• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • U Rwanda rwegukanye ibikombe bibiri bya Men’s IHF Trophy Africa/Zone 5 mu batarengeje imyaka 18 na 20   |   09 May 2026

  • Urukiko rwanzuye ko Nyuma y’imyaka 18, iperereza kuri Agathe Kanziga rigiye gukomeza   |   06 May 2026

  • Umukinnyi mwiza wa w’umwaka wa BK PRO LEAGUE azegukana imodoka ya miliyoni 15 Frw, Uko ibihembo bizatangwa   |   06 May 2026

  • Perezida Kagame yashimye Arsenal FC yageze ku mukino wa nyuma wa UEFA Champions League   |   05 May 2026

  • Al Ahly SC yegukanye CAVB Men’s Club Championship 2026, Police VC na REG zegukana imidali yo ku rwego rwa Afurika i Kigali   |   03 May 2026

  • POLICE VC yanditse amateka, ihurira na Al Ahly SC ku mukino wa nyuma wa CAVB Men’s Club Championship 2026   |   02 May 2026

 
You are at :Home»INKURU NYAMUKURU»Umuryango wa Museveni uravugwa mu bucuruzi bw’ibiyobyabwenge

Umuryango wa Museveni uravugwa mu bucuruzi bw’ibiyobyabwenge

Ubwanditsi 04 Aug 2019 INKURU NYAMUKURU, INKURU ZAKUNZWE CYANE, ITOHOZA

Mu rubanza rukomeje kuburanishirizwa muri Leta zunze ubumwe z’Amerika; umutanga buhamya yagaragaje uburyo umuryango wa Museveni ukorana ubucuruzi bw’ibiyobyabwenge na bamwe mu bacuruzi babyo ruharwa.

Leta zunze ubumwe bw’Amerika zikurikiranye Baktash Akasha na Ibrahim Akasha, abanya Kenya bafite inkomoko mu Buhinde bakaba banavukana baregwa ibyaha byo gucuruza ibiyobyabwenge (drugs) muri Amerika, babikuye muri Kenya.

M’Ukwakira 2018, aba bavandimwe bemeye ibyaha baregwa birimo gushaka kwinjiza magendu y’ibiro 99 by’ikiyobyabwenge cya heroine ndetse n’ibiro 2 bya methamphetamine, bizwiho kuba ari ibiyobyabwenge bikaze mu kwica ababinywa.

Aba bavandimwe banemeye kuba bafite abantu bakomeye bakorana nabo muri Kenya ndetse na Uganda.

Vijaygiri Goswami, mugenzi wabo w’imyaka 51 wakoranye cyane n’aba bavandimwe mu bucuruzi b’ibiyobyabwenge, ubu akaba ari gukorana n’ubutabera bw’Amerika nk’umutanga buhamya; yabutangarije uburyo aba bavandimwe bapanze imikoranire ya hafi na muramukazi (sister-in-law) wa Museveni mu gutangiza uburyo (network) bwo gucuruza ikiyobyabwenge cya Methaphetamine muri Uganda, aho muramukazi wa Museveni yari kubafasha mu kubageza kucyo bashaka muri Uganda.

Gahunda muramukazi wa Museveni yabafashijemo ni ugushinga laboratoire bazajya bakoreramo ibyo biyobyawenge (Methamphetamine bakoresheje ibinini byitwa ephedrine) muri Uganda, ndetse byanakomera bakanagura isoko mu Burundi ndetse na Tanzania.

Baktash na Ibrahim Akasha mu rubanza

Mu gukurikirana iyi gahunda, muramukazi wa Museveni yakoranye inama na Baktash Akasha ngo hanozwe ibyo gukora no gucuruza ibiyobyabwenge bivuye muri Uganda byerekeza kw’isi hose ariko cyane cyane muri Amerika.
Baktash Akasha, Ibrahim Akasha, na Vijaygiri Goswami hamwe n’undi witwa B. Panchal bari bitabiriye iyo nama na muramukazi wa Museveni,wabasezeranije ko azabashakira uruhushya (licence) rwo gutumiza ephedrine ingana na toni 2 icyarimwe,bakamuha amafaranga ku nyungu bazakuramo.

Imipangu yo gukoresha izo laboratoire yari yakozwe na Panchal wari wemeye kuzana uzakora ibiyobyabwenge muri ephedrine ariko imigambi yabo yaje gupfuba kuko inzego zirwanya ibiyobyabwenge zari zamaze gufata izo laboratoire.

Mu muryango wa Museveni si muramukazi we gusa wavuzweho gukorana na mafia kuko na murumuna we Salim Saleh yagiye avugwaho gukorana n’abacuruzi b’ibiyobyabwenge, kuko muri 2006, Interpol yagaragaje ko Salim Saleh yinjije muri Uganda ibiyobyabwenge byinshi aciye ku kibuga cy’indege cya Entebbe, aho afite ubudahangarwa. Muri ibyo bikorwa bye, Salim yakoreshaga uwamwunganiraga (ADC) witwa Juma Seiko icyo gihe wari ufite ipeti rya Captain. Byaje kumenyekana ubwo hafatwaga ibiyobyabwenge bifite agaciro ka $300,000.

2019-08-04
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Uganda : Uko Museveni yahinduye gahunda yo kwigenga kw’ibigo bya leta nyuma y’imyaka 33

Uganda : Uko Museveni yahinduye gahunda yo kwigenga kw’ibigo bya leta nyuma y’imyaka 33

Ubwanditsi 22 May 2019
Perezida Yower K. Museveni yashyizeho abambasaderi bashya basaga 40 icyarimwe, abaha inshingano zigoranye zo kuzahura isura ya Uganda yahindanye mu ruhando mpuzamahanga

Perezida Yower K. Museveni yashyizeho abambasaderi bashya basaga 40 icyarimwe, abaha inshingano zigoranye zo kuzahura isura ya Uganda yahindanye mu ruhando mpuzamahanga

Ubwanditsi 13 Dec 2021
Theogene Rudasingwa mundiri ya MRND ngo bari kunamira Kizito kandi bakina ingirwa politiki yabo

Theogene Rudasingwa mundiri ya MRND ngo bari kunamira Kizito kandi bakina ingirwa politiki yabo

Ubwanditsi 24 Feb 2020
Impinduka muri Rwanda Day 2016 : Ruhamyambuga Paul  byavugwaga ko yabaye inshuti ya Kayumba  na Rujugiro yarabigaritse

Impinduka muri Rwanda Day 2016 : Ruhamyambuga Paul byavugwaga ko yabaye inshuti ya Kayumba na Rujugiro yarabigaritse

Ubwanditsi 23 Sep 2016

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Polisi y’u Rwanda irimo gupima SIDA Abapolisi n’abafatanyabikorwa mu kubungabunga umutekano bo muri Karongi
Mu Mahanga

Polisi y’u Rwanda irimo gupima SIDA Abapolisi n’abafatanyabikorwa mu kubungabunga umutekano bo muri Karongi

Ubwanditsi 14 Feb 2017
Burundi: Imfungwa 178 zahawe imbabazi na Perezida Nkurunziza zarekuwe
Mu Mahanga

Burundi: Imfungwa 178 zahawe imbabazi na Perezida Nkurunziza zarekuwe

Ubwanditsi 27 Feb 2018
Mafia m’ubucuruzi bw’ amabuye y’agaciro niryo banga ryo gukomera kw’  ingoma ya Perezida Pierre Nkurunziza 
INKURU NYAMUKURU

Mafia m’ubucuruzi bw’ amabuye y’agaciro niryo banga ryo gukomera kw’  ingoma ya Perezida Pierre Nkurunziza 

Ubwanditsi 17 Nov 2017

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru