• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Baker Byatsi yafungiwe ubujura imyaka ine afungurwa kuko yisiramuje nabi muri gereza bikamugwa nabi-Mushiki wa Byatsi byose yabivuze   |   28 May 2026

  • AMAFOTO – Mu mukino wakurikiwe na Perezida Kagame, RSSB Tigers BBC yageze ku mukino wa nyuma wa BAL 2026 itsinze AL Ahyly yo mu Misiri   |   28 May 2026

  • Stephen Constantine yatangaje urutonde rw’abakinnyi 24 bazifashishwa mu mikino ibiri ya gicuti mpuzamahanga izahuza u Rwanda na Comoros ndetse na Tanzania   |   27 May 2026

  • Agapfa kaburiwe ni impongo; Abagura Indaya bahawe imbuzi   |   27 May 2026

  • Ambassadeur Thérence Ntahiraja yemeje ko u Rwanda rugomba guterwa   |   27 May 2026

  • Rayon Sports yatsinze Bugesera FC yiyongerera amahirwe yo kuzahagararira u Rwanda mu mikino Nyafurika   |   26 May 2026

 
You are at :Home»POLITIKI»Ban Ki Moon yasabye amahanga gukura isomo ku mateka y’u Rwanda

Ban Ki Moon yasabye amahanga gukura isomo ku mateka y’u Rwanda

Ubwanditsi 14 Apr 2016 POLITIKI

Umunyamabanga Mukuru w’Umuryango w’Abibumbye, Ban Ki Moon yavuze ko amahanga akwiye kwigira ku Rwanda ko nubwo abantu bifitemo kamere ishobora kubaganisha ku mabi ndengakamere, banifitemo ubushobozi bwo kumvikana, guca bugufi no kubabarirana, asaba ko aribyo byimakazwa ngo abantu babane mu mahoro n’ubwubahane.

Yabigarutseho ubwo kuri uyu wa 11 Mata 2016, ku cyicaro cy’Umuryango w’Abibumbye i New York haberaga igikorwa cyo kuzirikana kuri Jenoside yakorewe Abatutsi. Ni umuhango wabanjirijwe no gucana urumuri rw’icyizere n’umunota wo kwibuka abasaga miliyoni bazize Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994.

Insanganyamatsiko y’ibikorwa byo Kwibuka muri uyu mwaka ni “Kwibuka Jenoside Yakorewe Abatutsi, Turwanya Ingengabitekerezo ya Jenoside.”

Ban Ki Moon yavuze ko uburyo bwonyine bwo kwirinda Jenoside n’ihutazwa rikabije ry’uburenganzira bwa muntu ari uko ibihugu byose byashyira hamwe imbaraga muri uwo mugambi.

Yagize ati “Ni ngombwa ko guverinoma z’ibihugu, ubucamanza n’imiryango itari iya leta ihaguruka ikamagana amagambo abiba urwango n’abo babiba amacakubiri n’ubugizi bwa nabi.”

Yakomeje agira ati “Mu kwibuka ababuze ubuzima bwabo, tugomba no guterwa imbaraga n’umuhate w’abarokotse. Bagaragaje ko ubwiyunge bushoboka na nyuma y’ibyaha nk’ibi ndengakamere.”

Umuyobozi mukuru wungirije w’inama y’abaperezida b’imiryango ikomeye y’abayahudi muri Amerika, Malcolm Hoenlein, yavuze ko muri iki gihe bibuka Jenoside yakorewe Abatutsi, bibuka amasomo yabonetse mu myaka 22 ishize, atari ku nyungu zabo, ahubwo z’ibisekuru biri imbere.

Umwe mu batanze ubuhamya, Nelly Mukazayire, yavuze ko nk’umuntu ufite umubyeyi wakoze Jenoside, ari urugero rw’uko muri iki gihe abantu bahabwa amahirwe angana mu Rwanda.

Mbere yo guhabwa akazi mu biro by’Umukuru w’Igihugu yakoraga nk’umushakashatsi mu bijyanye n’ubukungu, mu biro bya Minisitiri w’Intebe.

Mukazayire yavuze ko bijyanye n’abagerageza gupfobya Jenoside, “Nta muntu ushobora kugira aho ahungira ukuri. Ukwite amazina atandukanye, ariko ibimenyetso ntaho bijya.”

Ambasaderi w’u Rwanda muri Loni, Eugene Richard Gasana, yavuze ko ubuhamya bwa Mukazayire bushimangira uko Abanyarwanda banze guheranwa n’ibihe banyuzemo, ahubwo bagasangira intego yo kubaka u Rwanda rushya.

Yavuze ko hari byinshi igihugu kigezeho, kirangajwe imbere na Perezida Paul Kagame, wagaragaje ko Jenoside itazongera kubaho mu Rwanda.

Ambasaderi Gasana yavuze ko Perezida Kagame ari we washoboye guhuza Umuryango Nyarwanda wari waracitsemo ibice, aho yababibyemo umuco wo kumva ko nta muhutu cyangwa umututsi ahubwo bose ari Abanyarwanda.

-2641.jpg

Umunyamabanga Mukuru w’Umuryango w’Abibumbye, Ban Ki Moon

Ubwo hatangiraga icyumweru cyo Kwibuka Jrenoside yakorewe Abatutsi, Ban Ki moon, yasabye ibihugu byo mu karere ndetse n’ibindi bigize uyu muryango gukomeza kongera imbaraga mu guta muri yombi no gushyikiriza ubutabera abakekwaho uruhare muri Jenoside ndetse no gushyira iherezo ku muco wo kudahana.

Source:Igihe

2016-04-14
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Perezida Tshisekedi ahanganye n’ihuriro rikomeye: Katumbi na AFC/M23 bashyigikiye igaruka rya Kabila

Perezida Tshisekedi ahanganye n’ihuriro rikomeye: Katumbi na AFC/M23 bashyigikiye igaruka rya Kabila

Ubwanditsi 26 May 2025
Kinshasa : Perezida Kagame yunamiye Étienne Tshisekedi wasezeweho bwa nyuma

Kinshasa : Perezida Kagame yunamiye Étienne Tshisekedi wasezeweho bwa nyuma

Ubwanditsi 01 Jun 2019
“Abantu nka Ingabire[ Victoire] urabareka ikibi kibarimo kikaba aricyo kibagiraho ingaruka” – Paul Kagame.

“Abantu nka Ingabire[ Victoire] urabareka ikibi kibarimo kikaba aricyo kibagiraho ingaruka” – Paul Kagame.

Ubwanditsi 14 Jul 2024
Uko ibitaro byo muri Uganda byanze kwakira Umunyarwanda bimuviramo urupfu

Uko ibitaro byo muri Uganda byanze kwakira Umunyarwanda bimuviramo urupfu

Ubwanditsi 21 Feb 2020

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Habayeho uguterana amagambo hagati ya Anne Rwigara n’umuhesha w’inkiko watezaga ibyabo cyamunara
INKURU NYAMUKURU

Habayeho uguterana amagambo hagati ya Anne Rwigara n’umuhesha w’inkiko watezaga ibyabo cyamunara

Ubwanditsi 29 Mar 2018
Uwigaga muri Kaminuza ya Makerere ni umwe mu ba FDLR bagabye igitero i Musanze
HIRYA NO HINO

Uwigaga muri Kaminuza ya Makerere ni umwe mu ba FDLR bagabye igitero i Musanze

Ubwanditsi 07 Oct 2019
Ku munsi wa 13 wa PNL, APR FC yatsikiye, Police FC itsindwa na Bugesera FC, Rayon irakira Muhazi United
Amakuru

Ku munsi wa 13 wa PNL, APR FC yatsikiye, Police FC itsindwa na Bugesera FC, Rayon irakira Muhazi United

Ubwanditsi 06 Dec 2023

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru