• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Harimo n’abazandikwa bishyuye Miliyoni Ebyiri, FERWAFA yashyizeho amabwiriza mashya yo kwandikisha abakinnyi n’abatoza muri BK Pro League 2026/2027   |   09 Jul 2026

  • AMAFOTO – Umutoza mukuru wa APR FC, Abderrahim Taleb, yongereye amasezerano y’umwaka umwe   |   07 Jul 2026

  • Kwigira Nyoninyinshi kwa Habyarimana yavuze ko bashakira amahoro abantu bose naho yahe yo kajya   |   07 Jul 2026

  • Kuvanaho Ingamba z’Ubwirinzi byaba ari Ubwiyahuzi   |   07 Jul 2026

  • Raporo ivuga ko FDLR yigabyemo ibice bitatu by’ingenzi ari byo FDLR-FOCA, FDLR-RUD na FDLR-FPP   |   06 Jul 2026

  • Ububabare bwa RPA/F bwashibutsemo icyizere n’agaciro; Mufulukye Fred   |   05 Jul 2026

 
You are at :Home»ITOHOZA»Uganda yamuritse igitanda Kagame yararagaho mu mashuri yisumbuye

Uganda yamuritse igitanda Kagame yararagaho mu mashuri yisumbuye

Ubwanditsi 26 Sep 2016 ITOHOZA

Igitanda Perezida Paul Kagame yararagaho yiga mu mashuri yisumbuye mu Burengerazuba bwa Uganda cyamuritswe mu gihe Uganda yitegura kwizihiza umunsi mpuzamahanga w’ubukerarugendo tariki 27 Nzeri 2016.

Inkuru dukesha KT Press ivuga ko uyu munsi utegurwa mu karere ka Mbarara ahaherereye ishuri rya Ntare School rizwi nka rimwe mu mashuri yisumbuye rikomeye cyane muri Uganda.

Biteganyijwe ko mu bikorwa bizaranga uyu munsi, abakuriye ubukerarugendo batangaje ko bazamurika ibitanda Perezida Kagame na Perezida wa Uganda Yoweri Museveni baryamagaho biga muri iri shuri.

Abazasura iri shuri bazabona ibi bitanda byaryamyeho aba bagabo ubu babaye Abakuru b’Igihugu.

Perezida Kagame yize mu ishuri ryisumbuye rya Ntare School kuva mu 1972 kugeza mu 1976, aho yararaga mu cyumba numero ya 1 bitaga icyo gihe “Stanley House”, ariko ubu cyitwa “Pioneer House”.

Abakuriye ubukerarugendo muri Uganda bizeye ko iki gitanda ndetse n’ibindi bizarushaho kongera ubukerarugendo nk’uko guverinoma ihanganye no kuzamura umwanya igihugu kiriho ku rwego mpuzamahanga.

Ibi bije mu gihe kandi ibihugu bigize Umuryango wa Afurika y’Iburasirazuba byashyizeho gahunda ya visa imwe ku banyamahanga basura ibi bihugu bituma buri gihugu kigize uyu muryango kirushaho gushaka ibyarushaho gukurura ba mukerarugendo.

Hari ubutumwa buri ku rukuta rwegereye igitanda cya Kagame buvuga ahanini uko yari ameze ku ishuri, aho bugira buti “Muri rusange yari acecetse kandi atuje. Kenshi yabaga ari mu mikino myinshi ariko cyane cyane basketball na cricket.”

Mu Rwanda hari umushinga wo kuhubaka ishami rya Ntare School aho asaga miliyari y’amafaranga y’u Rwanda yakusanyijwe mu gufasha uyu mushinga kuva muri Werurwe uyu mwaka.

-4158.jpg

2016-09-26
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Indege ya Habyarimana :  Iturufu rya Kayumba  ryo  kubona ubuhungiro mu Bufaransa

Indege ya Habyarimana : Iturufu rya Kayumba ryo kubona ubuhungiro mu Bufaransa

Ubwanditsi 13 Oct 2016
Bobi Wine yagarutse muri Uganda ahita afatwa na Polisi

Bobi Wine yagarutse muri Uganda ahita afatwa na Polisi

Ubwanditsi 20 Sep 2018
U Buholandi : Umujenosideri Yvonne Basebya yitabye Imana mu buryo butunguranye

U Buholandi : Umujenosideri Yvonne Basebya yitabye Imana mu buryo butunguranye

Ubwanditsi 27 Feb 2016
Uganda: Itorero AGAPE i Mbarara ryahindutse indiri y’ibikorwa bya RNC

Uganda: Itorero AGAPE i Mbarara ryahindutse indiri y’ibikorwa bya RNC

Ubwanditsi 11 Jan 2018

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Gen Maj Pacifique Ntawunguka [ Omega ] wavuze ko azagaruka mu Rwanda nta Mututsi ukirubamo yagizwe umuyobozi wa FDLR
INKURU NYAMUKURU

Gen Maj Pacifique Ntawunguka [ Omega ] wavuze ko azagaruka mu Rwanda nta Mututsi ukirubamo yagizwe umuyobozi wa FDLR

Ubwanditsi 21 Sep 2019
Umutoza wungirije wa APR FC Pablo Morchón Yamaze Kuhasesekara
IMIKINO

Umutoza wungirije wa APR FC Pablo Morchón Yamaze Kuhasesekara

Ubwanditsi 16 Aug 2020
U Rwanda rwatsinzwe na Libya ku munota wa nyuma rurasezererwa[ uko byagenze mukibuga ]
IMIKINO

U Rwanda rwatsinzwe na Libya ku munota wa nyuma rurasezererwa[ uko byagenze mukibuga ]

Ubwanditsi 24 Jan 2018

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru