• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • FDLR bari muri Congo, barica abantu, bateza umutekano muke, Gusenya uwo mutwe bireba Congo n’ u Rwanda natwe bikatureba   |   29 Jan 2026

  • ICYO WAMENYA KUBIYAMAMARIZA KUYOBORA FDU-INKINGI: UMUTWE W’INTERAHAMWE ZIHEBEYE KUBUNZA INGENGABITEKEREZO YA JENOSIDE   |   29 Jan 2026

  • Interahamwe mu burayi zishyize hamwe ngo zishyigikire Victoire Ingabire   |   15 Jan 2026

  • Ekenge si we kibazo nyamukuru, ikibazo ni urwango rwigishwa abakongomani rwo kwanga Abatutsi rukorwa n’ubutegetsi bwa Tshisekedi   |   29 Dec 2025

  • U Burundi: Jenerali Alain Guillaume Bunyoni akomeje kuremba, yimurirwa mu bitaro bya Kira i Bujumbura mu ibanga rikomeye   |   28 Dec 2025

  • Perezida Kagame yashimye Perezida wa FIFA, Gianni Infantino, wahisemo kwizihiriza Noheli mu Rwanda, mu buryo budasanzwe   |   26 Dec 2025

 
You are at :Home»Amakuru»Igitutu cyaba gikuye Tshisekedi ku izima akemera isenywa ry’umufatanyabikorwa we, FDLR?

Igitutu cyaba gikuye Tshisekedi ku izima akemera isenywa ry’umufatanyabikorwa we, FDLR?

Editorial 14 Oct 2024 Amakuru, INKURU NYAMUKURU, Mu Mahanga, POLITIKI

Amakuru aturuka i Luanda muri Angola, aravuga ko Leta ya Kongo yaba yavuye ku izima, ikemera ishyirwa mu bikorwa gahunda yo kurandura umutwe w’abajenosideri wa FDLR ukorera mu burasirazuba bwa Kongo.

Yaba Angola nk’umuhuza, yaba Kongo ndetse n’u Rwanda, nta ruhande rwari rwemeza aya makuru.

Ni mu gihe ariko amahanga akomeje kotsa igitutu ubutegetsi bwa Tshisekedi, amusaba kubahiriza, byanze bikunze, ibyemezo bya Luanda na Nairobi bigamije kurangiza intambara ica ibintu muri Kongo. Bimwe muri ibyo byemezo harimo no gusenya FDLR ifatwa nk’ipfundo rikomeye ry’ubushyamirane muri Kongo no mu karere k’Ibiyaga Bigari muri rusange.

Mu nama yahuje abaminisitiri b’ububanyi n’amahanga b’ibihugu birebwa n’iki kibazo yabereye i Luanda mu kwezi gushize, bitunguranye intumwa za Kongo zanze kwemeza gahunda irebana no kurandura FDLR, yateguwe n’impuguke mu bya gisirikari n’iperereza muri Kongo, uRwanda na Angola.

Mu ntangiriro z’uku kwezi kwa cumi, izo mpuguke zagombaga kongera guhura ngo zinoze iyo gahunda, ndetse zinashyireho ingengabihe y’uko izashyirwa mu bikorwa, ariko Leta ya Kongo irabyanga.

Kuva icyo gihe umuryango mpuzamahanga wagaragaje impungenge utewe n’ubwo bushake buke bwa Kongo, ndetse mu mubonano wabo wo ku itariki 07 uku kwezi, Ambasaderi wa Leta Zunze Ubumwe z’Amerika muri Loni, Linda Greefield, yerurira Minisitiri w’ Ububanyi n’Amahanga wa Kongo, Thérèse Kayikwamba Wagner, ko shebuja Tshisekedi nakomeza gusuzugura ibyemezo bya Luanda na Nairobi, “Leta ya Kongo izirengera ingaruka zabyo”.

Iki gitutu rero kirasa n’icyatangiye gutanga umusaruro, nubwo bitabuza abasesengura kuvuga ko Kinshasa yaba yemeye gusenya FDLR mu mvugo gusa, ariko ntizabishyire mu bikorwa.

Abo basesenguzi barashingira ku mubano umaze imyaka 30 hagati y’ ubutegetsi bwa Kongo na FDLR , dore ko abarwanyi b’uyu mutwe bamaze no kwinjizwa mu gisirikari cya Kongo, FARDC.

FDLR ni umufatanyabikorwa wa Tshisekedi mu ntambara arwana na M23, hakibazwa rero aho yavana ubushake bwo kwiyambura amaboko.

Leta y’u Rwanda itanga ibimenyetso byerekana ko abajenosideri baFDLR ari imbogamizi ikomeye ku mutekano warwo, ari nayo mpamvu igihe cyose bazaba bagishyigikiwe na Leta ya Kongo, rutazakuraho ingamba zarwo z’ubwirinzi.

Perezida wa Angola, João Lourenço, ari nawe muhuza mu kibazo cy’uRwanda na Kongo, ndetse n’umuryango mpuzamahanga, basanga inzira yo kuvanaho ubushyamirane hagati y’ibi bihugu bituranyi ari ugusenya FDLR, bityo impungenge z’uRwanda zikavaho, narwo rugakuraho ingamba zarwo zigamije kwirindira umutekano, ari nazo zakuye umutima ubutegetsi bw’i Kishasa.

2024-10-14
Editorial

IZINDI NKURU

Ibitego 44 nibyo byabonetse ku munsi wa mbere w’imikino y’amatsinda ya UEFA Champions League

Ibitego 44 nibyo byabonetse ku munsi wa mbere w’imikino y’amatsinda ya UEFA Champions League

Editorial 16 Sep 2021
FDLR n’uwayiha Akarere ntacyo yakwimarira, icyo ishoboye ni ugucukura amajeri- Gen Kabarebe

FDLR n’uwayiha Akarere ntacyo yakwimarira, icyo ishoboye ni ugucukura amajeri- Gen Kabarebe

Editorial 10 Apr 2018
U Rwanda ruzakira imikino y’amajonjora y’ibanze y’igikombe cy’isi 2026 muri Basketball, tombola iyoborwa Minisitiri Mimosa

U Rwanda ruzakira imikino y’amajonjora y’ibanze y’igikombe cy’isi 2026 muri Basketball, tombola iyoborwa Minisitiri Mimosa

Editorial 26 Apr 2024
U Burundi bwasubije Congo abarwanyi 34 ba Mai-Mai bari barahahungiye imirwano

U Burundi bwasubije Congo abarwanyi 34 ba Mai-Mai bari barahahungiye imirwano

Editorial 03 Feb 2018

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

David Himbara kuri uyu wa Gatanu arongera kwitaba Urukiko rwa Toronto East Court
ITOHOZA

David Himbara kuri uyu wa Gatanu arongera kwitaba Urukiko rwa Toronto East Court

Editorial 17 Jul 2016
Bidasubirwaho Zari Yatandukanye Na Diamond Burundu
HIRYA NO HINO

Bidasubirwaho Zari Yatandukanye Na Diamond Burundu

Editorial 15 Feb 2018
Green Party : Habineza yemejwe nk’Umukandida  Perezida mu matora
POLITIKI

Green Party : Habineza yemejwe nk’Umukandida Perezida mu matora

Editorial 19 Mar 2017

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru