• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • FDLR n’Indi Mitwe ishyigikiwe na Kongo bakomeje Kwica no kumenesha Abakongomani mu mirwano yongeye kubura   |   04 Dec 2025

  • Mukunzi Yannick yasezeye ku ikipe ya Sandvikens IF you muri Sweden yari amaze imyaka itandatu ayikinira   |   03 Dec 2025

  • AMAFOTO: Twagirayezu Thadée wayoboraga Rayon Sports yakoze ihererekanyabubasha na Murenzi Abdallah   |   02 Dec 2025

  • Dr. Usta Kayitesi yasimbuye Gen (Rtd) Kabarebe muri Minaffet, Imyanzuro y’inama y’Abaminisitiri   |   01 Dec 2025

  • Abakinnyi 80 baturutse mu bihugu 16 byo hirya no hino ku Isi nibo bitabira isiganwa ry’Amagare yo mu rizwi nka Rwandan Epic   |   30 Nov 2025

  • APR FC yakiriye abakinnyi bayo 3 batari bahari barimo Mamadou Sy wari i Doha   |   28 Nov 2025

 
You are at :Home»INKURU NYAMUKURU»Gen. Ruvusha yavuze ku ‘binyoma’ by’abaherutse kwigamba gutera u Rwanda

Gen. Ruvusha yavuze ku ‘binyoma’ by’abaherutse kwigamba gutera u Rwanda

Editorial 09 Aug 2018 INKURU NYAMUKURU

Umuyobozi w’Ingabo mu Ntara y’Amajyepfo, Major General Emmanuel Ruvusha, yavuze ku makuru yacicikanye mu minsi ishize y’abantu bigambye ko bagabye igitero mu Karere ka Nyaruguru, yemeza ko ari ibinyoma ariko bikwiye gutanga isomo.

Yabigarutseho kuri uyu wa Gatatu tariki ya 8 Kanama 2018, mu nama yahuje inzego z’umutekano n’abafite amahoteli n’inzu zicumbikira abantu mu Ntara y’Amajyepfo, hagamijwe kwiga ku mutekano w’aho bakorera ndetse no kunoza serivisi batanga.

Gen. Ruvusha yagarutse ku mutekano muri rusange avuga ko no kubaheutse kwigamba ku bitangazamakuru mpuzamahanga no ku mbuga nkoranyambaga ko bateye u Rwanda ndetse ibintu byacitse.

Yagize ati “Icyo nabanza kubabwira muri iyi ntara yacu umutekano urahari 100% n’ubwo hari abagizi ba nabi baje bagahungabanya umutekano wacu mu Karere ka Nyaruguru, bahungabanyije umutekano wacu ariko icyo kibazo ndizera ko cyakemutse 100%, abaturage bafite umutekano bakora akazi kabo nk’uko bisanzwe”.

Mu minsi ishize umutekano muri imwe mu mirenge yo mu Karere ka Nyaruguru ihana imbibi n’ishyamba rya Nyungwe, wahungabanyijwe n’abantu bitwaje intwaro, bishe abaturage babiri, bakomeretsa abandi batatu, biba ibintu byiganjemo imyaka yari mu maduka.

Gen. Ruvusha yakomeje avuga ko nyuma y’icyo kibazo hari abigambye ko mu Rwanda hari kubera imirwano ariko ari ibinyoma kandi byatanze isomo.

Ati “Abo bagizi ba nabi bamaze guhungabanya umutekano, bamaze kwiba abaturage, bamwe barasimbutse bajya ku mbuga nkoranyambaga barasakuza (bari hanze y’igihugu) baravuga ngo igihugu cyatewe kiri mu mirwano ibintu byacitse. Ariko ndagira ngo mbabwire, biriya ni ibyifuzo ariko ibyo byifuzo nabyo bikwiye kutubera isomo, bikwiye kuduha icyo dutekereza n’icyo dukwiye gukora”.

Yakomeje avuga ko abifuriza inabi u Rwanda baba bashaka kureba utubazo duto buriraho bagaragaza ko byacitse bityo bakwiye kwimwa urwaho.

Ati “Biriya byagiye ku mbuga nkoranyambaga bigaragaza ibyifuzo by’abantu n’imigambi yabo, ni ukuvuga ngo n’ubwo atari ko byagenze ariko muri bo niko bifuza kugira ngo abe ari ko byagenda”.

Ibyo byifuzo nta gupfa kubisuzugura

Umuyobozi w’Ingabo mu Ntara y’Amajyepfo, Major General Ruvusha, yavuze ko ibyo byifuzo by’abashaka guharabika u Rwanda ntawe ukwiye kubisuzugura ahubwo bikwiye gutuma abantu bitegura kuzahashya uwahirahira ashaka guhungabanya umutekano.

Ati “Ntabwo rero nabyo njyewe mfa kubisuzugura gutyo gusa, cyane cyane nk’inzego z’umutekano ntidupfa kubisuzugura gutyo, ahubwo njyewe binyereka ko n’ubwo ibyo bavuga bitari byo ariko bashobora kuba ari byo batekereza, ibyo rero bikanyongerera kwitegura ko nibanabitekereza batazatinda kumenya ko bibeshye”.

Ibyabaye ntabwo byakongera

Gen. Ruvusha yashimangiye ko kuri ubu igihugu gitekanye yizeza ko n’ibiherutse kubera mu Karere ka Nyaruguru bitazongera kuba kuko abashinzwe umutekano bahari kandi bafite ubushobozi buhagije.

Ati “Ndagira ngo rero mbabwire ko igihugu gifite umutekano, kiratekanye, abashinzwe umutekano turahari turi maso, dufite ubushobozi buhagije bwo kuba twahangana n’ikibazo icyo ari cyo cyose cyashaka guhungabanya umutekano w’iki gihugu”.

“Nta na kimwe cyahungabanya umutekano w’iki gihugu ngo bishoboke. N’ubwo hari abo ngabo baje bagakora ibyo bikorwa by’ubugizi bwa nabi ariko ndagira ngo mbizeze ko icyo gikorwa kitakongera, ntabwo byashoboka kuko ibuye ryagaragaye ntabwo riba rikishe isuka”.

Abikorera n’abaturage muri rusange basabwe kwicungira umutekano kandi bakagira ubufatanye n’imikoranire ya hafi n’inzego z’umutekano kugira ngo hakumirwe ibyaha bitaraba ndetse n’abifuza guhungabanya umutekano bakomwe mu nkokora batarabigeraho.

Umuyobozi w’Ingabo mu Ntara y’Amajyepfo, Major General Emmanuel Ruvusha (hagati) yavuze ko abigambye ko bateye u Rwanda ari ibyifuzo gusa

Abikorera basabwe kugira uruhare mu kwicungira umutekano kandi bakagira imikoranire ya hafi n’inzego z’umutekano

 

2018-08-09
Editorial

IZINDI NKURU

Bwa mbere MONUSCO yemeje ubufatanye bwa  FDLR n’igisirikari cya Kongo ku rugamba, nubwo umutwe wa M23 ukomeje kubambura ibirindiro

Bwa mbere MONUSCO yemeje ubufatanye bwa  FDLR n’igisirikari cya Kongo ku rugamba, nubwo umutwe wa M23 ukomeje kubambura ibirindiro

Editorial 03 Jan 2023
Hashyizwe hanze video aho Rusesabagina Paul asobanura amavu n’amavuko ya MRCD/FLN mu kiganiro yagiranaga n’abagize uwo mutwe w’iterabwoba

Hashyizwe hanze video aho Rusesabagina Paul asobanura amavu n’amavuko ya MRCD/FLN mu kiganiro yagiranaga n’abagize uwo mutwe w’iterabwoba

Editorial 19 Oct 2021
Félix Tshisekedi niwe watorewe kuyobora Congo Kinshasa

Félix Tshisekedi niwe watorewe kuyobora Congo Kinshasa

Editorial 10 Jan 2019
Major “Katulebe” wari umugaragu ukomeye wa FDLR, yishyikirije ingabo za Loni ziri muri Kongo, MONUSCO, akaba yiyongereye ku bandi benshi bamaze kubona ko gukorana na FDLR ari ukwihamagarira urupfu!

Major “Katulebe” wari umugaragu ukomeye wa FDLR, yishyikirije ingabo za Loni ziri muri Kongo, MONUSCO, akaba yiyongereye ku bandi benshi bamaze kubona ko gukorana na FDLR ari ukwihamagarira urupfu!

Editorial 31 Dec 2020

3 Ibitekerezo

  1. Shimon
    August 9, 201810:38 am -

    Ahaaa, byonyine kuba mwaremeye ko abo bagizi ba nabi bahari, twe byadukura umutima..
    Urwanda ngo: abagizi ba nabi! Banyura he ko mwatwijeje ko imipaka yose ifunze koko?

    Subiza
  2. Emmy
    August 10, 20184:56 pm -

    Uyu Shimon se atewe ubwoba niki? bakubwira ko umutekano ari 100/100.Ngo banyurahe?IMBWA Yiba se ibura aho inyura?ariko bayivuna umugongo ntizongere kugaruka.Kirimwabagabo sha.

    Subiza
    • Sunday
      August 13, 20185:49 am -

      Abagabo ki ko ari ukwiyemera gusa. FLN ntiri yonyine, abanyarwanda twese turi nabo kandi nigihe gito umwanzi wurwanda kagame akagenda. Ntabwo biratinda kuko bari imbere mugihugu.

      Subiza

Leave a Reply to Sunday Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

U Rwanda na Tanzania mu gutokora umubano w’ibihugu byombi
POLITIKI

U Rwanda na Tanzania mu gutokora umubano w’ibihugu byombi

Editorial 23 Feb 2016
Umunsi w’abakundana  ‘Valentine’s Day’  wijihijwe gitore
IMIKINO

Umunsi w’abakundana ‘Valentine’s Day’ wijihijwe gitore

Editorial 14 Feb 2017
Umuhanzikazi Lilian Mbabazi wabyaranye na Nyakwigendera Mowzey Radio arikoma abavuga ko atwite
SHOWBIZ

Umuhanzikazi Lilian Mbabazi wabyaranye na Nyakwigendera Mowzey Radio arikoma abavuga ko atwite

Editorial 14 Feb 2018

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru