• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • FDLR n’Indi Mitwe ishyigikiwe na Kongo bakomeje Kwica no kumenesha Abakongomani mu mirwano yongeye kubura   |   04 Dec 2025

  • Mukunzi Yannick yasezeye ku ikipe ya Sandvikens IF you muri Sweden yari amaze imyaka itandatu ayikinira   |   03 Dec 2025

  • AMAFOTO: Twagirayezu Thadée wayoboraga Rayon Sports yakoze ihererekanyabubasha na Murenzi Abdallah   |   02 Dec 2025

  • Dr. Usta Kayitesi yasimbuye Gen (Rtd) Kabarebe muri Minaffet, Imyanzuro y’inama y’Abaminisitiri   |   01 Dec 2025

  • Abakinnyi 80 baturutse mu bihugu 16 byo hirya no hino ku Isi nibo bitabira isiganwa ry’Amagare yo mu rizwi nka Rwandan Epic   |   30 Nov 2025

  • APR FC yakiriye abakinnyi bayo 3 batari bahari barimo Mamadou Sy wari i Doha   |   28 Nov 2025

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Rwanda»Ibaruwa ifunze E. Tshisekedi yasize yandikiye Perezida Kabila ishobora guteza ibibazo

Ibaruwa ifunze E. Tshisekedi yasize yandikiye Perezida Kabila ishobora guteza ibibazo

Editorial 27 Feb 2017 Mu Rwanda

Abanyamadini muri Repubulika iharanira Demokarasi ya Kongo batangaje ko mbere y’uko nyakwigendera Etienne Tshisekedi apfa yasize yandikiye ibaruwa Perezida Joseph Kabila ariko kugeza ubu hakaba hari impungenge ko atarayishyikirizwa.

Mu nama y’abahagarariye amadini n’abandi bashinzwe akanama ko kugarura amahoro muri kiriya gihugu yabaye kuwa gatanu tariki ya 24 Gashyantare 2017, bagarutse ku makuru avuga ko mu minsi micye mbere y’uko Etienne Tshisekedi aapfa yanditse ibaruwa akayiha abamubaga hafi akabasaba kuzayishyikiriza Perezida Joseph Kabila.

Aba bayobozi batandukanye bamaze igihe barashyizweho nk’abarebera ibikorwa by’ibibera muri kiriya gihugu bafite kuganira ku bitagenda neza hagamijwe kugarura amahoro bunga impande zishyamiranye zirimo urwa perezida Kabila ushaka kuguma ku butegetse ndetse n’uruhande rw’abatavuga rumwe na we badashyigikiye igitekerezo cye bibaza impamvu batahawe iyo baruwa ngo basesengure ibiyikubiyemo nk’abantu babifitiye uburenganzira ahubwo kuba ihari bakabyumva nk’ibihuha.

Ikinyamakuru jeunafrique kivuga ko hari andi makuru avuga ko ku itariki ya 17 Mutarama 2017, M. l’abbé Théo Tshilumbu, umunyamabanga wihariye wa nyakwigendera Tshisekedi ndetse na M. Pierre Lumbi, umuyobozi w’ihuriro ry’abatavuga rumwe na Leta ngo bagejeje iyi baruwa ku biro by’iri huriro ry’abanyamadini bashinzwe ibikorwa by’ubwunzi muri kiriya gihugu ngo bayisesengure.

Nubwo iyi baruwa ngo itagejejwe imbere y’aba banyamadini nngo na bo bageze ubutumwa bwarimo ku wo bwari bugenewe ari we Perezida Joseph Kabila, ngo yagmbaga no gufungurirwa imbere y’itangazamakuru na ryo rikamenya ibiyikubiyemo.
Iyi baruwa ibaye nk’iburijwemo mu gihe umuryango wa nyakwigendera Tshisekedi n’abandi banyepolitiki batavuga rumwe na leta bo bakomeje gusaba ko umuhungu we ari we ugomba kuba Minisitiri w’Intebe.

Kugeza ubu, Perezida kabila ukiyoboye inzibacyuho mu gihe hakitegurwa amatora y’umukuru w’igihugu ateganyijwe mu mwaka utaha, ntacyo aratangaza ku bijyanye no kurekura ubutegetsi ahubwo akaba yaragiye aca amarenga yo gushaka gukomeza kuyobora, bimwe mu byateje imvururu muri kiriya gihugu zahitanye abatari bacye.

-5938.jpg

Perezida Kabila na Etienne Tshisekedi atarapfa

2017-02-27
Editorial

IZINDI NKURU

Amakipe 8 ahatanira kuzamuka mu kiciro cya mbere yamenyekanye, uko agomba guhura muri 1/4 cy’irangiza

Amakipe 8 ahatanira kuzamuka mu kiciro cya mbere yamenyekanye, uko agomba guhura muri 1/4 cy’irangiza

Editorial 01 Oct 2021
Ikipe ya AS Kigali ndetse na Police FC zabimburiye andi makipe guhabwa uburenganzira bwo gutangira imyitozo bitegura gusubukura shampiyona y’u Rwanda ya 2020-2021

Ikipe ya AS Kigali ndetse na Police FC zabimburiye andi makipe guhabwa uburenganzira bwo gutangira imyitozo bitegura gusubukura shampiyona y’u Rwanda ya 2020-2021

Editorial 02 Apr 2021
Mu mukino w’Amateka unahenze muri shampiyona y’u Rwanda, ikipe ya Rayon Sports irakira Kiyovu Sports

Mu mukino w’Amateka unahenze muri shampiyona y’u Rwanda, ikipe ya Rayon Sports irakira Kiyovu Sports

Editorial 19 Mar 2022
Inzego z’ubutabera z’Amerika zohereje mu Rwanda Interahamwe ruharwa Oswald Rurangwa

Inzego z’ubutabera z’Amerika zohereje mu Rwanda Interahamwe ruharwa Oswald Rurangwa

Editorial 07 Oct 2021

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Perezida Kagame yagize icyo avuga k’ Ubufaransa bushaka kongera gukora iperereza  ry’Indege ya Habyarimana habazwa Kayumba
Mu Mahanga

Perezida Kagame yagize icyo avuga k’ Ubufaransa bushaka kongera gukora iperereza ry’Indege ya Habyarimana habazwa Kayumba

Editorial 13 Oct 2016
Gatsibo: Abayobozi b’inzego z’ibanze basabwe kuba ku isonga  mu kurwanya ibyaha
Mu Mahanga

Gatsibo: Abayobozi b’inzego z’ibanze basabwe kuba ku isonga mu kurwanya ibyaha

Editorial 15 Mar 2016
Ikibazo cy’u Rwanda na Uganda ntaho gihuriye n’imipaka – Perezida Kagame
INKURU NYAMUKURU

Ikibazo cy’u Rwanda na Uganda ntaho gihuriye n’imipaka – Perezida Kagame

Editorial 30 Jan 2020

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru