• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Ekenge si we kibazo nyamukuru, ikibazo ni urwango rwigishwa abakongomani rwo kwanga Abatutsi rukorwa n’ubutegetsi bwa Tshisekedi   |   29 Dec 2025

  • U Burundi: Jenerali Alain Guillaume Bunyoni akomeje kuremba, yimurirwa mu bitaro bya Kira i Bujumbura mu ibanga rikomeye   |   28 Dec 2025

  • Perezida Kagame yashimye Perezida wa FIFA, Gianni Infantino, wahisemo kwizihiriza Noheli mu Rwanda, mu buryo budasanzwe   |   26 Dec 2025

  • FERWACY yatangaje inzira za Tour du Rwanda 2026, Rubavu yakira isiganwa iminsi itatu, Nyamirambo iragaruka   |   22 Dec 2025

  • ABASIRIKARE B’ABARUNDI BAKOMEREKERA MURI KONGO, IGISHORO N’UBUTUNZI KURI PRIME NIYONGABO   |   16 Dec 2025

  • FDLR ikomeje kwica abaturage muri Walikale mu gihe Leta ya Congo ivuga ko itakiri ikibazo   |   16 Dec 2025

 
You are at :Home»POLITIKI»DRC: Opozisiyo isaba Loni kwirinda amayeri ya Kabila mu kuburizamo amatora

DRC: Opozisiyo isaba Loni kwirinda amayeri ya Kabila mu kuburizamo amatora

Editorial 08 Oct 2018 POLITIKI

Mu gihe kuwa 23 Ukuboza 2018,muri Repubulika Iharanira Demokrasi ya congo biteguye amatora ya Perezida wa Repubulika opozisiyo irasaba Loni kutagwa mu mutego wa Perezida Joseph Kabila.

Aba banyapolitiki bahanganye n’ ishyaka PPRD ya Joseph Kabila wamaze kwemeza ko ataziyamamaza, bakomeje kugira impungenge ko hari umugambi ukomeye ugamije kuburizamo amatora ya perezida wa Repubulika.

Abayobozi barindwi ba opozisiyo muri Congo-Kinshasa (Matungulu, Fayulu, Tshisekedi, Katumbi, Kamerhe, Muzito na Bemba) bifuza ko amatora yaba mu mucyo,mu mudendezo ndetse no m’ ubwisanzure.

Nubwo bifuza ko byarushaho kugenda neza, abatavuga rumwe na Leta ya Perezida Kabila berekana impungenge ndetse bakanemeza ko nta cyizere bafitiye imyiteguro y’ amatora iyobowe na Leta ya Joseph Kabila na Komisiyo y’ amatora (CENI).

Banakomeza bavuga ko mu gihe cyose aya matora atateguwe neza cyangwa se agende neza bishobora kuzagira ingaruka zikomeye k’ umutekano wose w’ Ibihugu by’ Akarere k’ Ibiyaga Bigali.

Zimwe mu ngingo zerekana ko amatora atazagenda neza

Abahagarariye opozisiyo batanga zimwe mu ngingo zerekana ko amatora ateganyijwe kuwa 23 Ukuboza 2018 atazaba mu mucyo cyangwa se akaburizwamo.

Ku ruhande rumwe, ingengo y’ Imari itasobanutse, ubushake buke bwa Leta, kuvugurura no gukoresha igisirikare ku nyungu za Leta, kubuza Moïse Katumbi gutaha mu gihugu, kwangira Bemba na Muzito gutanga kandidatire ni bimwe mu byo opozisiyo yitwaza mu kwerekana ko amatora atazagenda neza.

Ku rundi ruhande, kuba Leta ya Joseph Kabila itagaragaza ubushobozi buhagije bw’ amafaranga bwo gutegura amatora bishobora gutuma iki gikorwa kitaba. Opozisiyo yifuza ko Leta kuraho uburyo bwa tekiniki bwo gutoresha(voiting machine), nk’ uko bikubiye mu masezerano ya Saint Sylvestre muri Afurika y’ Epfo.

Kuwa 6 Ukwakira 2018, I Kinshasa nibwo abanyapolitiki barindwi bayoboye opozisiyo basabye Intumwa za kanama ka Loni gashinzwe Umutekano kubahiriza imyanzuro ya 2348 na 2409 mu rwego rwo gukumira umugambi wa Joseph Kabila wifuza ko Monusco itongererwa manda kugira ngo amatora arusheho guhungabana ndetse no kuburizwamo.

Opozisiyo yasabye Loni kuba maso kuko sibwo bwa mbere Perezida Joseph Kabila yemera ko agiye kurekura ubutegetsi ariko bikarangira atabyubahirije kuko no muri 2016 ni uko byagenze.

2018-10-08
Editorial

IZINDI NKURU

Igisambo Mbayahaga cyahawe akazi ko gucamo amacakubiri abanyamulenge

Igisambo Mbayahaga cyahawe akazi ko gucamo amacakubiri abanyamulenge

Editorial 15 Jul 2025
Uko ibitaro byo muri Uganda byanze kwakira Umunyarwanda bimuviramo urupfu

Uko ibitaro byo muri Uganda byanze kwakira Umunyarwanda bimuviramo urupfu

Editorial 21 Feb 2020
Burundi: Nkurunziza yakamye ikimasa, Abadiventisiti bari batawe muri yombi barekuwe

Burundi: Nkurunziza yakamye ikimasa, Abadiventisiti bari batawe muri yombi barekuwe

Editorial 18 May 2019
Guhera kuri RDR kugera kuri DALFA-Umurinzi: Impamvu Victoire Ingabire atigeze ahinduka

Guhera kuri RDR kugera kuri DALFA-Umurinzi: Impamvu Victoire Ingabire atigeze ahinduka

Editorial 26 Jul 2025

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Itangira ry’urubanza rwa Turinabo na bagenzi be babangamiye imikorere y’urukiko rw’Arusha
Amakuru

Itangira ry’urubanza rwa Turinabo na bagenzi be babangamiye imikorere y’urukiko rw’Arusha

Editorial 22 Oct 2020
APR VC na RRA WVC zegukanye Nyerere İnternational Tournament ryaberaga Tanzania
Amakuru

APR VC na RRA WVC zegukanye Nyerere İnternational Tournament ryaberaga Tanzania

Editorial 16 Oct 2023
Amafoto – Tuyisenge Arsène wa Rayon Sports yongerewe mu ikipe y’igihugu Amavubi yitegura gukina na Ethiopia mu gushaka itike yo gukina CHAN2023
Amakuru

Amafoto – Tuyisenge Arsène wa Rayon Sports yongerewe mu ikipe y’igihugu Amavubi yitegura gukina na Ethiopia mu gushaka itike yo gukina CHAN2023

Editorial 23 Aug 2022

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru