• Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
  • Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Bayaherewe mu Rwambariro, Rayon Sports yakiriye amafaranga nyuma yo gushimangira umwanya wa mbere   |   09 May 2025

  • Gukura no Kubaho kwanjye byose bishingiye ku cyerekezo cya Nyakubahwa Perezida Paul Kagame – Knowless   |   08 May 2025

  • Ntacyasaza Turahirwa Moses cyatuma Urumogi Rumushora mu Kiguri cy’Urwango   |   06 May 2025

  • Eric Bagiruwusa yashinze YouTube Channel ishinzwe ubuvugizi mu gushishikariza gusubirishamo imanza z’abajenosideri n’abarwanya ubutegetsi   |   05 May 2025

  • Nyuma y’imyaka 8, APR FC yegukanye igikombe cy’Amahoro 2025 itsinze Rayon Sports 2-0   |   04 May 2025

  • APR FC na Rayon Sports zabonye itike yo gukina imikino Nyafurika zizahurira ku mukino wa nyuma w’igikombe cy’Amahoro 2025   |   01 May 2025

 
You are at :Home»ITOHOZA»Ikinyoma : Abanzi b’u Rwanda babiri ANJAN na NATHALIE banditse Igitabo : INKURU MBI; ABANYAMAKURU BANYUMA MU GIHUGU CY’IGITUGU

Ikinyoma : Abanzi b’u Rwanda babiri ANJAN na NATHALIE banditse Igitabo : INKURU MBI; ABANYAMAKURU BANYUMA MU GIHUGU CY’IGITUGU

Editorial 05 Jan 2016 ITOHOZA

Iyi nkuru ni igitekerezo bwite cy’umwanditsi Sam Gody Nshimiyimana : Icyo navugaho nk’umuntu wakoranye nabo :

Hamaze kwandikwa igitabo ku Rwanda cyitwa “AMAKURU MABI ABANYAMAKURU BA NYUMA MU BUTEGETSI BW’IGITUGU “.Anjan SUNDARAM twakoranye muri INTERNEWS/EU I Kigali. Kuba Anjan SUNDARAM yaranditse igitabo ku Rwanda ntibyantunguye yarabimbwiye, gusa sinamenye icyo azandikaho, n’uburyo azandikamo.

Ariko nagiraga impungenge z’uko azagenda mu ngengabitekerezo y’umugore wamushatse, Nathalie BLAQUIERE, wangaga u Rwanda urunuka, akanabigaragaza mu bakozi bacu, aho yashyiraga imbere mu buryo butumvikana no mu mishahara, akurikije ko uri umurundi cyangwa umuzayirwa ( Congolais).Ngo yarazi kumenya n’Abahutu n’Abatutsi b’abanyarwanda ngo nubwo babihishaga. Bamwe bakamuseka cyangwa bakamugaya abandi bakabimushima!

Mbere yo kuza mu Rwanda yakoraga Ituri, abo bantu beza baho ntiyasubiye kubasura, n’imyaka yose yabaye mu Rwanda, ntiyigeze agira amatsiko yo kujya gutemberera I Bujumbura, mu gihugu yavugaga ko kiyobowe neza n’umutegetsi utera umupira unasenga. Nyamara yahoraga akata ku ma moto wenyine mu mabarabara ya Kigali , mu gihugu yitaga icyo abagome. Mu ntambara z’urudaca nahoragamo n’uwo mugore, Anjan ntiyazivangagamo. Yari afite icyo akurikiye!

Uyu Anjan Sundaram twamaranye imyaka itatu, nkorana n’umugore we muri Internews, iyo twagiraga amahugurwa y’abanyamakuru yadufashaga guhugura, ndetse yari umuhanga kurenza umugore we. Gusa umugore niwe wari ufite akazi, ari nawe muyobozi( mubi ) wanjye, umugore wahoraga ashaka kumva inkuru mbi zaba ku Rwanda. Byaje kurangiza, adashoboye kumvisha abaterankunga ikoreshwa ry’amafaranga, kuko icyo bayaduheraga wasangaga ntacyakozwe, ahubwo tugasubira mu byo twarangije gukora.

Uko niko inkunga z’ubumwe bw’I Burayi, na DFID zahagaze, aduta mu biro adasezeye, ajya gusaba akazi muri PNUD ya Kigali, aho yakoze umwaka umwe bikamunanira, ntibamwongerere contrat. Yagiye atyo na Anjan we, n’ubu imodoka ebyiri iya Defender n’iya Suzuki Grand Vitara, umushoferi wazitwaraga yarazijyaniye, utundi dukoresho tunyanyagiye mu bahoze ari abakozi. Leta y’u Rwanda nta ruhare na rumwe yagize mu ihagarara rya Internews mu Rwanda, kuko n’uruhusa rwo gukora rwari ruhari. Twahagaritswe n’imicungire mibi ya Nathalie Blaquiere, umubanyi wa Anjan.

Ngaruke kuri Anjan Sundaram. Uyu yajyaga yohereza amakuru ku Rwanda muri New York Times na Associated Press. Inkuru yohereje ku Rwanda zose zaraguzwe zigasohoka. Ku bitangazamakuru biba bidafite inyungu nyinshi muri tuno duhugu twacu, kugirango inkuru bazajye kuyemera n’uko kiba ari ikintu basanzwe batazi , ndetse batanakekaga.

Ubu isura ya Perezida KAGAME n’u Rwanda izwi muri America, ni iterambere, ikoranabuhanga, umutekano…. Kuvuga ko hari igihande cy’abantu kitagaragara mu ndorerwamo z’ igihugu , muri iryo terambere, uwo mutekano n’ikoranabunga, icyo kintu kikaba ubwisanzure bw’itangazamakuru, igitabo wakwandika cyabona ubusohokero kandi kikagurwa.

Nababwiye kandi ko Anjan SUNDARAM, ni umwana w’umuhanga kandi w’umwihanduzacumu. Aratinyuka cyane,yagiye kuba muri Kongo avuye mu ishuri muri USA, mu gihe n’abahabaga bahahungaga. Muri izo aventures niho yahuye na Nathalie, akora aventure ya kabiri baribanira! Ibitarashimishije ababyeyi bohereje umwana kwiga, akarita, akajya kwinjira abangana na nyina. Icyo gihe yari afite imyaka nka 23. Arashaka kuzereka ababyeyi be b’Abahindi, bamufata nk’uwataye umuco wabo, dore ko yarongoye Umuzungukazi ( Umufaransa wo muri Canada), wavutse muri 1964, umusore yaravutse muri 19985. Iwabo bamufataga nk’inzererezi itagira akazi, yinjira abakecuru kugirango ibeho.

-1569.jpg

ANJAN na NATHALIE

Arashaka kubereka ko afite intego, ubukire butava mu gucuruza gusa bimwe by’Abahinde! Azayabonera mu kwandika, kandi arimo araza ! Niyo mpamvu azi kwihanukirira inkuru, nk’iri zina yabatije iki gitabo. Azabona abasomyi, ariko se ibyo bazasoma nibyo ?
Abanyeshuri twigishije:Ati: “Bamwe batewe ubwoba ntibandika, abandi barafungwa, abandi barahunga, abandi baragurwa bahabwa imyanya ihemba neza.”

Abafungwaga: Twahoraga tuganira ku banyamakuru bafunzwe. Hari abafungwaga bagiye gusaba abantu amafaranga ngo “ Nutayampa ndakwandika”, ibyo mwese mwarabikuriye. Ahubwo baburana, ubunyamakuru bugatuma bagabanyirizwa igihano. Ati “ Hafunzwe umunyamakuru w’umugore”. Byatumye mfata Abonnement y’ibinyamakuru byose, tukajya tubikorera isesengura mu gihe cy’amasomo.

Byarangije abari mu isomo bose bemeje ko izo atari inkuru ari isebanya cg gutukana. Namubajije niba iwabo uunyamakuru ashyize kuri Perezida w’iwabo imisaraba ya Hitler, uko byagenda ? Ambwira ko n’umukuru w’ Intara bitashoboka. Mu bihugu bikomeye ikinyamakuru bagica za Miliyari kikagwa mu gihombo kitakwikuramo. Ibyo babigendera kure !

Abanyamakuru bahunga : Icyo gihe Gasasira Bosco yari amaze kugenda. Ubwe musobanuriye ibyanditswe mu nkuru za Gasasira, aravuga ati ni nk’umwiyahuzi. Ariko liste yari imaze kuba ndende irimo ba Kabonero, Gasana, ba MacDowell , Lucie Umukundwa…..

Namubwiye nk’umunyafurika yo munsi y’ubutayu bwa SAHARA. Ubonye wese icyanzu kimugeza i Burayi yumva ko ari Paradizo ! Kandi koko ayo babona y’imfashanyo, aruta ayo bavunikiraga ino aha! Muri kino gihugu ubuzima bw’ifaranga burakomeye. Ni ugukora cyane. Hari abiba wenda bakabizira, babisimbuka bakaramuka.

-1567.jpg

Igitabo BAD NEWS

Ubunyangamugayo bwari bumaze kuba buke mu itangazamakuru, uwemerewe amafaranga yanyuranyaga n’amasomo twabaga tumaze kumwumvisha ko umuntu yandika inkuru yacukumbuye, kandi ifitiye icyo imariye abasomyi. Aho nkagirango tubyumvikanyeho ! Ariko ni ubundi yarabyumvaga ni ukwigiza nkana, kuko haje agahebuzo uwitwa Alpfonse NSABIMAMA, avuga ko ahigwa kuko yandikaga mu museso.

Yaje guhungishirizwa i Kampala

Yari arangije amahugurwa yacu, afite na projet yo gukora ikinyamakuru. Yacyetse ko Internews mu nshingano zayo itera inkunga y’amafaranga abashinga ibinyamakuru. Inkunga twatangaga ni uguhabwa aho kwandikira na Internet. Ahindura umuvuno, ashaka icyamukura mu Rwanda. Yihererana Nathalie na Anjan,amubwira ko ashakishwa bikomeye, ndetse ko afunguwe mu nzego z’iperereza, ko yari afungiye ahantu hatazwi, n’abamufashe batazwi. bamuhungungishiriza iwabo mu rugo, ahamara ukwezi. Nyuma barabimbwira ngo kureba icyo azira. Naho yaraye muri Polisi i Nyamirambo, indaya babanaga ihuruje yayikubise ngo yamwanduje indwara ( Sida). Ntibyababujije kumwohereza i Uganda, agezeyo yakirwa n’imiryango harimo na Amnistie Internationale bari bamuteguriye kumwakira. Sinzi niba ariho akiba, ariko afite ibintu yandika online bisebya igihugu , nkaho aricyo cyamwirukanye. Uyu ni umwe mubabahaga ibinyoma bikubiye muri kiriya gitabo. Abandi, hari n’abakiri ino.

-1577.jpg

Umunyamakuru Alphonse Nsabimana

Anjan na Nathalie baje kumbwira ko umuterankunga bahaye Alphonse, yababwiye ko yaperereje agasanga abeshya ibyo avuga. Ngirango nabo bumvise ukuri nababwiye. Ariko hari izindi mpamvu bamuhoragaho. Bifuzaga ko haboneka iyindi mpunzi nshya y’umunyamakuru, bakuzuza liste. Uwo musore Alphonse, ise wabaye Burgmestre wa Mushubati, akatiwe burundu kubera genocide i Gitarama, uwo nawe yashakaga tike y’i Burayi.

Ngo hari n’abaterwa ubwoba cyangwa abagurwa bakajya mu mirimo ikomeye

Anjan Sundaram, nk’umuntu wamaze imyaka irenga itatu mu Rwanda kandi abana n’itangazamakuru, azi neza ko ikibazo atari uguterwa ubwoba, n’ababufite nibo babwiteramo. Ahubwo se bo baba banditse iki kandi bate ? Ese ibyo bitangazamakuru bibakoresha ni ibihe ? Bifite mutungo ungana ute ? Bibahemba bite ? Ngiyo impamvu nyamukuru ituma abarangije ishuri ry’Itangazamakuru bahitamo kujya kuba abavugizi b’ibigo, aho bazasanga umushahara uzabatunga, kuko abenshi bajyamo gushaka diplôme atariwo muhamagaro wabo.

-1574.jpg

Sam Gody NSHIMIYIMANA

Nitumara gusoma iki gitabo cyasohotse, tuzabasesengurira byimbitse impamvu n’imvo, kuko na kera mu gihe cy’aba « Philosophes », habagaho n’abandi bitwaga « Sophistes», baheraga ku gitekerezo cyiza cya ba « Philosophes », bakubakiraho indi nsobanura ijya mu ruhande rujya inyuma, bakarangiza bigaragaje ko na ba « philosophes » nabo ibitekerezo byabo nta gaciro bifite. Nguko uko iteka uko u Rwanda ruzajya rwihagararaho mu rwego mpuzamahanga, iteka hatazabura abazahahira ku kurushakira inenge.

Sam Gody NSHIMIYIMANA

2016-01-05
Editorial

IZINDI NKURU

Perezida Kagame yitabiriye inama ya EAC u Rwanda rugiye kuyobora

Perezida Kagame yitabiriye inama ya EAC u Rwanda rugiye kuyobora

Editorial 01 Feb 2019
Nta kuntu Sylvia MUKANKIKO atari kuba inkunguzi akomoka ku mujenosideri MUTABAZI André

Nta kuntu Sylvia MUKANKIKO atari kuba inkunguzi akomoka ku mujenosideri MUTABAZI André

Editorial 08 Aug 2021
Minisitiri w’ibidukikije w’u Bufaransa  k ‘umunota wa nyuma yanze kuza mu Rwanda mu nama ya Montreal Protocol

Minisitiri w’ibidukikije w’u Bufaransa k ‘umunota wa nyuma yanze kuza mu Rwanda mu nama ya Montreal Protocol

Editorial 15 Oct 2016
Nyamasheke: Bamwishe bamukase ijosi bamwambura imyambaro ye barayimuseguza

Nyamasheke: Bamwishe bamukase ijosi bamwambura imyambaro ye barayimuseguza

Editorial 26 Sep 2016
Perezida Kagame yitabiriye inama ya EAC u Rwanda rugiye kuyobora

Perezida Kagame yitabiriye inama ya EAC u Rwanda rugiye kuyobora

Editorial 01 Feb 2019
Nta kuntu Sylvia MUKANKIKO atari kuba inkunguzi akomoka ku mujenosideri MUTABAZI André

Nta kuntu Sylvia MUKANKIKO atari kuba inkunguzi akomoka ku mujenosideri MUTABAZI André

Editorial 08 Aug 2021
Minisitiri w’ibidukikije w’u Bufaransa  k ‘umunota wa nyuma yanze kuza mu Rwanda mu nama ya Montreal Protocol

Minisitiri w’ibidukikije w’u Bufaransa k ‘umunota wa nyuma yanze kuza mu Rwanda mu nama ya Montreal Protocol

Editorial 15 Oct 2016
Nyamasheke: Bamwishe bamukase ijosi bamwambura imyambaro ye barayimuseguza

Nyamasheke: Bamwishe bamukase ijosi bamwambura imyambaro ye barayimuseguza

Editorial 26 Sep 2016
Perezida Kagame yitabiriye inama ya EAC u Rwanda rugiye kuyobora

Perezida Kagame yitabiriye inama ya EAC u Rwanda rugiye kuyobora

Editorial 01 Feb 2019
Nta kuntu Sylvia MUKANKIKO atari kuba inkunguzi akomoka ku mujenosideri MUTABAZI André

Nta kuntu Sylvia MUKANKIKO atari kuba inkunguzi akomoka ku mujenosideri MUTABAZI André

Editorial 08 Aug 2021
prev
next

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

INKURU ZAKUNZWE CYANE

AFC/M23 yasabye Perezida Tshisekedi ko yerura akavuga ko ashaka imishyikirano

AFC/M23 yasabye Perezida Tshisekedi ko yerura akavuga ko ashaka imishyikirano

14 Mar 2025
Perezida Paul Kagame yakurikiye umukino u Rwanda rwatsinzemo Djibouti 3-0 hashakwa itike ya CHAN 2025

Perezida Paul Kagame yakurikiye umukino u Rwanda rwatsinzemo Djibouti 3-0 hashakwa itike ya CHAN 2025

31 Oct 2024
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
“Agafanta” Perezida wa Tchad yasigiye abasirikari b’u Burundi kabakozeho!

“Agafanta” Perezida wa Tchad yasigiye abasirikari b’u Burundi kabakozeho!

15 Jul 2024
Mu rwego rwo guhangana n’inzara yugarije Abarundi, Perezida Ndayishimiye yageneye ikilo cy’inyama buri mukozi wo mu biro bye.

Mu rwego rwo guhangana n’inzara yugarije Abarundi, Perezida Ndayishimiye yageneye ikilo cy’inyama buri mukozi wo mu biro bye.

18 Jun 2024

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023
SADC byashoboka ko yahuza Intego na FARDC Yahisemo Kwifatanya n’Abajenosideri ba FDLR, M23 mu Mambo za Goma biraherera hehe?

SADC byashoboka ko yahuza Intego na FARDC Yahisemo Kwifatanya n’Abajenosideri ba FDLR, M23 mu Mambo za Goma biraherera hehe?

06 Nov 2023

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru