• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • APR BBC yegukanye Igikombe cya Shampiyona ku nshuro ya kane yikurikiranya   |   25 Aug 2026

  • Rurageretse hagati y’ibigarasha Noble Marara na Jean Paul Turayishimye   |   24 Aug 2026

  • Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire yashyikirije ibendera ikipe y’u Rwanda y’Abagore yerekeje i Nairobi mu Gikombe cya Afurika   |   23 Aug 2026

  • Ubuyobe bw’Ubuhanuzi butuma FDLR Yitera Ikinya mu mashyamba ya DRC kugirango irebe ko yamara kabiri   |   22 Aug 2026

  • Ndi gupfa ndeba- Luvumbu yashinje Leta ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo kumutererana nyuma yo kuva mu Rwanda   |   21 Aug 2026

  • Dr. Bahati Bernard yavuze ko mu mwaka w’amashuri wa 2025/26 abanyeshuri bakoze ikizamini cya Leta gisoza amashuri abanza batsinze ku rugero rwa 88,21%   |   20 Aug 2026

 
You are at :Home»IMIKINO»Amavubi yatsindiwe mu rugo na Côte d’Ivoire, Olivier Kwizera avugirizwa induru

Amavubi yatsindiwe mu rugo na Côte d’Ivoire, Olivier Kwizera avugirizwa induru

Ubwanditsi 10 Sep 2018 IMIKINO

U Rwanda rwatsindiwe imbere y’abafana kuri Stade ya Kigali i Nyamirambo ibitego bibiri kuri kimwe na Côte d’Ivoire mu gushaka itike y’igikombe cya Afurika kizabera muri Cameroun umwaka utaha.

Uyu mukino wakurikiranwe n’abafana benshi, waranzwe n’ibyishimo ku Banyarwanda mu minota ya mbere biza kuba agahinda mu masegonda ya nyuma y’igice cya mbere ubwo Umunyezamu Kwizera Olivier yitsindishaga igitego bakamukwena bikomeye.

Mu minota ya mbere u Rwanda nirwo rwatangiye rusatira cyane ku mipira yavaga kuri Rutanga Eric, ariko nta n’umwe wigeze utanga umusaruro.

Côte d’Ivoire yagerageje gushaka nayo uburyo ariko umunyezamu Kwizera Olivier arawufata awutera kwa Bizimana Djihad wari hagati mu kibuga nawe atera ishoti rya kure riragenda rikubita igiti cy’izamu.

Ku munota wa 12 ku ikosa Haruna yakoreye Jean Michael Seri ukinira Fulham mu Bwongereza, umusifuzi Jackson Pavaza yatanze Coup Franc gusa ntiyagira icyo ibyara.

Côte d’Ivoire yakomeje kugerageza kumenera mu bwugarizi bw’Amavubi ariko Nirisarike na Rwatubyaye babyitwaramo neza.

Yannick Mukunzi niwe wahawe ikarita y’umuhondo ya mbere mu mukino nyuma yo gukorera ikosa myugariro Eric Bertrand Bailly ukinira Manchester United mu Bwongereza.

Mu bwenge bwinshi, Hakizimana Muhadjili nawe yahesheje myugariro wa Tottenham Hotspur, Serge Aurier, ikarita y’umuhondo nyuma yo kumukoreraho ikosa hagati mu kibuga.

Umusifuzi amaze kugaragaza umunota umwe w’inyongera ngo igice cya mbere kirangire, kapiteni Haruna yafashe umupira hagati awusubiza inyuma ku munyezamu Olivier Kwizera.

Uyu munyezamu ukinira Free States Stars muri Afurika y’Epfo yafunze umupira ashatse gucenga Jonathan Kodjia ahita awumwambura awohereza mu rushundura.

Abafana bari bakubise buzuye stade bahise bikorera amaboko naho abakinnyi bandi mu kibuga bajya gucyaha uyu munyezamu gusa nta kindi byari gutanga kuko u Rwanda rwari rumaze kujya inyuma ku gitego 1-0.

Ikipe ya Côte d’Ivoire

Igice cya kabiri kigitangira, Côte d’Ivoire yari yamaze kuzamura icyizere cyane, yinjiye mu mukino vuba inabona amahirwe yo gutsinda igitego cya kabiri cyinjijwe na Max Alain Gradel wa Toulouse FC mu Bufaransa.

Amavubi yabonye uburyo bwo kwishyura igitego ku mutwe watewe na Nirisarike Salomon ariko umupira ukubita igiti cy’izamu.

Umutoza Mashami Vincent yahise akora impinduka akuramo Hakizimana Muhadjili, yinjiza rutahizamu Danny Usengimana kugira ngo yongerere imbaraga ubusatirizi.

Rutahizamu Kagere Meddie wahamagawe mu Mavubi bwa mbere nyuma y’imyaka ine yarambuwe ubwenegihugu, yaje guhagurutsa abafana abagarurira icyizere atsinda igitego cyiza ku mupira yari ahawe na Ombolenga Fitina.

Mashami yongeye gukora impinduka ku munota wa 67 akuramo Mukunzi Yannick yinjiza Kevin Muhire bidatinze akuramo na kapiteni Haruna Niyonzima yinjiza Iranzi Jean Claude igitambaro agisigarana Mugiraneza Jean Baptiste.

U Rwanda n’ubwo rwari inyuma, abakinnyi bakomeje kwitanga cyane ndetse bakabona uburyo bwo gutsinda ariko amahirwe ntabasekere kuko Bizimana Djihad yongeye gutera umutambiko wa gatatu wakabaye wavuyemo igitego.

Umutoza wa Côte d’Ivoire, Ibrahim Kamara, nawe yahise akora impinduka akuramo Nicolas Pepe ukinira Lille mu Bufaransa yinjiza Roger Claver Assale nyuma akuramo Die Serey wa FC Bale yinjiza Cheick Kadar Doukoure wa Levante muri Espagne.

Kugeza umusifuzi yerekanye iminota itatu y’inyongera, Amavubi yari akigerageza gushaka uko yakwishyura agatahana inota rimwe gusa ntibyayahiriye.

Gutsindwa uyu mukino bivuze ko u Rwanda ari rwo rwa nyuma mu itsinda kuko Centrafrique na Guinea n’ubwo zitarakina umunsi wa kabiri zari zabonye amanota atatu ku munsi wa mbere.

Abakinnyi 11 babanjemo ku mpande zombi

U Rwanda: Kwizera Olivier, Omborenga Fitina, Rwatubyaye Abdul, Salomon Nirisarike, Eric Rutanga, Mugiraneza Jean Baptiste, Bizimana Djihad, Yannick Mukunzi, Haruna Niyonzima (C), Kagere Meddie na Muhadjili Hakizimana

Abasimbura: Kimenyi Yves, Thierry Manzi, Emmanuel Imanishimwe, Iranzi Jean Claude, Patrick Sibomana, Danny Usengimana na Kevin Muhire.

Côte d’Ivoire: Sylvain Gbohouo, Serge Aurier, Wilfried Kanon, Eric Bertrand Bailly, Ghislain Kanon, Frank Yannick Kessie, Serey Die, Max Alain Gradel, Simone Pepe, Jean Michel Seri na Jonathan Kodjia.

2018-09-10
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Kayiranga Baptiste yahawe gutoza Rayon Sports mu mikino ibiri isigaye ngo shampiyona ya 2020-2021 irangire.

Kayiranga Baptiste yahawe gutoza Rayon Sports mu mikino ibiri isigaye ngo shampiyona ya 2020-2021 irangire.

Ubwanditsi 18 Jun 2021
AS Kigali yitegura guhagararira u Rwanda mu mikino Nyafurika, yemerewe na Minisiteri ya Siporo gutangira imyitozo yubahiriza ingamba zo kwirinda Koronavirusi

AS Kigali yitegura guhagararira u Rwanda mu mikino Nyafurika, yemerewe na Minisiteri ya Siporo gutangira imyitozo yubahiriza ingamba zo kwirinda Koronavirusi

Ubwanditsi 02 Aug 2021
Nyuma y’umunsi wa kabiri wa shampiyona , AS Kigali yatsinze Police FC, Seninga arokora imirimo ye, Etincelles yo ikomeje kugana habi.

Nyuma y’umunsi wa kabiri wa shampiyona , AS Kigali yatsinze Police FC, Seninga arokora imirimo ye, Etincelles yo ikomeje kugana habi.

Ubwanditsi 05 May 2021
APR FC yatsinze Rayon Sports, ikoza imitwe y’intoki ku gikombe

APR FC yatsinze Rayon Sports, ikoza imitwe y’intoki ku gikombe

Ubwanditsi 16 Jun 2018

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

CNN yahinduye nkana ibyo Perezida Kagame yaganiriye n’umunyamakuru wayo Larry Madowo
Amakuru

CNN yahinduye nkana ibyo Perezida Kagame yaganiriye n’umunyamakuru wayo Larry Madowo

Ubwanditsi 05 Feb 2025
Amafoto- Mu mukino ufungura shampiyona ya 2023-2024, Rayon Sports yatsinze Gasogi United 2-1
Amakuru

Amafoto- Mu mukino ufungura shampiyona ya 2023-2024, Rayon Sports yatsinze Gasogi United 2-1

Ubwanditsi 19 Aug 2023
Trump yabyiniye ku rukoma nyuma y’iyirukanwa ry’Umuyobozi wungirije wa FBI
POLITIKI

Trump yabyiniye ku rukoma nyuma y’iyirukanwa ry’Umuyobozi wungirije wa FBI

Ubwanditsi 17 Mar 2018

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Polisi y’u Rwanda Irakangurira Abanyatubari kongera gusubira ku muco wo gufunga bakurikije amasaha yagenwe

Polisi y’u Rwanda Irakangurira Abanyatubari kongera gusubira ku muco wo gufunga bakurikije amasaha yagenwe

05 Aug 2026
Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

01 Aug 2026
Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru