• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Ekenge si we kibazo nyamukuru, ikibazo ni urwango rwigishwa abakongomani rwo kwanga Abatutsi rukorwa n’ubutegetsi bwa Tshisekedi   |   29 Dec 2025

  • U Burundi: Jenerali Alain Guillaume Bunyoni akomeje kuremba, yimurirwa mu bitaro bya Kira i Bujumbura mu ibanga rikomeye   |   28 Dec 2025

  • Perezida Kagame yashimye Perezida wa FIFA, Gianni Infantino, wahisemo kwizihiriza Noheli mu Rwanda, mu buryo budasanzwe   |   26 Dec 2025

  • FERWACY yatangaje inzira za Tour du Rwanda 2026, Rubavu yakira isiganwa iminsi itatu, Nyamirambo iragaruka   |   22 Dec 2025

  • ABASIRIKARE B’ABARUNDI BAKOMEREKERA MURI KONGO, IGISHORO N’UBUTUNZI KURI PRIME NIYONGABO   |   16 Dec 2025

  • FDLR ikomeje kwica abaturage muri Walikale mu gihe Leta ya Congo ivuga ko itakiri ikibazo   |   16 Dec 2025

 
You are at :Home»SHOWBIZ»Ibintu 10 MusoreMukobwa bitera ibyago uramutse urekeye aho gutera akabariro mu gihe wakamenyereye

Ibintu 10 MusoreMukobwa bitera ibyago uramutse urekeye aho gutera akabariro mu gihe wakamenyereye

Editorial 14 Jan 2017 SHOWBIZ

Buri muntu wese buriya agira uwo akunda kandi biba byiza iyo bakundanye. Ku myaka ibyemera bamwe bakora imibonano mpuzabitsinda iyo bakundana ariko hari n’abakora iyo mibonano batanakundana, ariko se ntangaruka bitera ku buzima bw’umuntu. Iyo umuntu amenyereye gukora imibonano mpuzabitsina ubundi akamara igihe kinini atabikora bigira ingaruka zitandukanye ku mubiri ndetse n’imitekerereze. Izi ni zimwe mu ngaruka zishobora kugera ku muntu wahagaritse gutera akabariro yari amaze kubimenyera.

1. Ubushake buke bwo kongera gutera akabariro

Iyo umuntu ahagaritse gutera akabariro rimwe na rimwe aba ari ukubera atandukanye n’umukunzi we mu buryo bumwe cyangwa se ubundi ariko akenshi hari igihe yumva azinutswe gukundana ndetse no gutera akabariro. Iyi ngaruka abantu bamwe bavuga ko itabageraho kuko na nyuma y’igihe kinini baba bagishaka gutera akabariro ariko hari nabo bibaho.

2. Kurota utera akabariro

Iyo ugize impamvu ituma umara igihe kinini utagira imibonano mpuzabitsina kandi wari umaze kuyimenyera kandi unabikunda utangira kujya urota urimo kubikora. Kwiroteraho bamwe barabikunda abandi barabyanga gusa bibaho kenshi cyane cyane ku bantu baba bamaze igihe kinini badatera akabariro kandi bari babimenyereye.

3. Kutihangana iyo ushatse kwihagarika

Iyo umaze igihe kinini udatera akabariro utangira kujya ushaka kwihagarika inshuro nyinshi kandi rimwe na rimwe ukananirwa kwihangana bigatuma ujya kwihagarika vuba na bwangu. Ibi bikunze kuba ku bagore.

4. Kwiheba

Iyo umaze igihe kinini udakora imibonano mpuzabitsina kandi wari ubimenyereye utangira kujya wiheba ukumva abantu b’igitsina mutandukanye batagushaka bose cyangwa ukumva wowe ntubashaka. Ibi bikunze kuba ku bantu akenshi batandukanye bakundanaga. Gukoranaho bituma umuntu yiyumvamo bagenzi be iyo ari umukunzi wawe bituma urukundo rwiyongera ariko iyo bihagaze umubano wawe n’abandi nawo urayoyoka.

5. Kutarwara imiyoboro y’inkari

Iyi ni ingaruka nziza yo kudakora imibonano. Iyo umuntu ari gukora imibonano ashobora kurwara imiyoboro y’inkari, cyane cyane ku bagore, kuko rimwe na rimwe bacteri zishobora kujya ahagenewe inkari mu gihe cy’akabariro. Rero ibyago byo kurwara izi ndwara z’imiyoboro biragabanyuka.

6.Indwara ya Atrophic Vaginitis

Iyo umugore amaze igihe kinini adakora imibonano umubiri we hari igihe urekera aho gusohora imisemburo ya estrogen rero ibi bigatuma yumva uburibwe mu myanya myibarukiro. Atrophic vaginitis ikunze gufata abagore bamaze igihe kinini badakora imibonano mpuzabitsina.

7. Kugabanyuka kw’igitsina cy’umugabo.

Iyo Umugabo amaze kumenyera gukora imibonano mpuzabitsina igitsina cye kiriyongera gake gake. Iyo umugabo nabwo yaramaze kumenyera gutera akabariro nyuma akabireka bitera igitsina cye kugabanyuka kimwe nk’ikindi gice cy’umubiri icyo ari cyo cyose. Iyo umuntu yamenyereje umubiri ikintu bimutera ingaruka ,urugero ni nk’iyo umubiri wawumenyereje gukora sport yo guterura ibyuma, iyo ubigabanyije cyangwa ukabireka igituza n’amaboko biragabanyuka, n’igitsina nacyo ni uko.

8.Ubuhanga buragabanyuka.

Iyo umuntu asanzwe ari umuhanga mu ishuri , mu kazi cyangwa mu bindi ibyo ari byo byose akora kandi akaba asanzwe atera akabariro iyo arekeye bwa buhanga bwe buragabanyuka. Impamvu y’igabanyuka ry’ubuhanga akenshi riterwa n’uko ibitekerezo biba bitari hamwe kuko bimwe mu bintu yamenyereye mu buzima bwe bitagihari.

9.Ikibazo cyo kurangiza.

Iyo umuntu amaze igihe kinini akora imibonano mpuzabitsina agera aho akamenya uburyo yitwara n’igihe afata kugirango arangize iyo ari mu gikorwa cyo gutera akabariro ariko noneho iyo amaze iminsi adatera akabariro bwabuhanga bwe bwo gutera akabariro no kurangiza igihe ashakiye buragenda rwose ku buryo iyo yongeye ahura n’ikibazo cya control.

10.Ibyago byo kurwara kanseri ya prostate

Muri iyi minsi kanseri zabaye nyinshi kandi ziterwa n’ibintu byinshi ariko iyo umuntu amaze iminsi adatera akabariro ashobora kurwara kanseri ya prostate. Kanseri ya prostate ni inkuru mbi ku bagabo kuko bishobora no kubaviramo kutazongera gutera akabariro ukundi. Iyi ndwara akenshi ifata abantu bafite imyaka itari mike. Abaganga bagira abantu bashaje inama yo kwikinisha niba ntabundi buryo babona bwo gukora imibonano mpuzabitsina mu rwego rwo kwirinda iyi ndwara.

-5387.jpg

Mubizirikane

2017-01-14
Editorial

IZINDI NKURU

Producer Laser Beat utunganya indirimbo mu majwi arahamya ko inzu ya The Beam Beat Entertainment ije ari igisubizo ku bahanzi batinda kubona ibihangano byabo

Producer Laser Beat utunganya indirimbo mu majwi arahamya ko inzu ya The Beam Beat Entertainment ije ari igisubizo ku bahanzi batinda kubona ibihangano byabo

Editorial 31 Jul 2021
Nyuma y’amezi asaga atatu nta ndirimbo ashyira hanze, Bruce Melodie yifashishije Khaligraph Jones wo muri Kenya bakora iyitwa Sawa Sawa

Nyuma y’amezi asaga atatu nta ndirimbo ashyira hanze, Bruce Melodie yifashishije Khaligraph Jones wo muri Kenya bakora iyitwa Sawa Sawa

Editorial 20 Oct 2021
Ingabire Habiba yatanze impano y’igishushanyo cy’ubugeni muri Miss Supranational

Ingabire Habiba yatanze impano y’igishushanyo cy’ubugeni muri Miss Supranational

Editorial 29 Nov 2017
Burundi: Iterabwoba n’umutekano muke byatumye Meddy na Bruce Melody basubika ibitaramo i Bujumbura

Burundi: Iterabwoba n’umutekano muke byatumye Meddy na Bruce Melody basubika ibitaramo i Bujumbura

Editorial 27 Dec 2018

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Udushya mutamenye mu ruzinduko rwa Perezida Tshisekedi mu Bwongereza, abasirikari babiri bamurinda baracyafungiwe muri icyo gihugu
Amakuru

Udushya mutamenye mu ruzinduko rwa Perezida Tshisekedi mu Bwongereza, abasirikari babiri bamurinda baracyafungiwe muri icyo gihugu

Editorial 21 Oct 2022
Abapolisi bo mu karere barangije amahugurwa yo gushyira ibimenyetso ku ntwaro
Mu Mahanga

Abapolisi bo mu karere barangije amahugurwa yo gushyira ibimenyetso ku ntwaro

Editorial 21 Jan 2016
Mu Rwego Rwo Guhunga Ubutabera Kayumba Nyamwasa Yatahiye Umuzulukazi
INKURU ZAKUNZWE CYANE

Mu Rwego Rwo Guhunga Ubutabera Kayumba Nyamwasa Yatahiye Umuzulukazi

Editorial 05 Feb 2018

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru