• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Rwanda Premier League yemeje ko hazatangwa ibikombe bibiri bya shampiyona, bitandukanye n’ibyo FERWAFA yari yatangaje   |   12 May 2026

  • Itangazamakuru si inzira yo gushakiramo amaronko binyuze mu gukora ibyaha, ubutabera bugomba gukora akazi kabwo   |   11 May 2026

  • U Rwanda rwegukanye ibikombe bibiri bya Men’s IHF Trophy Africa/Zone 5 mu batarengeje imyaka 18 na 20   |   09 May 2026

  • Urukiko rwanzuye ko Nyuma y’imyaka 18, iperereza kuri Agathe Kanziga rigiye gukomeza   |   06 May 2026

  • Umukinnyi mwiza wa w’umwaka wa BK PRO LEAGUE azegukana imodoka ya miliyoni 15 Frw, Uko ibihembo bizatangwa   |   06 May 2026

  • Perezida Kagame yashimye Arsenal FC yageze ku mukino wa nyuma wa UEFA Champions League   |   05 May 2026

 
You are at :Home»ITOHOZA»Ikibazo cya peteroli gikomereye u Burundi Nkurunziza avugamo umutekano mwinshi

Ikibazo cya peteroli gikomereye u Burundi Nkurunziza avugamo umutekano mwinshi

Ubwanditsi 04 May 2017 ITOHOZA

Muri iyi minsi igihugu cy’u Burundi gikomerewe cyane n’ibura rya peteroli (lisansi) na mazutu ku buryo ubu imirimo ikoreka nabi kandi nta washobora kumenya amaherezo yabyo !

Iri bura rya peteroli na mazutu rije risonga abaturage bari bisanganiwe ubukene, inzara n’umutekano muke, n’ubwo wabonaga ubutegetsi butabiha uburemere buhagije, bubifata muri susange ngo niko bimeze n’ahandi mu bindi bihugu !

Ibitangazamakuru bitandukanye bigaragaza yuko no mu ntangiriro z’icyumweru gishize iryo bura rya peteroli na mazutu ryari rihari ariko nibura bigapfa kuboneka nubwo byabaga ari ku giciri cyo hejuru, mu isoko rya magendu. Ubusanzwe ku ma stasiyo (petrol stations) litiro ya peteroli cyangwa mazutu yagurwaga amafaranga 2100 ariko muri iryo soko rya magendu ikagurwa 6000. Ubu noneho n’iyo y’ibihumbi bitandatu ntaho ikiboneka, petrol na mazutu byarabuze hose muri icyo igihugu gisanzwe gifite ibibazo bikomeye by’umuriro w’amashanyarazi !

Umuntu ajyana imodoka kuri stasiyo ya petrol ikahamara iminsi itatu ntacyo yari yabona. Abatwara amatagisi bararira ayo kwarika yuko akazi kabo kahagaze, naho abayatega bajya ku mirimo bikabagora cyane kubona ikibunguruza cyangwa ntibanakibone.

-6465.jpg

Essence na Mazoutu mu Burundi irabona umugabo igasiba undi

Ibi bimaze kwica akazi kuko abakozi bakageraho batinze, cyangwa ntibanakagereho. Amakuru avuga yuko imirongo muri za stasiyo z’amatagisi (gare) iba ari miremirere cyane,bamwe ntibayigeho kuko batabona aho bakwirwa. Iyo habayeho amahirwe tagisi ikaza ngo hurira abanyantege nyinshi, abadafite utubaraga two kugundagurana bagasigara !

Uko leta yifata muri icyo kibazo cy’ibura rya petrol na mazutu bigora abantu niba yaba izi neza aho gikomoka ! Mu ntangiriro z’icyumweru gishize umuyobozi ushinzwe ibirebana na petroli na mazutu muri minisiteri y’ibikorwa remezo, Daniel Mpitabakana, yabwiye itangazamakuru yuko byari byatewe n’ikibazo cya mamashine y’ikoranabuhanga mu kigo gishinzwe imisoro n’amahoro (OBR) ngo bituma ibicuruzwa bitinda muri za duwane ! Ibyo ariko OBR yahise ibihakana, nyuma gato minisitiri w’iyo minisiteri y’ibikorwa remezo, Côme Manirakiza, yatumije ikiganiro n’abanyamakuru yemera yuko ibura “ry’igitoro” riterwa n’amafaranga make y’amahanga u Burundi bufite, ariko ahaninini yikoma Kobil (yinjiza ibyo bicuruzwa ku bwinshi) ngo kuba yarategetse ba nyir’amastasiyo ya petroli kutazajya barangurira mu yandi masosiyete, uretse muri Kobil honyine !

Hari andi mabwiriza leta y’u Burundi yatanze ariko akagaragaza yuko hari byinshi bidasobanutse. Leta yatanze itegeko rivuga yuko stasiyo zose za peteroli zigoma gukora hagati y’isaha imwe mu gitondo na saa 11 za nimugoroba, abatubahirije ayo masaha bagafungirwa. Irindi tegeko leta yatanze n’uko nta modoka yikoreye petroli cyangwa mazutu yemerewe kujya mu muhanda idaherekejwe n’abashinzwe umutekano !

Ibi by’amakamyo ya petrol na mazutu kuba agomba guherekezwa n’abashinzwe umutekano ntawe ubitindaho kuko bizwi yuko mu Burundi nta mutekano uhari. Ariko Perezida Petero Nkurunziza we ntabwo ibyo ariko abibona. Mu ijambo yagejeje ku Barundi ku munsi mukuru w’abakozi, umukuru w’igihugu yavuze yuko umutekano ari wose mu gihugu cyose ! Ngo ikibazo kiri mu Burundi ni inzara gusa ngo kandi nayo igiye gushira ngo kuko ikirere gitangiye kugaragara neza. Ngo iyo nzara nayo ntabwo ari iy’u Burundi gusa ngo ni iy’akarere kose.

Ntabwo Perezida Nkurunziza yabeshye hamwe na hamwe, ariko si hose, muri aka karere haragaragara inzara. Icyo Nkurunziza gusa atashatse kubwira abaturage be n’uko izindi leta muri aka karere zishobora kugerageza guhahira abaturage b’ibihugu byazo ariko ubutegetsi mu Burundi bwo ntabwo bukibishoboye, kandi imiryango mpuzamahanga igaragaza yuko nibura Abarundi basaga miliyoni eshatu bakeneye inkunga z’ibiribwa !

Leta y’u Burundi amahanga yarayikomanyirije kandi mu ngengo y’imali yayo nibura ikenera inkunga ingana na 50 %. Hake cyane muho leta y’u Burundi yari isigaye ihahanyanyaza kubona amafaranga y’amahanga ni mu basirikare yoherezaga mu butumwa bwo kubungabunga amahoro mu bihugu nka Somalia. Abaterankunga ariko ubu banze kuzakomeza baha amafaranga abo basirikare b’u Burundi kuko yatangagwa ubutegetsi bwa Nkurunziza bukayagabana nabo.

-6464.jpg


Ibura ry’ibikomoka kuri petelori mu Burundi, cyane cyane mu mujyi wa Bujumbura, ryabaye ikibazo gikomeye ku batwara ibinyabiziga.

Muri ibyo birori by’umunsi w’abakozi ntabwo Nkurunziza yigeze avuga ku kibazo cya peteroli na mazutu, ngo avuge ingorane abakozi bahura nazo kujya ku kazi n’ingaruka mbi bigomba kuzagira ku bukungu bw’igihugu bwari busanzwe bwifashe nabi. Perezida yivugiye gusa ku mutekano “mwiza” uri mu gihugu.

Ariko mu by’ukuri kuvuga yuko mu Burundi hari umutekano mwiza ni ugushinyagurira abahatuye. Wavuga ute umutekano ngo ni mwiza abantu bahora bicwa n’umubare w’impunzi zitoroka igihugu wiyongera buri munsi ? Muri Tanzania bahora bavuga yuko badasiba kwakira impunzi nshya ziva mu Burundi, bakaba baratangiye kubaka inkambi nshya.

Ishami mpuzamahanga rishinzwe impunzi (UNHCR) riherutse gutangaza yuko abantu bakomeje guhunga u Burundi ku muvuduko munini ku buryo bateganya yuko umubare w’impunzi uzaba wageze ku bihubi 500 uyu mwaka utararangira. Ubu ubwo Burundi Nkurunziza avuga bwuzuye amahoro, UNHCR ivuga yuko bufite impunzi 386,000 mu bihugu byo muri aka karere. Abo ariko ni abiyandikishije muri iryo shami rya LONI, naho ubundi umubare ugomba kuba ari munini kurushaho kuko hari n’abatari bake bahunze ubutegetsi bwa Nkurunziza ntibiyandikishe muri UNHCR !


Casmiry Kayumba

2017-05-04
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Ange Kagame yasabwe

Ange Kagame yasabwe

Ubwanditsi 29 Dec 2018
DRC: Jenerali Afurika Jean Michel wa RUDI -URUNANA na P5., yakomerekejwe bikabije n’ingabo za FARDC abari bamurinze 14 bahasiga ubuzima.

DRC: Jenerali Afurika Jean Michel wa RUDI -URUNANA na P5., yakomerekejwe bikabije n’ingabo za FARDC abari bamurinze 14 bahasiga ubuzima.

Ubwanditsi 15 Oct 2019
U Buhinde: Abanyeshuri 3 ba kaminuza barimo Umunyarwanda batawe muri yombi n’igipolisi

U Buhinde: Abanyeshuri 3 ba kaminuza barimo Umunyarwanda batawe muri yombi n’igipolisi

Ubwanditsi 01 Oct 2017
U Buholandi : Umujenosideri Yvonne Basebya yitabye Imana mu buryo butunguranye

U Buholandi : Umujenosideri Yvonne Basebya yitabye Imana mu buryo butunguranye

Ubwanditsi 27 Feb 2016

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Ibigwi by’abanyapolitiki bashyinguye i Rebero bishwe muri Jenoside yakorewe Abatutsi
POLITIKI

Ibigwi by’abanyapolitiki bashyinguye i Rebero bishwe muri Jenoside yakorewe Abatutsi

Ubwanditsi 13 Apr 2019
Leta ya Uganda yashyikirije u Rwanda umurambo w’umuturage warwo wabonetse umanitswe mu giti
HIRYA NO HINO

Leta ya Uganda yashyikirije u Rwanda umurambo w’umuturage warwo wabonetse umanitswe mu giti

Ubwanditsi 07 Feb 2020
Amakipe ya Forefront Volleyball Club y’abagabo n’abagore yegukanye  irushanwa ryo kwibuka Padiri Kayumba Emmanuel wayoboye GSOB
Amakuru

Amakipe ya Forefront Volleyball Club y’abagabo n’abagore yegukanye irushanwa ryo kwibuka Padiri Kayumba Emmanuel wayoboye GSOB

Ubwanditsi 06 Mar 2023

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru