• Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
  • Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Gutwara igikombe cy’Amahoro atsinze Rayon Sports ku mukino wa nyuma, bimwe mubyo Darko Novic watandukanye na APR FC azibukirwaho   |   14 May 2025

  • Mu gihe gisaga icyumweru kimwe, I Kigali harabera BAL ya 5 izitabirwa n’amakipe arimo APR BBC yo mu Rwanda   |   13 May 2025

  • Ingabo za Afurika y’Epfo Zavanye Ipfunwe muri Congo mu Gikorwa cya SAMIDRC   |   12 May 2025

  • Amakipe ya Police WVC na APR VC yegukanye igikombe cya shampiyona y’u Rwanda muri Volleyball 2024-2025   |   12 May 2025

  • Bayaherewe mu Rwambariro, Rayon Sports yakiriye amafaranga nyuma yo gushimangira umwanya wa mbere   |   09 May 2025

  • Gukura no Kubaho kwanjye byose bishingiye ku cyerekezo cya Nyakubahwa Perezida Paul Kagame – Knowless   |   08 May 2025

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Rwanda»Imbaraga ushyira mu kurimbura abandi uzishyize mu mirimo yawe watera imbere.

Imbaraga ushyira mu kurimbura abandi uzishyize mu mirimo yawe watera imbere.

Editorial 06 Jun 2017 Mu Rwanda

Impamvu abanyarwanda benshi badatera imbere ni nyinshi, harimo ubujiji, amateka mabi, amakimbirane yo mu miryango, akarengane rimwe na rimwe ka kubuza kubona ibyo wakabaye ubona. Ariko njye ndashaka kwibanda ku matiku muri iyi nyandiko.
Biragoye kugira ngo ubone umuntu mwiza 100%, akenshi umuntu muhurira mu kazi, cyangwa mubana inshuro nyinshi mu bintu bitandukanye ntimubura ibyo mupfa, waba ari wowe ufite ukuri cyangwa ariwe ugufite, ariko akenshi uzarebe, birangira umwe ashaka kurimbura undi.

Ni gake cyane uzasanga umwe abisa undi cyangwa avuga ati reka tugabane turinganize nigendere nawe usigare mu byawe. ibi bikorwa na bacye cyane.
Impamvu mvuze ibi, si uko ari ubwa mbere mbibonye muri sosiyete nyarwanda, ahubwo nuko mbonye impamvu yo kubivuga ho nshingiye ku nkundura imaze iminsi mu itorero rya ADEPR aho abantu bafunzwe nyuma y’igihe kirekire bahanganye ariko n’ubundi abo bari bahanganye bakaba bataranyuzwe kuko n’ubundi bifuza ko na bamwe mu batowe bafungwa gusa kuko bakoranye na Tom Rwagasana.

Imbaraga bakoresha kugira ngo abandi bafungwe, zakomeje gutangaza abantu benshi badafite aho babogamiye bakunze kwibaza impamvu abagize komite yiyise Nzahuratorero yifuza ko abandi bafungwa gusa bisa nko kubahima cyangwa mu nyumvishirize kandi nyamara niba koko barakoze ibyaha, babibazwa bakishyura niba ari ngombwa ariko gutsindagira ngo basebe, bafungwe, n’andi magambo agamije kuzamura urwango biganisha ku rwangano rushobora kuzakururuka igihe kirekire.

Mbere y’uko itorero ADEPR risaba inguzanyo yo kubaka hotel Dove, amakimbirane yari ahari kandi akaze, mu gihe hubakwaga iyo hoteli nabwo amakimbirane yari ahari, na nyuma y’aho yuzuriye ntibyabujije amatiku gukomeza. Bivuze ko ikibazo si inguzanyo ahubwo ikibazo cyari ugushaka ubuyobozi. Kuba rero abahanganaga batarashyizwe mu myanya, iminsi izabyerekana kuko amatiku ntazabura kubaho. Kandi uwayagiyemo, ntabwo ayareka.

Wowe ushaka kurwanira impinduka, ugakoresha itangazamakuru ngo ritukane kandi rinasebye abo muhanganye kandi mwese mwitwako muri mu murimo w’Imana, uba ugamije ko abakristo bawe bazakora ibingana iki mu gihe bagiranye ibibazo na bagenzi babo?

Kuba abantu bakigabiza umutungo w’itorero bakawangiza ntawabishima, uretse ko kugeza ubu nta rukiko rurabahamya icyaha, cyane cyane ko banagaragariza urukiko ko hoteli bagomba kubaka ubu ikora kandi bemeza ko bafite ibimenyetso bibashinjura, ariko se mu gihe urukiko ruzaba rubemeje icyaha, kuki tugomba kubishima hejuru? Imana niba iriho koko idusaba iki mu gihe nk’iki? Amasaha tumara tubacira imanza, amafaranga dukoresha mu kubasebya mu itangazamakuru yagakoze imushinga tuma tujya imbere ikatubyarira inyungu.

Kuki tudakunda gutekereza ibiduteza imbere ahubwo tugashyira imbaraga mu bisenya abandi?

Akenshi iyo mushwanye mu bintu birimo amafaranga bidasaba igishoro, usanga mwapfuye amafaranga, kandi ava mu mifuka y’abanyarwanda, cyangwa abaterankunga, ariko si ngombwa ko wimena inda, gusa ndagusaba gutekereza niba koko wowe uvuganye n’umutima wawe ntabwo uyakeneye? ntabwo wigeze uyaryaho ahubwo ukarakazwa nuko utikoreramo? Igisubizo kiri mu mutima wawe ariko uzi ukuri.

-6825.jpg

Abari abayobozi ba ADEPR batawe muri yombi

Nta ruhande nshaka kubogamira ho gusa njye sinifuriza umuntu n’umwe gereza mu gihe atabuza ituze muri sosiyete ariko kandi, niba wariye iby’abandi, nihabeho ubushishozi mu butabera nibiguhama wishyure ariko sinkwifurize gupfa, kuko isi ni iy’abaryi cyane cyane ko ibi bisa n’ibimaze kuba akamenyero kuko akaruta akandi karakamira. Bikaba byarazanye n’imvugo ngo umushumba akama izo aragiye nubwo njye ntabishyigikiye.

Gukabya ni bibi ariko uwakabije agaragazwa n’urukiko, sitwe abantu duca imanza, ntibinakwiye kuko dukoresha amarangamutima. Niyo mpamvu habaho inkiko, kandi abacamanza barabyiga naho ubundi abakatirwa gufungwa ni benshi kandi ntawe utakisangamo kuko isi yuzuye abanyamakosa. Iki ni igitekerezo cyanjye ariko benshi muzatungurwa n’umwanzuro w’urukiko.

M Louise Uwizeyimana

2017-06-06
Editorial

IZINDI NKURU

Muri gicurasi 2021, Kigali Arena izakira irushanwa rya Basketball Africa League (BAL) ryagomba kuba umwaka ushize ntiribe kubera koronavirusi

Muri gicurasi 2021, Kigali Arena izakira irushanwa rya Basketball Africa League (BAL) ryagomba kuba umwaka ushize ntiribe kubera koronavirusi

Editorial 29 Mar 2021
MARASA Umubano Hotel Kigali wishes a Happy Birthday H.E. Paul Kagame

MARASA Umubano Hotel Kigali wishes a Happy Birthday H.E. Paul Kagame

Editorial 23 Oct 2017
EU igiye guhagarika inkunga yageneraga abasirikare b’u Burundi bari muri Somalia

EU igiye guhagarika inkunga yageneraga abasirikare b’u Burundi bari muri Somalia

Editorial 31 Mar 2016
“Tariki 01 Nyakanga, mu Rwanda twizihiza ubwigenge bwapfubye”- Tom Ndahiro

“Tariki 01 Nyakanga, mu Rwanda twizihiza ubwigenge bwapfubye”- Tom Ndahiro

Editorial 01 Jul 2021
Muri gicurasi 2021, Kigali Arena izakira irushanwa rya Basketball Africa League (BAL) ryagomba kuba umwaka ushize ntiribe kubera koronavirusi

Muri gicurasi 2021, Kigali Arena izakira irushanwa rya Basketball Africa League (BAL) ryagomba kuba umwaka ushize ntiribe kubera koronavirusi

Editorial 29 Mar 2021
MARASA Umubano Hotel Kigali wishes a Happy Birthday H.E. Paul Kagame

MARASA Umubano Hotel Kigali wishes a Happy Birthday H.E. Paul Kagame

Editorial 23 Oct 2017
EU igiye guhagarika inkunga yageneraga abasirikare b’u Burundi bari muri Somalia

EU igiye guhagarika inkunga yageneraga abasirikare b’u Burundi bari muri Somalia

Editorial 31 Mar 2016
“Tariki 01 Nyakanga, mu Rwanda twizihiza ubwigenge bwapfubye”- Tom Ndahiro

“Tariki 01 Nyakanga, mu Rwanda twizihiza ubwigenge bwapfubye”- Tom Ndahiro

Editorial 01 Jul 2021
Muri gicurasi 2021, Kigali Arena izakira irushanwa rya Basketball Africa League (BAL) ryagomba kuba umwaka ushize ntiribe kubera koronavirusi

Muri gicurasi 2021, Kigali Arena izakira irushanwa rya Basketball Africa League (BAL) ryagomba kuba umwaka ushize ntiribe kubera koronavirusi

Editorial 29 Mar 2021
MARASA Umubano Hotel Kigali wishes a Happy Birthday H.E. Paul Kagame

MARASA Umubano Hotel Kigali wishes a Happy Birthday H.E. Paul Kagame

Editorial 23 Oct 2017
prev
next

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

INKURU ZAKUNZWE CYANE

AFC/M23 yasabye Perezida Tshisekedi ko yerura akavuga ko ashaka imishyikirano

AFC/M23 yasabye Perezida Tshisekedi ko yerura akavuga ko ashaka imishyikirano

14 Mar 2025
Perezida Paul Kagame yakurikiye umukino u Rwanda rwatsinzemo Djibouti 3-0 hashakwa itike ya CHAN 2025

Perezida Paul Kagame yakurikiye umukino u Rwanda rwatsinzemo Djibouti 3-0 hashakwa itike ya CHAN 2025

31 Oct 2024
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
“Agafanta” Perezida wa Tchad yasigiye abasirikari b’u Burundi kabakozeho!

“Agafanta” Perezida wa Tchad yasigiye abasirikari b’u Burundi kabakozeho!

15 Jul 2024
Mu rwego rwo guhangana n’inzara yugarije Abarundi, Perezida Ndayishimiye yageneye ikilo cy’inyama buri mukozi wo mu biro bye.

Mu rwego rwo guhangana n’inzara yugarije Abarundi, Perezida Ndayishimiye yageneye ikilo cy’inyama buri mukozi wo mu biro bye.

18 Jun 2024

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023
SADC byashoboka ko yahuza Intego na FARDC Yahisemo Kwifatanya n’Abajenosideri ba FDLR, M23 mu Mambo za Goma biraherera hehe?

SADC byashoboka ko yahuza Intego na FARDC Yahisemo Kwifatanya n’Abajenosideri ba FDLR, M23 mu Mambo za Goma biraherera hehe?

06 Nov 2023

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru