• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Itangazamakuru si inzira yo gushakiramo amaronko binyuze mu gukora ibyaha, ubutabera bugomba gukora akazi kabwo   |   11 May 2026

  • U Rwanda rwegukanye ibikombe bibiri bya Men’s IHF Trophy Africa/Zone 5 mu batarengeje imyaka 18 na 20   |   09 May 2026

  • Urukiko rwanzuye ko Nyuma y’imyaka 18, iperereza kuri Agathe Kanziga rigiye gukomeza   |   06 May 2026

  • Umukinnyi mwiza wa w’umwaka wa BK PRO LEAGUE azegukana imodoka ya miliyoni 15 Frw, Uko ibihembo bizatangwa   |   06 May 2026

  • Perezida Kagame yashimye Arsenal FC yageze ku mukino wa nyuma wa UEFA Champions League   |   05 May 2026

  • Al Ahly SC yegukanye CAVB Men’s Club Championship 2026, Police VC na REG zegukana imidali yo ku rwego rwa Afurika i Kigali   |   03 May 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Rwanda»‘ Ntabwo imihigo twayigira umugenzo gusa ‘- Perezida Kagame

‘ Ntabwo imihigo twayigira umugenzo gusa ‘- Perezida Kagame

Ubwanditsi 06 Oct 2017 Mu Rwanda

Akarere ka Rwamagana ni ko kahize utundi turere mu mihigo ya 2016/2017 n’amanota 82.2%, gakurikirwa na Musanze yagize 81,28% na Huye yagize 80.55%.

Rwamagana yegukanye uwo mwanya ihigitse Akarere ka Gasabo kari kabaye aka mbere mu mwaka w’imihigo ushize.

Byatunguranye kubona ako karere kaje ku isonga ry’imihigo ya 2016/2017, kuko mu mwaka w’imihigo ushize wa 2015/2016 kari kabaye aka 17 n’amanota 74.26%.

-8245.jpg

Umuyobozi w’Akarere ka Rwamagana ashimirwa na Perezida Kagame

Nyuma yo gutangaza uburyo uturere twarushanyijwe mu kwesa imihigo, Abayobozi b’uturere ndetse na za Minisiteri bahise basinyana na Perezida wa Repubulika Paul Kagame imihigo y’umwaka wa 2017-2018.

-8240.jpg

Perezida Kagame n’Abayobozi b’Uturere babaye indashyikirwa

Abaturage bakunze kugaragaza ko impamvu imihigo uturere duhiga iteswa ku rwego rushimishije, kuko akenshi wasangaga nta ruhare bagiraga mu kugena ibibakorerwa bishyirwa mu mihigo.

Ni muri urwo rwego imihigo ya 2017-2018 yagenwe bahereye ku byifuzo byabo, kugira ngo abaturage bazarusheho kuyigiramo uruhare kuko bayibonamo.

-8241.jpg

Perezida Kagame yashimiye uturere twaje imbere

Perezida Kagame yavuze ko kuva imihigo yatangira, hari impinduka zigaragara. Ati “Muri iyi myaka tumaze dukorera ku mihigo, ibibazo bikomeje kugenda bigabanuka mu buryo abantu bumva iyo mihigo, bazi uko itegurwa n’uko isuzumwa ariko cyane cyane igisumba byose ni ishyirwa mu bikorwa.”

“Ibigaragara kandi bifite imbaraga ku mpinduka no ku buzima bw’abanyarwanda. Ibi bituma iyo bitagenda neza, iyo tudashishikajwe no kubona ibivamo, ubwo ntabwo imihigo na none yaba idufitiye akamaro, ntabwo imihigo twayigira umugenzo gusa.”

“Ndagira ngo nkurikizeho gushimira abayobozi b’uturere bakoze neza ibyo bari biyemeje kandi bashinzwe gukora muri uyu mwaka urangiye. Uyu mwaka hari ibyagaragaye ko byahindutse, uturere, ukurikiye twazaga mu myanya ya nyuma ubu twagiye dutera imbere tukaza mu myanya y’imbere. Turabashimira rero.

Imyanya y’inyuma, […] ni abanyuma bafite ibyo bakoze… nabo twabashimira ko bagerageje ariko ni byiza ko bahera aho ngaho bakareba neza impamvu baba batarakoze bikwiye cyangwa ngo banabone n’amanota yisumbuye […] bikwiye kuvamo n’isomo ryatuma abantu bakora neza ubutaha ndetse n’ababaye aba mbere nabyo abantu baba bakwiye kubirebera impamvu baje mu myanya y’imbere cyangwa babonye amanota meza nabwo ntabwo aba ari 100% keretse kera nibwo abantu bajyaga biha amanota 100%”

Perezida Kagame yasabye ko bakwiye guhinduka ari imikoranire hagati y’inzego kuko mu gihe bidakozwe bityo nta kintu na kimwe cyagerwaho. Ati “ Imikoranire hagati y’inzego, ntabwo iranozwa neza. Ntabwo twagera kure […] erega abatakaza ni abaturage, ingaruka ziri ku baturage ntabwo ari kuri abo ngabo.”

-8242.jpg

-8243.jpg

Perezida w’u Rwanda Paul Kagame

Uko uturere twakurikiranye mu kwesa imihigo y’umwaka ushize wa 2016/17

1. Rwamagana
2. Musanze
3. Huye
4. Gakenke
5. Nyarugenge
6. Gatsibo

7. Kirehe
8. Burera
9. Gasabo
10. Gicumbi
11. Nyamasheke
12. Rutsiro
13. Karongi
14. Rusizi
15. Nyaruguru
16. Muhanga
17. Ngororero
18. Nyagatare
19. Kamonyi
20. Ngoma
21. Nyanza
22. Bugesera
23. Kayonza
24. Nyabihu
25. Kicukiro
26. Gisagara
27. Nyamagabe
28. Ruhango
29. Rulindo
30. Rubavu :72.86%

Minisitiri w’Intebe, Edouard Ngirente, Iyi mihigo ngo ifite umwihariko, ugereranije n’isanzwe isinywa,ngo kuko yagenwe bagendeye ku byifuzo by’abaturage, byakusanyijwe guhera ku rwego rw’Umudugudu, yavuze ko ikigo cy’ubushakashatsi cyigenga cyitwa IPAR aricyo cyakoze isuzuma ry’uburyo imihigo yashyizwe mu bikorwa.

Mu gutanga amanota hashingiwe ku buremere bwa buri muhigo mu kwihutisha iterambere. Hashingiwe no ku bushakashatsi bwakozwe na RGB bujyanye n’uko abaturage bibona mu mitangire ya serivisi.

-8244.jpg

Minisitiri w’Intebe, Edouard Ngirente

2017-10-06
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Gasabo: Abakorera ibikorwa byabo ahagenewe inganda bagejejweho ubutumwa bwo kwirinda inkongi z’umuriro

Gasabo: Abakorera ibikorwa byabo ahagenewe inganda bagejejweho ubutumwa bwo kwirinda inkongi z’umuriro

Ubwanditsi 06 Jun 2017
Barafinda ari mugahinda  nyuma y’uko ngo  hari abantu bakomeje kumutwara  ‘Udukoryo’

Barafinda ari mugahinda nyuma y’uko ngo hari abantu bakomeje kumutwara ‘Udukoryo’

Ubwanditsi 04 Sep 2017
Urukiko rw’Ibanze rwa Nyarugunga rwategetse ko Gacinya Dennis ahabwa igifungo cy’iminsi 30 y’agateganyo

Urukiko rw’Ibanze rwa Nyarugunga rwategetse ko Gacinya Dennis ahabwa igifungo cy’iminsi 30 y’agateganyo

Ubwanditsi 04 Jan 2018
Ibitaro bya Musanze bifite akarusho ko kwita kubanduye agakoko gatera Sida 

Ibitaro bya Musanze bifite akarusho ko kwita kubanduye agakoko gatera Sida 

Ubwanditsi 12 Oct 2018

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Polisi y’u Rwanda yeretse itangazamakuru abantu 30 bakekwaho guha abapolisi ruswa
Mu Rwanda

Polisi y’u Rwanda yeretse itangazamakuru abantu 30 bakekwaho guha abapolisi ruswa

Ubwanditsi 27 Feb 2017
Ubucabiranya bwa Paul Rusesabagina bwongeye kumvikana mu rubanza rw’ubujurire, Yanze kwitaba urukiko atanga impamvu z’amatakirangoyi
Amakuru

Ubucabiranya bwa Paul Rusesabagina bwongeye kumvikana mu rubanza rw’ubujurire, Yanze kwitaba urukiko atanga impamvu z’amatakirangoyi

Ubwanditsi 18 Jan 2022
Impamvu y’ibirindiro by’ingabo z’ibihugu bikomeye ku Isi bikomeje kubakwa muri Afurika
Mu Rwanda

Impamvu y’ibirindiro by’ingabo z’ibihugu bikomeye ku Isi bikomeje kubakwa muri Afurika

Ubwanditsi 29 May 2017

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru