• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Ekenge si we kibazo nyamukuru, ikibazo ni urwango rwigishwa abakongomani rwo kwanga Abatutsi rukorwa n’ubutegetsi bwa Tshisekedi   |   29 Dec 2025

  • U Burundi: Jenerali Alain Guillaume Bunyoni akomeje kuremba, yimurirwa mu bitaro bya Kira i Bujumbura mu ibanga rikomeye   |   28 Dec 2025

  • Perezida Kagame yashimye Perezida wa FIFA, Gianni Infantino, wahisemo kwizihiriza Noheli mu Rwanda, mu buryo budasanzwe   |   26 Dec 2025

  • FERWACY yatangaje inzira za Tour du Rwanda 2026, Rubavu yakira isiganwa iminsi itatu, Nyamirambo iragaruka   |   22 Dec 2025

  • ABASIRIKARE B’ABARUNDI BAKOMEREKERA MURI KONGO, IGISHORO N’UBUTUNZI KURI PRIME NIYONGABO   |   16 Dec 2025

  • FDLR ikomeje kwica abaturage muri Walikale mu gihe Leta ya Congo ivuga ko itakiri ikibazo   |   16 Dec 2025

 
You are at :Home»IKORANABUHANGA»Hagiye gushyirwaho ikoranabuhanga rizajya ryemeza abemerewe gukora ibizamini by’akazi
Umunyamabanga Uhoraho muri MIFOTRA, Gaspard Musonera, ubwo yitabaga Komisiyo y’Abadepite ishinzwe gukurikirana imikoreshereze y’umutungo wa Leta (PAC)

Hagiye gushyirwaho ikoranabuhanga rizajya ryemeza abemerewe gukora ibizamini by’akazi

Editorial 21 Mar 2019 IKORANABUHANGA

Minisiteri y’Abakozi ba Leta n’Umurimo (MIFOTRA) yatangaje ko igiye gushyiraho uburyo bw’ikoranabuhanga buzajya bwemeza urutonde rw’abafite ibyangombwa byuzuye bibemerera kujya mu kizamini cyanditse cy’akazi.

Mu 2016 Guverinoma y’u Rwanda yatangije uburyo bw’ikoranabuhanga mu gusaba akazi buzwi nka E-Recruitment bugamije kunoza imitangire y’ibizamini by’akazi ka Leta.

Ubu buryo burimo aho ushyira imyirondoro yawe n’ibindi byangombwa bisabwa ku myanya y’imirimo runaka, hakaba n’ahashyirwa amatangazo y’akazi ka Leta wabonaho ahahuye n’ubunararibonye bwawe ugasaba akazi.

Umunyamabanga Uhoraho muri MIFOTRA, Gaspard Musonera, ubwo yitabaga Komisiyo y’Abadepite ishinzwe gukurikirana imikoreshereze y’umutungo wa Leta (PAC) kuri uyu wa Gatatu, yavuze ko byagiye bigaragara ko hari abapfa gusaba akazi aho babonye hose n’imyanya badafitiye ubushobozi, bikagora abashinzwe gutoranya.

Musonera wari waje gusobanura ibibazo byagaragaye mu buryo bw’ikoranabuhanga rifasha mu micungire y’abakozi ba Leta n’imitangire ya serivisi bise IPPIS (Integrated Payroll & Personnel Information System) yavuze ko ubu batangiye kuvugurura imikorere y’ikoranabuhanga rya E-Recruitment.

Ati “Ubu ibigo birabyinubira cyane. Buriya ikoranabuhanga ni ryiza ariko rigira n’ibibi byaryo kuko ryoroheje uburyo abantu bashobora gusaba n’utujuje ibisabwa agasaba, ku buryo abantu baba benshi n’iyo ataba abyujuje ntabura kugutesha umwanya.”

Yakomeje agira ati “Twatangiye kugerageza kugikemura. Turi gukora uburyo bwo guhitamo mbere bikozwe n’ikoranabuhanga ryacu mbere y’uko abantu basaba akazi, agasaba akazi ari uko hari iby’ibanze akwiye kuba yujuje kandi byagenzuwe n’ikoranabuhanga aho kuba abantu.”

Nubwo atatangaje igihe bizaba byatangiriye, Musonera yumvikanishije ko bari kubishyiramo imbaraga ku buryo bizakemuka vuba.

Komisiyo ishinzwe abakozi ba Leta yagaragaje ko mu mwaka w’ingengo y’imari wa 2016 /17 hashyizwe ku isoko imyanya y’akazi 1616, hakaza abantu 54 467 baje kuyipiganira, abasaga ibihumbi 40. Aba aribo bemererwe kuyipiganira.

 

2019-03-21
Editorial

IZINDI NKURU

GANZA TV: Abakunzi ba Filime Mpuzamahanga bashyizwe igorora kuri Startimes

GANZA TV: Abakunzi ba Filime Mpuzamahanga bashyizwe igorora kuri Startimes

Editorial 08 Nov 2023
Konti zigera kuri miliyoni 50 kuri Facebook zagabweho igitero

Konti zigera kuri miliyoni 50 kuri Facebook zagabweho igitero

Editorial 29 Sep 2018
Android 10 yatangiye gukoreshwa muri telefoni za mbere

Android 10 yatangiye gukoreshwa muri telefoni za mbere

Editorial 06 Sep 2019
Indege yo muri Singapore igiye guca agahigo ikora urugendo rw’amasaha 20 idahagaze

Indege yo muri Singapore igiye guca agahigo ikora urugendo rw’amasaha 20 idahagaze

Editorial 26 Apr 2018

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

CNLG iramagana Leta y’u Burundi ikomeje gupfobya Jenoside
Mu Mahanga

CNLG iramagana Leta y’u Burundi ikomeje gupfobya Jenoside

Editorial 26 Aug 2016
Umutekano n’ituze by’abanyarwanda byaje ku isonga mu bushakashatsi bwa gatandatu bw’Urwego rw’igihugu rw’Imiyoborere [ RGB ]
HIRYA NO HINO

Umutekano n’ituze by’abanyarwanda byaje ku isonga mu bushakashatsi bwa gatandatu bw’Urwego rw’igihugu rw’Imiyoborere [ RGB ]

Editorial 31 Oct 2019
Umuhango w’irahira rya Macky Sall, Kagame n’abandi baperezida 18 bitabiriye irahira rye
HIRYA NO HINO

Umuhango w’irahira rya Macky Sall, Kagame n’abandi baperezida 18 bitabiriye irahira rye

Editorial 02 Apr 2019

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru