• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Bizimana Djihad yasezeye Al Ahli yo muri Libya yari amazemo umwaka, Hakim Sahabo mu nzira zimujyana mu Bugereki   |   31 Jan 2026

  • FDLR bari muri Congo, barica abantu, bateza umutekano muke, Gusenya uwo mutwe bireba Congo n’ u Rwanda natwe bikatureba   |   29 Jan 2026

  • ICYO WAMENYA KUBIYAMAMARIZA KUYOBORA FDU-INKINGI: UMUTWE W’INTERAHAMWE ZIHEBEYE KUBUNZA INGENGABITEKEREZO YA JENOSIDE   |   29 Jan 2026

  • Interahamwe mu burayi zishyize hamwe ngo zishyigikire Victoire Ingabire   |   15 Jan 2026

  • Ekenge si we kibazo nyamukuru, ikibazo ni urwango rwigishwa abakongomani rwo kwanga Abatutsi rukorwa n’ubutegetsi bwa Tshisekedi   |   29 Dec 2025

  • U Burundi: Jenerali Alain Guillaume Bunyoni akomeje kuremba, yimurirwa mu bitaro bya Kira i Bujumbura mu ibanga rikomeye   |   28 Dec 2025

 
You are at :Home»POLITIKI»Ijambo rya Perezida Kagame yagejeje kubitabiriye ‘ Vibrant Gujarat Summit’

Ijambo rya Perezida Kagame yagejeje kubitabiriye ‘ Vibrant Gujarat Summit’

Editorial 11 Jan 2017 POLITIKI

Perezida wa Repubulika Paul Kagame Kuri uyu wakabiri yagejeje ijambo kubitabiriye umuhango wo gufungura inama yamunani yigaku ishoramari izwinka Vibrant Gujarat Summit, yatangiye mu gihugu cy’ u Buhinde.

Iyi nama ihurije hamwe abakuru b’ibihugu naza Guverinoma, abayobozi mu nzego zitandukanye, abayobozi b’ibigo mpuzamahanga by’ubucuruzi, inzobere n’abarimu bazakaminuza ndetse n’abahagarariye ibigo by’ubucuruzi bikomeye mu Buhinde.
Mu ijambo rye Perezida Kagame yibanze by’umwihariko kubufatanye mu bucuruzi n’ishoramari bumaze igihe kirekire hagati y’Afurika n,uBuhinde.

Perezida Kagame yagize ati: “Afurika n’uBuhinde bihuriye kubufatanye bumaze igihe kirekire ndetse n’intego zigamije imibereho myiza n’iterambere by’abaturage bacu. Ubucurizi hagati y’u Buhinde n’ u Rwanda buratera imbere ariko haracyari inzego nyinshi zashorwamo imari. Kimwe nk’uBuhinde, u Rwanda rufite intego yokugera kumpinduka z’igihe kirekire hashingiwe kugukangurira abaturage gutanga umusaruro uhagije.”

Perezida Kagame kandi yahamagariye abashoramari b’aba hinde kuza gukorera mu Rwanda, ababwirako u Rwanda rwiteguye kubakira.

Yagize ati: “Dushingiye kumuvuduko wihuta w’Isi ya none, dufite amahirwe yo kongera ingano y’ibyo Afurika yohereza mu Buhinde, bikava kuri peteroli n’amabuye y’agaciro gusa. Twiteguye kugirana ibiganiro ku ishoramari. Turateganya kongera ibikorwa hagati yacu n’uBuhinde harimo no gutangiza mu mezi make ari imbere ingendo z’indege za Rwandair zizerekeza mu mugi wa Mumbai. Umuco w’u Buhinde w’ishora mari rihamye uhuye n’intego zacu ndetse n’ama hirwe y’ishoramari ari mu gihugu cyacu. Dufite impamvu yo kugera kuntego zacu kandi turi hano kugirango 0-9bigerweho.”

Perezida Kagame yanagiranye ibiganiro na Minisitiri w’Intebe w’uBuhinde Narendra Modi ndetse na Minisitiri wa Leta ya Gurajat, Pradipsinh Jadeja. Mu biganiro byaPerezida Kagame na Minisitiri Modi bibanze kungingo zitandukanye kubufatanye bw’ibihugu byombi ndetse nagahunda z’uBuhinde zo kongera ibikorwa nk’umufatanya bikorwa w’Afurika.

Ibihugu byombi byemeranije kuzamura urwego rw’ubufatanye busanzwe bukagera kurwego ruhamye hibandwa kunzego z’iterambere mu bihugu byombi ndetse no mu turere biherereyemo. U Rwanda kandi rwi shimye icyemezo cy’uBuhinde cyogufungura ibiro by’ubuhagarariye mu Rwanda.

-5331.jpg

-5329.jpg

-5330.jpg

-5327.jpg

-5328.jpg

-5326.jpg

-5325.jpg

Inama ya Vibrant Gujarat Summit iba inshuro ebyiri mu mwaka ikaba igamije guteza imbere ishoramari. Kuva itangiyekuba mu mwaka wa 2003, yasinyiwemo amasezerano atandukanye y’ubufatanye, yanabaye kandi urubuga rwo kugaragarizamo ahari amahirwe y’ishoramari no kungurana ubumenyi.

Source : Office of the President -Communications Office

2017-01-11
Editorial

IZINDI NKURU

Rukutana yavuguruje Kutesa, ubufatanye bwa Uganda na FDLR bukomeza kujya ahagaragara

Rukutana yavuguruje Kutesa, ubufatanye bwa Uganda na FDLR bukomeza kujya ahagaragara

Editorial 20 Dec 2019
Kwivuguruza kwa Donald Trump biramwambura amahirwe yo gutsinda amatora

Kwivuguruza kwa Donald Trump biramwambura amahirwe yo gutsinda amatora

Editorial 29 Aug 2016
U Rwanda rufashe iya mbere mu mpinduka zigaragara mu mibanire mpuzamahanga.

U Rwanda rufashe iya mbere mu mpinduka zigaragara mu mibanire mpuzamahanga.

Editorial 31 Oct 2016
Perezida Kagame yaganiriye na Minisitiri w’Intebe wa Canada ku ngamba zo guhangana na COVID-19

Perezida Kagame yaganiriye na Minisitiri w’Intebe wa Canada ku ngamba zo guhangana na COVID-19

Editorial 26 Mar 2020

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Rwanda Day 2019 izabera mu Budage mu mujyi wa Bonn
HIRYA NO HINO

Rwanda Day 2019 izabera mu Budage mu mujyi wa Bonn

Editorial 07 Aug 2019
Polisi y’u Rwanda irasaba Itorero ry’Abadivantisiti ubufatanye mu kurwanya ibiyobyabwenge
Mu Mahanga

Polisi y’u Rwanda irasaba Itorero ry’Abadivantisiti ubufatanye mu kurwanya ibiyobyabwenge

Editorial 10 May 2016
FIFA yohereje Constant Omari nk’indorerezi mu matora ya Perezida wa Ferwafa
IMIKINO

FIFA yohereje Constant Omari nk’indorerezi mu matora ya Perezida wa Ferwafa

Editorial 27 Dec 2017

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru