• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • AMAFOTO – Girumugisha yabaye umukinnyi w’umwaka muri Shampiyona y’u Rwanda ahembwa imodoka ya miliyoni 15 Frw   |   13 Jul 2026

  • Iperereza ku rupfu rwa ruharwa Kabuga Félicien: Yapfiriye mu cyumba cye nyuma yo guhabwa ifunguro, yazize umutima   |   13 Jul 2026

  • Mu mikino ya CECAFA Kagame Cup 2026, APR FC izatangira ihura na Gor Mahia, Rayon Sports izisobanura na KVZ SC yo muri Zanzibar   |   11 Jul 2026

  • Harimo n’abazandikwa bishyuye Miliyoni Ebyiri, FERWAFA yashyizeho amabwiriza mashya yo kwandikisha abakinnyi n’abatoza muri BK Pro League 2026/2027   |   09 Jul 2026

  • AMAFOTO – Umutoza mukuru wa APR FC, Abderrahim Taleb, yongereye amasezerano y’umwaka umwe   |   07 Jul 2026

  • Kwigira Nyoninyinshi kwa Habyarimana yavuze ko bashakira amahoro abantu bose naho yahe yo kajya   |   07 Jul 2026

 
You are at :Home»IMIKINO»Amavubi yatsindiwe mu rugo na Côte d’Ivoire, Olivier Kwizera avugirizwa induru

Amavubi yatsindiwe mu rugo na Côte d’Ivoire, Olivier Kwizera avugirizwa induru

Ubwanditsi 10 Sep 2018 IMIKINO

U Rwanda rwatsindiwe imbere y’abafana kuri Stade ya Kigali i Nyamirambo ibitego bibiri kuri kimwe na Côte d’Ivoire mu gushaka itike y’igikombe cya Afurika kizabera muri Cameroun umwaka utaha.

Uyu mukino wakurikiranwe n’abafana benshi, waranzwe n’ibyishimo ku Banyarwanda mu minota ya mbere biza kuba agahinda mu masegonda ya nyuma y’igice cya mbere ubwo Umunyezamu Kwizera Olivier yitsindishaga igitego bakamukwena bikomeye.

Mu minota ya mbere u Rwanda nirwo rwatangiye rusatira cyane ku mipira yavaga kuri Rutanga Eric, ariko nta n’umwe wigeze utanga umusaruro.

Côte d’Ivoire yagerageje gushaka nayo uburyo ariko umunyezamu Kwizera Olivier arawufata awutera kwa Bizimana Djihad wari hagati mu kibuga nawe atera ishoti rya kure riragenda rikubita igiti cy’izamu.

Ku munota wa 12 ku ikosa Haruna yakoreye Jean Michael Seri ukinira Fulham mu Bwongereza, umusifuzi Jackson Pavaza yatanze Coup Franc gusa ntiyagira icyo ibyara.

Côte d’Ivoire yakomeje kugerageza kumenera mu bwugarizi bw’Amavubi ariko Nirisarike na Rwatubyaye babyitwaramo neza.

Yannick Mukunzi niwe wahawe ikarita y’umuhondo ya mbere mu mukino nyuma yo gukorera ikosa myugariro Eric Bertrand Bailly ukinira Manchester United mu Bwongereza.

Mu bwenge bwinshi, Hakizimana Muhadjili nawe yahesheje myugariro wa Tottenham Hotspur, Serge Aurier, ikarita y’umuhondo nyuma yo kumukoreraho ikosa hagati mu kibuga.

Umusifuzi amaze kugaragaza umunota umwe w’inyongera ngo igice cya mbere kirangire, kapiteni Haruna yafashe umupira hagati awusubiza inyuma ku munyezamu Olivier Kwizera.

Uyu munyezamu ukinira Free States Stars muri Afurika y’Epfo yafunze umupira ashatse gucenga Jonathan Kodjia ahita awumwambura awohereza mu rushundura.

Abafana bari bakubise buzuye stade bahise bikorera amaboko naho abakinnyi bandi mu kibuga bajya gucyaha uyu munyezamu gusa nta kindi byari gutanga kuko u Rwanda rwari rumaze kujya inyuma ku gitego 1-0.

Ikipe ya Côte d’Ivoire

Igice cya kabiri kigitangira, Côte d’Ivoire yari yamaze kuzamura icyizere cyane, yinjiye mu mukino vuba inabona amahirwe yo gutsinda igitego cya kabiri cyinjijwe na Max Alain Gradel wa Toulouse FC mu Bufaransa.

Amavubi yabonye uburyo bwo kwishyura igitego ku mutwe watewe na Nirisarike Salomon ariko umupira ukubita igiti cy’izamu.

Umutoza Mashami Vincent yahise akora impinduka akuramo Hakizimana Muhadjili, yinjiza rutahizamu Danny Usengimana kugira ngo yongerere imbaraga ubusatirizi.

Rutahizamu Kagere Meddie wahamagawe mu Mavubi bwa mbere nyuma y’imyaka ine yarambuwe ubwenegihugu, yaje guhagurutsa abafana abagarurira icyizere atsinda igitego cyiza ku mupira yari ahawe na Ombolenga Fitina.

Mashami yongeye gukora impinduka ku munota wa 67 akuramo Mukunzi Yannick yinjiza Kevin Muhire bidatinze akuramo na kapiteni Haruna Niyonzima yinjiza Iranzi Jean Claude igitambaro agisigarana Mugiraneza Jean Baptiste.

U Rwanda n’ubwo rwari inyuma, abakinnyi bakomeje kwitanga cyane ndetse bakabona uburyo bwo gutsinda ariko amahirwe ntabasekere kuko Bizimana Djihad yongeye gutera umutambiko wa gatatu wakabaye wavuyemo igitego.

Umutoza wa Côte d’Ivoire, Ibrahim Kamara, nawe yahise akora impinduka akuramo Nicolas Pepe ukinira Lille mu Bufaransa yinjiza Roger Claver Assale nyuma akuramo Die Serey wa FC Bale yinjiza Cheick Kadar Doukoure wa Levante muri Espagne.

Kugeza umusifuzi yerekanye iminota itatu y’inyongera, Amavubi yari akigerageza gushaka uko yakwishyura agatahana inota rimwe gusa ntibyayahiriye.

Gutsindwa uyu mukino bivuze ko u Rwanda ari rwo rwa nyuma mu itsinda kuko Centrafrique na Guinea n’ubwo zitarakina umunsi wa kabiri zari zabonye amanota atatu ku munsi wa mbere.

Abakinnyi 11 babanjemo ku mpande zombi

U Rwanda: Kwizera Olivier, Omborenga Fitina, Rwatubyaye Abdul, Salomon Nirisarike, Eric Rutanga, Mugiraneza Jean Baptiste, Bizimana Djihad, Yannick Mukunzi, Haruna Niyonzima (C), Kagere Meddie na Muhadjili Hakizimana

Abasimbura: Kimenyi Yves, Thierry Manzi, Emmanuel Imanishimwe, Iranzi Jean Claude, Patrick Sibomana, Danny Usengimana na Kevin Muhire.

Côte d’Ivoire: Sylvain Gbohouo, Serge Aurier, Wilfried Kanon, Eric Bertrand Bailly, Ghislain Kanon, Frank Yannick Kessie, Serey Die, Max Alain Gradel, Simone Pepe, Jean Michel Seri na Jonathan Kodjia.

2018-09-10
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Liverpool yanyagiye AS Roma ikandagiza ikirenge ku mukino wa nyuma wa Champions League (Amafoto)

Liverpool yanyagiye AS Roma ikandagiza ikirenge ku mukino wa nyuma wa Champions League (Amafoto)

Ubwanditsi 25 Apr 2018
Amafoto – Willy Essombe Onana wa Rayon Sports yageze i Kigali ngo afatanye n’ikipe ye kwitegura umwaka w’imikino wa 2022-2023

Amafoto – Willy Essombe Onana wa Rayon Sports yageze i Kigali ngo afatanye n’ikipe ye kwitegura umwaka w’imikino wa 2022-2023

Ubwanditsi 28 Jul 2022
Champions League: Real Madrid yakubise akanyafu PSG, Ronaldo ashyiraho uduhigo

Champions League: Real Madrid yakubise akanyafu PSG, Ronaldo ashyiraho uduhigo

Ubwanditsi 15 Feb 2018
Champions League: Tottenham yasezerewe, RB Leipzig na Atalanta zibimburira izindi muri ¼

Champions League: Tottenham yasezerewe, RB Leipzig na Atalanta zibimburira izindi muri ¼

Ubwanditsi 11 Mar 2020

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Perezida Kabila yahaye akazi Amb.Eugene Gasana ko gushaka uko imitungo ye n’abambari be yasohorwa
Mu Rwanda

Perezida Kabila yahaye akazi Amb.Eugene Gasana ko gushaka uko imitungo ye n’abambari be yasohorwa

Ubwanditsi 16 Aug 2017
Amb. Amri Sued  yitabye Imana
Mu Rwanda

Amb. Amri Sued yitabye Imana

Ubwanditsi 06 Oct 2017
Ikoranabuhanga ntirikwiye guhinduka umwanzi w’Abanyarwanda
UBUKUNGU

Ikoranabuhanga ntirikwiye guhinduka umwanzi w’Abanyarwanda

Ubwanditsi 15 May 2017

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru