• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • U Rwanda rwegukanye ibikombe bibiri bya Men’s IHF Trophy Africa/Zone 5 mu batarengeje imyaka 18 na 20   |   09 May 2026

  • Urukiko rwanzuye ko Nyuma y’imyaka 18, iperereza kuri Agathe Kanziga rigiye gukomeza   |   06 May 2026

  • Umukinnyi mwiza wa w’umwaka wa BK PRO LEAGUE azegukana imodoka ya miliyoni 15 Frw, Uko ibihembo bizatangwa   |   06 May 2026

  • Perezida Kagame yashimye Arsenal FC yageze ku mukino wa nyuma wa UEFA Champions League   |   05 May 2026

  • Al Ahly SC yegukanye CAVB Men’s Club Championship 2026, Police VC na REG zegukana imidali yo ku rwego rwa Afurika i Kigali   |   03 May 2026

  • POLICE VC yanditse amateka, ihurira na Al Ahly SC ku mukino wa nyuma wa CAVB Men’s Club Championship 2026   |   02 May 2026

 
You are at :Home»POLITIKI»Ban Ki Moon yasabye amahanga gukura isomo ku mateka y’u Rwanda

Ban Ki Moon yasabye amahanga gukura isomo ku mateka y’u Rwanda

Ubwanditsi 14 Apr 2016 POLITIKI

Umunyamabanga Mukuru w’Umuryango w’Abibumbye, Ban Ki Moon yavuze ko amahanga akwiye kwigira ku Rwanda ko nubwo abantu bifitemo kamere ishobora kubaganisha ku mabi ndengakamere, banifitemo ubushobozi bwo kumvikana, guca bugufi no kubabarirana, asaba ko aribyo byimakazwa ngo abantu babane mu mahoro n’ubwubahane.

Yabigarutseho ubwo kuri uyu wa 11 Mata 2016, ku cyicaro cy’Umuryango w’Abibumbye i New York haberaga igikorwa cyo kuzirikana kuri Jenoside yakorewe Abatutsi. Ni umuhango wabanjirijwe no gucana urumuri rw’icyizere n’umunota wo kwibuka abasaga miliyoni bazize Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994.

Insanganyamatsiko y’ibikorwa byo Kwibuka muri uyu mwaka ni “Kwibuka Jenoside Yakorewe Abatutsi, Turwanya Ingengabitekerezo ya Jenoside.”

Ban Ki Moon yavuze ko uburyo bwonyine bwo kwirinda Jenoside n’ihutazwa rikabije ry’uburenganzira bwa muntu ari uko ibihugu byose byashyira hamwe imbaraga muri uwo mugambi.

Yagize ati “Ni ngombwa ko guverinoma z’ibihugu, ubucamanza n’imiryango itari iya leta ihaguruka ikamagana amagambo abiba urwango n’abo babiba amacakubiri n’ubugizi bwa nabi.”

Yakomeje agira ati “Mu kwibuka ababuze ubuzima bwabo, tugomba no guterwa imbaraga n’umuhate w’abarokotse. Bagaragaje ko ubwiyunge bushoboka na nyuma y’ibyaha nk’ibi ndengakamere.”

Umuyobozi mukuru wungirije w’inama y’abaperezida b’imiryango ikomeye y’abayahudi muri Amerika, Malcolm Hoenlein, yavuze ko muri iki gihe bibuka Jenoside yakorewe Abatutsi, bibuka amasomo yabonetse mu myaka 22 ishize, atari ku nyungu zabo, ahubwo z’ibisekuru biri imbere.

Umwe mu batanze ubuhamya, Nelly Mukazayire, yavuze ko nk’umuntu ufite umubyeyi wakoze Jenoside, ari urugero rw’uko muri iki gihe abantu bahabwa amahirwe angana mu Rwanda.

Mbere yo guhabwa akazi mu biro by’Umukuru w’Igihugu yakoraga nk’umushakashatsi mu bijyanye n’ubukungu, mu biro bya Minisitiri w’Intebe.

Mukazayire yavuze ko bijyanye n’abagerageza gupfobya Jenoside, “Nta muntu ushobora kugira aho ahungira ukuri. Ukwite amazina atandukanye, ariko ibimenyetso ntaho bijya.”

Ambasaderi w’u Rwanda muri Loni, Eugene Richard Gasana, yavuze ko ubuhamya bwa Mukazayire bushimangira uko Abanyarwanda banze guheranwa n’ibihe banyuzemo, ahubwo bagasangira intego yo kubaka u Rwanda rushya.

Yavuze ko hari byinshi igihugu kigezeho, kirangajwe imbere na Perezida Paul Kagame, wagaragaje ko Jenoside itazongera kubaho mu Rwanda.

Ambasaderi Gasana yavuze ko Perezida Kagame ari we washoboye guhuza Umuryango Nyarwanda wari waracitsemo ibice, aho yababibyemo umuco wo kumva ko nta muhutu cyangwa umututsi ahubwo bose ari Abanyarwanda.

-2641.jpg

Umunyamabanga Mukuru w’Umuryango w’Abibumbye, Ban Ki Moon

Ubwo hatangiraga icyumweru cyo Kwibuka Jrenoside yakorewe Abatutsi, Ban Ki moon, yasabye ibihugu byo mu karere ndetse n’ibindi bigize uyu muryango gukomeza kongera imbaraga mu guta muri yombi no gushyikiriza ubutabera abakekwaho uruhare muri Jenoside ndetse no gushyira iherezo ku muco wo kudahana.

Source:Igihe

2016-04-14
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Ndayishimiye yisamye yasandaye?

Ndayishimiye yisamye yasandaye?

Ubwanditsi 03 Mar 2025
Bimwe mu byo wamenya kuri Uhuru Kenyatta uherutse gutsinda amatora bigateshwa agaciro

Bimwe mu byo wamenya kuri Uhuru Kenyatta uherutse gutsinda amatora bigateshwa agaciro

Ubwanditsi 26 Sep 2017
Sudani: Perezida Bashir yirukanye abagize Guverinoma bose

Sudani: Perezida Bashir yirukanye abagize Guverinoma bose

Ubwanditsi 10 Sep 2018
Breaking : Kongere y’igihugu Idasanzwe ya PL yemeje ko PL ishyigikira kandidatire ya Nyakubahwa Paul Kagame

Breaking : Kongere y’igihugu Idasanzwe ya PL yemeje ko PL ishyigikira kandidatire ya Nyakubahwa Paul Kagame

Ubwanditsi 04 Jun 2017

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Perezida Kagame yashyizeho abayobozi mu mirimo inyuranye muri RDF
INKURU NYAMUKURU

Perezida Kagame yashyizeho abayobozi mu mirimo inyuranye muri RDF

Ubwanditsi 04 Feb 2020
Minisitiri w’Intebe yasobanuye uko yakuye impamba mu mwiherero yitabiriye ku nshuro ya mbere
POLITIKI

Minisitiri w’Intebe yasobanuye uko yakuye impamba mu mwiherero yitabiriye ku nshuro ya mbere

Ubwanditsi 03 Mar 2018
Nyamasheke: Umucungamari wa koperative afunzwe akekwaho kunyereza arenga miliyoni 30
Mu Rwanda

Nyamasheke: Umucungamari wa koperative afunzwe akekwaho kunyereza arenga miliyoni 30

Ubwanditsi 16 May 2017

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru