• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Omar Artan witegura gusifura UEFA Super Cup izahuza PSG na Aston Villa, azasifura umumukino wa nyuma wa CECAFA KAGAME Cup 2026   |   03 Aug 2026

  • Rayon Sports, Gor Mahia, Jamus na Al Hilal zageze muri ½ cy’Imikino ya CECAFA Kagame Cup 2026   |   02 Aug 2026

  • Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana   |   01 Aug 2026

  • APR FC, Rayon Sports, Police FC na Kiyovu SC zizakina FERWAFA Super Cup 2026 yari isanzwe ikinwa n’amakipe abiri   |   01 Aug 2026

  • Rutahizamu Byiringiro Lague agiye kwerekeza muri Afurika y’Epfo aho yitegura gutangira akazi mu ikipe ya Durban City FC   |   31 Jul 2026

  • Senateri Mukabalisa Donatille yitabye Imana azize Uburwayi   |   30 Jul 2026

 
You are at :Home»ITOHOZA»Ikibazo cya peteroli gikomereye u Burundi Nkurunziza avugamo umutekano mwinshi

Ikibazo cya peteroli gikomereye u Burundi Nkurunziza avugamo umutekano mwinshi

Ubwanditsi 04 May 2017 ITOHOZA

Muri iyi minsi igihugu cy’u Burundi gikomerewe cyane n’ibura rya peteroli (lisansi) na mazutu ku buryo ubu imirimo ikoreka nabi kandi nta washobora kumenya amaherezo yabyo !

Iri bura rya peteroli na mazutu rije risonga abaturage bari bisanganiwe ubukene, inzara n’umutekano muke, n’ubwo wabonaga ubutegetsi butabiha uburemere buhagije, bubifata muri susange ngo niko bimeze n’ahandi mu bindi bihugu !

Ibitangazamakuru bitandukanye bigaragaza yuko no mu ntangiriro z’icyumweru gishize iryo bura rya peteroli na mazutu ryari rihari ariko nibura bigapfa kuboneka nubwo byabaga ari ku giciri cyo hejuru, mu isoko rya magendu. Ubusanzwe ku ma stasiyo (petrol stations) litiro ya peteroli cyangwa mazutu yagurwaga amafaranga 2100 ariko muri iryo soko rya magendu ikagurwa 6000. Ubu noneho n’iyo y’ibihumbi bitandatu ntaho ikiboneka, petrol na mazutu byarabuze hose muri icyo igihugu gisanzwe gifite ibibazo bikomeye by’umuriro w’amashanyarazi !

Umuntu ajyana imodoka kuri stasiyo ya petrol ikahamara iminsi itatu ntacyo yari yabona. Abatwara amatagisi bararira ayo kwarika yuko akazi kabo kahagaze, naho abayatega bajya ku mirimo bikabagora cyane kubona ikibunguruza cyangwa ntibanakibone.

-6465.jpg

Essence na Mazoutu mu Burundi irabona umugabo igasiba undi

Ibi bimaze kwica akazi kuko abakozi bakageraho batinze, cyangwa ntibanakagereho. Amakuru avuga yuko imirongo muri za stasiyo z’amatagisi (gare) iba ari miremirere cyane,bamwe ntibayigeho kuko batabona aho bakwirwa. Iyo habayeho amahirwe tagisi ikaza ngo hurira abanyantege nyinshi, abadafite utubaraga two kugundagurana bagasigara !

Uko leta yifata muri icyo kibazo cy’ibura rya petrol na mazutu bigora abantu niba yaba izi neza aho gikomoka ! Mu ntangiriro z’icyumweru gishize umuyobozi ushinzwe ibirebana na petroli na mazutu muri minisiteri y’ibikorwa remezo, Daniel Mpitabakana, yabwiye itangazamakuru yuko byari byatewe n’ikibazo cya mamashine y’ikoranabuhanga mu kigo gishinzwe imisoro n’amahoro (OBR) ngo bituma ibicuruzwa bitinda muri za duwane ! Ibyo ariko OBR yahise ibihakana, nyuma gato minisitiri w’iyo minisiteri y’ibikorwa remezo, Côme Manirakiza, yatumije ikiganiro n’abanyamakuru yemera yuko ibura “ry’igitoro” riterwa n’amafaranga make y’amahanga u Burundi bufite, ariko ahaninini yikoma Kobil (yinjiza ibyo bicuruzwa ku bwinshi) ngo kuba yarategetse ba nyir’amastasiyo ya petroli kutazajya barangurira mu yandi masosiyete, uretse muri Kobil honyine !

Hari andi mabwiriza leta y’u Burundi yatanze ariko akagaragaza yuko hari byinshi bidasobanutse. Leta yatanze itegeko rivuga yuko stasiyo zose za peteroli zigoma gukora hagati y’isaha imwe mu gitondo na saa 11 za nimugoroba, abatubahirije ayo masaha bagafungirwa. Irindi tegeko leta yatanze n’uko nta modoka yikoreye petroli cyangwa mazutu yemerewe kujya mu muhanda idaherekejwe n’abashinzwe umutekano !

Ibi by’amakamyo ya petrol na mazutu kuba agomba guherekezwa n’abashinzwe umutekano ntawe ubitindaho kuko bizwi yuko mu Burundi nta mutekano uhari. Ariko Perezida Petero Nkurunziza we ntabwo ibyo ariko abibona. Mu ijambo yagejeje ku Barundi ku munsi mukuru w’abakozi, umukuru w’igihugu yavuze yuko umutekano ari wose mu gihugu cyose ! Ngo ikibazo kiri mu Burundi ni inzara gusa ngo kandi nayo igiye gushira ngo kuko ikirere gitangiye kugaragara neza. Ngo iyo nzara nayo ntabwo ari iy’u Burundi gusa ngo ni iy’akarere kose.

Ntabwo Perezida Nkurunziza yabeshye hamwe na hamwe, ariko si hose, muri aka karere haragaragara inzara. Icyo Nkurunziza gusa atashatse kubwira abaturage be n’uko izindi leta muri aka karere zishobora kugerageza guhahira abaturage b’ibihugu byazo ariko ubutegetsi mu Burundi bwo ntabwo bukibishoboye, kandi imiryango mpuzamahanga igaragaza yuko nibura Abarundi basaga miliyoni eshatu bakeneye inkunga z’ibiribwa !

Leta y’u Burundi amahanga yarayikomanyirije kandi mu ngengo y’imali yayo nibura ikenera inkunga ingana na 50 %. Hake cyane muho leta y’u Burundi yari isigaye ihahanyanyaza kubona amafaranga y’amahanga ni mu basirikare yoherezaga mu butumwa bwo kubungabunga amahoro mu bihugu nka Somalia. Abaterankunga ariko ubu banze kuzakomeza baha amafaranga abo basirikare b’u Burundi kuko yatangagwa ubutegetsi bwa Nkurunziza bukayagabana nabo.

-6464.jpg


Ibura ry’ibikomoka kuri petelori mu Burundi, cyane cyane mu mujyi wa Bujumbura, ryabaye ikibazo gikomeye ku batwara ibinyabiziga.

Muri ibyo birori by’umunsi w’abakozi ntabwo Nkurunziza yigeze avuga ku kibazo cya peteroli na mazutu, ngo avuge ingorane abakozi bahura nazo kujya ku kazi n’ingaruka mbi bigomba kuzagira ku bukungu bw’igihugu bwari busanzwe bwifashe nabi. Perezida yivugiye gusa ku mutekano “mwiza” uri mu gihugu.

Ariko mu by’ukuri kuvuga yuko mu Burundi hari umutekano mwiza ni ugushinyagurira abahatuye. Wavuga ute umutekano ngo ni mwiza abantu bahora bicwa n’umubare w’impunzi zitoroka igihugu wiyongera buri munsi ? Muri Tanzania bahora bavuga yuko badasiba kwakira impunzi nshya ziva mu Burundi, bakaba baratangiye kubaka inkambi nshya.

Ishami mpuzamahanga rishinzwe impunzi (UNHCR) riherutse gutangaza yuko abantu bakomeje guhunga u Burundi ku muvuduko munini ku buryo bateganya yuko umubare w’impunzi uzaba wageze ku bihubi 500 uyu mwaka utararangira. Ubu ubwo Burundi Nkurunziza avuga bwuzuye amahoro, UNHCR ivuga yuko bufite impunzi 386,000 mu bihugu byo muri aka karere. Abo ariko ni abiyandikishije muri iryo shami rya LONI, naho ubundi umubare ugomba kuba ari munini kurushaho kuko hari n’abatari bake bahunze ubutegetsi bwa Nkurunziza ntibiyandikishe muri UNHCR !


Casmiry Kayumba

2017-05-04
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Ruswa iravuza ubuhuha mu bayobozi ba CNDD FDD, Ndayishimiye nawe yigira inama yo gushinja u Rwanda ngo bucye kabiri

Ruswa iravuza ubuhuha mu bayobozi ba CNDD FDD, Ndayishimiye nawe yigira inama yo gushinja u Rwanda ngo bucye kabiri

Ubwanditsi 03 Jan 2024
Korea ya Ruguru yaburiye America ko izarasa indege zayo

Korea ya Ruguru yaburiye America ko izarasa indege zayo

Ubwanditsi 26 Sep 2017
Uganda: Umuhungu Wa Perezida Museveni Yasuye Gen Kale Kayihura Muri Kasho

Uganda: Umuhungu Wa Perezida Museveni Yasuye Gen Kale Kayihura Muri Kasho

Ubwanditsi 26 Jul 2018
Guverinoma y’Icyuka isa n’abana batoba akondo

Guverinoma y’Icyuka isa n’abana batoba akondo

Ubwanditsi 24 Feb 2017

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Abanyarwanda baba muri Congo no mu Burundi ntibemerewe gutorerayo
Mu Rwanda

Abanyarwanda baba muri Congo no mu Burundi ntibemerewe gutorerayo

Ubwanditsi 04 Aug 2017
Polisi n’ubuyobozi bw’Intara y’Amajyaruguru basabye abaturage ba Musanze ubufatanye ku mutekano
Mu Mahanga

Polisi n’ubuyobozi bw’Intara y’Amajyaruguru basabye abaturage ba Musanze ubufatanye ku mutekano

Ubwanditsi 10 Nov 2016
Wari uziko Arsenal ariyo kipe ifite igikombe cya shampiyona gikoze muri zahabu?
IMIKINO

Wari uziko Arsenal ariyo kipe ifite igikombe cya shampiyona gikoze muri zahabu?

Ubwanditsi 30 Jan 2018

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

01 Aug 2026
Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru