• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Ekenge si we kibazo nyamukuru, ikibazo ni urwango rwigishwa abakongomani rwo kwanga Abatutsi rukorwa n’ubutegetsi bwa Tshisekedi   |   29 Dec 2025

  • U Burundi: Jenerali Alain Guillaume Bunyoni akomeje kuremba, yimurirwa mu bitaro bya Kira i Bujumbura mu ibanga rikomeye   |   28 Dec 2025

  • Perezida Kagame yashimye Perezida wa FIFA, Gianni Infantino, wahisemo kwizihiriza Noheli mu Rwanda, mu buryo budasanzwe   |   26 Dec 2025

  • FERWACY yatangaje inzira za Tour du Rwanda 2026, Rubavu yakira isiganwa iminsi itatu, Nyamirambo iragaruka   |   22 Dec 2025

  • ABASIRIKARE B’ABARUNDI BAKOMEREKERA MURI KONGO, IGISHORO N’UBUTUNZI KURI PRIME NIYONGABO   |   16 Dec 2025

  • FDLR ikomeje kwica abaturage muri Walikale mu gihe Leta ya Congo ivuga ko itakiri ikibazo   |   16 Dec 2025

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Mahanga»Ferwafa irahakana amakuru avuga ko mu Rwanda habereye inama yo guhigika Issa Hayatou

Ferwafa irahakana amakuru avuga ko mu Rwanda habereye inama yo guhigika Issa Hayatou

Editorial 25 Oct 2016 Mu Mahanga

Ishyirahamwe ry’umupira w’amaguru mu Rwanda Ferwafa, ritangaza ko inama yahuje bamwe mu bayobozi b’amashyirahamwe w’umupira w’amaguru bo mu karere ngo yari iyo kwiga ku gihugu kizakira CECAFA aho kuba iyo gushaka umusimbura wa Perezida wa Issa Hayatou uyobora CAF magingo aya.

Amakuru dukesha IGIHE, avuga ko abayobozi b’amashyirahamwe y’umupira w’amaguru bo muri aka karere ka CECAFA, wongeyeho uwa Tchad Angola na Gabon, bagombaga guhurira mu Rwanda mu mpera z’icyumweru twashoje, mu rwego rwo gutegura umukandida wazahangana na Issa Hayatou mu matora ya CAF mu mwaka utaha.

Ku ikubitiro, abayobozi b’amashyirahamwe ya Sudani y’Epfo, Djibouti Tanzania na Angola bari bageze mu Rwanda kuri uyu wa Gatanu, mu gihe hari hategerejwe abandi bayobozi ku wa Gatandatu. Amakuru atugeraho ariko, avuga ko iby’iyi nama muri CAF babimenye itaraba, aho bivugwa ko umwe mu bagombaga kuyitabira yaba yarabihishuriye iri shyirahamwe rya ruhago muri Afurika, maze bikarangira iburijwemo.

Ubwo twavuganaga na Perezida wa Ferwafa Nzamwita Vincent De Gaulle ariko, yahakanye isano iyi nama yari ifitanye n’amatora ya CAF.

De Gaulle yagize ati “Twari abayobozi batatu gusa, njye n’uwa Sudani y’Epfo na Tanzania. Ntabwo abantu batatu bategura amatora cyane ko kugeza n’ubu hari umukandida umwe gusa”.

“Urebye, nta gahunda(yo guhura kwacu) ihambaye yari ihari. Umuyobozi wa Tanzania yajyaga mu Burundi hari ubucuruzi akorerayo, uwa Sudani y’Epfo n’uwa Djibouti bumvishe ko azaca mu Rwanda na bo bahise baza kugira ngo tuganire ku buryo CECAFA yazakirwamo”.

“Kugeza ubu, mu matora ya CAF hari umukandida umwe(Issa Hayatou) kandi u Rwanda ruramushyigikiye.”

Nzamwita Vincent De Gaulle ariko ntiyadusobanuriye impamvu aba bayobozi b’aya mashyirahamwe ari bo bahisemo kuganira ku bijyanye n’igihugu kizakira CECAFA, mu gihe muri bo nta muyobozi w’iri shyirahamwe urimo, nta w’umwungirije ndetse bikaba bitanazwi n’ubunyamabanga bwa CECAFA.

Ku rundi ruhande kandi, nubwo Ferwafa itangaza ko iri inyuma ya Issa Hayatou, ubuyobozi bwa ruhago nyarwanda biciye muri perezida wayo, bari bashyigikiye icyifuzo cy’ishyirahamwe ry’umupira w’amaguru ryo muri Djibouti, cyuko Perezida wa CAF bitazajya biba ngombwa ko atorwa mu bantu 15 basanzwe muri komite nyobozi ya CAF.

-4468.jpg

-4467.jpg

Ku ngoma ya Issa Hayatou, u Rwanda rwakiriye CHAN 2016, CAN U20 muri 2009 na U17 muri 2011

Iki gitekerezo ubundi byagaragaraga ko gishaka kurwanya ko Issa Hayatou yakomeza kwiyamamaza ntawe bahanganye, cyari cyashyigikiwe n’ibihugu bike birimo u Rwanda, gusa biza kurangira gitewe ishoti n’abandi banyamuryango ba CAF, ikintu cyahise giha amahirwe Issa Hayatou yo kuzongera kuyobora iri shyirahamwe mu matora ateganyiwe muri Werurwe umwaka utaha.

Source : Igihe.com

2016-10-25
Editorial

IZINDI NKURU

Abayobozi b’ibigo by’amashuri bane bafunzwe bakekwaho kunyereza arenga miliyoni 50

Abayobozi b’ibigo by’amashuri bane bafunzwe bakekwaho kunyereza arenga miliyoni 50

Editorial 11 Jan 2017
Dr Rose Mukankomeje yagaramye  ibyaha byose aregwa ( Yavuguruwe )

Dr Rose Mukankomeje yagaramye ibyaha byose aregwa ( Yavuguruwe )

Editorial 29 Mar 2016
Ikipe y’igihugu y’umukino w’intoki wa Basketball yerekeje muri Senegal mu mikino yo gushaka itike y’igikombe cy’Isi 2023, basabwe na Minisitiri Aurore guhesha ishema igihugu

Ikipe y’igihugu y’umukino w’intoki wa Basketball yerekeje muri Senegal mu mikino yo gushaka itike y’igikombe cy’Isi 2023, basabwe na Minisitiri Aurore guhesha ishema igihugu

Editorial 19 Feb 2022
Kirehe: Abarobyi banywaga ibiyobyabwenge bakanguriye abandi bantu kubireka

Kirehe: Abarobyi banywaga ibiyobyabwenge bakanguriye abandi bantu kubireka

Editorial 19 Mar 2016

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Perezida Museveni yikomye abaturage bamara igihe kinini mu masengesho aho kukimara bakora
Mu Mahanga

Perezida Museveni yikomye abaturage bamara igihe kinini mu masengesho aho kukimara bakora

Editorial 09 Oct 2017
Gasabo: Abafatanyabikorwa mu kubungabunga umutekano basabwe  gushyira imbaraga mu gukumira ibyaha
Mu Mahanga

Gasabo: Abafatanyabikorwa mu kubungabunga umutekano basabwe gushyira imbaraga mu gukumira ibyaha

Editorial 17 May 2016
Polisi y’u Rwanda yakanguriye abanyeshuri ba Essa Nyarugunga ububi n’ingaruka by’icuruzwa ry’abantu
Mu Mahanga

Polisi y’u Rwanda yakanguriye abanyeshuri ba Essa Nyarugunga ububi n’ingaruka by’icuruzwa ry’abantu

Editorial 29 Mar 2016

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru