• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • FDLR bari muri Congo, barica abantu, bateza umutekano muke, Gusenya uwo mutwe bireba Congo n’ u Rwanda natwe bikatureba   |   29 Jan 2026

  • ICYO WAMENYA KUBIYAMAMARIZA KUYOBORA FDU-INKINGI: UMUTWE W’INTERAHAMWE ZIHEBEYE KUBUNZA INGENGABITEKEREZO YA JENOSIDE   |   29 Jan 2026

  • Interahamwe mu burayi zishyize hamwe ngo zishyigikire Victoire Ingabire   |   15 Jan 2026

  • Ekenge si we kibazo nyamukuru, ikibazo ni urwango rwigishwa abakongomani rwo kwanga Abatutsi rukorwa n’ubutegetsi bwa Tshisekedi   |   29 Dec 2025

  • U Burundi: Jenerali Alain Guillaume Bunyoni akomeje kuremba, yimurirwa mu bitaro bya Kira i Bujumbura mu ibanga rikomeye   |   28 Dec 2025

  • Perezida Kagame yashimye Perezida wa FIFA, Gianni Infantino, wahisemo kwizihiriza Noheli mu Rwanda, mu buryo budasanzwe   |   26 Dec 2025

 
You are at :Home»ITOHOZA»Icyerekezo gishya 2050: Umuturage azajya abona umusaruro mbumbe wa 1240$ ku munyarwanda ku mwaka.

Icyerekezo gishya 2050: Umuturage azajya abona umusaruro mbumbe wa 1240$ ku munyarwanda ku mwaka.

Editorial 17 Dec 2016 ITOHOZA

Ku munsi wa kabiri w’Inama y’igihugu y’Umushyikirano Minisitiri w’Imari n’Igenamigambi, Amb. Gatete Claver yavuze aho u Rwanda rugana nyuma yo kuzaba ruri hafi gusoza icyerekezo rwari rwarihaye cya 2020, mu cyerekezo gishya cya 2050, u Rwanda ngo ruzaba rwarateye imbere muri byose umuturage abona umusaruro mbumbe wa 1 240$ ku munyarwanda ku mwaka.

Minisitiri Gatete yavuze ko mu 2050 umutekano w’ibiribwa n’ibindi by’ibanze ugomba kuba ihame, buri munyarwanda akagira amazi meza, amashanyarazi ahendutse, internet n’ibindi by’ibanze.

Minisitiri Gatete yavuze yashimangiye intego y’igihugu Perezida Kagame yakomojeho ejo ko kigomba gushyiraho igihe ntarengwa cyo kuba kitagitegereza inkunga y’amahanga. Avuga ko vuba hazemezwa igihe ibi bizahagarara.

Minisitiri Gatete yavuze ko ubu umusaruro mbumbe ku mwaka w’umunyarwanda ubarirwa ku madorari ya Amerika 720$ ku mwaka, ariko umuhigo ari ukugeza ku 1 240$ ku mwaka mu myaka ine iri imbere, ku 4 000$ mu 2035, no ku 12 000$ mu cyerekezo cya 2050.

Minisitiri Gatete yagaragaje ko mu cyerekezo cya 2050 u Rwanda ruhereye ku ngero z’ibindi bihugu byabishoboye narwo rwagera ku ntego zarwo nta kabuza.

Mu kugera kuri ibi Abanyarwanda ngo bagomba kugira umuco wo kwizigamira ngo nubwo byatangiye ariko nibikomeze kuko amafaranga y’ubwizigame yifashishwa cyane mu bukungu bw’abatuye igihugu.

Minisitiri Gatete yagiye avuga uburyo inzego z’ubuhinzi, ubwikorezi, ubwubatsi, ikoranabuhanga, inganda, ubukerarugendo, amabuye y’agaciro na Gas byose bigomba gushyirwamo imbaraga bikagera mu 2050 hari ibyagezweho bikomeye.

Ibi byose ngo bizagerwaho mu gihe abanyarwanda bashingiye ibikorwa byabo ku ndangagaciro z’u Rwanda nk’umuco, ubumwe, kwigira ndetse n’umuco wo kubazwa ibyo ukora.

Ati “Twagize Imana tubona umuyobozi utugeza kuri ibi, n’ahandi ni ihame mu bindi bihugu, mwarakoze Nyakubahwa Perezida wa Repubulika kutuyobora muri ibi. Dukeneye umutekano, dukeneye guhozaho n’umuco wo kubazwa ibyo dukora cyane cyane ibya rubanda.”

Asoza yagize ati “Umushyikirano nk’uyu ni umugisha dufite kugira ngo dutekerereze abanyarwanda kugira ngo tubageze aho bifuza.”

-5078.jpg

-5077.jpg

-5076.jpg

2016-12-17
Editorial

IZINDI NKURU

Uwari Visi Meya wa Nyabihu yafunzwe akurikiranyweho ingengabitekerezo ya Jenoside

Uwari Visi Meya wa Nyabihu yafunzwe akurikiranyweho ingengabitekerezo ya Jenoside

Editorial 12 May 2018
Abafaransa baracyapfunda imitwe ku bijyanye n’indege ya Habyarimana

Abafaransa baracyapfunda imitwe ku bijyanye n’indege ya Habyarimana

Editorial 07 Oct 2017
Igisirikare cya Uganda cyavuze aho Gen Makenga wayoboraga M23 aherereye

Igisirikare cya Uganda cyavuze aho Gen Makenga wayoboraga M23 aherereye

Editorial 14 Nov 2016
Impamvu Kayumba akomeje kuba umwizerwa wa Museveni

Impamvu Kayumba akomeje kuba umwizerwa wa Museveni

Editorial 28 Jan 2019

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Shyaka Gilbert akomeje kwambika ubusa abamushukaga ngo arwanye Leta
Amakuru

Shyaka Gilbert akomeje kwambika ubusa abamushukaga ngo arwanye Leta

Editorial 15 Feb 2022
Ntakirutimana Théoneste  wari Umuyobozi wa  ADEPR – Uganda, yashimutiwe  Kampala
Mu Mahanga

Ntakirutimana Théoneste wari Umuyobozi wa ADEPR – Uganda, yashimutiwe Kampala

Editorial 30 Mar 2019
Polisi y’u Rwanda irasaba abantu kwirinda ubwambuzi bushukana no gutanga amakuru y’ababukora
Mu Mahanga

Polisi y’u Rwanda irasaba abantu kwirinda ubwambuzi bushukana no gutanga amakuru y’ababukora

Editorial 10 Jun 2016

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru