• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • FDLR n’Indi Mitwe ishyigikiwe na Kongo bakomeje Kwica no kumenesha Abakongomani mu mirwano yongeye kubura   |   04 Dec 2025

  • Mukunzi Yannick yasezeye ku ikipe ya Sandvikens IF you muri Sweden yari amaze imyaka itandatu ayikinira   |   03 Dec 2025

  • AMAFOTO: Twagirayezu Thadée wayoboraga Rayon Sports yakoze ihererekanyabubasha na Murenzi Abdallah   |   02 Dec 2025

  • Dr. Usta Kayitesi yasimbuye Gen (Rtd) Kabarebe muri Minaffet, Imyanzuro y’inama y’Abaminisitiri   |   01 Dec 2025

  • Abakinnyi 80 baturutse mu bihugu 16 byo hirya no hino ku Isi nibo bitabira isiganwa ry’Amagare yo mu rizwi nka Rwandan Epic   |   30 Nov 2025

  • APR FC yakiriye abakinnyi bayo 3 batari bahari barimo Mamadou Sy wari i Doha   |   28 Nov 2025

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Mahanga»Gabiro : Perezida Kagame yanenze abakozi ba leta bahora mu butumwa bw’akazi hanze y’igihugu

Gabiro : Perezida Kagame yanenze abakozi ba leta bahora mu butumwa bw’akazi hanze y’igihugu

Editorial 15 Mar 2016 Mu Mahanga

Perezida wa Repubulika Paul Kagame yatangije umwiherero w’Abayobozi bakuru ubera i Gabiro ku nshuro ya 13 abashimira ubwitabire bwabo anaha ikaze abayobozi bashya baherutse gutorwa.

Perezida Kagame yavuze ko bidashoboka kwihanganira kubana n’ibintu bitameze neza kandi hari ubushobozi bwo kubikemura.

Umukuru w’igihugu yavuze ko ari uburangare kandi ari umuco mubi bityo umwiherero ukwiye kuba umwanya wo gutekereza ku mpinduka, aho kuba uw’ubusabane.

Yagize ati “Tugomba gukora impinduka tukagira urwego tuvaho n’urwo twerekezaho, ntabwo twaba tumaze imyaka 13 dukora umwiherero wo gupima ibyo nidusanga ku nzego zimwe nta terambere rihari, tworoseho dukomeze.”

-2468.jpg

Perezida Kagame yavuze ko umwiherero ugomba kuba umwanya wo kubaka no kugera ku ntego igihugu cyiyemeje.

Yagize ati “Umwiherero wari ukwiye kudufasha gukora ibyo tutakoraga, kuba umwanya wo kuvugana iby’akazi, gukosora ibyo tutakoze neza, tukagaragaza umusemburo wo kongeramo kugira ngo habeho impinduka.”

-2461.jpg

-2467.jpg

-2466.jpg

Bamwe mu bayobozi bakuru bitabiriye umwiherero

Umukuru w’igihugu yasabye abayobozi kutajya mu mwiherero batekereza ibyo bari buhakure ahubwo batekereza uko bari buhave, kuko byagaragaye ko gushyira mu ngiro ibyo biyemeje bikigoranye.

Perezida Kagame yanenze abakozi ba leta bahora mu butumwa bw’akazi hanze y’igihugu, avuga ko arambiwe kumva ibintu nk’ibyo ndetse ko bikwiye kurangira burundu.

-2462.jpg

Perezida wa Repubulika Paul Kagame

Mu ijambo rye yagize ati “Njya mbaza minisitiri w’Imari, nti ndebera amafaranga agenda muri za misiyo uko angana. Ni menshi ntabwo agira uko agana.”

Perezida Kagame yavuze abayobozi bahora mu butumwa bw’akazi batajya batanga ibisobanuro ku butumwa bagiyemo ngo ni yo babitanze ngo bavuga ko ibyo bagiyeho byihutirwa.

Umukuru w’Igihugu yavuze ko yagerageje kureba uburyo amafaranga atangwa muri misiyo agabanuka, gusa ngo aho bigeze bikwiye gufatirwa umwanzuro bigacika burundu kuko bitumvikana ukuntu ngo umuyobozi yamara igihe kinini hanze kurusha mu Rwanda aho akora.

Yatanze urugero avuga ko buri gihe mu nama y’Abaminisitiri haba harimo bamwe basibye ngo bagiye mu butumwa bw’akazi.

Ati “Nzajya ngira inama n’abaminisitiri iteka hari abaminisitiri batanu bagiye muri misiyo? Njye ntabwo nabyemera.”

Yakomeje avuga ko Perezida wa Tanzania, John Pombe Magufuli yakoze neza agaca burundu ibijyanye na misiyo.

Ati “Nemeranya na Perezida wa Tanzania uburyo yakuyeho burundu ibijyanye na za misiyo […] nagerageje kubitwara mu kinyabupfura, ndahendahenda ariko byanze, ntabwo nshaka kubona abaminisitiri hanze y’u Rwanda kurusha uko baba hano mu gihugu. Nihanganye bihagije, kwihangana kugiye kurangira.”

Perezida Kagame yanenze abayobozi kutubahiriza amabwiriza y’imyubakire yagenwe

Perezida Kagame yanenze uburyo gahunda y’imyubakire igezweho mu mijyi no mu byaro ikorwa, avuga ko uburangare bw’ababishinzwe butuma hakigaragara inzu zitahwa zidafite amazi, amashanyarazi na internet.

Hashize imyaka igera ku munani inama y’Abaminisitiri yemeje ko murandasi igomba kuba ikintu cy’ingenzi mu nyubako, nk’uko hashyirwamo imiyoboro y’amazi niy’amashanyarazi.

Perezida Kagame yanenze abayobozi kurebera abubaka bigatuma batubahiriza iki cyemezo, ahanini bishingiye ku kubikerensa ntibabihe agaciro dore ko usanga batanabyibuka ko byemejwe.

Yagize ati “Twafashe icyemezo abayobozi bose babyumvikanaho ko bagiye kubikoraho, ariko turacyabona inzu zidafite uko amazi azijyamo, amashanyarazi, internet (broadband).”

Iki kibazo Umukuru w’igihugu yanakigarutseho ubwo yafunguraga ku mugaragaro inyubako y’ Umujyi wa Kigali n’ iy’umunyemali Makuza Bertin, M.Peace Plaza.

Yavuze ko gushyira Internet mu nyubako, inzego z’abikorera na guverinoma zikwiye kukinengwa, kuko byemejwe mu gihe gishize, ariko ntibishyirwe mu bikorwa.

Yagize ati ”Ariko ubu inyubako ziremezwa, zigafungurwa ibyo bitarakozwe kandi twaravuze ngo ibi ni ibintu bigomba gukora ku nyubako iyo ariyo yose. Ni n’icyemezo cyafashwe n’inama y’abaminisitiri, hashize imyaka itari munsi y’umunani.”


Perezida Kagame yibaza uko bigenda ngo abubaka ntibabyubahirize kandi ubusanzwe ugiye kubaka hari amabwiriza yashyizweho agomba gukurikiza. Anenga abayobozi gufata ibintu mu magambo ariko ntibabishyire mu bikorwa.

Yakomeje agaragaza ko bamwe mu bayobozi barebera ibintu bikangirika bagatangira kubyitaho ari uko inzego z’ubugenzacyaha hari abo zataye muri yombi. Aha Perezida Kagame yatunze agatoki Hoteli ya Ferwafa imaze gufungisha abarimo n’Umunyamabanga wa Ferwafa, Olivier Murindahabi.

Umwanditsi wacu

2016-03-15
Editorial

IZINDI NKURU

umusirikari wa Kongo yakoze mu jisho ry’intare ahasiga ubuzima. N’undi uzabigerageza azaba yiyahura!

umusirikari wa Kongo yakoze mu jisho ry’intare ahasiga ubuzima. N’undi uzabigerageza azaba yiyahura!

Editorial 17 Jun 2022
Afungiwe kugerageza  guha  ruswa umupolisi kugira ngo arekure ucyekwaho ubujura

Afungiwe kugerageza guha ruswa umupolisi kugira ngo arekure ucyekwaho ubujura

Editorial 15 Sep 2016
Uyu munsi u Rwanda rurakora imihango yo kwibuka jenoside y’Abayahudi

Uyu munsi u Rwanda rurakora imihango yo kwibuka jenoside y’Abayahudi

Editorial 14 Feb 2017
Urubyiruko ruri ku rugerero rurakangurirwa kugira uruhare mu gukumira no kurwanya ibyaha

Urubyiruko ruri ku rugerero rurakangurirwa kugira uruhare mu gukumira no kurwanya ibyaha

Editorial 19 Jan 2016

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

RDC: Umupadiri yishwe arashwe nyuma y’igitambo cya misa
Mu Mahanga

RDC: Umupadiri yishwe arashwe nyuma y’igitambo cya misa

Editorial 09 Apr 2018
Israel: Urukiko rwahagaritse umugambi wa leta wo kwirukana abimukira bakomoka muri Afurika
HIRYA NO HINO

Israel: Urukiko rwahagaritse umugambi wa leta wo kwirukana abimukira bakomoka muri Afurika

Editorial 16 Mar 2018
Mu Rwanda Hagiye Gutangizwa Ikigo Giteye nka ‘Iwawa’ kizakira abakobwa n’abagore bafite imyitwarire idahwitse
Mu Rwanda

Mu Rwanda Hagiye Gutangizwa Ikigo Giteye nka ‘Iwawa’ kizakira abakobwa n’abagore bafite imyitwarire idahwitse

Editorial 10 May 2017

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru