• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • U Rwanda rwegukanye ibikombe bibiri bya Men’s IHF Trophy Africa/Zone 5 mu batarengeje imyaka 18 na 20   |   09 May 2026

  • Urukiko rwanzuye ko Nyuma y’imyaka 18, iperereza kuri Agathe Kanziga rigiye gukomeza   |   06 May 2026

  • Umukinnyi mwiza wa w’umwaka wa BK PRO LEAGUE azegukana imodoka ya miliyoni 15 Frw, Uko ibihembo bizatangwa   |   06 May 2026

  • Perezida Kagame yashimye Arsenal FC yageze ku mukino wa nyuma wa UEFA Champions League   |   05 May 2026

  • Al Ahly SC yegukanye CAVB Men’s Club Championship 2026, Police VC na REG zegukana imidali yo ku rwego rwa Afurika i Kigali   |   03 May 2026

  • POLICE VC yanditse amateka, ihurira na Al Ahly SC ku mukino wa nyuma wa CAVB Men’s Club Championship 2026   |   02 May 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Mahanga»Munyagishari ngo yarashe amasasu 3 umugore wamuririraga, undi amuta muri Sebeya

Munyagishari ngo yarashe amasasu 3 umugore wamuririraga, undi amuta muri Sebeya

Ubwanditsi 08 Jun 2016 Mu Mahanga

Urukiko Rukuru rukomeje kumva abatangabuhamya bashinja Bernard Munyagishari kuba yaragize uruhare rukomeye mu gushishikariza abahutu kwica abatutsi, na we ubwe akiyicira bamwe.

Umutangabuhamya w’ubushinjyacyaha bwagaragarije urukiko ko ibyo avuga byarufasha, ni uwari escort (uwarindaga) Munyagishari mbere no mu gihe cya Jenoside yakorewe Abatutsi. Uyu ni we wahise amushinja, arindiwe umutekano.

Uyu mutangabuhamya yahawe izina rya ‘MDE’, yahamije imbere y’urukiko ko azi neza Bernard Munyagishari kuva na mbere ya Jenoside kandi ibyo amushinja bimwe babikoranye.

Uyu mutangabuhamya yavuze ko we ubu afungiye icyaha gisanzwe cya ruswa, yatanze atwaye ikinyabiziga. Ariko yemeye icyaha cya jenoside, agisabira imbabazi arekurwa n’Iteka rya Perezida wa Repubulika.

Yavuze ko azi Munyagishari yigisha ku kigo cy’amashuri abanza cya Rubavu, ari na ho we yigaga mu mwaka wa kane.

Asobanura ko nubwo yari muto, buri munyeshuri wese yari azi Munyagishari kuko yakundaga umupira w’amaguru, anawubashishikariza. Mu 1993 ni bwo yatangiye kumurinda.

Akomeza avuga ko mu gihe cy’inkubiri y’amashyaka i Gisenyi, Bernard Munyagishari yayinjiyemo akaba ari na we ngo wari ukuriye Interahamwe.

Yasobanuye ko yagiriwe icyizere cyo kurinda Munyagishari, asunitswe na mwene wabo wayoboraga Interahamwe muri Kigali.

Ku byo amushinja ku gutegura Jenoside yakorewe Abatutsi no kuyikora, MDE agaragaza ko Munyagishari bahuriraga muri mitingi ku biro by’ishyaka rya MRND i Gisenyi, aho bitaga ku Ngoro ya Muvoma.

Uretse aho, uyu mutangabuhamya agaragaza ko Munyagishari yabatozaga imbunda kuri stade. Iyi myitozo akavuga ko yari igamije kurwanya Inyenzi (Inkotanyi). Uko kwitozaga byakorwaga akavuga ko na za mitingi zakomezaga.

Muri izo mitingi, umutangabuhamya yagaragaje ko Munyagishari yabashishikarizaga Abahutu kwica Abatutsi. Ngo yababwiraga ko bagomba gutandukanya Inyenzi n’Abahutu bakifashisha ahanditse izina ‘Tutsi” mu ndangamuntu.

Yagaragaje ko za bariyeri zakozwe, abafashwe bakajya banajyanwa mu kigo cya gisirikare cya Gisenyi.

Muri izo mitingi, yagaragaje ko bagiye i Kigali kuzana ibikoresho birimo imipanga n’udushoka. Ibi bikoresho ngo bakaba barabihawe ku nkunga ya Kabuga Felisiyani. Uyu akaba ari mu bagihigishwa uruhindu, wanashyiriweho igihembo n’Amerika ku wuzatanga makuru agafatwa.

Yavuze ko Kabuga yababwiye ngo ‘ibyo bikoresho ntibizapfe ubusa.’ Ibi bikoresho byaje gutangirwa ku mugaragaro ku Ngoro ya Muvoma.

MDE yabwiye urukiko ko mu gitondo cyo ku itariki ya 7 Mata 1994, indege y’uwari Perezida Habyarima yaraye ihanuwe, Munyagishari yasanze abantu benshi ku ngoro ya Muvoma, bamwe batanazi iby’urupfu rwa Hyabyarimana.

Akihagera, MDE avuga ko yababwiranye uburakari ati “Umukuru w’igihugu yapfuye none muri aha?” Akomeza avuga ko yababwiye ko berekeza kuri College Nyemeramihigo gushaka Abatutsi bahari.

MDE avuga ko bari mu nzira berekezayo, bavuye mu mujyi gufata lisansi, bagikata imodoka, Munyagishari yabonye umugore w’uwitwa Mafene yiruka yambuka umuhanda, aparika imodoka, afata imbunda.

Uyu mugore yatakambiye Munyagishari wari uziranya n’umugabo we, amusaba imbabazi ngo yo kumwica azicwe n’abandi.

Umutangabuhamya akomeza agaragaza ko aho kumwumva, Munyagishari yamusabye gukuramo imyenda ngo arebe niba nta kashi y’Inkotanyi ngo afite, umugore yicara hasi ararira, undi ahita amurasa amasasu atatu. Umurambo bawusiga mu muhanda.

Bakomeza berekeza kuri College, bahura n’umukobwa MDE yavuze ko yumvise abwira Munyagishari ko yitwa Chantal.

Uyu mukobwa na we ngo bahuye yiruka afite ubwoba, Munyagishari amushyira mu modoka. Ngo amujyanye kuri Bar Tam Tam, amwinjiranamo, bamaranamo nk’isaha, basohoka umukobwa arira.

MDE yabwiye urukiko ko bageze kuri aka kabari kari gakomeye, Munyagishari akaka imfunguzo, izindi nterahamwe nkuru bari kumwe zajyanye imodoka.

Munyagishari ngo yasohotse muri Tam Tam imodoka itaragaruka. Munyagishari asaba MDE ko bagenda n’amaguru gake bashoreye na wa mukobwa, ariko ngo bagishingura ikirenge imodoka iba iraje.

Uwitwa Thomas na Munyagishari ngo bashyize uwo mukobwa mu modoka, berekeza mu mujyi MDE asigara kuri Tam Tam. Nyamara we ngo yari yabanje gutekereza ko bagiye kumujyana kuri komine, ahiciwe Abatutsi benshi.

Hashize nk’isaha, ni bwo Munyagishari ngo yahindukiye yitwaye mu modoka. Berekeje kuri Sebeya, na wa mukobwa, Munyagishari amuhirikira mu mazi, abwira MDE ngo amurase.

Ibi byose uyu mutangabuhamya yavugaga, yagaragarije urukiko ko bimutera ishavu ryinshi iyo abisubiramo, ndetse ko aba yumva atabisubiramo. Anasaba imbabazi ko aho ryamutera guceceka rwamwihanganira. Akavuga ko ababazwa no kuba Munyagishari wabatoje, abihakana.

-2900.jpg

Munyagishari Bernard ukurikiranweho ibyaha bya Jenoside

Urukiko rukomeje kumva ubuhamya bw’abashinja mu gihe ku rundi ruhande hatarabone abashinjura Munyagishari.

Urubanza rukomeje kandi Munyagishari atagaragara mu rukiko, haza abavoka gusa. Yajuriye mu Rukiko rw’Ikirenga, nyuma yo kwanga aba yagenewe.

Munyagishari Bernard wafatiwe muri Congo mu mwaka wa 2011 akurikiranyweho ibyaha bya Jenoside, ubwicanyi, no gufata ku ngufu abagore n’ibindi byaha byibasiriye inyoko muntu. Yoherejwe kuburanira mu Rwanda n’Urukiko Mpuzamahanga Mpanabyaha rwashyiriweho u Rwanda (ICTR) muri Nyakanga 2013.

2016-06-08
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Burundi/Musaga: Gerenade yatewe mu biro bya polisi

Burundi/Musaga: Gerenade yatewe mu biro bya polisi

Ubwanditsi 05 Oct 2018
Polisi y’u Rwanda yahinduranyije abapolisi muri Centrafurika

Polisi y’u Rwanda yahinduranyije abapolisi muri Centrafurika

Ubwanditsi 11 Oct 2016
Perezida Ndayishimiye yiyemereye ko yatanze ruswa ku manywa y’ihangu

Perezida Ndayishimiye yiyemereye ko yatanze ruswa ku manywa y’ihangu

Ubwanditsi 08 Apr 2025
Netanyahu yemeje ko Jenoside yakorewe Abayahudi n’iyakorewe Abatutsi zatanze isomo ryo kwirwanaho

Netanyahu yemeje ko Jenoside yakorewe Abayahudi n’iyakorewe Abatutsi zatanze isomo ryo kwirwanaho

Ubwanditsi 06 Jul 2016

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Burundi: Abanyamahanga barimo umuzungukazi bafatiwe muri Rweru baburiwe irengero
Mu Mahanga

Burundi: Abanyamahanga barimo umuzungukazi bafatiwe muri Rweru baburiwe irengero

Ubwanditsi 05 Nov 2018
PSD yemeje urutonde rw’abarwanashyaka 80 baziyamamariza kuba abadepite
POLITIKI

PSD yemeje urutonde rw’abarwanashyaka 80 baziyamamariza kuba abadepite

Ubwanditsi 09 Jul 2018
Intwali : Amashirakinyoma ku rupfu rwa General Fred Rwigema
Mu Mahanga

Intwali : Amashirakinyoma ku rupfu rwa General Fred Rwigema

Ubwanditsi 29 Jan 2017

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru