• Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
  • Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Gutwara igikombe cy’Amahoro atsinze Rayon Sports ku mukino wa nyuma, bimwe mubyo Darko Novic watandukanye na APR FC azibukirwaho   |   14 May 2025

  • Mu gihe gisaga icyumweru kimwe, I Kigali harabera BAL ya 5 izitabirwa n’amakipe arimo APR BBC yo mu Rwanda   |   13 May 2025

  • Ingabo za Afurika y’Epfo Zavanye Ipfunwe muri Congo mu Gikorwa cya SAMIDRC   |   12 May 2025

  • Amakipe ya Police WVC na APR VC yegukanye igikombe cya shampiyona y’u Rwanda muri Volleyball 2024-2025   |   12 May 2025

  • Bayaherewe mu Rwambariro, Rayon Sports yakiriye amafaranga nyuma yo gushimangira umwanya wa mbere   |   09 May 2025

  • Gukura no Kubaho kwanjye byose bishingiye ku cyerekezo cya Nyakubahwa Perezida Paul Kagame – Knowless   |   08 May 2025

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Mahanga»Gasabo: Afunzwe akurikiranweho ubwambuzi bushukana no kwiyitirira imirimo adakora

Gasabo: Afunzwe akurikiranweho ubwambuzi bushukana no kwiyitirira imirimo adakora

Editorial 15 Dec 2016 Mu Mahanga

Uwitwa Nkundimana Daniel w’imyaka 27 afungiwe kuri Sitasiyo ya Polisi y’u Rwanda ya Remera mu karere ka Gasabo, aho akurikiranweho icyaha cy’ubwambuzi bushukana no kwiyitirira imirimo ya Leta adakora ndetse adafitiye ububasha.

Yafashwe tariki ya 13 Ukuboza mu murenge wa Nyamirambo mu karere ka Nyarugenge. Asobanurira itangazamakuru ibyerekeranye n’uyu ukekwaho ibyaha, Chief Superintendent of Police (CSP) Emmanuel Ngondo; Umuyobozi wungirije w’ Ishami rya Polisi y’u Rwanda rishinzwe Ubugenzacyaha, aho ashinzwe kurwanya ruswa no kugaruza umutungo wa Leta yagize ati:” Nkundimana twari tumaze iminsi tumushakisha kubera gutekera imitwe abaturage akabatwara amafaranga yabo akoresheje amayeri atandukanye.

Ni ku nshuro ya kabiri tumufata. Ubwa mbere hari mu mwaka ushize wa 2015, twamufashe yiyita umuyobozi wa sitasiyo ya Polisi ya Gisozi mu karere ka Gasabo aho yabeshyaga abaturage ko abakemurira ibibazo, akabasaba ko bamuha amafaranga runaka. Icyo gihe twaramufashe tumushyikiriza inzego zibishinzwe ahabwa igihano kingana n’umwaka”.

CSP Ngondo akomeza avuga ko uyu mwaka akimara gufungurwa atisubiyeho ngo areke ibi byaha, ko ahubwo yakomeje kubikora. Yagize ati:” kuri iyi nshuro twamufashe yarigize umukozi w’Urwego rw’Umuvunyi aho yaryaga amafaranga y’abaturage ababeshya ko azabakemurira ibibazo mbese ko azabafasha kurenganurwa”.

CSP Ngondo yavuze ko Nkundimana yajyaga mu rukiko yigize umuturage usanzwe noneho akumva impande ebyiri ziburana. Iyo byarangiraga yakurikiranaga neza uruhande rumwe ashakaho inyungu maze akamenya aho batuye ni ukuvuga umudugudu, akagari n’umurenge.

Nk’uko CSP Ngondo akomeza abivuga, ngo Nkundimana kuko yabaga azi ibibazo by’abo baturage, nyuma yababeshyaga ko ari umuyobozi wa Polisi mu karere, ubundi Perezida w’urukiko ndetse n’Umukozi wo ku rwego rw’Umuvunyi ; akaba yariyitiriraga umukozi w’izi nzego agashuka abaturage ko azabakemurira ibibazo, kuko kubera amayeri yakoreshaga yavuzwe hejuru, yabaga azi ibibazo byerekeranye n’imanza hagati y’abaturage cyangwa se n’ibindi bibazo bafitanye.

Umuyobozi ushinzwe kurwanya ruswa no kugaruza umutungo wa Leta mu ishami ry’ubugenzacyaha muri Polisi y’u Rwanda, yavuze ko Nkundimana yari afite amakarita (sim cards) 22 atandukanye yifashishaga mu guhamagara abaturage abatekera imitwe.

-5044.jpg

Yagiriye inama abaturage yo kujya batanga amakuru hakiri kare y’abatekamutwe bashuka abaturage ndetse bababeshya rimwe na rimwe ko batsindiye ibintu runaka kujya babimenyesha Polisi n’izindi nzego. Aramutse ahamwe n’ibyaha, yahanishwa ingingo ya 318 na 616 zo mu gitabo cy’amategeko ahana ibyaha cy’u Rwanda aho ibihano bishobora kugera ku myaka itatu cyangwa itanu.

RNP

2016-12-15
Editorial

IZINDI NKURU

Bagiye gukemura iby’abandi bibagirwa gukemura iby’iwabo-Perezida Kagame

Bagiye gukemura iby’abandi bibagirwa gukemura iby’iwabo-Perezida Kagame

Editorial 27 Jun 2016
Perezida Kagame yibukije abayobozi ko Imana yabaremanye ubushobozi

Perezida Kagame yibukije abayobozi ko Imana yabaremanye ubushobozi

Editorial 16 Jan 2017
Kayonza: Abayobozi b’akagari babiri bafunzwe kakekwaho kunyereza ibya rubanda

Kayonza: Abayobozi b’akagari babiri bafunzwe kakekwaho kunyereza ibya rubanda

Editorial 29 Apr 2016
Polisi y’u Rwanda irizeza abaturarwanda umutekano usesuye mu minsi mikuru igiye kuza

Polisi y’u Rwanda irizeza abaturarwanda umutekano usesuye mu minsi mikuru igiye kuza

Editorial 22 Dec 2016
Bagiye gukemura iby’abandi bibagirwa gukemura iby’iwabo-Perezida Kagame

Bagiye gukemura iby’abandi bibagirwa gukemura iby’iwabo-Perezida Kagame

Editorial 27 Jun 2016
Perezida Kagame yibukije abayobozi ko Imana yabaremanye ubushobozi

Perezida Kagame yibukije abayobozi ko Imana yabaremanye ubushobozi

Editorial 16 Jan 2017
Kayonza: Abayobozi b’akagari babiri bafunzwe kakekwaho kunyereza ibya rubanda

Kayonza: Abayobozi b’akagari babiri bafunzwe kakekwaho kunyereza ibya rubanda

Editorial 29 Apr 2016
Polisi y’u Rwanda irizeza abaturarwanda umutekano usesuye mu minsi mikuru igiye kuza

Polisi y’u Rwanda irizeza abaturarwanda umutekano usesuye mu minsi mikuru igiye kuza

Editorial 22 Dec 2016
Bagiye gukemura iby’abandi bibagirwa gukemura iby’iwabo-Perezida Kagame

Bagiye gukemura iby’abandi bibagirwa gukemura iby’iwabo-Perezida Kagame

Editorial 27 Jun 2016
Perezida Kagame yibukije abayobozi ko Imana yabaremanye ubushobozi

Perezida Kagame yibukije abayobozi ko Imana yabaremanye ubushobozi

Editorial 16 Jan 2017
prev
next

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

INKURU ZAKUNZWE CYANE

AFC/M23 yasabye Perezida Tshisekedi ko yerura akavuga ko ashaka imishyikirano

AFC/M23 yasabye Perezida Tshisekedi ko yerura akavuga ko ashaka imishyikirano

14 Mar 2025
Perezida Paul Kagame yakurikiye umukino u Rwanda rwatsinzemo Djibouti 3-0 hashakwa itike ya CHAN 2025

Perezida Paul Kagame yakurikiye umukino u Rwanda rwatsinzemo Djibouti 3-0 hashakwa itike ya CHAN 2025

31 Oct 2024
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
“Agafanta” Perezida wa Tchad yasigiye abasirikari b’u Burundi kabakozeho!

“Agafanta” Perezida wa Tchad yasigiye abasirikari b’u Burundi kabakozeho!

15 Jul 2024
Mu rwego rwo guhangana n’inzara yugarije Abarundi, Perezida Ndayishimiye yageneye ikilo cy’inyama buri mukozi wo mu biro bye.

Mu rwego rwo guhangana n’inzara yugarije Abarundi, Perezida Ndayishimiye yageneye ikilo cy’inyama buri mukozi wo mu biro bye.

18 Jun 2024

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023
SADC byashoboka ko yahuza Intego na FARDC Yahisemo Kwifatanya n’Abajenosideri ba FDLR, M23 mu Mambo za Goma biraherera hehe?

SADC byashoboka ko yahuza Intego na FARDC Yahisemo Kwifatanya n’Abajenosideri ba FDLR, M23 mu Mambo za Goma biraherera hehe?

06 Nov 2023

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru