• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • AMAFOTO – Girumugisha yabaye umukinnyi w’umwaka muri Shampiyona y’u Rwanda ahembwa imodoka ya miliyoni 15 Frw   |   13 Jul 2026

  • Iperereza ku rupfu rwa ruharwa Kabuga Félicien: Yapfiriye mu cyumba cye nyuma yo guhabwa ifunguro, yazize umutima   |   13 Jul 2026

  • Mu mikino ya CECAFA Kagame Cup 2026, APR FC izatangira ihura na Gor Mahia, Rayon Sports izisobanura na KVZ SC yo muri Zanzibar   |   11 Jul 2026

  • Harimo n’abazandikwa bishyuye Miliyoni Ebyiri, FERWAFA yashyizeho amabwiriza mashya yo kwandikisha abakinnyi n’abatoza muri BK Pro League 2026/2027   |   09 Jul 2026

  • AMAFOTO – Umutoza mukuru wa APR FC, Abderrahim Taleb, yongereye amasezerano y’umwaka umwe   |   07 Jul 2026

  • Kwigira Nyoninyinshi kwa Habyarimana yavuze ko bashakira amahoro abantu bose naho yahe yo kajya   |   07 Jul 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Mahanga»Munyagishari ngo yarashe amasasu 3 umugore wamuririraga, undi amuta muri Sebeya

Munyagishari ngo yarashe amasasu 3 umugore wamuririraga, undi amuta muri Sebeya

Ubwanditsi 08 Jun 2016 Mu Mahanga

Urukiko Rukuru rukomeje kumva abatangabuhamya bashinja Bernard Munyagishari kuba yaragize uruhare rukomeye mu gushishikariza abahutu kwica abatutsi, na we ubwe akiyicira bamwe.

Umutangabuhamya w’ubushinjyacyaha bwagaragarije urukiko ko ibyo avuga byarufasha, ni uwari escort (uwarindaga) Munyagishari mbere no mu gihe cya Jenoside yakorewe Abatutsi. Uyu ni we wahise amushinja, arindiwe umutekano.

Uyu mutangabuhamya yahawe izina rya ‘MDE’, yahamije imbere y’urukiko ko azi neza Bernard Munyagishari kuva na mbere ya Jenoside kandi ibyo amushinja bimwe babikoranye.

Uyu mutangabuhamya yavuze ko we ubu afungiye icyaha gisanzwe cya ruswa, yatanze atwaye ikinyabiziga. Ariko yemeye icyaha cya jenoside, agisabira imbabazi arekurwa n’Iteka rya Perezida wa Repubulika.

Yavuze ko azi Munyagishari yigisha ku kigo cy’amashuri abanza cya Rubavu, ari na ho we yigaga mu mwaka wa kane.

Asobanura ko nubwo yari muto, buri munyeshuri wese yari azi Munyagishari kuko yakundaga umupira w’amaguru, anawubashishikariza. Mu 1993 ni bwo yatangiye kumurinda.

Akomeza avuga ko mu gihe cy’inkubiri y’amashyaka i Gisenyi, Bernard Munyagishari yayinjiyemo akaba ari na we ngo wari ukuriye Interahamwe.

Yasobanuye ko yagiriwe icyizere cyo kurinda Munyagishari, asunitswe na mwene wabo wayoboraga Interahamwe muri Kigali.

Ku byo amushinja ku gutegura Jenoside yakorewe Abatutsi no kuyikora, MDE agaragaza ko Munyagishari bahuriraga muri mitingi ku biro by’ishyaka rya MRND i Gisenyi, aho bitaga ku Ngoro ya Muvoma.

Uretse aho, uyu mutangabuhamya agaragaza ko Munyagishari yabatozaga imbunda kuri stade. Iyi myitozo akavuga ko yari igamije kurwanya Inyenzi (Inkotanyi). Uko kwitozaga byakorwaga akavuga ko na za mitingi zakomezaga.

Muri izo mitingi, umutangabuhamya yagaragaje ko Munyagishari yabashishikarizaga Abahutu kwica Abatutsi. Ngo yababwiraga ko bagomba gutandukanya Inyenzi n’Abahutu bakifashisha ahanditse izina ‘Tutsi” mu ndangamuntu.

Yagaragaje ko za bariyeri zakozwe, abafashwe bakajya banajyanwa mu kigo cya gisirikare cya Gisenyi.

Muri izo mitingi, yagaragaje ko bagiye i Kigali kuzana ibikoresho birimo imipanga n’udushoka. Ibi bikoresho ngo bakaba barabihawe ku nkunga ya Kabuga Felisiyani. Uyu akaba ari mu bagihigishwa uruhindu, wanashyiriweho igihembo n’Amerika ku wuzatanga makuru agafatwa.

Yavuze ko Kabuga yababwiye ngo ‘ibyo bikoresho ntibizapfe ubusa.’ Ibi bikoresho byaje gutangirwa ku mugaragaro ku Ngoro ya Muvoma.

MDE yabwiye urukiko ko mu gitondo cyo ku itariki ya 7 Mata 1994, indege y’uwari Perezida Habyarima yaraye ihanuwe, Munyagishari yasanze abantu benshi ku ngoro ya Muvoma, bamwe batanazi iby’urupfu rwa Hyabyarimana.

Akihagera, MDE avuga ko yababwiranye uburakari ati “Umukuru w’igihugu yapfuye none muri aha?” Akomeza avuga ko yababwiye ko berekeza kuri College Nyemeramihigo gushaka Abatutsi bahari.

MDE avuga ko bari mu nzira berekezayo, bavuye mu mujyi gufata lisansi, bagikata imodoka, Munyagishari yabonye umugore w’uwitwa Mafene yiruka yambuka umuhanda, aparika imodoka, afata imbunda.

Uyu mugore yatakambiye Munyagishari wari uziranya n’umugabo we, amusaba imbabazi ngo yo kumwica azicwe n’abandi.

Umutangabuhamya akomeza agaragaza ko aho kumwumva, Munyagishari yamusabye gukuramo imyenda ngo arebe niba nta kashi y’Inkotanyi ngo afite, umugore yicara hasi ararira, undi ahita amurasa amasasu atatu. Umurambo bawusiga mu muhanda.

Bakomeza berekeza kuri College, bahura n’umukobwa MDE yavuze ko yumvise abwira Munyagishari ko yitwa Chantal.

Uyu mukobwa na we ngo bahuye yiruka afite ubwoba, Munyagishari amushyira mu modoka. Ngo amujyanye kuri Bar Tam Tam, amwinjiranamo, bamaranamo nk’isaha, basohoka umukobwa arira.

MDE yabwiye urukiko ko bageze kuri aka kabari kari gakomeye, Munyagishari akaka imfunguzo, izindi nterahamwe nkuru bari kumwe zajyanye imodoka.

Munyagishari ngo yasohotse muri Tam Tam imodoka itaragaruka. Munyagishari asaba MDE ko bagenda n’amaguru gake bashoreye na wa mukobwa, ariko ngo bagishingura ikirenge imodoka iba iraje.

Uwitwa Thomas na Munyagishari ngo bashyize uwo mukobwa mu modoka, berekeza mu mujyi MDE asigara kuri Tam Tam. Nyamara we ngo yari yabanje gutekereza ko bagiye kumujyana kuri komine, ahiciwe Abatutsi benshi.

Hashize nk’isaha, ni bwo Munyagishari ngo yahindukiye yitwaye mu modoka. Berekeje kuri Sebeya, na wa mukobwa, Munyagishari amuhirikira mu mazi, abwira MDE ngo amurase.

Ibi byose uyu mutangabuhamya yavugaga, yagaragarije urukiko ko bimutera ishavu ryinshi iyo abisubiramo, ndetse ko aba yumva atabisubiramo. Anasaba imbabazi ko aho ryamutera guceceka rwamwihanganira. Akavuga ko ababazwa no kuba Munyagishari wabatoje, abihakana.

-2900.jpg

Munyagishari Bernard ukurikiranweho ibyaha bya Jenoside

Urukiko rukomeje kumva ubuhamya bw’abashinja mu gihe ku rundi ruhande hatarabone abashinjura Munyagishari.

Urubanza rukomeje kandi Munyagishari atagaragara mu rukiko, haza abavoka gusa. Yajuriye mu Rukiko rw’Ikirenga, nyuma yo kwanga aba yagenewe.

Munyagishari Bernard wafatiwe muri Congo mu mwaka wa 2011 akurikiranyweho ibyaha bya Jenoside, ubwicanyi, no gufata ku ngufu abagore n’ibindi byaha byibasiriye inyoko muntu. Yoherejwe kuburanira mu Rwanda n’Urukiko Mpuzamahanga Mpanabyaha rwashyiriweho u Rwanda (ICTR) muri Nyakanga 2013.

2016-06-08
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Abapolisi bakuru biga iby’imiyoborere basuye inganda zo muri Etiyopiya

Abapolisi bakuru biga iby’imiyoborere basuye inganda zo muri Etiyopiya

Ubwanditsi 16 Jun 2016
Nyagatare: Umuntu yarakubiswe arapfa undi atemwa ugutwi gucikaho

Nyagatare: Umuntu yarakubiswe arapfa undi atemwa ugutwi gucikaho

Ubwanditsi 04 Jan 2016
Polisi y’u Rwanda yasubije umunyarwanda imodoka ye yari yaribwe ikajyanwa Uganda

Polisi y’u Rwanda yasubije umunyarwanda imodoka ye yari yaribwe ikajyanwa Uganda

Ubwanditsi 14 Apr 2016
Ubushishozi bw’abanyapolitiki ba Kongo bugerwa ku mashyi

Ubushishozi bw’abanyapolitiki ba Kongo bugerwa ku mashyi

Ubwanditsi 26 Dec 2022

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Guverinoma y’u Rwanda yabwiye iya Uganda ko Ubucuruzi busesuye butakorwa mu gihe ababukora  bicwa
INKURU NYAMUKURU

Guverinoma y’u Rwanda yabwiye iya Uganda ko Ubucuruzi busesuye butakorwa mu gihe ababukora bicwa

Ubwanditsi 14 Mar 2019
Gen. Dallaire yongeye gukomoza ku mahanga yareberega nyamara Abatutsi barimo kwicwa mu Rwanda
ITOHOZA

Gen. Dallaire yongeye gukomoza ku mahanga yareberega nyamara Abatutsi barimo kwicwa mu Rwanda

Ubwanditsi 10 May 2017
Nshuti ukina muri Tunisie yasuye APR FC ayibwira ibiyifasha gutsinda Club Africain (Amafoto)
IMIKINO

Nshuti ukina muri Tunisie yasuye APR FC ayibwira ibiyifasha gutsinda Club Africain (Amafoto)

Ubwanditsi 04 Dec 2018

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru