• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Rwanda Premier League yemeje ko hazatangwa ibikombe bibiri bya shampiyona, bitandukanye n’ibyo FERWAFA yari yatangaje   |   12 May 2026

  • Itangazamakuru si inzira yo gushakiramo amaronko binyuze mu gukora ibyaha, ubutabera bugomba gukora akazi kabwo   |   11 May 2026

  • U Rwanda rwegukanye ibikombe bibiri bya Men’s IHF Trophy Africa/Zone 5 mu batarengeje imyaka 18 na 20   |   09 May 2026

  • Urukiko rwanzuye ko Nyuma y’imyaka 18, iperereza kuri Agathe Kanziga rigiye gukomeza   |   06 May 2026

  • Umukinnyi mwiza wa w’umwaka wa BK PRO LEAGUE azegukana imodoka ya miliyoni 15 Frw, Uko ibihembo bizatangwa   |   06 May 2026

  • Perezida Kagame yashimye Arsenal FC yageze ku mukino wa nyuma wa UEFA Champions League   |   05 May 2026

 
You are at :Home»INKURU NYAMUKURU»Umuryango wa Museveni uravugwa mu bucuruzi bw’ibiyobyabwenge

Umuryango wa Museveni uravugwa mu bucuruzi bw’ibiyobyabwenge

Ubwanditsi 04 Aug 2019 INKURU NYAMUKURU, INKURU ZAKUNZWE CYANE, ITOHOZA

Mu rubanza rukomeje kuburanishirizwa muri Leta zunze ubumwe z’Amerika; umutanga buhamya yagaragaje uburyo umuryango wa Museveni ukorana ubucuruzi bw’ibiyobyabwenge na bamwe mu bacuruzi babyo ruharwa.

Leta zunze ubumwe bw’Amerika zikurikiranye Baktash Akasha na Ibrahim Akasha, abanya Kenya bafite inkomoko mu Buhinde bakaba banavukana baregwa ibyaha byo gucuruza ibiyobyabwenge (drugs) muri Amerika, babikuye muri Kenya.

M’Ukwakira 2018, aba bavandimwe bemeye ibyaha baregwa birimo gushaka kwinjiza magendu y’ibiro 99 by’ikiyobyabwenge cya heroine ndetse n’ibiro 2 bya methamphetamine, bizwiho kuba ari ibiyobyabwenge bikaze mu kwica ababinywa.

Aba bavandimwe banemeye kuba bafite abantu bakomeye bakorana nabo muri Kenya ndetse na Uganda.

Vijaygiri Goswami, mugenzi wabo w’imyaka 51 wakoranye cyane n’aba bavandimwe mu bucuruzi b’ibiyobyabwenge, ubu akaba ari gukorana n’ubutabera bw’Amerika nk’umutanga buhamya; yabutangarije uburyo aba bavandimwe bapanze imikoranire ya hafi na muramukazi (sister-in-law) wa Museveni mu gutangiza uburyo (network) bwo gucuruza ikiyobyabwenge cya Methaphetamine muri Uganda, aho muramukazi wa Museveni yari kubafasha mu kubageza kucyo bashaka muri Uganda.

Gahunda muramukazi wa Museveni yabafashijemo ni ugushinga laboratoire bazajya bakoreramo ibyo biyobyawenge (Methamphetamine bakoresheje ibinini byitwa ephedrine) muri Uganda, ndetse byanakomera bakanagura isoko mu Burundi ndetse na Tanzania.

Baktash na Ibrahim Akasha mu rubanza

Mu gukurikirana iyi gahunda, muramukazi wa Museveni yakoranye inama na Baktash Akasha ngo hanozwe ibyo gukora no gucuruza ibiyobyabwenge bivuye muri Uganda byerekeza kw’isi hose ariko cyane cyane muri Amerika.
Baktash Akasha, Ibrahim Akasha, na Vijaygiri Goswami hamwe n’undi witwa B. Panchal bari bitabiriye iyo nama na muramukazi wa Museveni,wabasezeranije ko azabashakira uruhushya (licence) rwo gutumiza ephedrine ingana na toni 2 icyarimwe,bakamuha amafaranga ku nyungu bazakuramo.

Imipangu yo gukoresha izo laboratoire yari yakozwe na Panchal wari wemeye kuzana uzakora ibiyobyabwenge muri ephedrine ariko imigambi yabo yaje gupfuba kuko inzego zirwanya ibiyobyabwenge zari zamaze gufata izo laboratoire.

Mu muryango wa Museveni si muramukazi we gusa wavuzweho gukorana na mafia kuko na murumuna we Salim Saleh yagiye avugwaho gukorana n’abacuruzi b’ibiyobyabwenge, kuko muri 2006, Interpol yagaragaje ko Salim Saleh yinjije muri Uganda ibiyobyabwenge byinshi aciye ku kibuga cy’indege cya Entebbe, aho afite ubudahangarwa. Muri ibyo bikorwa bye, Salim yakoreshaga uwamwunganiraga (ADC) witwa Juma Seiko icyo gihe wari ufite ipeti rya Captain. Byaje kumenyekana ubwo hafatwaga ibiyobyabwenge bifite agaciro ka $300,000.

2019-08-04
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Abasirikari ba Uganda bari mu butumwa bw’amahoro muri Somaliya barashinjwa kwica abaturage

Abasirikari ba Uganda bari mu butumwa bw’amahoro muri Somaliya barashinjwa kwica abaturage

Ubwanditsi 13 Aug 2021
Valens Pappy na DC Clement babere Urugero abandi biyita abanyamakuru babaho ubuzima bw’ikinyoma

Valens Pappy na DC Clement babere Urugero abandi biyita abanyamakuru babaho ubuzima bw’ikinyoma

RUSHYASHYA 09 Apr 2026
Gisagara: Umunyeshurikazi witabye Imana azize asima, biravugwa ko yimwe uruhushya rwo kujya kwivuza

Gisagara: Umunyeshurikazi witabye Imana azize asima, biravugwa ko yimwe uruhushya rwo kujya kwivuza

Ubwanditsi 04 May 2017
ADEPR : Uko Usabwimana Samuel  yahunze  Igihugu n’Impamvu zabyo [ Yavuguruwe ]

ADEPR : Uko Usabwimana Samuel yahunze Igihugu n’Impamvu zabyo [ Yavuguruwe ]

Ubwanditsi 14 Mar 2017

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Dusobanukirwe neza Umusesabagina-nterahamwe  Uzabakiriho Alfred Antoine wiyita Gitifu Sebatware
Amakuru

Dusobanukirwe neza Umusesabagina-nterahamwe  Uzabakiriho Alfred Antoine wiyita Gitifu Sebatware

Ubwanditsi 29 Apr 2025
Nta masomo mukeneye mu kwibungabungira umutekano, ni ukwibukiranya -Guverineri Gatabazi
Mu Rwanda

Nta masomo mukeneye mu kwibungabungira umutekano, ni ukwibukiranya -Guverineri Gatabazi

Ubwanditsi 12 Oct 2017
Umutekano mu Burundi, Perezida Ndayishimiye yagiye gupfundikira iby’abandi ibye bita imitemeri
Amakuru

Umutekano mu Burundi, Perezida Ndayishimiye yagiye gupfundikira iby’abandi ibye bita imitemeri

Ubwanditsi 26 Feb 2024

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru