• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Ekenge si we kibazo nyamukuru, ikibazo ni urwango rwigishwa abakongomani rwo kwanga Abatutsi rukorwa n’ubutegetsi bwa Tshisekedi   |   29 Dec 2025

  • U Burundi: Jenerali Alain Guillaume Bunyoni akomeje kuremba, yimurirwa mu bitaro bya Kira i Bujumbura mu ibanga rikomeye   |   28 Dec 2025

  • Perezida Kagame yashimye Perezida wa FIFA, Gianni Infantino, wahisemo kwizihiriza Noheli mu Rwanda, mu buryo budasanzwe   |   26 Dec 2025

  • FERWACY yatangaje inzira za Tour du Rwanda 2026, Rubavu yakira isiganwa iminsi itatu, Nyamirambo iragaruka   |   22 Dec 2025

  • ABASIRIKARE B’ABARUNDI BAKOMEREKERA MURI KONGO, IGISHORO N’UBUTUNZI KURI PRIME NIYONGABO   |   16 Dec 2025

  • FDLR ikomeje kwica abaturage muri Walikale mu gihe Leta ya Congo ivuga ko itakiri ikibazo   |   16 Dec 2025

 
You are at :Home»POLITIKI»Hari icyo FPR yakoze kihishe abayibanjirije-Tito

Hari icyo FPR yakoze kihishe abayibanjirije-Tito

Editorial 27 Dec 2017 POLITIKI

Senateri Tito Rutaremara atangaza ko hari ibanga ryakoreshejwe n’Umuryango FPR-Inkotanyi nka kimwe mu byihishe ubuyobozi bwabayeho mu Rwanda kuva rubonye ubwigenge kugeza mu 1994, ku ikubitiro harimo kugira impamvu nyakuri, imiyoborere n’imigabo n’imigambi.

Mu gihe Umuryango FPR-Inkotanyi ubwo wizihizaga imyaka 30 umaze, Imvaho Nshya dukesha iyi nkuru  yagiranye ikiganiro kihariye na Senateri Tito Rutaremara, avuga ko hari ibanga mu miyoborere ryakoreshejwe na FPR-Inkotanyi nka kimwe mu byihishe ubuyobozi bwabayeho mu Rwanda kuva rubonye ubwigenge kugeza mu 1994.

Avuga ko nta banga ridasanzwe usibye kubanza kugira impamvu ituma ubohora igihugu, ukamenya impamvu z’ukuri buri wese yabona z’uko igihugu kimeze kandi ukagenda uzishakira politiki yo kuzirangiza, ari byo umuntu yakwita imigabo n’imigambi y’Umuryango FPR-Inkotanyi.

Tito agira ati “Icyo twarushije abandi nka RPF-Inkotanyi, ni ukugira impamvu nyakuri, tugira umurongo wa Politiki muzima kandi mwiza urangiza ibibazo igihugu gifite, tugira Imana tugira n’abayobozi beza kuko iyo tutabagira ntitwari kubigeraho. Ni icyo cyonyine twarushije ubuyobozi bwari buriho mbere ya 1994”.

Tito kandi anagaruka yerekana zimwe mu mpamvu nyakuri zavuzwe hejuru zatumye RPF yiyemeza kubohora u Rwanda, atanga ingero z’uko igihugu cyari kibuze ubumwe kuko hari abari barahunze kimwe n’abari barasigaye mu gihugu imbere kuko batabanaga. Yongeraho iby’amoko y’Abahutu, Abatutsi, Abanyenduga n’Abakiga byagaragazaga ko ubwo bumwe bwari bubuze, ndetse n’ubukene mu banyarwanda bwagaragariraga buri wese.

Atangaza ko Abanyarwanda batishyiraga ngo bizane basa n’abafungiranye batabona impapuro zo kugenda, batava muri komini ngo bage mu yindi, hakaza impamvu z’imiyoborere myiza, iza ruswa, kwiga, ubona nta n’ubwigenge, ibyo n’ibyo FPR-Inkotanyi yubakiyeho imigambi.

Tito avuga ko nyuma y’imyaka 30 umuryango FPR-Inkotanyi umaze uvutse ndetse ukaza kugera kuri byinshi birimo no kubohora igihugu ukanagiteza imbere ku buryo butangaza n’amahanga, ko ibyo byose iyo FPR itizera ko byashobokaga kugerwaho, itari no kwirirwa ibikora kuko ari ibintu abantu bari bafite mu gitekerezo ko bigomba kugerwaho kandi hagombaga gushakwa imbaraga zose kugira ngo ibyo yifuzaga bigerweho.

Tito agira ati “Twari RPF-Inkotanyi yari ifite igitekerezo ishaka n’imbaraga kugira ngo ibyifuzo byayo bigerweho. Buriya abantu bose babohora igihugu baba bazi ko bafite imbaraga zo kugera kuri iyo ntego naho ubundi bazi ko batazifite bakekeranya nta cyo bakora, yewe nta n’icyo bageraho”.

Mu kiganiro anafata umwanya wo gusubiza ku banyamahanga badashimishwa n’ukunyurwa kw’abanyarwanda nyuma y’ibyo byose RPF-Inkotanyi yabagejejeho mu myaka 23 imaze kubohora u Rwanda, avuga ko babiterwa no kuba hari bamwe badakunda u Rwanda cyangwa babanye na Leta zabanje, icyakorwa cyose kiza bakaba batakemera, abandi bakumva ko umunyafurika adakwiye kugira igitekerezo ke, adakwiye kwigenga mu bitekerezo kandi atanakwiye kwishyira ngo yizane.

Mu rwego rwo guhangana nabyo, Senateri Tito ahamagarira Abanyarwanda kubikumira kuko bafite umurongo wabo wa politiki, abayobozi bayobora bakamenya ko bagomba gukorera abaturage kandi nabo bakabibonamo, hakabaho no guhora bashaka icyabateza imbere, ibyo bafite bagaharanira kongeraho ibindi.

Mu rugamba rwo gukomeza guteza imbere Abanyarwanda, Tito anagaruka ku munyarwanda wifuzwa mu myaka 30 iri imbere kandi agendeye ku kerekezo u Rwanda rwerekezamo cya 2050, avuga ko na n’ubu umunyarwanda atarabohoka byifuzwa kuko hakiri intambara yo kumubohora.

Agira ati “Muri iyo myaka hifuzwa Umunyarwanda utagifite ubujiji, ubukene, ufite aho yivuza indwara zose kandi ufite aho umwana yiga ibyo ashaka kandi ashoboye, umunyarwanda ashobora gukora umwaka cyangwa 2 akabasha kureba aho aruhukira yifuza hose, aho ni ho azaba abohotse”.

2017-12-27
Editorial

IZINDI NKURU

Burundi: Agathon Rwasa avuga ko inzego z’umutekano zibangamira abashaka kwigaragambya

Burundi: Agathon Rwasa avuga ko inzego z’umutekano zibangamira abashaka kwigaragambya

Editorial 09 May 2018
Umukandida u Rwanda rwifuzaga, yongeye gutorerwa kuyobora Banki y’Isi

Umukandida u Rwanda rwifuzaga, yongeye gutorerwa kuyobora Banki y’Isi

Editorial 28 Sep 2016
Ibintu 10 bitangaje kuri Jacob Zuma weguye ku mwanya wa Perezida wa Afurika y’Epfo

Ibintu 10 bitangaje kuri Jacob Zuma weguye ku mwanya wa Perezida wa Afurika y’Epfo

Editorial 15 Feb 2018
Alain Mukuralinda yitabye Imana azize indwara y’umutima

Alain Mukuralinda yitabye Imana azize indwara y’umutima

Editorial 04 Apr 2025

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Rev. Karuranga yavuze ku ’gatsiko k’abanzi b’u Rwanda’ badurumbanyije ADEPR ya Uganda
INKURU NYAMUKURU

Rev. Karuranga yavuze ku ’gatsiko k’abanzi b’u Rwanda’ badurumbanyije ADEPR ya Uganda

Editorial 22 May 2019
Nyuma y’u Bubiligi, Charly & Nina na Makanyaga bagiye gutaramira i Lille
SHOWBIZ

Nyuma y’u Bubiligi, Charly & Nina na Makanyaga bagiye gutaramira i Lille

Editorial 10 May 2018
Amahoro  Kayumba Nyamwasa avuga ni ugutera abaturage  ama  Grenades
ITOHOZA

Amahoro Kayumba Nyamwasa avuga ni ugutera abaturage ama Grenades

Editorial 12 Jan 2016

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru