• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Bizimana Djihad yasezeye Al Ahli yo muri Libya yari amazemo umwaka, Hakim Sahabo mu nzira zimujyana mu Bugereki   |   31 Jan 2026

  • FDLR bari muri Congo, barica abantu, bateza umutekano muke, Gusenya uwo mutwe bireba Congo n’ u Rwanda natwe bikatureba   |   29 Jan 2026

  • ICYO WAMENYA KUBIYAMAMARIZA KUYOBORA FDU-INKINGI: UMUTWE W’INTERAHAMWE ZIHEBEYE KUBUNZA INGENGABITEKEREZO YA JENOSIDE   |   29 Jan 2026

  • Interahamwe mu burayi zishyize hamwe ngo zishyigikire Victoire Ingabire   |   15 Jan 2026

  • Ekenge si we kibazo nyamukuru, ikibazo ni urwango rwigishwa abakongomani rwo kwanga Abatutsi rukorwa n’ubutegetsi bwa Tshisekedi   |   29 Dec 2025

  • U Burundi: Jenerali Alain Guillaume Bunyoni akomeje kuremba, yimurirwa mu bitaro bya Kira i Bujumbura mu ibanga rikomeye   |   28 Dec 2025

 
You are at :Home»INKURU NYAMUKURU»Gen. Ruvusha yavuze ku ‘binyoma’ by’abaherutse kwigamba gutera u Rwanda

Gen. Ruvusha yavuze ku ‘binyoma’ by’abaherutse kwigamba gutera u Rwanda

Editorial 09 Aug 2018 INKURU NYAMUKURU

Umuyobozi w’Ingabo mu Ntara y’Amajyepfo, Major General Emmanuel Ruvusha, yavuze ku makuru yacicikanye mu minsi ishize y’abantu bigambye ko bagabye igitero mu Karere ka Nyaruguru, yemeza ko ari ibinyoma ariko bikwiye gutanga isomo.

Yabigarutseho kuri uyu wa Gatatu tariki ya 8 Kanama 2018, mu nama yahuje inzego z’umutekano n’abafite amahoteli n’inzu zicumbikira abantu mu Ntara y’Amajyepfo, hagamijwe kwiga ku mutekano w’aho bakorera ndetse no kunoza serivisi batanga.

Gen. Ruvusha yagarutse ku mutekano muri rusange avuga ko no kubaheutse kwigamba ku bitangazamakuru mpuzamahanga no ku mbuga nkoranyambaga ko bateye u Rwanda ndetse ibintu byacitse.

Yagize ati “Icyo nabanza kubabwira muri iyi ntara yacu umutekano urahari 100% n’ubwo hari abagizi ba nabi baje bagahungabanya umutekano wacu mu Karere ka Nyaruguru, bahungabanyije umutekano wacu ariko icyo kibazo ndizera ko cyakemutse 100%, abaturage bafite umutekano bakora akazi kabo nk’uko bisanzwe”.

Mu minsi ishize umutekano muri imwe mu mirenge yo mu Karere ka Nyaruguru ihana imbibi n’ishyamba rya Nyungwe, wahungabanyijwe n’abantu bitwaje intwaro, bishe abaturage babiri, bakomeretsa abandi batatu, biba ibintu byiganjemo imyaka yari mu maduka.

Gen. Ruvusha yakomeje avuga ko nyuma y’icyo kibazo hari abigambye ko mu Rwanda hari kubera imirwano ariko ari ibinyoma kandi byatanze isomo.

Ati “Abo bagizi ba nabi bamaze guhungabanya umutekano, bamaze kwiba abaturage, bamwe barasimbutse bajya ku mbuga nkoranyambaga barasakuza (bari hanze y’igihugu) baravuga ngo igihugu cyatewe kiri mu mirwano ibintu byacitse. Ariko ndagira ngo mbabwire, biriya ni ibyifuzo ariko ibyo byifuzo nabyo bikwiye kutubera isomo, bikwiye kuduha icyo dutekereza n’icyo dukwiye gukora”.

Yakomeje avuga ko abifuriza inabi u Rwanda baba bashaka kureba utubazo duto buriraho bagaragaza ko byacitse bityo bakwiye kwimwa urwaho.

Ati “Biriya byagiye ku mbuga nkoranyambaga bigaragaza ibyifuzo by’abantu n’imigambi yabo, ni ukuvuga ngo n’ubwo atari ko byagenze ariko muri bo niko bifuza kugira ngo abe ari ko byagenda”.

Ibyo byifuzo nta gupfa kubisuzugura

Umuyobozi w’Ingabo mu Ntara y’Amajyepfo, Major General Ruvusha, yavuze ko ibyo byifuzo by’abashaka guharabika u Rwanda ntawe ukwiye kubisuzugura ahubwo bikwiye gutuma abantu bitegura kuzahashya uwahirahira ashaka guhungabanya umutekano.

Ati “Ntabwo rero nabyo njyewe mfa kubisuzugura gutyo gusa, cyane cyane nk’inzego z’umutekano ntidupfa kubisuzugura gutyo, ahubwo njyewe binyereka ko n’ubwo ibyo bavuga bitari byo ariko bashobora kuba ari byo batekereza, ibyo rero bikanyongerera kwitegura ko nibanabitekereza batazatinda kumenya ko bibeshye”.

Ibyabaye ntabwo byakongera

Gen. Ruvusha yashimangiye ko kuri ubu igihugu gitekanye yizeza ko n’ibiherutse kubera mu Karere ka Nyaruguru bitazongera kuba kuko abashinzwe umutekano bahari kandi bafite ubushobozi buhagije.

Ati “Ndagira ngo rero mbabwire ko igihugu gifite umutekano, kiratekanye, abashinzwe umutekano turahari turi maso, dufite ubushobozi buhagije bwo kuba twahangana n’ikibazo icyo ari cyo cyose cyashaka guhungabanya umutekano w’iki gihugu”.

“Nta na kimwe cyahungabanya umutekano w’iki gihugu ngo bishoboke. N’ubwo hari abo ngabo baje bagakora ibyo bikorwa by’ubugizi bwa nabi ariko ndagira ngo mbizeze ko icyo gikorwa kitakongera, ntabwo byashoboka kuko ibuye ryagaragaye ntabwo riba rikishe isuka”.

Abikorera n’abaturage muri rusange basabwe kwicungira umutekano kandi bakagira ubufatanye n’imikoranire ya hafi n’inzego z’umutekano kugira ngo hakumirwe ibyaha bitaraba ndetse n’abifuza guhungabanya umutekano bakomwe mu nkokora batarabigeraho.

Umuyobozi w’Ingabo mu Ntara y’Amajyepfo, Major General Emmanuel Ruvusha (hagati) yavuze ko abigambye ko bateye u Rwanda ari ibyifuzo gusa

Abikorera basabwe kugira uruhare mu kwicungira umutekano kandi bakagira imikoranire ya hafi n’inzego z’umutekano

 

2018-08-09
Editorial

IZINDI NKURU

Akabaye icwende ntikoga , Uganda iranze ibaye indiri y’ibigarasha n’igicumbi cy’ibinyoma bigamije guharabika u Rwanda

Akabaye icwende ntikoga , Uganda iranze ibaye indiri y’ibigarasha n’igicumbi cy’ibinyoma bigamije guharabika u Rwanda

Editorial 08 Aug 2020
Opozisiyo mu Burundi yanze kwitabira imishyikirano irimo  gukorerwa Arusha

Opozisiyo mu Burundi yanze kwitabira imishyikirano irimo  gukorerwa Arusha

Editorial 28 Nov 2017
Nyuma yo kwirukanwa ku butegetsi, Jacob Zuma ashobora gufungwa

Nyuma yo kwirukanwa ku butegetsi, Jacob Zuma ashobora gufungwa

Editorial 17 Mar 2018
Aho yambariye inkindi ahambariye ubucocero: Umujenosideri,umuterankunga mukuru w’abajenosideri, Kabuga Félicien, yaraye ijoro rye rya mbere mu buroko bw’I La Haye mu Buholandi, aho yajyaga yidegembya nk’umuherwe ukomeye!

Aho yambariye inkindi ahambariye ubucocero: Umujenosideri,umuterankunga mukuru w’abajenosideri, Kabuga Félicien, yaraye ijoro rye rya mbere mu buroko bw’I La Haye mu Buholandi, aho yajyaga yidegembya nk’umuherwe ukomeye!

Editorial 27 Oct 2020

3 Ibitekerezo

  1. Shimon
    August 9, 201810:38 am -

    Ahaaa, byonyine kuba mwaremeye ko abo bagizi ba nabi bahari, twe byadukura umutima..
    Urwanda ngo: abagizi ba nabi! Banyura he ko mwatwijeje ko imipaka yose ifunze koko?

    Subiza
  2. Emmy
    August 10, 20184:56 pm -

    Uyu Shimon se atewe ubwoba niki? bakubwira ko umutekano ari 100/100.Ngo banyurahe?IMBWA Yiba se ibura aho inyura?ariko bayivuna umugongo ntizongere kugaruka.Kirimwabagabo sha.

    Subiza
    • Sunday
      August 13, 20185:49 am -

      Abagabo ki ko ari ukwiyemera gusa. FLN ntiri yonyine, abanyarwanda twese turi nabo kandi nigihe gito umwanzi wurwanda kagame akagenda. Ntabwo biratinda kuko bari imbere mugihugu.

      Subiza

Leave a Reply to Shimon Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Umunyarwandakazi wakoreraga Volcano i Burundi afunzwe ashinjwa ubutasi
INKURU NYAMUKURU

Umunyarwandakazi wakoreraga Volcano i Burundi afunzwe ashinjwa ubutasi

Editorial 09 Jan 2018
Espérance de Tunis yegukana CAF Champions League
IMIKINO

Espérance de Tunis yegukana CAF Champions League

Editorial 01 Jun 2019
Kigali: Umugabo afunzwe akekwaho kwica umugore we wamushinjaga ubusambanyi
Mu Mahanga

Kigali: Umugabo afunzwe akekwaho kwica umugore we wamushinjaga ubusambanyi

Editorial 13 Sep 2016

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru