• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Ishimwe Christian watandukanye na Police FC yerekeje muri APR FC yigeze gukinira asimburana na Niyomugabo Claude utarongera amasezerano   |   17 Jun 2026

  • Salomon Kalonda yatangaje ko Tshisekedi ashaka kugundira ubutegetsi, yifashishije kamarampaka   |   16 Jun 2026

  • Abahanzi b’indirimbo zo kuramya no guhimbaza Imana, Vestine na Dorcas baheruka gutandukana na MIE, bamaze kwimukira muri Canada   |   15 Jun 2026

  • Ubushinjacyaha bwise Ingabire Mwene Dusabe b’i Butamwa; Umutesi   |   15 Jun 2026

  • Ben Rutabana akomeje kuba “umugati” w’ibigarasha ngo bibone icyo bitamira   |   15 Jun 2026

  • AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon   |   13 Jun 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Mu gihe Perezida Tshisekedi ahakana gukorana na FDLR inzego z’ubutasi bw’u Rwanda zamuhaye ibimenyetso simusiga

Mu gihe Perezida Tshisekedi ahakana gukorana na FDLR inzego z’ubutasi bw’u Rwanda zamuhaye ibimenyetso simusiga

Ubwanditsi 14 Mar 2023 Amakuru, Mu Mahanga

Inzego z’u Rwanda zishinzwe iperereza zatanze abagabo ryerekana ibimenyetso simusiga ko Perezida Tshisekedi akorana n’umutwe w’abajenosideri wa FDLR ubarizwa muri iki gihugu. Izo nzego kandi zagaragarije Perezida Tshisekedi ibikubiye muri iyo raporo imbonankubone.

Nkuko tubikesha ikinyamakuru Africa Intelligence tariki ya 11 Nyakanga 2022 imikoranire y’ingabo za Congo FARDC na FDLR yeretswe Perezida wicyo gihugu Antoine Felix Tshisekedi.

Umukuru w’iperereza ry’u Rwanda Maj Gen Joseph Nzabamwita ari kumwe n’ukuriye iperereza mu ngabo z’u Rwanda, RDF, Brig Gen Vincent Nyakarundi berekeje Kinshasa babonana na Tshisekedi tariki ya 11 Nyakanga 2022 ,Mu byari bikubiye mu butumwa ni ibimenyetso byerekanye amasezerano y’ibanga hagati ya FDLR na FARDC ndetse n’imikoranire hagati y’abayobozi ba gisiviri n’aba gisirikari ba Congo hamwe na FDLR cyane cyane ushinzwe ibikorwa bya gisirikari muri FDLR ariwe Maj Gen Pacifique Ntawunguka wafatiwe ibihano n’akanama k’umuryango w’abibumbye gashinzwe amahoro ku isi.

Muri iyo raporo harimo ibimenyetso ko Maj Gen Ntawunguka yabonanye imbonankubone na Guverineri wa Kivu y’Amajyaruguru Lt Gen Constant Ndima Kongba. Muri iyo nama kandi inzego z’iperereza z’u Rwanda zerekanye ko Omega yasabye ko buri musirikari wa FDLR ubarizwa mu mutwe wa Commando de Recherche et d’Action en Profondeur (CRAP) uyoborwa na Colonel Ruvugayimikore Rurinda yishyurwa amadorali 300 ubundi bakajya kurwanya M23. Nyuma y’ubukererwe abasirikari 45 bari bayobowe na Lieutenant Noheli Nyiringabo banze kujya kurugamba. Maj Gen Pacifique Ntawunguka yabonanye na Guverineri Lt Gen Constant Ndima mu kigo cya Rumangabo hamwe n’umuvugizi w’ingabo za Kongo Gen Sylvain Ekenge. Nyuma y’iminsi mike ingabo za FDLR zoherejwe Kibumba kurwanya M23 nkuko byagaragaye mu mashusho yizo ngabo I Kibumba.

Nkuko nanone byemejwe n’Itsinda ry’abahanga ba LONI, imikoranire yaje kurushaho mu gihe cy’inama ya Pinga yitabiriwe n’abayobozi b’imitwe yitwara gisirikari harimo FDLR na Alliance des Patriotes pour un Congo Libre et Souverain (APCLS), NDC-Rénové (NDC-R) na Maï-Maï Nyatura. Iyo nama yateguwe na Gen Peter Cirumwami yanzuye ko iyo mitwe itagomba guterana hagati yayo ahubwo igomba kunga ubumwe bakarwanya M23 nyuma yuko FARDC ibahaye ibikoresho.

Muri iyo nama kandi harimo Col Tokolanga wari ukuriye ingabo zo muri batayo ya 3410 ibarizwa I Masisi aho FDLR ifite ikigo cy’imyitozo. Ubwo intambara ya M23 yatangiraga, FDLR yagendeye ku ntege nke za FARDC maze iriyubaka, yinjiza abantu mu gisirikari kuburyo ubu ibarizwa hagati ya 2000 na 3000. Iyo nkuru igaruka uburyo FARDC ifite intege nkeya mu bya gisirikari kuko inagendera ku makuru yahawe na MONUSCO.

2023-03-14
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Impunzi z’Abarundi ziri mu Rwanda  kwimurirwa mu bindi bihugu

Impunzi z’Abarundi ziri mu Rwanda kwimurirwa mu bindi bihugu

Ubwanditsi 13 Feb 2016
Abantu nibareke kwitiranya igitutu na dipolomasi mu irekurwa rya Paul Rusesabagina

Abantu nibareke kwitiranya igitutu na dipolomasi mu irekurwa rya Paul Rusesabagina

Ubwanditsi 30 Mar 2023
Kigali: Hasojwe amahugurwa yo kurwanya icuruzwa ry’ibiyobyabwenge bivanwa mu bihugu bimwe bijyanwa ahandi

Kigali: Hasojwe amahugurwa yo kurwanya icuruzwa ry’ibiyobyabwenge bivanwa mu bihugu bimwe bijyanwa ahandi

Ubwanditsi 15 Oct 2016

Ethan Venon wambaye umwenda w’umuhondo muri Tour du Rwanda23 ayoboye aberekeje i Musanze bavuye i Huye

Ubwanditsi 21 Feb 2023

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

‘ Ntabwo imihigo twayigira umugenzo gusa ‘- Perezida Kagame
Mu Rwanda

‘ Ntabwo imihigo twayigira umugenzo gusa ‘- Perezida Kagame

Ubwanditsi 06 Oct 2017
Byinshi ku rugendo rwa Wizkid ugomba kurara ageze i Kigali
IMIKINO

Byinshi ku rugendo rwa Wizkid ugomba kurara ageze i Kigali

Ubwanditsi 24 Aug 2016
Winnie Madikizela wahoze ari umugore wa Nelson Mandela yashyinguwe
HIRYA NO HINO

Winnie Madikizela wahoze ari umugore wa Nelson Mandela yashyinguwe

Ubwanditsi 15 Apr 2018

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru