• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Ekenge si we kibazo nyamukuru, ikibazo ni urwango rwigishwa abakongomani rwo kwanga Abatutsi rukorwa n’ubutegetsi bwa Tshisekedi   |   29 Dec 2025

  • U Burundi: Jenerali Alain Guillaume Bunyoni akomeje kuremba, yimurirwa mu bitaro bya Kira i Bujumbura mu ibanga rikomeye   |   28 Dec 2025

  • Perezida Kagame yashimye Perezida wa FIFA, Gianni Infantino, wahisemo kwizihiriza Noheli mu Rwanda, mu buryo budasanzwe   |   26 Dec 2025

  • FERWACY yatangaje inzira za Tour du Rwanda 2026, Rubavu yakira isiganwa iminsi itatu, Nyamirambo iragaruka   |   22 Dec 2025

  • ABASIRIKARE B’ABARUNDI BAKOMEREKERA MURI KONGO, IGISHORO N’UBUTUNZI KURI PRIME NIYONGABO   |   16 Dec 2025

  • FDLR ikomeje kwica abaturage muri Walikale mu gihe Leta ya Congo ivuga ko itakiri ikibazo   |   16 Dec 2025

 
You are at :Home»Amakuru»Ikindi kinyoma cya Tshisekedi gikubitiwe ahabona

Ikindi kinyoma cya Tshisekedi gikubitiwe ahabona

Editorial 11 Nov 2024 Amakuru, Mu Rwanda

Nyuma y’igihuha cyari cyakwijwe isi yose n’abakoresha imbuga nkoranyambaga za Leta ya Kongo-Kinshasa, igihuha cyavugaga ko ngo indege ya Rwandair itwara imizigo yafatiwe ku kibuga cy’indege cya gisirikari i Cairo mu Misiri ipakiye amabuye y’agaciro acukurwa muri Kongo, Leta ya Kongo yokejwe igitutu gikomeye, maze ivuguza icyo kinyoma.

Amakuru yizewe Rushyashya yashoboye kumenya, ni uko Leta ya Misiri yarakajwe cyane n’icyo gihuha gisa n’igishinja Misiri ko u Rwanda rwaba runyuza muri icyo gihugu amabuye y’agaciro “rusahura muri Kongo” rugiye kuyagurisha mu Burayi, maze Misiri itegeka Kongo kuvuguruza ibyo binyoma.

Igitutu cya Misiri rero cyabaye cyinshi ku butegetsi bwa Kinshasa, maze mu kimwaro cyinshi Ambasade ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Kongo mu Misiri, isohora itangazo risobanura ko “iperereza risesuye ryerekanye ko ibyakwijwe kuri murandasi ntaho bihuriye n’ukuri”.

Bimaze kuba nk’indirimbo yaharurutswe kuko ubutegetsi bwa Tshisekedi budasiba gushinja u Rwanda gusahura umutungo kamere wa Kongo, kandi nta kimenyetso na kimwe ubwo butegetsi bugaragaza.

Mu rwego rwo kwerekana ko ibivugwa na Kinshasa ari ibibapirano, uRwanda rweretse amahanga ibirombe byarwo bwite rucukiramo amabuye y’agaciro y’ubwoko bwinshi, ndetse abahanga bakemeza ko yuje ubuziranenge kurusha ayo muri Kongo acukurwa mu kajagari, akanacuruza mu buryo budakurikiza amahame ya kinyamwuga.

Amabuye y’agaciro u Rwanda rujyana ku isoko mpuzamahanga kandi yubahiriza amabwiriza ajyanye n’ubwo bucuruzi, asaba kugaragaza inkomoko ya buri buye ry’agaciro ricurujwe aho ariho hose ku isi.

Muri iki gihe ubucukuzi bw’amabuye y’agaciro mu Rwanda bwaravuguruwe, bunarushaho gutanga umusaruro. Biteganyijwe ndetse ko uwo musaruro uzakomeza kuzamuka cyane, kuko hari ahantu henshi hatahuwe amabuye y’agaciro ariko hatarakorwaho.

Amasosiyete asaba uruhushya rwo gushora imari muri uwo mwuga, harimo n’azwi cyane ku rwego mpuzamahanga, nayo akomeje kuba menshi.

Mu Rwanda hacukurwa zahabu, Coltan, gasegereti, wolfram, n’ayandi, umwaka ushize wa 2023 akaba yarinjirije igihugu akayabo ka miliyari y’amadolari y’Amerika, arasaga tiriyari uvunje mu manyarwanda.

2024-11-11
Editorial

IZINDI NKURU

Hejuru y’imyaka 30 yakatiwe amaze guhamwa n’uruhare muri Jenoside yakorewe Abatutsi, Augustin Ngirabatware yongereweho indi myaka 2 kubera gutera ubwoba abatangabuhamya

Hejuru y’imyaka 30 yakatiwe amaze guhamwa n’uruhare muri Jenoside yakorewe Abatutsi, Augustin Ngirabatware yongereweho indi myaka 2 kubera gutera ubwoba abatangabuhamya

Editorial 28 Jun 2021
Perezida Kagame na Ban Ki Moon baganiriye ku bibazo bikomeje kwibasira u Burundi

Perezida Kagame na Ban Ki Moon baganiriye ku bibazo bikomeje kwibasira u Burundi

Editorial 01 Feb 2016
AMAFOTO: Minisitiri wa Siporo, Nyirishema Richard yasuye Amavubi yitegura kwerekeza muri Libya

AMAFOTO: Minisitiri wa Siporo, Nyirishema Richard yasuye Amavubi yitegura kwerekeza muri Libya

Editorial 30 Aug 2024
Amafoto: Hasojwe umwiherero ugamije gutoranya abazajya mu makipe y’igihugu y’abakiri bato bakina umukino wa Handball

Amafoto: Hasojwe umwiherero ugamije gutoranya abazajya mu makipe y’igihugu y’abakiri bato bakina umukino wa Handball

Editorial 16 Apr 2022

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Ubukungu bw’u Rwanda bwiyongereye ku kigero cya 1.7% mu gihembwe cya mbere cya 2017
UBUKUNGU

Ubukungu bw’u Rwanda bwiyongereye ku kigero cya 1.7% mu gihembwe cya mbere cya 2017

Editorial 10 Jul 2017
Umubare 1510 bitirira Perezida Museveni waturutse hehe?
INKURU NYAMUKURU

Umubare 1510 bitirira Perezida Museveni waturutse hehe?

Editorial 20 Jun 2019
Umunyamakuru Shyaka Kanuma wafashwe atorotse  yasabiwe kuburana afunzwe
Mu Mahanga

Umunyamakuru Shyaka Kanuma wafashwe atorotse yasabiwe kuburana afunzwe

Editorial 11 Jan 2017

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru