• Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
  • Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Ibaruwa ifunguye yandikiwe Ingabire Victoire   |   08 Jul 2025

  • Police VC yegukanye igikombe cyo Kwibohora 2025 mu byiciro byombi, itsinze APR VC ku mukino wa nyuma   |   07 Jul 2025

  • Perezida Kagame yavuze ko FDLR nidasenywa u Rwanda ruzakomeza guhangana n’iki kibazo rukoresheje uburyo rusanzwe rukoresha   |   04 Jul 2025

  • Police FC yatangaje ubuyobozi bwayo bushya buyobowe na CP Yahaya na Ben Mussa nk’umutoza mukuru   |   03 Jul 2025

  • Menya neza uwiyita Intumwa “Isidore Mbayahaga” wimuriye ubwonko mu gifu!   |   03 Jul 2025

  • Ubwigenge bwabaye igikoresho cy’ivangura: Uko Kamarampaka ya 1959 yazanye Repubulika ariko ntizane ubwigenge nyabwo   |   02 Jul 2025

 
You are at :Home»Amakuru»Ikibazo cya Paul Rusesabagina gishobora kuba kitakibangamiye umubano hagati y’u Rwanda n’Ububiligi

Ikibazo cya Paul Rusesabagina gishobora kuba kitakibangamiye umubano hagati y’u Rwanda n’Ububiligi

Editorial 28 Oct 2021 Amakuru, INKURU NYAMUKURU, Mu Rwanda

Nyuma y’ikiganiro hagati ya Ministiri w’Ububanyi n’Amahanga w’u Rwanda, Dr Vincent Biruta, na mugenzi we w’Ububiligi, Sophie Wilmès, washoje uruzinduko rwe mu Rwanda kuri uyu wa gatatu, uyu Mubiligikazi yatangaje ko impande zombi ziyemeje kurushaho kunoza umubano n’ubucuti hagamijwe inyungu za buri ruhande.

Abinyujije ku rubuga rwe rwa twitter , Madamu Wilmès yagize ati:” Njye na Ministiri Biruta twafashe umwanya uhagije dusesengura ingingo nyinshi, twiyemeza kujya duhura kenshi ngo twungurane ibitekerezo ku byateza imbere umubano hagati y’u Rwanda n’Ububiligi, hagamijwe inyugu z’ibihugu byacu byombi”.

Ku kibazo cy’umunyamakuru wari umubajije niba agikomeye ku mvugo ye y’uko Paul Rusesabagina atahawe ubutabera bunoze, Sophie Wilmès yirinze kugira icyo avuga kuri dosiye ya Rusesabagina, ahubwo ashimangira ko umubano w’Ububiligi n’u Rwanda ugomba gushingira ku bwubahane hagamijwe inyungu za buri ruhande.

Kuva Paul Rusesabagina yafatwa, akaburanishwa ndetse akaza gukatirwa igifungo cy’imyaka 25, abamushyigikiye bakomeje kwibeshya ko ikibazo cye kizateranya u Rwanda na bimwe mu bihugu by’Uburayi na Amerika. Nyamara abasesenguzi bakomeje kwerekana ko ikibazo cy’umuntu ku giti cye, nawe wahamwe n’ibyaha bikomeye, kidashobora guhabwa agaciro kurusha umubano w’ibihugu n’inyungu ziwukuramo.

Komiseri Mukuru ushinzwe ububanyi n’amahanga mu Muryango w’Ubumwe bw’Ibihugu by’Uburayi yari aherutse kuvuga ku mugaragaro ko ibyaha Rusesabagina aregwa bikwiye kwitabwaho kubera uburemere bwabyo ,ndetse n’ibimenyetso simusiga bimuhamya uruhare mu bikorwa by’iterabwoba.

Yongeyeho ko ibyinshi muri ibyo bimenyetso byatanzwe n’Ububiligi, kimwe mu bihugu bigize uwo muryango.
Kuba rero Ministiri w’Ububanyi n’Amahanga w’Ububiligi atagishaka gukomeza gukuririza ikibazo cya Rusesabagina, byaba bituruka ku ruzinduko rw’iminsi 3 yagiriye mu Rwanda habereye ibyaha bya Rusesabagina, hakiyongeraho imvugo y’ ukuriye Komisiyo y’Ububanyi n’Amahanga mu Muryango w’Ubumwe bw’Ibihugu by’Uburayi.

Tubibutse ko Ministiri Sophie Welmès yanitabiriye inama yahurije i Kigali intumwa z’Umuryango w’Afrika Yunze Ubumwe n’iz’Umuryango w’Ubumwe bw’Ibihugu by’Uburayi, mu ntangiriro z’iki cyumweru.

Muri iyo nama havugiwemo ingingo zinyuranye, zirimo izijyanye n’umutekano, ubufatanye mu nzego zinyuranye hagati y’Afrika n’Uburayi, byose bigomba gushingira ku bwubahane. Aha naho Sophie Wilmès ashobora kuba yarahakuye isomo ryo kureka kwivanga mu miyoborere y’ibihugu by’Afrika, by’umwihariko mu mikorere y’ubutabera bw’u Rwanda.

2021-10-28
Editorial

IZINDI NKURU

World Ventures yahagaritswe na RDB, yahakanye gukorera mu Rwanda

World Ventures yahagaritswe na RDB, yahakanye gukorera mu Rwanda

Editorial 13 Sep 2018
Kuva Darfur 2004 kugera Cabo Delgado 2021; urugendo rw’u Rwanda mu gutabara abari mu kaga rwerekanye ko Afurika yakwishakamo ibisubizo

Kuva Darfur 2004 kugera Cabo Delgado 2021; urugendo rw’u Rwanda mu gutabara abari mu kaga rwerekanye ko Afurika yakwishakamo ibisubizo

Editorial 19 Aug 2021
Ibitangazamakuru byo mu burengerazuba bw’isi byibanda ku ifungwa rya Rusesabagina Paul kuruta ibikorwa by’iterabwoba byahitanye Abanyarwanda bikozwe n’Umutwe w’ingabo ze

Ibitangazamakuru byo mu burengerazuba bw’isi byibanda ku ifungwa rya Rusesabagina Paul kuruta ibikorwa by’iterabwoba byahitanye Abanyarwanda bikozwe n’Umutwe w’ingabo ze

Editorial 02 Mar 2021
Police FC yanganyije na Vision 0-0, ikomeza kuyobora urutonde rwa Shampiyona y’u Rwanda

Police FC yanganyije na Vision 0-0, ikomeza kuyobora urutonde rwa Shampiyona y’u Rwanda

Editorial 30 Sep 2024
World Ventures yahagaritswe na RDB, yahakanye gukorera mu Rwanda

World Ventures yahagaritswe na RDB, yahakanye gukorera mu Rwanda

Editorial 13 Sep 2018
Kuva Darfur 2004 kugera Cabo Delgado 2021; urugendo rw’u Rwanda mu gutabara abari mu kaga rwerekanye ko Afurika yakwishakamo ibisubizo

Kuva Darfur 2004 kugera Cabo Delgado 2021; urugendo rw’u Rwanda mu gutabara abari mu kaga rwerekanye ko Afurika yakwishakamo ibisubizo

Editorial 19 Aug 2021
Ibitangazamakuru byo mu burengerazuba bw’isi byibanda ku ifungwa rya Rusesabagina Paul kuruta ibikorwa by’iterabwoba byahitanye Abanyarwanda bikozwe n’Umutwe w’ingabo ze

Ibitangazamakuru byo mu burengerazuba bw’isi byibanda ku ifungwa rya Rusesabagina Paul kuruta ibikorwa by’iterabwoba byahitanye Abanyarwanda bikozwe n’Umutwe w’ingabo ze

Editorial 02 Mar 2021
Police FC yanganyije na Vision 0-0, ikomeza kuyobora urutonde rwa Shampiyona y’u Rwanda

Police FC yanganyije na Vision 0-0, ikomeza kuyobora urutonde rwa Shampiyona y’u Rwanda

Editorial 30 Sep 2024
World Ventures yahagaritswe na RDB, yahakanye gukorera mu Rwanda

World Ventures yahagaritswe na RDB, yahakanye gukorera mu Rwanda

Editorial 13 Sep 2018
Kuva Darfur 2004 kugera Cabo Delgado 2021; urugendo rw’u Rwanda mu gutabara abari mu kaga rwerekanye ko Afurika yakwishakamo ibisubizo

Kuva Darfur 2004 kugera Cabo Delgado 2021; urugendo rw’u Rwanda mu gutabara abari mu kaga rwerekanye ko Afurika yakwishakamo ibisubizo

Editorial 19 Aug 2021
prev
next

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

INKURU ZAKUNZWE CYANE

Ibitangaza byijejwe na Perezida Ndayishimiye bisize ahubwo u Burundi mu kangaratete

Ibitangaza byijejwe na Perezida Ndayishimiye bisize ahubwo u Burundi mu kangaratete

21 May 2025
AFC/M23 yasabye Perezida Tshisekedi ko yerura akavuga ko ashaka imishyikirano

AFC/M23 yasabye Perezida Tshisekedi ko yerura akavuga ko ashaka imishyikirano

14 Mar 2025
Perezida Paul Kagame yakurikiye umukino u Rwanda rwatsinzemo Djibouti 3-0 hashakwa itike ya CHAN 2025

Perezida Paul Kagame yakurikiye umukino u Rwanda rwatsinzemo Djibouti 3-0 hashakwa itike ya CHAN 2025

31 Oct 2024
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
“Agafanta” Perezida wa Tchad yasigiye abasirikari b’u Burundi kabakozeho!

“Agafanta” Perezida wa Tchad yasigiye abasirikari b’u Burundi kabakozeho!

15 Jul 2024

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023
SADC byashoboka ko yahuza Intego na FARDC Yahisemo Kwifatanya n’Abajenosideri ba FDLR, M23 mu Mambo za Goma biraherera hehe?

SADC byashoboka ko yahuza Intego na FARDC Yahisemo Kwifatanya n’Abajenosideri ba FDLR, M23 mu Mambo za Goma biraherera hehe?

06 Nov 2023

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru