• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Urukiko rwanzuye ko Nyuma y’imyaka 18, iperereza kuri Agathe Kanziga rigiye gukomeza   |   06 May 2026

  • Umukinnyi mwiza wa w’umwaka wa BK PRO LEAGUE azegukana imodoka ya miliyoni 15 Frw, Uko ibihembo bizatangwa   |   06 May 2026

  • Perezida Kagame yashimye Arsenal FC yageze ku mukino wa nyuma wa UEFA Champions League   |   05 May 2026

  • Al Ahly SC yegukanye CAVB Men’s Club Championship 2026, Police VC na REG zegukana imidali yo ku rwego rwa Afurika i Kigali   |   03 May 2026

  • POLICE VC yanditse amateka, ihurira na Al Ahly SC ku mukino wa nyuma wa CAVB Men’s Club Championship 2026   |   02 May 2026

  • Amakipe ya Police, APR, REG na Kepler VC ahagaririye u Rwanda muri shampiyona Nyafurika iri kubera I Kigali yageze muri 1/8 cy’iri rushanwa   |   28 Apr 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Tuburire impunzi z’Abanyarwanda ziri muri Malawi: Nimudakenga murisanga mu mutego mutindi wa Kayumba Nyamwasa n’abandi bagome, babashuka ngo mwigemurire urupfu mu mashyamba ya Kongo.

Tuburire impunzi z’Abanyarwanda ziri muri Malawi: Nimudakenga murisanga mu mutego mutindi wa Kayumba Nyamwasa n’abandi bagome, babashuka ngo mwigemurire urupfu mu mashyamba ya Kongo.

Ubwanditsi 27 Apr 2021 Amakuru, HIRYA NO HINO, Mu Mahanga

Kuri uyu wa gatatu tariki 28 mata 2021 ni umunsi ntarengwa watanzwe n’ ubutegetsi bwa Malawi ngo impunzi zose z’abanyamahanga ziri muri icyo gihugu zibe zasubiye mu nkambi, kuko ziteza umutekano muke aho zinyanyagiye mu mijyi nka Lilongwe, Mzuzu na Blantyre, bitaba ibyo zigasubira mu bihugu byazo. Ibi izo mpunzi ntizibikozwa, kuko ngo ubuzima bwo mu nkambi bugoye cyane.

Uyu ni Siwema Irambona, Afite imyaka 21 y’amavuko werekana impano ya Microsoft Nokia Lumia 540 mu mushinga wayo wo kuzamura itumanaho mu mpunzi

Urugero ngo ni inkambi ya Dzaleka ifite ubucucike burenze urugero, kuko ubu irimo umubare w’impunzi ukubye kane uwo yagombye gucumbikira.
Nubwo ariko izo mpunzi zitwaza ubuzima bubi mu nkambi, ababikurikiranira hafi bemeza ko abenshi ari abatinya gutaha kubera ibyaha basize bakoze iwabo. Dore nk’ubu mu barebwa n’icyemezo cya Leta ya Malawi, harimo Abanyarwanda babarirwa hagati y’ ibihumbi icumi(10.000) n’ibihumbi umunani(8.000), hafi ya bose bakaba ari abajenosideri cyangwa abandi bashakishwa n’ubutabera, kubera amahano basize bakoze mu Rwanda.

By’umwihariko iri tegeko ryo gusubiza impunzi mu nkambi ku bubi na bwiza, ryakuruye ikidodo mu mpunzi z’Abanyarwanda, ndetse zimwe zitangira gutega amatwi abazishishikariza kwerekeza mu mitwe y’iterabwoba nka RNC, FDLR na FLN, n’indi iri mu mashyamba ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Kongo. Amakuru yizewe aratumenyesha ko intumwa za Kayumba Nyamwasa arizo zabanje kongoshyoshya izo mpunzi, dore ko atari n’ubwa mbere zishuka impunzi z’Abanyarwanda ziri hirya no hino, cyane cyane muri Afrika y’amajyepfo, izo mpunzi zikisanga mu bizima burutwa n’urupfu. Magingo aya rero abagaragu ba Nyamwasa ngo barahihibikana, bashishikariza impunzi ziri muri Malawi kwanga kujya mu nkambi, ahubwo zikaboneza muri RNC, aho zizezwa ibitangaza nyamara bizabaviramo kwicuza gukomeye, nk’uko byagendekeye abazibanjirije.

Ayo makuru akomeza avuga kandi ko muri Malawi ubu hari n’abandi bantu basanzwe bazwi ko bakorana na FLN,FDLR, CNRD n’ utundi dutsiko tw’ abicanyi ruharwa. Abo bagome rero ngo bitwikira ijoro bakaremesha utunama tugamije gushukashuka izo mpunzi.

Nta gihe Leta y’u Rwanda idahamagarira buri Munyarwanda w’impunzi gutaha, kandi ibihumbi by’abumvise impanuro bataha buri munsi, ubu baratekanye mu gihugu cyabo. Abafite icyo bikeka nabo bakomeje kwerekwa ko nta cyiza cy’ubuhunzi, bagirwa inama yo gutaha bakaburanishwa mu mucyo, cyane ko ukuboko k’ubutabera ntaho kutagera.

Rushyashya nayo ntiyahwemye kuburira abemera gushukwa n’imitwe yiterabwoba, kuko ari ukwicukurira imva. Abinangiye nibo badasiba kwicwa nk’udushwiriri mu bitero ingabo za Kongo zibagabaho buri munsi, abadapfuye bakamugara cyangwa bagafatwa mpiri. Twongeye rero kubwira izi mpunzi ziri muri Malawi kwima amatwi Kayumba Nyamwasa n’abandi ba rusufero bashaka kubamarisha, kuko nta kindi bazasanga muri iyo mitwe y’iterabwoba arutse urupfu n’ubundi bujyahabi, batazatinda kwicuza.

Amatwi arimo urupfu ngo ntiyumva, ariko amateka ntazaduhore ko twari tuzi akaga gategereje abo dusangiye Igihugu ntitubaburire.

2021-04-27
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Ibyaranze ijoro Lionel Messi yaherewemo Ballon d’Or ya 8, Amateka ashobora kutazakorwa n’undi wese muri Ruhago

Ibyaranze ijoro Lionel Messi yaherewemo Ballon d’Or ya 8, Amateka ashobora kutazakorwa n’undi wese muri Ruhago

Ubwanditsi 31 Oct 2023
CYUMA Hassan yabonye umusigire mu gusebya Igihugu. IHORAHABONA Jean de Dieu wari umushoferi we, agereranya u Rwanda n’igihuru!

CYUMA Hassan yabonye umusigire mu gusebya Igihugu. IHORAHABONA Jean de Dieu wari umushoferi we, agereranya u Rwanda n’igihuru!

Ubwanditsi 22 Jun 2024
Perezida Kagame yakiriye intiti zirimo kumufasha kuvugurura Komisiyo ya AU

Perezida Kagame yakiriye intiti zirimo kumufasha kuvugurura Komisiyo ya AU

Ubwanditsi 13 Dec 2016
Umushyikirano 19: Ntimugatinye ibitumbaraye. Kenshi biba bimeze nk’ibipurizo byuzuyemo umwuka, wakozaho urushinge gusa ibyari bibyimbyemo ukayoberwa aho bigiye “Perezida Kagame”

Umushyikirano 19: Ntimugatinye ibitumbaraye. Kenshi biba bimeze nk’ibipurizo byuzuyemo umwuka, wakozaho urushinge gusa ibyari bibyimbyemo ukayoberwa aho bigiye “Perezida Kagame”

Ubwanditsi 23 Jan 2024

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Team Rwanda yitezweho kwegukana Tour du Senegal yakiriwe n’Abanyarwanda muri Sénégal
IMIKINO

Team Rwanda yitezweho kwegukana Tour du Senegal yakiriwe n’Abanyarwanda muri Sénégal

Ubwanditsi 20 Apr 2018
Ibyihebe byo muri RNC byiyemereye ko ntacyo byageraho, ubwabyo bikibaswe n’umwiryane.
Amakuru

Ibyihebe byo muri RNC byiyemereye ko ntacyo byageraho, ubwabyo bikibaswe n’umwiryane.

Ubwanditsi 25 Sep 2024
Imiterere y’urubanza rwa Perezida Zuma rutangiye iburanishwa
Mu Rwanda

Imiterere y’urubanza rwa Perezida Zuma rutangiye iburanishwa

Ubwanditsi 15 May 2017

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru