• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Omar Artan witegura gusifura UEFA Super Cup izahuza PSG na Aston Villa, azasifura umumukino wa nyuma wa CECAFA KAGAME Cup 2026   |   03 Aug 2026

  • Rayon Sports, Gor Mahia, Jamus na Al Hilal zageze muri ½ cy’Imikino ya CECAFA Kagame Cup 2026   |   02 Aug 2026

  • Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana   |   01 Aug 2026

  • APR FC, Rayon Sports, Police FC na Kiyovu SC zizakina FERWAFA Super Cup 2026 yari isanzwe ikinwa n’amakipe abiri   |   01 Aug 2026

  • Rutahizamu Byiringiro Lague agiye kwerekeza muri Afurika y’Epfo aho yitegura gutangira akazi mu ikipe ya Durban City FC   |   31 Jul 2026

  • Senateri Mukabalisa Donatille yitabye Imana azize Uburwayi   |   30 Jul 2026

 
You are at :Home»HIRYA NO HINO»Winnie Madikizela wahoze ari umugore wa Nelson Mandela yashyinguwe

Winnie Madikizela wahoze ari umugore wa Nelson Mandela yashyinguwe

Ubwanditsi 15 Apr 2018 HIRYA NO HINO

Impirimbanyi yarwanyije ivangura rizwi nka Apartheid muri Afurika y’Epfo, Winnie Madikizela Mandela. yashyinguwe mu cyubahiro kuri uyu wa Gatandatu w’icyumweru dushoje.

Winnie Mandela yashyinguwe nyuma y’ibyumweru bibiri byo kumusezeraho. Abantu bo mu mashyaka atandukanye muri icyo gihugu bitabiriye imihango yo kumusezeraho aho yari atuye mu Mujyi wa Soweto.

Madikizela yitabye Imana tariki ya 2 Mata 2018 nyuma y’uburwayi yari amaranye igihe. Ashimirwa na benshi mu banyafurika y’Epfo umurava yagaragaje mu kurwanya ubutegetsi bwa ba gashakabuhake b’abazungu mu gihe uwari umugabo we Nelson Mandela yari afunze.

Imihango yo kumusezeraho bwa nyuma yabereye mu rugo rwe i Soweto ndetse no muri Stade Orlando mu gitondo cyo kuri uyu wa Gatandatu.

Perezida wa Afurika y’Epfo, Cyril Ramaphosa, yavuze ko nubwo babajwe no kubura umuntu w’ingenzi, banashimishijwe n’icyo yamaze ubwo yari akiriho.

Yagize ati “Yavugishije ukuri imbere y’abakomeye nta bwoba afite. Abakomeye baramutinye, bakamwihimuraho bamuha ibihano bitandukanye, ariko muri byose yarihanganye. Ntibashoboye kumucecekesha.”

Madikizela yashyinguwe ku gicamunsi cyo ku wa Gatandatu mu irimbi rya Fourways Memorial Park mu majyaruguru ya Johannesburg nkuko Reuters yabitangaje.

Mbere gato yo gushyingurwa, umurambo we wagejejwe muri Stade ya Orlando ahari hateraniye imbaga y’abagera ku 40 000 baririmba kandi bambaye imyenda yiganjemo amabara y’umuhondo n’icyatsi agize ibendera ry’ishyaka ANC Madikizela yabagamo.

Umuyobozi w’ishyaka EFF ritavuga rumwe na Leta, Julius Malema, yavuze ko Madikizela yaranzwe no guharanira inyungu za benshi aho gushyira ize imbere.

Ati “Yabayeho mu bibazo yiteguye no kubura ubuzima ndetse n’abana be bari bari mu bibazo kubera ibikorwa bye bya politiki.”

Nomzamo Winifred Zanyiwe Madikizela uzwi nka “Winnie” witabye Imana ku myaka 81. Yahuye bwa mbere na Nelson Mandela ubwo yari afite imyaka 22, bahuriye aho bategeraga imodoka muri Soweto mu 1957.
Urukundo rwabo rwahise rutangira ubwo, kugeza ubwo bashinze urugo mu mwaka wakurikiye, bamarana imyaka 38 harimo 27 Mandela yamaze muri gereza.

Uyu mugore ari mu baharaniye iherezo ry’ivanguramoko rya Apartheid, ariko nyuma aza kugenda agaragara mu bikorwa bitavuzweho rumwe.

Yaje gushinjwa gushyikira iyicarubozo harimo nko kwambika mu ijosi amapine ashyushye abantu bakekwaho ubugambanyi, ubwo mu 1976 yasabye abanyeshuri bo muri Soweto kurwana kugeza ku ndunduro, asaba ko Abanyafurika y’Epfo bagomba kwibohoza bafite ‘ibibiriti mu ntoki’, kugira ngo ababangamira ibikorwa byo kurwanya Apartheid batwikwe ari bazima babambitse amapine ku ijosi.

Yaje no guhamwa no gushimuta umuntu akatirwa gufungwa imyaka itandatu, nyuma y’uruhare yari yagize mu rupfu rw’umusore w’imyaka 14, Stompie Seipei, wabonywe yishwe akaswe umuhogo mu 1991.

Yakomeje guhakana ibyo aregwa, kugeza ubwo igifungo cye cyaje kuvunjwamo ihazabu.

 

Winnie yitabye Imana tariki ya 2 Mata 2018 nyuma y’uburwayi yari amaranye igihe

 

Umurambo we wari woroshweho ibendera rya Afurika y’Epfo mu rwego rwo kumuha icyubahiro kubera ibikorwa yakoreye igihugu cye

 

Abana bari bitwaje amafoto ye mu muhango wo kumusezeraho

 

Ku rugo rwa Winnie Madikizela-Mandela mu Mujyi wa Soweto, abaturage bahashyize indabo mu rwego rwo kumuha icyubahiro no kumusezeraho

 

Ahantu hose abarwanashyaka ba ANC bari bitwaje imyenda iriho amafoto ye

 

Abarwanashyaka ba ANC bari bakoranye basezera bwa nyuma kuri Winnie Madikizela-Mandela

 

Isanduku irimo umurambo wa Winnie ubwo yagezwaga muri Stade ya Orlando

 

Umunyamideli Naomi Campbell yaturitse ararira ubwo yavugaga ijambo risezeraho Winnie

Winnie Madikizela-Mandela ni umwe mu mpirimbanyi zarwanyije ivanguraruhu muri Afurika y’Epfo

 

2018-04-15
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

‘Abo bazakomeza batungurwe’ – Mwiseneza abwira abatangariye inyogosho ye nshya

‘Abo bazakomeza batungurwe’ – Mwiseneza abwira abatangariye inyogosho ye nshya

Ubwanditsi 05 Jan 2019
Umurambo wa Savimbi washyinguwe nyuma y’imyaka 17 yishwe

Umurambo wa Savimbi washyinguwe nyuma y’imyaka 17 yishwe

Ubwanditsi 03 Jun 2019
Abanyapolitiki bifuza kuyobora bakazitirwa n’intege nke bafite

Abanyapolitiki bifuza kuyobora bakazitirwa n’intege nke bafite

Ubwanditsi 10 Jan 2018
Perezida Museveni yakoze impinduka mu gisirikare

Perezida Museveni yakoze impinduka mu gisirikare

Ubwanditsi 04 Dec 2019

Igitekerezo kimwe

  1. niyogihozo
    January 25, 20191:23 pm -

    RIP Mum Afrika

    Subiza

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Kwibuka 29: Twiyame Padiri Nahimana n’abandi nkawe, imungu muri Kiliziya zikwiza uburozi bw’ingengabitekerezo ya Jenoside
Amakuru

Kwibuka 29: Twiyame Padiri Nahimana n’abandi nkawe, imungu muri Kiliziya zikwiza uburozi bw’ingengabitekerezo ya Jenoside

Ubwanditsi 06 Apr 2023
Amavubi yatsindiwe mu rugo na Côte d’Ivoire, Olivier Kwizera avugirizwa induru
IMIKINO

Amavubi yatsindiwe mu rugo na Côte d’Ivoire, Olivier Kwizera avugirizwa induru

Ubwanditsi 10 Sep 2018
Jenoside yakorewe Abatutsi ntiyabaye ku bw’impanuka, ahubwo yari imaze igihe kinini itegurwa. Dutewe ikimwaro n’uko ntacyo twakoze ngo tuyikumire”-Antonio Guterres,
Amakuru

Jenoside yakorewe Abatutsi ntiyabaye ku bw’impanuka, ahubwo yari imaze igihe kinini itegurwa. Dutewe ikimwaro n’uko ntacyo twakoze ngo tuyikumire”-Antonio Guterres,

Ubwanditsi 17 Apr 2023

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

01 Aug 2026
Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru