• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Baker Byatsi yafungiwe ubujura imyaka ine afungurwa kuko yisiramuje nabi muri gereza bikamugwa nabi-Mushiki wa Byatsi byose yabivuze   |   28 May 2026

  • AMAFOTO – Mu mukino wakurikiwe na Perezida Kagame, RSSB Tigers BBC yageze ku mukino wa nyuma wa BAL 2026 itsinze AL Ahyly yo mu Misiri   |   28 May 2026

  • Stephen Constantine yatangaje urutonde rw’abakinnyi 24 bazifashishwa mu mikino ibiri ya gicuti mpuzamahanga izahuza u Rwanda na Comoros ndetse na Tanzania   |   27 May 2026

  • Agapfa kaburiwe ni impongo; Abagura Indaya bahawe imbuzi   |   27 May 2026

  • Ambassadeur Thérence Ntahiraja yemeje ko u Rwanda rugomba guterwa   |   27 May 2026

  • Rayon Sports yatsinze Bugesera FC yiyongerera amahirwe yo kuzahagararira u Rwanda mu mikino Nyafurika   |   26 May 2026

 
You are at :Home»INKURU NYAMUKURU»Umuryango wa Museveni uravugwa mu bucuruzi bw’ibiyobyabwenge

Umuryango wa Museveni uravugwa mu bucuruzi bw’ibiyobyabwenge

Ubwanditsi 04 Aug 2019 INKURU NYAMUKURU, INKURU ZAKUNZWE CYANE, ITOHOZA

Mu rubanza rukomeje kuburanishirizwa muri Leta zunze ubumwe z’Amerika; umutanga buhamya yagaragaje uburyo umuryango wa Museveni ukorana ubucuruzi bw’ibiyobyabwenge na bamwe mu bacuruzi babyo ruharwa.

Leta zunze ubumwe bw’Amerika zikurikiranye Baktash Akasha na Ibrahim Akasha, abanya Kenya bafite inkomoko mu Buhinde bakaba banavukana baregwa ibyaha byo gucuruza ibiyobyabwenge (drugs) muri Amerika, babikuye muri Kenya.

M’Ukwakira 2018, aba bavandimwe bemeye ibyaha baregwa birimo gushaka kwinjiza magendu y’ibiro 99 by’ikiyobyabwenge cya heroine ndetse n’ibiro 2 bya methamphetamine, bizwiho kuba ari ibiyobyabwenge bikaze mu kwica ababinywa.

Aba bavandimwe banemeye kuba bafite abantu bakomeye bakorana nabo muri Kenya ndetse na Uganda.

Vijaygiri Goswami, mugenzi wabo w’imyaka 51 wakoranye cyane n’aba bavandimwe mu bucuruzi b’ibiyobyabwenge, ubu akaba ari gukorana n’ubutabera bw’Amerika nk’umutanga buhamya; yabutangarije uburyo aba bavandimwe bapanze imikoranire ya hafi na muramukazi (sister-in-law) wa Museveni mu gutangiza uburyo (network) bwo gucuruza ikiyobyabwenge cya Methaphetamine muri Uganda, aho muramukazi wa Museveni yari kubafasha mu kubageza kucyo bashaka muri Uganda.

Gahunda muramukazi wa Museveni yabafashijemo ni ugushinga laboratoire bazajya bakoreramo ibyo biyobyawenge (Methamphetamine bakoresheje ibinini byitwa ephedrine) muri Uganda, ndetse byanakomera bakanagura isoko mu Burundi ndetse na Tanzania.

Baktash na Ibrahim Akasha mu rubanza

Mu gukurikirana iyi gahunda, muramukazi wa Museveni yakoranye inama na Baktash Akasha ngo hanozwe ibyo gukora no gucuruza ibiyobyabwenge bivuye muri Uganda byerekeza kw’isi hose ariko cyane cyane muri Amerika.
Baktash Akasha, Ibrahim Akasha, na Vijaygiri Goswami hamwe n’undi witwa B. Panchal bari bitabiriye iyo nama na muramukazi wa Museveni,wabasezeranije ko azabashakira uruhushya (licence) rwo gutumiza ephedrine ingana na toni 2 icyarimwe,bakamuha amafaranga ku nyungu bazakuramo.

Imipangu yo gukoresha izo laboratoire yari yakozwe na Panchal wari wemeye kuzana uzakora ibiyobyabwenge muri ephedrine ariko imigambi yabo yaje gupfuba kuko inzego zirwanya ibiyobyabwenge zari zamaze gufata izo laboratoire.

Mu muryango wa Museveni si muramukazi we gusa wavuzweho gukorana na mafia kuko na murumuna we Salim Saleh yagiye avugwaho gukorana n’abacuruzi b’ibiyobyabwenge, kuko muri 2006, Interpol yagaragaje ko Salim Saleh yinjije muri Uganda ibiyobyabwenge byinshi aciye ku kibuga cy’indege cya Entebbe, aho afite ubudahangarwa. Muri ibyo bikorwa bye, Salim yakoreshaga uwamwunganiraga (ADC) witwa Juma Seiko icyo gihe wari ufite ipeti rya Captain. Byaje kumenyekana ubwo hafatwaga ibiyobyabwenge bifite agaciro ka $300,000.

2019-08-04
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Uganda yasabwe kurekura Abanyarwanda badafite ibyo bashinjwa bakava mu busho bafungiyemo

Uganda yasabwe kurekura Abanyarwanda badafite ibyo bashinjwa bakava mu busho bafungiyemo

Ubwanditsi 16 Sep 2019
Burusiya bwirukanye Abadipolomate 23 b’u Bwongereza

Burusiya bwirukanye Abadipolomate 23 b’u Bwongereza

Ubwanditsi 17 Mar 2018
Nsabimana Callixte wiyita Sankara yagaruwe mu Rwanda ubu agiye gushyikirizwa ubutabera – Min. Sezibera

Nsabimana Callixte wiyita Sankara yagaruwe mu Rwanda ubu agiye gushyikirizwa ubutabera – Min. Sezibera

Ubwanditsi 30 Apr 2019
Niba Tshisekedi adafitiye icyizere bagenzi be bo mu karere, nihe handi azakura ibisubizo?

Niba Tshisekedi adafitiye icyizere bagenzi be bo mu karere, nihe handi azakura ibisubizo?

Ubwanditsi 30 Nov 2024

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Nyarugenge: Yafatanywe Impushya ebyiri zo gutwara ibinyabiziga z’inyiganano
Mu Rwanda

Nyarugenge: Yafatanywe Impushya ebyiri zo gutwara ibinyabiziga z’inyiganano

Ubwanditsi 08 May 2017
Umunani bafunzwe bazira kugerageza guha ruswa abapolisi
Mu Mahanga

Umunani bafunzwe bazira kugerageza guha ruswa abapolisi

Ubwanditsi 16 Jan 2017
Nyuma y’umukino ikipe ya Leicester City yatsinzemo Manchester United, ikipe ya Manchester City yahise itwara igikombe cya shampiyona y’u Bwongereza ibura imikino itatu ngo irangire.
Amakuru

Nyuma y’umukino ikipe ya Leicester City yatsinzemo Manchester United, ikipe ya Manchester City yahise itwara igikombe cya shampiyona y’u Bwongereza ibura imikino itatu ngo irangire.

Ubwanditsi 12 May 2021

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru