• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Iperereza ku rupfu rwa ruharwa Kabuga Félicien: Yapfiriye mu cyumba cye nyuma yo guhabwa ifunguro, yazize umutima   |   13 Jul 2026

  • Mu mikino ya CECAFA Kagame Cup 2026, APR FC izatangira ihura na Gor Mahia, Rayon Sports izisobanura na KVZ SC yo muri Zanzibar   |   11 Jul 2026

  • Harimo n’abazandikwa bishyuye Miliyoni Ebyiri, FERWAFA yashyizeho amabwiriza mashya yo kwandikisha abakinnyi n’abatoza muri BK Pro League 2026/2027   |   09 Jul 2026

  • AMAFOTO – Umutoza mukuru wa APR FC, Abderrahim Taleb, yongereye amasezerano y’umwaka umwe   |   07 Jul 2026

  • Kwigira Nyoninyinshi kwa Habyarimana yavuze ko bashakira amahoro abantu bose naho yahe yo kajya   |   07 Jul 2026

  • Kuvanaho Ingamba z’Ubwirinzi byaba ari Ubwiyahuzi   |   07 Jul 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Mahanga»Intara y’Amajyaruguru: Hongewe imbaraga mu kurwanya ibiyobyabwenge

Intara y’Amajyaruguru: Hongewe imbaraga mu kurwanya ibiyobyabwenge

Ubwanditsi 11 Aug 2016 Mu Mahanga

Polisi y’u Rwanda mu Ntara y’Amajyaruguru n’abafatanyabikorwa mu gukumira ibyaha bongeye imbaraga mu kurwanya ikoreshwa n’ikwirakwizwa ry’ibiyobyabwenge.

Mu karere ka Burera ku itariki 9 Kanama habereye ubukangurambaga bwo kurwanya ibiyobyabwenge aho abaturage bagera ku 1000 bo mu murenge wa Butaro basabwe kwirinda ibikorwa byose binyuranije n’amategeko.

Ibi babisabiwe mu nama bagiranye n’Umuyobozi wa Polisi y’u Rwanda muri iyi Ntara , Chief Superintendent of Police (CSP) Sam Rumanzi n’Umuyobozi w’akarere ka Burera, Uwambajemariya Florence.

Mu ijambo yagejeje kuri abo baturage bahuriye mu kagari ka Rusumo, CSP Rumazi yababwiye ko ibiyobyabwenge bikunze gufatirwa muri iyi Ntara byiganjemo urumogi n’inzoga zitemewe kunyobwa no gucuruzwa mu Rwanda nka Kanyanga, Kitoko, Blue Sky,Coffee Spirit,Chief Waragi n’izindi.

Yavuze ko ibiyobyabwenge bifatwa biba byinjijwe rwihishwa muri iyi Ntara bivanywe mu bihugu bihana imbibi n’u Rwanda; kandi yongeraho ko ibyinshi bifatirwa mu turere twa Gicumbi na Burera.

CSP Rumanzi yavuze ko imikoranire myiza ya Polisi y’u Rwanda n’abaturage ndetse n’izindi nzego ari yo ituma bifatwa.

Abafatanyabikorwa ba Polisi y’u Rwanda mu gukumira ibyaha barimo Inzego z’ibanze, Urubyiruko rw’abakorerabushake mu gukumira ibyaha (Rwanda Youth Volunteers in Community Policing- RYVCP) , Abavuga rikumvikana , Abagize Komite zo kubungabunga umutekano (Community Policing Committees CPCs), Ambasaderi mu gukumira ibyaha (Ambassadors in Crime Prevention) kimwe n’Abagize amahuriro yo gukumira ibyaha (Anti-Crime Clubs).

Ubufatanye bwa Polisi y’u Rwanda n’abagize ibi byiciro bwatumye mu karere ka Burera, mu mezi arindwi ashize abantu 99 bafatanywa ibiyobyabwenge bitandukanye bifite agaciro k’amafaranga y’u Rwanda 45. 139.000.

Ibiyobyabwenge byafashwe bigizwe na litiro 2117 za Kanyanga, amaduzeni 1815 ya Blue Sky, amaduzeni 74 ya Chief Waragi, amaduzeni 74 ya Coffee Spirit, n’amaduzeni 128 ya Host Waragi.

Muri ayo mezi hafashwe kandi amaduzeni 168 ya Kitoko, amaduzeni 95 ya kick Waragi, amaduzeni abiri ya Zebra Waragi, n’ibiro bitandatu n’igice by’urumogi.

CSP Rumanzi yashimye abatuye muri iyi Ntara kubera uruhare rwabo mu kurwanya ibyaha, kandi abasaba kuba ijisho ry’umuturanyi kugira ngo hakumirwe ibikorwa byose binyuranije n’amategeko.

Yagize ati:”Ntidusiba gukangurira abantu kureka kunywa, gutunda no gucuruza ibiyobyabwenge ariko bamwe bakomeje kubikora. Tuzirikana ko guhindura imyumvire bisaba guhozaho. Tuzakomeza gukangurira abantu b’ingeri zose kubyirinda tubasobanurira ububi bwabyo.”

Yakomeje agira ati:”Bigaragara ko ibyaha birimo gufata ku ngufu, gusambanya abana, gukubita no gukomeretsa n’ihohoterwa rishingiye ku gitsina bikorwa ahanini n’abanyoye ibiyobyabwenge. Abantu bakwiye kunywa no gucuruza ibintu byemewe n’amategeko kandi bidafite ingaruka mbi ku buzima bwabo.”

Mu butumwa bwe, Uwambajemariya yagize ati:”Umutekano ni ishingiro rya byose. Buri wese arasabwa kugira uruhare mu kuwubungabunga yirinda ibyaha kandi atanga amakuru yatuma hakumirwa ikintu cyose gishobora kuwuhungabanya.”

Yasabye abatuye mu karere ka Burera gukora amarondo neza, kandi bakitabira gahunda za Leta nk’Umuganda ngaruka kwezi no gutanga ubwisungane bwo kwivuza (Mutuelle de santé) ku gihe.

RNP

2016-08-11
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Abasirikari 5 ba Uganda bakatiwe ibihano birimo n’urupfu, kubera kwica abaturange b’abasivili muri Somaliya

Abasirikari 5 ba Uganda bakatiwe ibihano birimo n’urupfu, kubera kwica abaturange b’abasivili muri Somaliya

Ubwanditsi 14 Nov 2021
Abanyaburayi bose siko bakurikira buhumyi ibinyoma bya Kongo n’Ububiligi

Abanyaburayi bose siko bakurikira buhumyi ibinyoma bya Kongo n’Ububiligi

Ubwanditsi 25 Feb 2025
Tuzihorera Ku Muntu Wese Uzi Ko Yamennye Amaraso Y’umuturage Wa Uganda-Perezida Museveni

Tuzihorera Ku Muntu Wese Uzi Ko Yamennye Amaraso Y’umuturage Wa Uganda-Perezida Museveni

Ubwanditsi 11 Jun 2018
Dore ukuri mutamenye ku ngemu Ingabire Victoire yohererezwa nk’umuyobozi wa FDU-Inkingi mu Rwanda

Dore ukuri mutamenye ku ngemu Ingabire Victoire yohererezwa nk’umuyobozi wa FDU-Inkingi mu Rwanda

Ubwanditsi 21 Oct 2022

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Ladislas Ntaganzwa ushinjwa ibyaha bya Jenoside yagejejwe i Kigali
Mu Mahanga

Ladislas Ntaganzwa ushinjwa ibyaha bya Jenoside yagejejwe i Kigali

Ubwanditsi 24 Mar 2016
Muri 2017 amatora areze muri Afurika nk’uko byagenze muri 2016
POLITIKI

Muri 2017 amatora areze muri Afurika nk’uko byagenze muri 2016

Ubwanditsi 06 Mar 2017
Ibikorwaremezo, Guteza imbere umukino n’impano, ishoramari ryagutse ku gihugu – inyungu ku Rwanda mu kwakira BAL
Amakuru

Ibikorwaremezo, Guteza imbere umukino n’impano, ishoramari ryagutse ku gihugu – inyungu ku Rwanda mu kwakira BAL

Ubwanditsi 24 May 2025

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru