• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Baker Byatsi yafungiwe ubujura imyaka ine afungurwa kuko yisiramuje nabi muri gereza bikamugwa nabi-Mushiki wa Byatsi byose yabivuze   |   28 May 2026

  • AMAFOTO – Mu mukino wakurikiwe na Perezida Kagame, RSSB Tigers BBC yageze ku mukino wa nyuma wa BAL 2026 itsinze AL Ahyly yo mu Misiri   |   28 May 2026

  • Stephen Constantine yatangaje urutonde rw’abakinnyi 24 bazifashishwa mu mikino ibiri ya gicuti mpuzamahanga izahuza u Rwanda na Comoros ndetse na Tanzania   |   27 May 2026

  • Ambassadeur Thérence Ntahiraja yemeje ko u Rwanda rugomba guterwa   |   27 May 2026

  • Rayon Sports yatsinze Bugesera FC yiyongerera amahirwe yo kuzahagararira u Rwanda mu mikino Nyafurika   |   26 May 2026

  • Nyuma y’imyaka irindwi, APR VC yegukanye Igikombe cya Memorial Rutsindura itsinze REG VC ku mukino wa nyuma   |   26 May 2026

 
You are at :Home»ITOHOZA»Impamvu u Budage bwabaye indiri ya FDLR

Impamvu u Budage bwabaye indiri ya FDLR

Ubwanditsi 24 Jun 2016 ITOHOZA

Kugeza mu mwaka ushize, umutwe wa FDLR, urwanya Leta y’u Rwanda wasize ukoze jenoside mu Rwanda, wafataga u Budage nk’indiri yawo.

Umunyamakuru Simone Schlindwein wasuye abarwanyi ba FDLR ahamya ko bakunda u Budage ku buryo budasanzwe .

Ati” Benshi bafana ikipe ya Bayern Munich abandi Stuttgart, bose bazi Angela Merkel, naho bamwe bavuga ururimi rw’Ikidage.”

Ariko se ni gute umutwe w’intagondwa, ushinjwa ubugizi bwa nabi, Jenoside, ibyaha by’intambara n’iby’ibasiye inyokomuntu wiyumvamo igihugu cy’u Budage, cya mbere gikize ku mugabane w’u Burayi?

-3032.jpg

Ignace Murwanashyaka

Ibi bifite inkomoko ku wahoze ayoboye FDLR, Ignace Murwanashyaka wabaye igihe kinini mu Budage. Uyu mugabo wakatiwe gufungwa imyaka 13, yaje mu Budage mu mpera za 1980 ubwo yigaga muri kaminuza ya Bonn. Nyuma yaho yahawe ubuhungiro akomeza kuyoborera ibikorwa bya FDLR mu mujyi wa Mannheim kugeza ubwo yatawe muri yombi mu 2009.

Murwanashyaka n’umwungirije, Straton Musoni bayoboraga ibikorwa bya FDLR bakoresheje ubutumwa bugufi, ubwo kuri internet na telefoni.

Mu gitabo giherutse gusohoka, “Tatort Kongo-Prozess in Deutschland” (Crime scene Congo – Trial in Germany) abanditsi Simone Schlindwein, Dominic Johnson na Bianca Schmolze bagarutse ku marorerwa FDLR imaze imyaka 20 ikorera mu Burasirazuba bwa Congo n’isano uyu mutwe ufitanye n’u Budage.

Urukiko rwo muri Stuttgart rwakatiye Murwanashyaka gufungwa imyaka 13 kubera ibyaha by’intambara no kuyobora umutwe w’iterabwoba. Uwari umwungirije, Straton Musoni nawe yahamwe n’icyaha cyo kuyobora umutwe w’iterabwoba akatirwa gufungwa imyaka 8.

-3031.jpg

FDLR

Isano rya FDLR n’u Budage

Hashize imyaka ibarirwa mu ijana u Budage bukoronije u Rwanda. Icyo gihugu cyambuwe u Rwanda ruhabwa u Bubiligi mu 1918. Ubwo u Rwanda rwabonaga ubwigenge mu 1962, u Budage bwatangiye kugirana umubano na Leta zagiyeho nubwo zarangwaga n’irondamoko.

Muri icyo gihe Abanyarwanda benshi bagiye kwiga muri kaminuza z’u Budage, barimo na Murwanashyaka na Musoni. Harimo kandi n’uyoboye FDLR muri iki gihe, Sylvestre Mudacumura watojwe n’igisirikare cy’u Budage, Bundeswehr.

Nyuma yo gusiga bakoze Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994, Mudacumura na bagenzi be bagiye muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, aho bamaze imyaka 22 mu bwicanyi, iterabwoba n’ubujura bw’amabuye y’agaciro, imbaho n’amakara.

Mu rubanza rwa Murwanashyaka na Musoni humvikanye ubuhamya bw’umugore wahawe izina rya Z6 wavuze uko yajombwe icyuma mu itako, agafatwa ku ngufu umugabo we areba. Uyu mugore yavuze ko umukobwa wabo w’imyaka 13 nawe yasambanyijwe n’abarwanyi batanu bikurikiranya.

Nyuma yaho ngo umuryango wabo wajyanwe mu ishyamba aho uwo mutegarugori yashowe mu bucakara bwo gusambanywa ku gahato. Yaje gutoroka nyuma y’amezi arindwi.

-3033.jpg

Impunzi na ex.FAR bahungira muri Congo

Nubwo muri urwo rubanza byagoranye kubona ubuhamya bushinja FDLR kubera amikoro , imiryango nka Human Rights Watch (HRW) isanga gukatirwa kwa Murwanashyaka na Musoni kwareretse FDLR ko nta bucuti bwihariye ifitanye n’u Budage.

Umukozi wa HRW witwa Simone Schlindwein yagize ati” FDLR yahoze ifata u Budage nk’umufatanyabikorwa wayo, hari n’ababubonaga nk’iwabo ha kabiri. Ariko ntituzemera ko ibyaha byo muri Congo biyoborerwa cyangwa bishyigikirirwa mu Budage.”

-19.gif

Gen. Mudacumura Sylivestre ushakishwa n’urukiko mpuzamahanga mpanabyaha ( Uri inyuma ya Habyarimana) aha Kinani yari yasuye kurugamba, aho Inzirabwoba zarwanaga n’INKOTANYI. Hagati ni Gen. Gastari

Gufatwa kwa Murwanashyaka na Musoni kwaciye intege FDLR cyane. Ingabo za Congo, FARDC, zivuga ko zagabye ibitero kuri uyu mutwe ndetse muri Gicurasi 2016 zavuze ko zafashe umuyobozi wayo, Leopold Mujyambere.

Kuri ubu kandi uyu mutwe wacitsemo ibice, Bamwe mu barwanyi bakuru bavugwaho kwiyomora kuri FDLR bagashinga umutwe wabo, CNRD, uyobowe na Wilson Irategeka nyuma y’igitero uyu mutwe wagabye kigahitana batanu.

Amakuru avuga ko Irategeka n’umuyobozi wa FDLR, Victor Byiringiro baba barapfuye ibintu bitandukanye birimo no kwitandukanya na Gen. Mudacumura ushakishwa n’urukiko mpuzamahanga mpanabyaha.

-3030.jpg

Ignace Murwanashyaka (Iburyo) na Straton Musoni (Ibumoso) (Internet)

Source : DW.COM

2016-06-24
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Hatahuwe uko Rujugiro Tribert, akoresha Itangazamakuru mu rwego rwo gusigiriza isura ye arimo kunyereza imisoro mu bihugu by’Afurika

Hatahuwe uko Rujugiro Tribert, akoresha Itangazamakuru mu rwego rwo gusigiriza isura ye arimo kunyereza imisoro mu bihugu by’Afurika

Ubwanditsi 17 Jan 2019
Umuhungu wa Osama bin Laden yashyizwe ku rutonde rw’abahigwa Bukware kubera iterabwoba

Umuhungu wa Osama bin Laden yashyizwe ku rutonde rw’abahigwa Bukware kubera iterabwoba

Ubwanditsi 06 Jan 2017
Muri Uganda, nyuma yo gutahura inkingo za covid 19 zicuruzwa rwihishwa muri farumasi, ubu haravugwa ubucuruzi bw’imyanya y’imibiri y’abavugwa ko bishwe n’iyo ndwara.

Muri Uganda, nyuma yo gutahura inkingo za covid 19 zicuruzwa rwihishwa muri farumasi, ubu haravugwa ubucuruzi bw’imyanya y’imibiri y’abavugwa ko bishwe n’iyo ndwara.

Ubwanditsi 16 Jun 2021
Mu Burundi imyitozo ya gisirikari yakuwe kumezi 9 ishyirwa kumezi 3, ngo haboneke abasirikare bajya kurwana muri Congo

Mu Burundi imyitozo ya gisirikari yakuwe kumezi 9 ishyirwa kumezi 3, ngo haboneke abasirikare bajya kurwana muri Congo

Ubwanditsi 15 Feb 2024

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Abanzi b’Igihugu bikomye bikomeye Ikinyamakuru Rushyashya n’umuyobozi wacyo
ITOHOZA

Abanzi b’Igihugu bikomye bikomeye Ikinyamakuru Rushyashya n’umuyobozi wacyo

Ubwanditsi 12 Mar 2016
Perezida Kagame ayoboye Inama ya Komisiyo y’Umurongo Mugari wa Internet
IKORANABUHANGA

Perezida Kagame ayoboye Inama ya Komisiyo y’Umurongo Mugari wa Internet

Ubwanditsi 07 May 2018
Hategerejwe umwanzuro ku ifungwa n’ifungurwa ry’agateganyo ry’abo kwa Rwigara
Mu Rwanda

Hategerejwe umwanzuro ku ifungwa n’ifungurwa ry’agateganyo ry’abo kwa Rwigara

Ubwanditsi 20 Oct 2017

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru