ikidodo mu mpunzi z’Abanyarwanda, ndetse zimwe zitangira gutega amatwi abazishishikariza kwerekeza mu mitwe y’iterabwoba nka RNC, FDLR na FLN, n’indi iri mu mashyamba ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Kongo. Amakuru yizewe aratumenyesha ko intumwa za Kayumba Nyamwasa arizo zabanje kongoshyoshya izo mpunzi, dore ko atari n’ubwa mbere zishuka impunzi z’Abanyarwanda ziri hirya no hino, cyane cyane muri Afrika y’amajyepfo, izo mpunzi zikisanga mu bizima burutwa n’urupfu. Magingo aya rero abagaragu ba Nyamwasa ngo barahihibikana, bashishikariza impunzi ziri muri Malawi kwanga kujya mu nkambi, ahubwo zikaboneza muri RNC, aho zizezwa ibitangaza nyamara bizabaviramo kwicuza gukomeye, nk’uko byagendekeye abazibanjirije.

Ayo makuru akomeza avuga kandi ko muri Malawi ubu hari n’abandi bantu basanzwe bazwi ko bakorana na FLN,FDLR, CNRD n’ utundi dutsiko tw’ abicanyi ruharwa. Abo bagome rero ngo bitwikira ijoro bakaremesha utunama tugamije gushukashuka izo mpunzi.

Nta gihe Leta y’u Rwanda idahamagarira buri Munyarwanda w’impunzi gutaha, kandi ibihumbi by’abumvise impanuro bataha buri munsi, ubu baratekanye mu gihugu cyabo. Abafite icyo bikeka nabo bakomeje kwerekwa ko nta cyiza cy’ubuhunzi, bagirwa inama yo gutaha bakaburanishwa mu mucyo, cyane ko ukuboko k’ubutabera ntaho kutagera.

Rushyashya nayo ntiyahwemye kuburira abemera gushukwa n’imitwe yiterabwoba, kuko ari ukwicukurira imva. Abinangiye nibo badasiba kwicwa nk’udushwiriri mu bitero ingabo za Kongo zibagabaho buri munsi, abadapfuye bakamugara cyangwa bagafatwa mpiri. Twongeye rero kubwira izi mpunzi ziri muri Malawi kwima amatwi Kayumba Nyamwasa n’abandi ba rusufero bashaka kubamarisha, kuko nta kindi bazasanga muri iyo mitwe y’iterabwoba arutse urupfu n’ubundi bujyahabi, batazatinda kwicuza.

Amatwi arimo urupfu ngo ntiyumva, ariko amateka ntazaduhore ko twari tuzi akaga gategereje abo dusangiye Igihugu ntitubaburire.

2021-04-27
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

U Rwanda Rwabwiye u Bubiligi ko Nta biganiro ku Rubanza Rwaciriwe Rusesabagina

U Rwanda Rwabwiye u Bubiligi ko Nta biganiro ku Rubanza Rwaciriwe Rusesabagina

Ubwanditsi 21 Sep 2021
Amavubi y’abagore ntakitabiriye amajonjora yo gushaka itike y’igikombe cy’Afurika

Amavubi y’abagore ntakitabiriye amajonjora yo gushaka itike y’igikombe cy’Afurika

Ubwanditsi 13 Oct 2021
Polisi y’u Rwanda yashyikirije Umwongereza  mudasobwa n’ibindi bintu bye byari byibwe

Polisi y’u Rwanda yashyikirije Umwongereza mudasobwa n’ibindi bintu bye byari byibwe

Ubwanditsi 24 Jun 2016
APR FC yerekanye abakinnyi 4 bashya barimo Tuyisenge Arsène wavuye muri Rayon Sports

APR FC yerekanye abakinnyi 4 bashya barimo Tuyisenge Arsène wavuye muri Rayon Sports

Ubwanditsi 20 Jun 2024

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

U Bwongereza: Inteko Ishinga Amategeko yemeje amasezerano ya Brexit
POLITIKI

U Bwongereza: Inteko Ishinga Amategeko yemeje amasezerano ya Brexit

Ubwanditsi 10 Jan 2020
Igisirikare cya Uganda cyavuze aho Gen Makenga wayoboraga M23 aherereye
ITOHOZA

Igisirikare cya Uganda cyavuze aho Gen Makenga wayoboraga M23 aherereye

Ubwanditsi 14 Nov 2016
Umusore  Farouk Ruhinda Saifi akomeje gukora udushya mu ikipe ya Bugesera FC
IMIKINO

Umusore  Farouk Ruhinda Saifi akomeje gukora udushya mu ikipe ya Bugesera FC

Ubwanditsi 08 Mar 2018

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru