• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • FDLR bari muri Congo, barica abantu, bateza umutekano muke, Gusenya uwo mutwe bireba Congo n’ u Rwanda natwe bikatureba   |   29 Jan 2026

  • ICYO WAMENYA KUBIYAMAMARIZA KUYOBORA FDU-INKINGI: UMUTWE W’INTERAHAMWE ZIHEBEYE KUBUNZA INGENGABITEKEREZO YA JENOSIDE   |   29 Jan 2026

  • Interahamwe mu burayi zishyize hamwe ngo zishyigikire Victoire Ingabire   |   15 Jan 2026

  • Ekenge si we kibazo nyamukuru, ikibazo ni urwango rwigishwa abakongomani rwo kwanga Abatutsi rukorwa n’ubutegetsi bwa Tshisekedi   |   29 Dec 2025

  • U Burundi: Jenerali Alain Guillaume Bunyoni akomeje kuremba, yimurirwa mu bitaro bya Kira i Bujumbura mu ibanga rikomeye   |   28 Dec 2025

  • Perezida Kagame yashimye Perezida wa FIFA, Gianni Infantino, wahisemo kwizihiriza Noheli mu Rwanda, mu buryo budasanzwe   |   26 Dec 2025

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Rwanda»Gasabo: Paul Kagame yatorewe kuzahagararira FPR mu matora yegereje

Gasabo: Paul Kagame yatorewe kuzahagararira FPR mu matora yegereje

Editorial 04 Jun 2017 Mu Rwanda

Abanyamuryango ba FPR muri Gasabo batoye Perezida Paul Kagame kuzabahagararira mu matora ya Perezida, ariko ishyaka abagore bagaragaje mu kumwamamaza niryo ryihariye umuhango.

Mu gitondo cyo kuwa gatandatu tariki 03 Kamena 2017, abanyamuryango 833 b’umuryango FPR-Inkotanyi bahuriye mu matora yo kwamamaza umukandida bifuza ko azabahagararira mu matora yegereje.

Bidatunguranye uko bari bitabiriye uyu muhango, bose uko bitabiriye, 100% bemeje ko bongeye kugirira icyizere Perezida Kagame wenda gusoza manda ye, kugira ngo akomeze abahagararire, bazanamutore ku munsi w’amatora.

Buri cyiciro, kuva ku rubyiruko, abacuruzi, abagore n’abandi bagize uyu muryango bagendaga batangaza umukandida bifuza, bakanasobanura icyo bashingiraho kumwamaza.

Abagore bo muri aka karere nibo bahize abandi mu kugaragaza ibigwi bya Perezida Kagame, bavuga ko bifuza ko byakomeza.

-6801.jpg

Morali yari yose

Umurungi Josephine, umupfakazi washoboye kwiteza imbere ubu akaba anahagarariye urugaga r’abagore bikorera mu Murenge wa Rusororo, yavuze ko atigeze atekereza ko yashobora gukora ubucuruzi kugeza aho asigaye yohereza abana be kwiga muri kaminuza zo muri Amerika.

Yagize ati “Ndihira abana banjye batanu. Uwa mbere afite PHD yavanye muri Leta zunze Ubumwe z’Amerika, umuhererezi afite icyiciro cya kaminuza yavanye muri IPRC. Kandi nanjye ntuye iwanjye mfite umutekano usesuye.

Ikintu nsaba Paul Kagame ni ukutazatezuka ku nshingano, agakomeza kuba intwari nk’uko yabaye intwari kandi ndabyizeye. Agakomeza kumva ko tumuri inyuma.”
Mukamazimpa Yvonne we yavuze ko ku buyobozi bwa Perezida Kagame, abagore bashoboye kwigarurira icyizere, avuga ko nubwo bamutoye batazamutererana kuko bazakomeza gushyigikira gahunda yashyizeho.

Agira ati “Mutezeho iterambere kandi mwigiraho byinshi kandi nizera ko dufatanyije hari aho dushobora kugeza u Rwanda. Nkanjye ngiye gushyira ingufu mu kwegera bagenzi banjye cyane cyane abakiri hasi bakitinya, mbabwire ko dufite umuyobozi udushyigikiye.”

-6799.jpg

-6800.jpg

Mayor Rwamurangwa Steven

Rwamurangwa Steven, yavuze ko igikorwa cyabaye uyu munsi ari igishimangira icyo bakoze bavugurura itegeko nshinga.

Agira ati “Abagore bafite inkuru zitangaje zo kuvuga cyane cyane mu miyoborere myiza ya Paul Kagame.”

Hazakurikiraho kwamamaza umukandida uzahagararira umuryango wa FPR ku rwego rw’akarere, uteganyijwe muri iki cyumweru tariki 04 Kamena 2017.

Abanyamuryango ba RPF-Inkotanyi mu Karere ka Rusizi nabo batoye Perezida Paul Kagame ngo azabahagararire mu matira ya Perezida wa Repubulika.
Yagize amajwi yose 100% aho abatoye uko ari 607 bose ari we batoye nta wifashe nta n’impfabusa.

-6797.jpg

Abanyamuryango ba FPR-Inkotanyi mu Karere ka Rusizi

Bamwe mu banyamuryango ba RPF-Inkotanyi bakaba bavuze ko bamwitezeho kongera ibikorwaremezo birimo amazi n’amashanyarazi aho ataragera banamushimira byinshi yabagejejeho.

Mu byo yabagejejeho harimo gukomeza guha umugore agaciro, gushakira igihugu inshuti zigikwiye no kubungabunga amahoro mu gihugu n’ahandi mu mahanga.

-6798.jpg

Abanyamuryango ba FPR-Inkotanyi mu Karere ka Kirehe

Mu Karere ka Kirehe naho abanyamuryango ba RPF-Inkotanyi batiye Perezida Paul Kagame ngo azabahagararire mu matora ya Perezida wa Repubulika. Yatowe ku majwi 923 y’abatoye bose.

2017-06-04
Editorial

IZINDI NKURU

Kwiyahura bishobora kwirindwa mu gihe buri wese abigizemo uruhare

Kwiyahura bishobora kwirindwa mu gihe buri wese abigizemo uruhare

Editorial 31 Mar 2017
Ku bwumvikane bw’impande zombi, Yamen Zelfani ntakiri umutoza wa  Rayon Sports

Ku bwumvikane bw’impande zombi, Yamen Zelfani ntakiri umutoza wa Rayon Sports

Editorial 08 Oct 2023
Ikipe ya AS Muhanga yarwaje Koronavirusi abakozi bayo 12 barimo abakinnyi 10 , ni mu gihe habura iminsi itanu ngo hasubukurwe shampiyona y’u Rwanda.

Ikipe ya AS Muhanga yarwaje Koronavirusi abakozi bayo 12 barimo abakinnyi 10 , ni mu gihe habura iminsi itanu ngo hasubukurwe shampiyona y’u Rwanda.

Editorial 26 Apr 2021
Gicumbi: Abari abakozi b’akarere 3 bakatiwe igifungo cy’imyaka 6

Gicumbi: Abari abakozi b’akarere 3 bakatiwe igifungo cy’imyaka 6

Editorial 16 Mar 2018

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Perezida Robert Mugabe yashize amanga avuga ko Donald Trump ari Goliyati wo muri Bibiliya wagarutse
Mu Rwanda

Perezida Robert Mugabe yashize amanga avuga ko Donald Trump ari Goliyati wo muri Bibiliya wagarutse

Editorial 22 Sep 2017
Itohoza: Ubutabera bw’u Bubiligi buragera Sebatware Marcel amajanja , Rushyashya yavuye imuzi nimuzingo kubyaha bya Jenoside aregwa ndetse n’ubusahuzi yitwaje UZICONDICO
INKURU NYAMUKURU

Itohoza: Ubutabera bw’u Bubiligi buragera Sebatware Marcel amajanja , Rushyashya yavuye imuzi nimuzingo kubyaha bya Jenoside aregwa ndetse n’ubusahuzi yitwaje UZICONDICO

Editorial 26 Jan 2020
UBUHAMYA: Yamaze iminsi 4 mu ijuru aragaruka, ibyo yiboneyeyo n’amaso ye birenze ibyo abari ku isi batekereza
Mu Mahanga

UBUHAMYA: Yamaze iminsi 4 mu ijuru aragaruka, ibyo yiboneyeyo n’amaso ye birenze ibyo abari ku isi batekereza

Editorial 12 Jun 2016

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru