• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Ekenge si we kibazo nyamukuru, ikibazo ni urwango rwigishwa abakongomani rwo kwanga Abatutsi rukorwa n’ubutegetsi bwa Tshisekedi   |   29 Dec 2025

  • U Burundi: Jenerali Alain Guillaume Bunyoni akomeje kuremba, yimurirwa mu bitaro bya Kira i Bujumbura mu ibanga rikomeye   |   28 Dec 2025

  • Perezida Kagame yashimye Perezida wa FIFA, Gianni Infantino, wahisemo kwizihiriza Noheli mu Rwanda, mu buryo budasanzwe   |   26 Dec 2025

  • FERWACY yatangaje inzira za Tour du Rwanda 2026, Rubavu yakira isiganwa iminsi itatu, Nyamirambo iragaruka   |   22 Dec 2025

  • ABASIRIKARE B’ABARUNDI BAKOMEREKERA MURI KONGO, IGISHORO N’UBUTUNZI KURI PRIME NIYONGABO   |   16 Dec 2025

  • FDLR ikomeje kwica abaturage muri Walikale mu gihe Leta ya Congo ivuga ko itakiri ikibazo   |   16 Dec 2025

 
You are at :Home»POLITIKI»DRC: Hagati ya Tshisekedi na Kabila ishyamba si ryeru

DRC: Hagati ya Tshisekedi na Kabila ishyamba si ryeru

Editorial 12 Nov 2019 POLITIKI

Abo mu ishyaka rya Perezida Felix Tshisekedi ryitwa (Cap sur le Changemet, CACH) barashinja abo mu ishyaka rya Joseph Kabila (Front Commun pour le Congo, FCC) ko basuzugura Tshisekedi kugeza ubwo batwika amafoto ye. Batangaje ko imikoranire yose hagati y’impande zombi ihagaze kugeza ubwo ababigizemo uruhare bose bafashwe bakabihanirwa.

Hari hasanzweho imikorere hagati y’aya mashyaka yombi kuva Tshisekedi yafata ubutegetsi asimbuye Kabila. Icyo gihe hari abavugaga ko Kabila yagiranye amasezerano na Felix Tshisekedi yo kumusimbura.

Umuvugizi w’ishyaka CACH witwa Jean-Marc Kabund avuga ko kuba hari abantu bo mu Ntara yiganjemo abayoboke ba Kabila batinyutse gutwika cyangwa guca amafoto yerekena Umukuru w’igihugu Tshisekedi byerekana agasuzuguro kadashobora kwihanganirwa.

Kabund kuri Twitter yavuze ko ibiganiro byose hagati y’impande zombi bihagaze.

Jean-Marc Kabund usanzwe yungirije umuyobozi mukuru w’Inteko ishinga amategeko ya DRC, avuga ko abantu batwitse ifoto ya Tshisekedi ari abo mu Mugi wa Kolwezi ukaba ari umurwa mukuru w’Intara ya Lualaba iri mu Majyepfo ya kiriya gihugu.

Avuga ko ikibabaje kurushaho ari uko byabaye hari abakora mu nzego z’iperereza na Polisi babirebera.

Ati: “Kubera iyo mpamvu duhagaritse ibiganiro byose twagiranaga n’abo muri FCC kugeza igihe abantu bose bagize uruhare muri biriya bikorwa bisuzuguza Umukuru w’igihugu bafashwe bakagezwa mu bugenzacyaha.”

Guverineri w’Intara ya Lualaba witwa Richard Muyej Mangeze yasubije abo muri CACH ko hataciwe amafoto ya Tshisekedi gusa ahubwo ko haciwe n’aya Kabila, bityo ko ikibazo cyareberwa ku mpande zombi.

Ngo ababikoze ni inyangabirama zidashakira amahoro abatuye umugi wa Kolwezi.

Nehemie Mwilanya wahoze ari Umuvugizi wa Joseph Kabila na we yamaganye ibyakozwe n’abo ku ruhande rwa Kabila avuga ko ibyo bakoze bidashyize mu gaciro kandi yitandukanyije na bo.

Perezida Felix Tshisekedi yarahiriye kuyobora Congo Kinshasa taliki 24, Mutarama, 2019 amahanga yashimye ko ari ubwa mbere bibayeho ko uwahoze ari Umukuru w’igihugu cya DRC ahaye mugenzi we ubutegetsi mu mahoro.

N’ubwo ari uko bimeze ariko, Joseph Kabila afite ijambo rinini mu mitegekere y’igihugu kuko abo mu ishyaka rye ari bo biganje mu Nteko ishinga amategeko, kandi Minisitiri umwe kuri babiri akaba ari uwo mu ishyaka rye.

Igikomeye kurushaho ni uko na Minisitiri w’Intebe ari uwo mu ishyaka rya Kabila. Kimwe cya kabiri kandi cy’abayobora Intara 26 za DRC ni abo mu ishyaka rya Kabila.

Jeune Afrique

2019-11-12
Editorial

IZINDI NKURU

Bagaragaza yuko Museveni azatsinda kuri 51 %- Ubushakashatsi

Bagaragaza yuko Museveni azatsinda kuri 51 %- Ubushakashatsi

Editorial 21 Jan 2016
Zambia: Leta iraha icyizere impunzi z’Abanyarwanda cyo kuziha ubwenegihugu

Zambia: Leta iraha icyizere impunzi z’Abanyarwanda cyo kuziha ubwenegihugu

Editorial 07 Jun 2018
General de Brigade Ezéchiel Gakwerere n’izindi nterahamwe bagejejwe mu Rwanda nyuma y’Imyaka 30 bica banasahura

General de Brigade Ezéchiel Gakwerere n’izindi nterahamwe bagejejwe mu Rwanda nyuma y’Imyaka 30 bica banasahura

Editorial 01 Mar 2025
Politiki n’ingengabitekerezo bya Jenoside byabujije ba nyiramukubitwa kuba abantu

Politiki n’ingengabitekerezo bya Jenoside byabujije ba nyiramukubitwa kuba abantu

Editorial 07 Apr 2018

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Umujyi wa Kigali wateguye umuganda udasanzwe
Mu Mahanga

Umujyi wa Kigali wateguye umuganda udasanzwe

Editorial 13 Aug 2016
Nukurikiza ibi bintu icumi ntakabuza uzatsinda interview nujya gusaba akazi
UBUKUNGU

Nukurikiza ibi bintu icumi ntakabuza uzatsinda interview nujya gusaba akazi

Editorial 09 Mar 2017
Rwanda Cycling Cup 2018 iratangira hibukwa Byemayire Lambert [ Ingengabihe ]
IMIKINO

Rwanda Cycling Cup 2018 iratangira hibukwa Byemayire Lambert [ Ingengabihe ]

Editorial 24 Mar 2018

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru